APR FC na R.S Berkane zanganyije ubusa ku bundi (0-0) kuri sitade ya Kigali mu mukino ubanza mu ijonjora rya CAF Confederations Cup, kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2021, ntiziramenya aho zizakinira umukino wa kabiri bitewe n’icyemezo cya Leta ya Maroc cyo guhagarika ingendo ziyihuza n’amahanga.
Ubwo umukino wahuzaga aya makipe wabaga ni bwo byamenyekanye ko Leta ya Maroc yafashe iki cyemezo, mu rwego rwo gukumira Covid-19 nshya yihinduranyije yitwa Omicron, imaze kugaragara mu bihugu byinshi.
Itangazo rya Guverinoma ya Maroc rivuga ko iki cyemezo kiratangira kubahirizwa saa yine n’iminota 59 (isaha ya GMT) z’uyu wa 29 Ugushyingo 2021, kikazamara ibyumweru bibiri.
APR FC yashoboraga guhita yerekeza muri Maroc kwitegura umukino wa kabiri yahise ibisubika, mu mpuzamashyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, bakaba baraye bakoze inama yiga kuri iki kibazo.
Komisiyo ishinzwe amarushanwa muri CAF byitezwe ko kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2021 itangaza icyemezo cyafatiwe mu nama yabaye.
Kuri APR FC, Umuyobozi Mukuru wayo, Lt. Gen. Mubarakh Muganga yavuze ko iyi kipe itegereje icyemezo cya Leta ya Maroc na R.S Berkane.
Nk’uko urubuga rw’iyi kipe rubivuga, Gen. Muganga yagize ati: “Ubuyobozi bwa APR FC butegereje ko R.S Berkane itumenyesha aho tuzakinira maze abakinnyi bacu bagakomeza kwerekana icyo bashoboye. Umukoro ni uwa R.S Berkane na Leta yabo.”
Biteganyijwe ko hatagize igihinduka, umukino wa kabiri uzaba tariki ya 5 Ukuboza 2021.


