Ibi ni ibikomeje kwibazwaho na benshi, mu gihe muri iki gihugu hakomeje imyigaragambyo imbere y’ibiro by’agashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu, bamagana ibyasohotse muri raporo ko muri iki gihugu hatutumba jenoside.
Iyi myigaragambyo kandi ikomeje mu Burundi mu gihe i Geneve mu Busuwisi harimo kubera inama ya 33 y’aka gashami ka Loni, bikaba bikekwa ko iyi nama ishobora kurangira Leta y’u Burundi ifatiwe ibihano nyuma y’iyo raporo yayishinjaga ibyaha byo kubangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu.
Jean Luc Ndikumwenayo, uvuga ko ari uwo mu bwoko bw’Abatutsi, niwe uyoboye iyi myigaragambyo yitabirwa n’abantu mbarwa, we n’abo ayoboye muri iyo myigaragambyo bakaba bamagana ibyatangajwe na Loni ko hashobora kuba jenoside y’Abatutsi, nk’uko igihe/Burundi kibitangaza.
Mu gihe bahamagarira n’abandi Batutsi kuza kwifatanya nabo bamagana Loni bashinja gusohora ibihuha no gupfundikanya ibinyoma, bigaragambyaga bafite ibyapa.
Kuva mu mwaka wa 2015, ibyegeranyo aka kanama ka Loni gashinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu kagiye gasohora ku Burundi, kagaragaza ko ubwicanyi bukorwa mu Burundi bushobora kuvamo jenoside.
Amahano yakozwe mu Burundi kuri iyi manda, yose Loni ikaba iyashyira kuri Leta y’u Burundi, ko yakozwe n’abakozi bayo, ikindi kandi ngo ikaba ishinjwa kurebera ibikorwa, ntihane abakora ubwo bwicanyi n’andi makosa yo guhohotera uburenganzira bwa muntu.
Bagendeye ku mateka y’u Burundi no mu myaka yashize bakabigereranya n’ibiba ubu, niho aka kanama ka Loni gahera kavuga ko jenoside ishoboka muri iki gihugu.
Kuva muri Mata 2015, abantu 564 barishwe ubwo imyigaragambyo yamagana Nkurunziza kuri manda ya gatatu yatangiraga, kugeza n’ubu abantu bakaba bicwa umwe kuri Umwe.
Perezida Nkurunziza akaba aheruka gutangaza ko abicwa bose ari abo mu bwoko bwose, ko haticwa Abahutu,Abatutsi cyangwa se Abatwa gusa, yagize ati: “Abishwe bose ni abaturuka mu mashyaka yose”, Aboneraho no guca umugano ugira uti: “Uja mw’ishamba utazi ugaca inkoni utazi”.

Perezida Nkurunziza yatangaje ibi mu gihe abatavuga rumwe na Leta bo mu mpuzamashyaka CNARED, bo bemeza ko abasirikare ba Leta baturuka mu bwoko bw’Abatutsi bicwa abandi bagafungirwa ahatazwi bakaburirwa irengero, by’umwihariko ko abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza abadahunze bacishwa mu rihumye.
Mu mwaka w’1993, ubwo Perezida Melchior Ndadaye yari amaze gutorwa, yacishijwe mu rihumye aricwa yari amaze amezi atatu gusa atowe (10/07/ 1993-21/10/1993), ubuyobozi bwariho bwavuze ko burimo gukora iperereza burinda buvaho nta gikozwe, naho CNDD FDD igiriyeho ntiyeguye dosiye, ngo uwamwishe ahanwe.
Uko imyaka yagiye yicuma n’ubuyobozi busimburanwa, abanyapolitiki benshi bagiye bicwa, abakagombye gushyira ukuri ahabona bakorosaho, wasubira inyuma ugasanga ikintu cy’amoko kigaruka muri polilitiki y’iki gihugu.
Abasesenguzi mu bya politiki babona ko u Burundi bwakagombye gufatira urugero ku Rwanda rwahuye na jenoside yakuruwe n’ubuyobozi bubi bwagiye bwimakaza iturufu y’amoko bikaza kurangira Abatutsi b’inzirakarengane basaga miliyoni bishwe.
Mu nteko Nshingamategeko y’u Burundi, igisirikare, igipolisi,…Abahutu ni 60%, Abatutsi hafi 40% naho abatwa bagasigarana akatarenze 3%, ibi rero ugasanga n’ubundi aribyo bikurura amacakubiri,amakimbirane no kudahuza mu gufata imyanzuro dore ko buri wese aba akurura yishyira.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com


