img_5973.jpg

APR FC yashyitse muri Tanzania -Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yageze mu Mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzania aho igiye mu muhango wa “Simba Day” uteganyijwe mu minsi iri imbere.

Mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 1 Kanama 2024 nibwo APR FC yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Tanzania kwitabira ubutumire bwa Simba SC mu birori ngarukamwaka bizwi nka “Simba Day.”

Bivugwa ko APR FC yahagurutse mu Rwanda idafite bamwe mu bakinnyi barimo Apam Assongwe Bemol, Nshimirimana Ismaël Pitchou na Kwitonda Alain Bacca ndetse n’umutoza w’abanyezamu, Mugabo Alex ndetse n’umwe mu bashinzwe ibikoresho by’ikipe, Ernest uzwi nka “2 Pac”.

Itsinda ry’ikipe yose y’Ingabo, ryamaze kugera Dar es Salaam ndetse ryakirwa n’abakunzi b’iyi kipe bari bayobowe n’Umuvugizi wa bo uzwi nka Jangwani. Biteganyijwe ko APR FC izakina na Simba SC ku wa Gatandatu tariki ya 3 Kanama 2024 mu mukino uhuzwa n’ibirori byo kwerekana abakinnyi iyi kipe izifashisha muri uwo mwaka w’imikino.img_5973.jpgimg_5971.jpgimg_5970.jpg65caf66a-c332-465c-9f60-066a66c38f62.jpg42d9118f-8541-4f8d-bd0c-a0bd532ff1aa.jpg8a6bb059-1693-4be5-89ea-ac454913371f.jpg3b67574e-cdd6-44c8-a74f-44582943f208.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *