Amerika yafatiye ibihano minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran ariko abica amazi

Sangiza iyi nkuru

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Mohammad Jayad, nawe ahita avuga ko ibyo ntacyo bizamuhungabanyaho na gato.

Minisitiri Mohammad Jayad Zarif ashinjwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika gushyira mu bikorwa imigambi mibisha y’umuyobozi w’ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei nk’uko byatangajwe n’Umunyamabanga wa leta ushinzwe ubukungu, Steven Mnuchin .

Mohammad Javad Zarif  we abinyujije kuri twitter yavuze ko Amerika yamufatiye ibihano kubera ko imubona nk’ikibazo gikomeye ku migambi yayo nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Ibihano yafatiwe bimubuza gutembera cyangwa guca muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye mu ngendo mu mahanga ndetse no gufatira imitungo afite muri Amerika.

Capture

Ibi ariko minisitiri Mohammad Jayad yabiciye amazi avuga ko icyo azira ari uko ari umuvugizi wa Iran ku Isi yose abaza niba koko burya ukuri kuryana, mbere yo kuvuga ko ibi ntacyo bizamukoraho cyangwa umuryango we kuko nta mutungo cyangwa izindi nyungu afite hanze ya Iran, asoza ashimira Amerika kuba imubona nk’ikibazo ku migambi yayo.

Umwe mu bayobozi muri Amerika akaba yavuze ko bazakomeza kunaniza Iran kugeza ubwo izahagarika politiki yayo yo gutera ubwoba Leta Zunze ubumwe za Amerika n’inshuti zazo.

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *