Amerika yasabye abaturage bayo kuva muri Liban vuba bishoboka

Sangiza iyi nkuru

Ambasade ya Amerika i Beirut yasabye abaturage bayo kuva muri Liban “ku itike iyo ari yo yose iboneka”, mu gihe amakimbirane akomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati

Iyi nama ikurikira umuburo nk’uwo w’umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga w’u Bwongereza, David Lammy, wavuze ko ikibazo cy’akarere “gishobora kurushaho kubaho kibi vuba”.

Ku wa Gatatu, Iran yemeje ko izihorera kuri Israel, ari yo nyirabayazana y’urupfu rw’umukuru wa Hamas, Ismail Haniyeh muri Tehran.

Iyicwa rye ryabaye nyuma y’amasaha make Israel yishe Komanda wa Hezbollah, Fuad Shukr i Beirut nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Hari impungenge rero ko umutwe wa Hezbollah ukorera muri Liban, ushyigikiwe na Iran, ushobora kugira uruhare runini mu kwihorera, ari nako bishobora gutera igisubizo gikomeye cya Israel.

Kuri iki Cyumweru, Hezbollah yarashe roketi nyinshi mu mujyi wa Beit Hillel mu majyaruguru ya Israel ahagana saa 00:25 ku isaha yaho (22:25 BST Ku wa Gatandatu).

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga sisitemu yo kurinda ikirere ya Israel (Iron Dome) isama za roketi. Nta makuru y’abantu zahitanye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *