Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatandatu, yatsinze Bugesera FC ibitego 3-0 iyishyira ku mwanya wa nyuma mu tsinda A zombi ziherereyemo.
Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yari yasuye Bugesera mu mukino wa gatatu wo mu tsinda wabereye kuri Stade ya Bugesera.
Manishimwe Djabel ni we wafunguriye APR FC amazamu ku munota wa 16, Omborenga Fitina ayitsindira igitego cya kabiri ku munota wa 86 mbere y’uko Mugunga Yves atsinda agashinguracumu ku munota wa 90 w’umukino.
Bugesera yatsinzwe uyu mukino mu gihe yari yagiye ibona uburyo bwinshi bw’ibitego binyuze ku bakinnyi barimo Rucogoza Djihad, gusa inanirwa kububyaza umusaruro.
APR FC yasoje imikino ibanza yo mu tsinda A iri ku mwanya wa mbere n’amanota 9, mu gihe Gorilla FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 6.
Iyi kipe y’umunyemari Hadji Mudaheranwa yafashe umwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda AS Muhanga ibitego 2-1.
Iyi Muhanga iri ku mwanya wa gatatu n’ubusa bw’amanota inganya na Bugesera.


