Ikipe ya APR FC yatangaje ko kubera icyorezo cya COVID-19 itacyitabiriye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup riteganyijwe kubera i Dar es Salaam muri Tanzania.
Iri rishunwa riterwa inkunga na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, riteganyijwe kuba hagati y’itariki ya 01 n’iya 15 Kanama.
APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona yari mu makipe 10 yagombaga kuryitabira.
Umuyobozi Wungirije w’iyi kipe y’ingabo z’igihugu, Brig Gen Firmin Bayingana, yabwiye Royal FM ko APR FC itazitabira CECAFA kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19 zashyizweho.
Ati: “Igisubizo buri Munyarwanda wese yakabaye akibona kubera ibihe bidasanzwe turimo kubera COVID-19. Ntaho twahera, ubu turi muri Guma mu Rugo kandi muzi icyo isobanuye.”
Yakomeje agira ati: “Uretse no kuba tutaratangira imyitozo, ntabwo Ikipe y’Igihugu y’Abana yananirwa kwitabira imikino kubera ibi bihe ngo twe tujyeyo.”
Ikipe y’igihugu y’abana Gen Bayingana yavugaga ni iy’abatarengeje imyaka 23 yagombaga kwitabira CECAFA iri kubera muri Ethiopia, gusa bikarangira itagiyeyo kubera icyorezo cya COVID-19.
Kuba APR FC yanze kwitabira CECAFA bisobanuye ko muri ririya rushanwa ryasigayemo amakipe icyenda.
Ayo ni Young Africans, Azam FC na Simba Sports Club yo muri Tanzania; Altabara FC yo muri Sudani y’Epfo na Le Messager Ngozi FC yatwaye igikombe cya shampiyona i Burundi.
CECAFA kandi izitabirwa n’amakipe ya Express FC na KCCA yo muri Uganda, Tusker FC yo muri Kenya, KMKM yo muri Zanzibar na Big Bullets yo muri Malawi.



4 Responses
APR FC nticyitabiriye CECAFA Kagame Cup muri Tanzania
Sinabivuze? Iryavuze Riratashye! ni Équipe yo Murugo, kuba yasohotse igihugu nabo barabizi ko batakoramo, nibemera bareke kujya batera Gapapu Andi makipe ngo bazatwar’ibikombe, Akagabo gahimba akandi kataraza, iyo babivuga Mbere bakemerera izindi zimenyereye gukina imikino mpuzamahanga zikigirayo,
APR FC nticyitabiriye CECAFA Kagame Cup muri Tanzania
Sinabivuze? Iryavuze Riratashye! ni Équipe yo Murugo, kuba yasohotse igihugu nabo barabizi ko batakoramo, nibemera bareke kujya batera Gapapu Andi makipe ngo bazatwar’ibikombe, Akagabo gahimba akandi kataraza, iyo babivuga Mbere bakemerera izindi zimenyereye gukina imikino mpuzamahanga zikigirayo,
APR FC nticyitabiriye CECAFA Kagame Cup muri Tanzania
Sinabivuze? Iryavuze Riratashye! ni Équipe yo Murugo, kuba yasohotse igihugu nabo barabizi ko batakoramo, nibemera bareke kujya batera Gapapu Andi makipe ngo bazatwar’ibikombe, Akagabo gahimba akandi kataraza, iyo babivuga Mbere bakemerera izindi zimenyereye gukina imikino mpuzamahanga zikigirayo,
APR FC nticyitabiriye CECAFA Kagame Cup muri Tanzania
Sinabivuze? Iryavuze Riratashye! ni Équipe yo Murugo, kuba yasohotse igihugu nabo barabizi ko batakoramo, nibemera bareke kujya batera Gapapu Andi makipe ngo bazatwar’ibikombe, Akagabo gahimba akandi kataraza, iyo babivuga Mbere bakemerera izindi zimenyereye gukina imikino mpuzamahanga zikigirayo,