APR FC yatsinze Marines FC, ifata umwanya wa kabiri muri shampiyona

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yafashe umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, nyuma yo gutsinda Marines FC ibitego 2-1.

Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yasuye Marines FC ifatwa nka murumuna wayo mu mukino w’umunsi wa cyenda wa shampiyona wabereye kuri Stade Umuganda mu karere ks Rubavu.

Igitego cyo ku munota wa 43 w’umukino cya Mugunga Yves n’icyo ku wa 72 cya Bizimana Yannick ni byo byafashije APR FC gukura amanota atatu i Rubavu, inuzuza imikino 43 yikurikiranya idatsindwa muri shampiyona.

Marines FC yahushije uburyo bwinshi bw’ibitego yabonye impozamarira ku munota wa 79 ibifashijwemo na Ishimwe Fiston kuri penaliti.

Iyi kipe y’Ingabo zirwanira mu mazi yashoboraga kubona igitego cyo kwishyura mu minota ya nyuma y’umukino, gusa umupira watewe na Mugiraneza Floduard ufatirwa ku murongo w’izamu n’umunyezamu Ahishakiye HĂ©ritier.

Gutsinda Marines FC byatumye APR FC ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona n’amanota 16 inganya na AS Kigali, yemwe zombi zikaba zinanganya ibitego birindwi zizigamye.

APR FC igifite imikino itatu y’ibirarane iracyarushwa amanota ane na Kiyovu Sports ya mbere yagiye gutsindira Mukura VS i Huye ibitego 2-1 byatumye igira amanota 20.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *