sudan-3.jpg

Amerika yafatiye ibihano umuvandimwe wa Gen Dagalo uyobora RSF

Sangiza iyi nkuru

Muri Sudani, Algoney Hamdane Daglo, murumuna wa Gen. Mohamed Hamdane Dagalo, Umuyobozi wa Rapid Support Forces, yafatiwe ibihano n’Abanyamerika. Ishami rishinzwe imari rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryo ku itariki ya 8 Ukwakira 2024, ryasobanuye uruhare rwe mu kugura intwaro n’ibikoresho bya gisirikare bigenewe inyeshyamba za Rapid Support Forces (RSF), zimaze amezi arenga 18 mu ntambara n’ingabo za leta. Washington irashinja Algoney Hamdane Daglo kugira uruhare mu kongera amakimbirane, nubwo amahanga yashyizeho ingamba zo kugarura amahoro muri Sudani.

Benshi mu banyamuryango ba Daglo bakora cyane mu rwego rw’ingabo za RSF, ariko no mu bigo by’ubucuruzi bifitanye isano n’inyeshyamba, nk’amasosiyete azobereye mu bucuruzi bwa zahabu n’ibikorwa rusange nk’uko bitangazwa na RFI.

sudan-3.jpg
Abderrahim Daglo

Mu gihe Abderrahim Daglo, undi murumuna wa Hemedti, akaba Visi-Perezida wa RSF, yari amaze umwaka umwe afatiwe ibihano n’Abanyamerika kubera uruhare yagize mu bwicanyi bushingiye ku moko bwabereye i Darfur, Algoney, murumunawe we akaba na nimero ya gatatu mu buyobozi bwa RSF, na we yafatiwe ibihano ashinjwa kugurira intwaro uyu mutwe.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara rigira riti: “Uyu munsi, Ibiro bya @USTreasury bishinzwe kugenzura umutungo w’amahanga byafatiye ibihano Algoney Hamdan Daglo Musa kubera kuyobora umuhate wo kugura intwaro zo gukomeza intambara muri Sudani. Algoney yongereye iyi ntambara ayobora umuhate wa RSF wo gushaka intwaro.”

Uyu injeniyeri wa bya mudasobwa yabanje gukora nk’umunyamabanga bwite wa Hemedti, umuyobozi wa RSF. Ubu yobora isosiyete ya Tradive General Trading LLC, ifite icyicaro muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE). Iyi sosiyete niyo yaguze imodoka za gisirikare zikoreshwa ubu na RSF.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *