APR FC yashimiwe na FIFA

Sangiza iyi nkuru

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), yashimiye APR FC ku bwo kwegukana igikombe cya 20 cya shampiyona.

APR FC yashimiwe biciye mu ibaruwa Perezida wa FIFA, Gianni Infantino yandikiye Nizeyimana Mugabo Olivier uyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru hano mu Rwanda (FERWAFA).

Ati: “N’ibyishimo byinshi ndagira ngo nshimire APR FC ku kuba yaratwaye Igikombe cya shampiyona cya 2021/2022.”

APR FC iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona n’amanota 66, irusha inota rimwe Kiyovu Sports yayikurikiye.

Infantino yavuze ko iyi kipe y’Ingabo z’igihugu itari gutwara kiriya gikombe “iyo hatabaho gukorera hamwe kw’ikipe yose, ishyaka n’ubwitange buri wese mu kipe akwiye guterwa ishema na byo.”

Infantino yavuze ko buri umwe wese wabigizemo uruhare, ashimira by’umwihariko FERWAFA ku bw’uruhare igira mu guteza imbere umupira w’amaguru w’u Rwanda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *