APR FC yakuye amanota atatu i Rubavu mu mukino wari uwishiraniro

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yakuye amanota atatu i Rubavu nyuma yo gutsinda ikipe ya Etincelles Fc igitego 1-0 mu kino w’ikirarane wa 13, wa shampiyona y’igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda.
Ni igitego cyatsinzwe na myugariro Nsabimana Aimable ku mutwe ku mupira waruvuye muri koruneri ku munota wa 20 w’umukino. Uyu mukino ukaba wari ikirarane kubera ko ikipe ya APR FC yari mu marushanwa nyafurika ya Confederation Cup.Aho yaje gusezererwa na AC Djoliba yo muri Mali.
Ni umukino wari ukomeye ku mpande zombie dore ko ikipe ya Etincelles FC ikunda kwihagararaho iyo yakiniye mu rugo kuri sitade ya Umuganda. APR yakinnye uyu mukino isa n’intare yakomeretse kubera ko yari iherutse gutakaza amanota abiri ubwo yanganyaga na Espoir FC mu minsi ishize.
Kugeza ubu APR FC ikaba yiyunze n’abafana bayo nyuma y’iyi nsinzi babonye. Iyi nsinzi ifashije APR kugira amanota 25 kandi ikaba ifite undi mukino na Gicumbi mu cyumweru gitaha.
Dore uko amakipe akurikirana
1 AS Kigali 29:imikono 15
2 Kiyovu Sport 28 :imikino 15
3 Rayon Sport 28 :imikino 14
4 Sunrise 25 :imikino 14
5 APR FC 25: imikino 14
Amakipe 2 ya nyuma
15 Miloplast 12: imikino 15
16 Gicumbi 11: imikino 14
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

Nkurunziza Viateur Bwiza. com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *