Ikipe ya APR BBC yitwaye neza itsinda Patriots BBC amanota 117-91, mu mukino wa shampiyona ya Basketball Rwanda wabaye mu ijoro ryo ku wa 18 Kanama 2026.
Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa mbere muri irindwi agomba gukina, mbere y’uko hamenyekana iyegukana igikombe cya shampiyona cy’uyu mwaka.
Ni umukino waranzwe no guhatana ku mpande zombi, ariko APR BBC iza kuwuganza cyane kuva mu gace ka mbere.
Axel Mpoyo ni umwe mu bakinnyi bagize uruhare rukomeye mu gutuma Ikipe y’Ingabo itangira neza, maze agace ka mbere karangira APR BBC iyoboye n’amanota 35-21.
Mu gace ka kabiri, APR BBC yakomeje kugenda yongera ikinyuranyo. Craig Randall na Ndizeye Dieudonné batsinze amanota menshi, bituma ikinyuranyo kigera kuri 25, ubwo APR BBC yari ifite amanota 50 kuri 25 ya Patriots BBC.
Ni na ko Axel Mpoyo na Gaston na bo bakomezaga gufasha APR BBC kugumana ubuyobozi bw’umukino.
Patriots BBC yaranzwe no guhatana, ariko igice cya mbere cyayigoye cyane, cyane cyane kubera gutakaza imipira kenshi (turnovers), mu gihe APR BBC yakomeje kubona amanota menshi.
Igice cya mbere cyarangiye APR BBC iyoboye Patriots BBC ku manota 64-38.
Mu gace ka gatatu, Patriots BBC yakomeje kubura ibisubizo imbere y’umukino ukomeye wa APR BBC, ibintu byagaragaye no ku mutoza Niyongabo Sunny.
APR BBC yakomeje kwagura ikinyuranyo, maze aka gace karangira ifite amanota 97 kuri 61 ya Patriots BBC, ikinyuranyo cyari kimaze kugera kuri 36.
Mu gace ka nyuma, APR BBC yahaye umwanya bamwe mu bakinnyi batari bakunze kubona umwanya munini mu kibuga, mu gihe Patriots BBC na yo yakomeje guhinduranya abakinnyi, umukino wari umaze kujya ku ruhande rw’Ikipe y’Ingabo.
Craig Randall ni we watsinze amanota menshi muri uyu mukino, atsinda 40, mu gihe kuri Patriots BBC, Garba Kennedy na Kwizera Sage buri umwe yatsinze 17.
Amakipe yombi azongera guhura ku mukino wa kabiri uteganyijwe ku wa Kane, tariki ya 20 Kanama 2026, muri BK Arena.


