Ikipe ya APR FC yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere ya 2024/2025, nyuma yo gutsinda Muhazi United igitego 1-0.
Muhazi United yari yakiriye ikipe y’Ingabo z’Igihugu kuri Stade y’i Ngoma, mu mukino w’umunsi wa 29 wa Shampiyona.
Igitego cyo ku munota wa 35 w’umukino cy’umunya-Burkina Faso, Cheikh Djibril Ouattara wari uhinduriwe umupira na Ruboneka Jean Bosco, cyari gihagije ngo APR FC ikure amanota atatu i Kibungo.
Ni amanota kandi yanatumye iyi kipe yegukana igikombe cya shampiyona cya 23 mu mateka yayo, ndetse n’icya gatandatu cyikurikiranya.
Iyi kipe yatwaye Shampiyona nyuma y’uko Rayon Sports bayirwaniraga inaniwe gutsinda Vision FC baguye miswi 0-0.
APR FC igomba kwakira Musanze FC ku munsi wa nyuma wa Shampiyona kuri ubu ifite amanota 64, irusha ane Rayon Sports ya kabiri yo isigaje gukina na Gorilla FC.



One Response
niguma gukina nkuko byagenze neza uyu mwaka 2024 _ 2025
1. ntagikombe gikinirwa mu Rwanda yakitabira ngo ikibure
harabura international match