Ikipe ya APR FC yegukanye igikombe cya 19 cya shampiyona mu mateka yayo n’icya kabiri cyikurikiranya idatsinzwe, nyuma yo kunyagira Rutsiro FC ibitego 6-0.
Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu yari yakiriye Rutsiro y’umutoza Bisengimana Justin, mu mukino w’umunsi wa nyuma wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Huye.
Ni shampiyona yakinwe mu buryo budasanzwe kuva ku itariki ya 01 Gicurasi, kubera icyorezo cya COVID-19.
APR FC yarangije igice cya mbere cy’umukino iri imbere n’ibitego 2-0 byombi byatsinzwe na rutahizamu Yannick Bizimana.
Uyu musore wahoze akinira Rayon Sports yafunguye amazamu ku munota wa 25 w’umukino, ku mupira yari ahawe na Nshuti Innocent akawutereka mu cundura yabanje gucenga ba myugariro ba Rutsiro.
Bizimana Yannick yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 39 w’umukino ku mupira yari acomekewe na Djabel Manishimwe.
APR FC yarushaga Rutsiro FC mu mpande zose z’ikibuga yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 49 ibifashijwemo na Mugunga Yves wari uhawe umupira na Lague, mbere y’uko Maombi Jean Pierre yitsinda igitego cya kane ku munota wa 57.
Igitego cya gatanu cya APR FC cyatsinzwe na Ndayishimiye DieudonnĂ© ku munota wa 72, mbere y’uko Lague Byiringiro atsinda agashinguracumu ku munota wa 88.
Ni ibitego byashoboraga kurenga bitandatu kuko Yannick Bizimana yatsinze igitego umusifuzi avuga ko yari yaraririye.
Uyu musore kandi yahushije uburyo bukomeye ku mupira yari ahawe na Ndayishimiye DieudonnĂ© ananirwa kuwushyira mu izamu, mu gihe Manishimwe Djabel na we yahushije uburyo bugera muri butatu burimo umupira we wagaruwe n’igiti cy’izamu.
Ni ku nshuro ya kabiri APR FC yegukanaga igikombe cya shampiyona idatsinzwe, nyuma y’uko nanone yari yegukanye iki gikombe mu mwaka w’imikino ushinze idatsinzwe umukino n’umwe.
Iyi kipe y’umutoza Mohammed Adil Erradi iheruka gutsindwa umukino uwo ariwo wose muri shampiyona, ubwo yatsindwaga na Espoir FC ibitego 2-1 mu mukino wari uw’umunsi wa nyuma wa shampiyona.
Kuri iyi nshuro APR FC yegukanye igikombe inganya na AS Kigali amanota 19, gusa ikaba yayirushaga ibitego umunani mu byo amakipe yombi yari azigamye.
AS Kigali yatsinze Police FC izigamye ibitego 12, mu gihe APR FC yaherukaga kunyagira Marines FC yari izigamye ibitego 20.
Izi kipe zombi ni zo zigomba guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika, kuko APR FC izaruhagararira muri CAF Champions league, mu gihe AS Kigali izaruhagararira muri CAF Confederation Cup.


