Amerika yagabanyije ingendo z’abakozi bayo muri Israel mu gihe hikangwa igitero cyo kwihorera cya Irani. Ambasade ya Amerika yavuze ko abakozi basabwe kutajya hanze ya Yeruzalemu nini, Tel Aviv cyangwa ibice bya Be’er Sheva “mu rwego rwo kurushaho kwirinda “.
Iran yiyemeje kwihorera nyuma y’aho Israel iteye ambasade ya Irani muri Syria, mu minsi 11 ishize igahitana abantu 13 barimo abasirikare bakuru ba Iran.
Umunyamabanga w’ububanyi n’amahanga w’u Bwongereza, Lord Cameron, yaterefonnye mugenzi we wa Iran kugira ngo asabe umwuka mubi utakwiyongera.
Israel ntiyigeze yigamba igitero kibasiye ambasade ariko abantu benshi bavuga ko ari yo yari ikihishe inyuma nkuko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.
Iran itera inkunga Hamas, umutwe w’abarwanyi b’Abanyapalestine urwana na Israel muri Gaza, ndetse n’imitwe itandukanye yo mu karere, nka Hezbollah yo muri Liban, ikunze kugaba ibitero ku Banya-Israel.
Abiciwe mu gitero cyo kuri Ambasade barimo umuyobozi mukuru w’ingabo za Iran zidasanzwe, zizwi nka Quds, muri Syria na Liban, ndetse n’abandi basirikare.
Iki gitero cyabaye mu gihe hakomeje kongerwa ingufu za diplomasi mu gutuma intambara yo muri Gaza idakwira mu karere kose.
Ku wa Gatatu, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yavuze ko Iran ishobora kugaba igitero gikomeye kandi aniyemeza gutera inkunga Israel.
Komanda ushinzwe ibikorwa bya gisirikare bya Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati, Erik Kurilla, yagiye muri Israel kugira ngo aganire n’abayobozi ku bijyanye n’umutekano.


