Amakuru yagiye hanze aravuga ko Prezida wa Amerika Joe Biden yemereye Ukraine gukoresha intwaro yayihaye mu kugaba ibitero mu bice bimwe na bimwe by’Uburusiya.
Ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye birimwo Reuters, AFP na CNN bivuga ko umutegetsi wa Amerika washyize aya makuru hanze yanze ko amazina ye ajya hanze.
Yavuze ko uruhushya Joe Biden yatanze rutanga uburenganzira ko ibirwanisho bya Amerika bizakoresha gusa mu mujyi wa Kharkiv.
Uwo mutegetsi akomeza avuga ko uruhushya Amerika yahaye Ukraine, rudasobanuye ko yayemereye kurashisha Uburusiya ibisasu bya misile bishobora kurasa kugera ku bikometero 300.
Umujyi wa Kharkiv Amerika yemeye ko Ukraine iwurasamo ibisasu mu Burusiya, kiri mu Burasirazuba bwa Ukraine. Uyu mujyi ubusanzwe ukaba uza imbere mu yo Uburusiya bukunze kugabamwo ibitero.
Aya makuru agiye hanze nyuma y’uko OTAN, yahoraga isaba Amerika guha uburenganzira Ukraine bwo gukoresha intwaro Amerika yayihaye mu kugaba ibitero mu bice bimwe na bimwe by’Uburusiya.


