Argentine yakuye itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022 kuri Brésil

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu ya Argentine yabaye igihugu cya 12 gikatishije itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022 kuzabera muri Qatar, nyuma yo kugwa miswi na Brésil 0-0.

Argentine yari yakiriye Brésil yaherukaga gutsindira ku mukino wa nyuma wa Copa America, mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi wabereye kuri Stade ya San Juan del Bicentenario mu mujyi wa San Juan.

Ni umukino Brésil yabonye itike y’Igikombe cy’Isi mu cyumweru gushize yakinnye idafite Neymar ufite ikibazo cy’imvune, mu gihe Argentine yo yari yagaruye Lionel Messi wari umaze igihe yaravunitse.

Uyu mukino wabereye mu Burengerazuba bwa Argentine wari uryoheye ijisho, n’ubwo nta kipe yashoboye kureba mu izamu ry’indi.

Abakinnyi nka Vinicius Jr na Matheus Cunha bagiye babona uburyo bwo gutsindira Brésil ibitego bananirwa kububyaza umusaruro, mu gihe ishoti rya Fred ryagaruwe n’umutambiko w’izamu.

Argentine na yo yabonye uburyo bukomeye biciye kuri Lionel Messi na Fred, gusa Brésil itabarwa n’umuzamu Alisson Becker.

Kunganya na Brésil byatumye Argentine yuzuza imikino 27 imaze idatsindwa, dore ko iheruka gutsindwa mu myaka ibiri ishize.

Argentine kuri ubu iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 29, atandatu inyuma ya Brésil ya mbere; na yo ikarusha amanota atandatu Ecuador ya gatatu.

Muri Amerika y’Amajyepfo nyuma y’imikino y’amajonjora amakipe ane ya mbere ni yo ahita abona itike y’Igikombe cy’Isi, hanyuma ikipe ya gatanu ikanyura mu mikino ya kamarampaka mpuzamigabane.

Argentine yabonye itike y’Igikombe cy’Isi nyuma ya Qatar izacyakira, u Budage, Denmark, Brésil, u Bufaransa, u Bubiligi, Espagne, Serbia, Croatia, u Busuwisi n’u Bwongereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *