Mu birori bikomeye byabereye muri Kigali Convention Center ku wa Gatanu, hatanzwe ibihembo ku bitwaye neza muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025, byagaragayemo amazina akomeye n’ibikorwa by’indashyikirwa.
Myugariro Niyigena Clement wa APR FC ni we wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka, aho yagaragaye mu mikino 27 agatsinda ibitego 2, anafasha ikipe ye kwegukana igikombe cya shampiyona. Umutoza we, Darko Novic ukomoka muri Serbia, nawe yegukanye igihembo cy’umutoza w’umwaka, nubwo yamaze gutandukana na APR FC.
Rutahizamu Umar Abba wa Bugesera FC ni we wabaye rutahizamu watsinze ibitego byinshi (17), anatanga imipira 6 yavuyemo ibitego. Ssebwato Nicholas wa Mukura VS, ukomoka muri Uganda, ni we wabaye umunyezamu mwiza, aho yasoje imikino 25, ine muri yo ntayinjizwa igitego.
Mu bakinnyi bakiri bato, Useni Kiza Seraphin ukinira Amagaju FC, ni we wahize abandi nyuma yo gutsinda ibitego 11 no gutanga imipira 11 yavuyemo ibitego mu mikino 25. Biramahire Abeddy wa Rayon Sports nawe yahawe igihembo cy’igitego cy’umwaka, kubera igitego yatsinze Muhazi United tariki ya 19 Mata 2024.
Harimo kandi n’abakinnyi 11 beza ba shampiyona barimo abakinnyi nka Niyigena Clement, Ruboneka Jean Bosco, Umar Abba na Fall Ngagne.



