APR FC yaremye agatima abafana bayo nyuma yo gutura umujinya umutoza Thierry Froger

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yaremye agatima abafana bayo basa n’abamaze gucika intege, ibizeza ko hari gukorwa ibishoboka byose mu kubaka ikipe ikomeye kandi ihatanira ibikombe.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo APR FC yaguye miswi igitego 1-1 na Gaadiidka FC yo muri Somalia, mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league.

Gaadiidka yabanje gufungura amazamu biciye kuri myugariro Mohammed Hussein, mbere y’uko APR FC igomborerwa n’umunya-Nigeria Victor Mbaoma.

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yananiwe gutsinda uyu mukino mu gihe yaherukaga kunyagirwa na Rayon Sports ibitego 3-0; mu mukino wa Super Coupe ya FERWAFA.

Abakurikiranye iyi mikino yombi bahuriza ku kuba nta bidasanzwe APR FC ikina, n’ubwo yahinduye Politiki ikongera gukinisha abakinnyi b’abanyamahanga yari imaze imyaka 11 yarashyize ku ruhande.

Imwe mu ngingo by’umwihariko abakunzi ba APR FC bahurizaho nka nyirabayazana iri gutuma ikipe yabo ititwara neza, ni umutoza Thierry Froger.

Uyu Mufaransa mu byo ashinjwa harimo gukina umukino ugenda gahoro cyane, gupanga ikipe nabi (abakinnyi babanza mu kibuga), gusimbuza atinze kandi akabikora nabi ndetse no kuba nta nama agira abakinnyi be mu gihe cy’umukino.

Ni amakosa yatumye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo APR FC yari imaze kunganya na Gaadiidka abafana ba APR FC bakora igisa n’imyigaragambyo; basaba ko umutoza Thierry Froger yakwirukanwa.

Mu majwi yabo bumvikanye bagira bati: “Nta mutoza dufite…nagende… tumutegere, agasuzuguro k’umutoza ntitugashaka kuri Sitade…”.

Abafana kandi bumvikanye mu ndirimbo zigaragaza ko bakumbuye umunya-Maroc Mohammed Adil Erradi umaze igihe yaratandukanye na APR FC.

APR FC yasabye abafana bayo kuba bihanganye

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu mu itangazo ubuyobozi bwayo bwasohoye kuri uyu wa Mbere, yashimiye abafana bayo ku kuba badahwema kuyishyigikira.

Iyi kipe cyakora yibukije abafana bayo ko “umwaka w’imikino ni bwo watangira, ibitanga amahirwe ahagije yo kwikosora.”

Iyi kipe yakomeje isaba abakunzi bayo kuzirikana ko ari ngombwa “kuzirikana ko kugera ku uburyo bw’imikinire bwihariye bw’ikipe bisaba igihe ndetse n’imbaraga zidasanzwe.”

APR FC yijeje abayihebeye ko “inyuma y’amarido, buri wese ari gukora ubutaruhuka mu rwego rwo kubaka ikipe ishyize hamwe kandi ihatana, yiteguye kubona intsinzi by’igihe kirekire.”

Nyamukandagira yaboneyeho gusaba abafana bayo gukomeza gushyigikira no kujya abakinnyi bayo.

Ku wa Kane w’iki cyumweru APR FC izongera kwesurana na Gaadiidka, mu mukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league uzabera kuri Kigali Pele Stadium.

Ikipe izarokoka hagati y’impande zombi izahurira mu ijonjora rya kabiri na Pyramids FC yo mu Misiri.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. APR FC yaremye agatima abafana bayo nyuma yo gutura umujinya umutoza Thierry Froger
    Nkunda APRFC Umutoza natwe umusaruro ugaragara

  2. APR FC yaremye agatima abafana bayo nyuma yo gutura umujinya umutoza Thierry Froger
    UMutoza narye apanga abakinnyineza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *