Umunyamakuru Anita Pendo yamaganiye kure abantu bakomeje gutunga agatoki ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga, Shaddy Boo nyuma y’icyogereza benshi bahamyako gikennye yavuze ubwo yari muri Tanzaniya mu mpera z’icyumweru gishize.
Mu kiganiro amenyerewemo kuri Radiyo, Magic Fm cyitwa’ Magic Morning’ kuri uyu wa Mbere Gatanu tariki ya 17 Nzeri 2018, Anita Pendo yavuze ko abantu badakwiye kunenga Shaddy Boo kuko ngo yabitewe no kuba atamenyereye neza icyongereza.
bitoroshye kuyobora igitaramo mu rurimi utamenyereye cyane ko ngo icyo azi cyane ari Igifaransa.
Yagize ati” Ntibyoroshye kuyobora igitaramo mu rurimi utamenyereye, utanazi neza.Buriya hari n’ababa bazi icyongereza ariko kuyobora ibirori bikaba imbogamizi ikomeye cyane”

Uyu mubyeyi w’umwana umwe yavuze ko ngo icyongereza kiza ku mwanya wa gatatu mu ndimi Shaddy Boo akoresha nyuma y’Ikinyarwanda n’Igifaransa.
Ku rundi ruhande, Anita Pendo yanenze Abanyamakuru babajije Shaddy Boo ibibazo avuga ko nabo icyongereza cyabo cyari kinaniwe.
Ati” Baramuseka se aba banyamakuru bo urumva hari icyo bazi (…)”
Anita Pendo atangaje ibi nyuma yaho abantu benshi bifashe bagakwena Shaddy Boo bavuga ko icyongereza yakoreshe je muri Tanzaniya cyari kibi cyane.

Shaddy Boo yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Tanzania ku wa Gatandatu tariki 15 Nzeli 2018 aho yari agiye mu birori bya ‘Biko jibebe challenge’ yari yatumiwemo na Diamond byabereye mu mujyi wa Dar Es- Salam muri Life Club ku cyumweru tariki 16 Nzeri 2018.
Muri ibi birori uyu mugore w’abana babiri yari umushyushyarugamba (MC).


