Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatse Tanzania ibisobanuro, zinayisaba gukora iperereza ku ifungwa ry’impirimbanyi zirimo iyo muri Kenya n’iyo muri Uganda zari zifungiye ku butaka bwayo.
Ku wa Gatanu tariki ya 23 Gicurasi ni bwo byamenyekanye ko Boniface Mwangi n’umunyamakuru Agather Atuhaire bajugunwe ku mipaka ihuza Tanzania n’ibihugu bakomokamo, nyuma yo kumara amasaha menshi bafungiye ahantu hatazwi.
Bariya bombi batawe muri yombi ubwo bari bagiye muri Tanzania gukurikirana urubanza rw’umunyapolitiki Tundu Lissu utavuga rumwe n’ubutegetsi.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika biciye mu biro byazo bishinzwe Ububanyi na Afurika, yavuze ko zitewe impungenge cyane no “gufatwa nabi muri Tanzania kw’impirimbanyi zo muri Afurika y’Iburasirazuba.”
Yaba Mwangi na Atuhaire bombi nyuma yo kurekurwa bavuze ko bakorewe iyicarubozo.
Amerika yunzemo iti: “Turasaba iperereza ry’aka kanya kandi ryuzuye ku ihonyora ry’uburenganzira bwa muntu bivugwa ko ryakozwe. Turahamagarira ibihugu byose byo mu karere ko abagira uruhare mu guhonyora uburenganzira bwa muntu harimo no kwica urubozo babiryozwa.”
Usibye Amerika, umuryango Amnesty International ku wa Gatanu na wo wasabye Tanzania gukora iperereza ku iyicarubozo ryakowe bariya bantu.
Tanzania ikomeje kotswa igitutu, mu gihe Perezida Samia Suluhu Hassan aheruka gutanga umuburo w’uko igihugu cye kitazihanganira na gato uwo ari we wese uzagerageza kwivanga mu buzima bwacyo.


