Umutoza, Arsene Wenger wanditse amateka yo kumara igihe kinini atoza ikipe imwe (Arsenal), ku bwumvikane n’iyi kipe yemeye ko azegura nyuma y’imyaka 22 ayitoza. Ibi byatarijwe ku mbuga nkoranyambaga z’impande zombie (Arsenal FC na Arsene Wenger) kuri uyu wa 20 Mata 2018.
“Nyuma y’ubwumvikane n’ikipe, iki ni cyo gihe ngo nsezere nyuma y’umwaka wa shampiyona. ”Arsene Wenger.
Arsene Wenger yaboneyeho gushimira abo bafatanyije harimo abakinnyi, itsinda ry’abatoza n’ubuyobozi bw’ikipe muri rusange bwatumye ikipe igera aho iri ubu ngubu.
Umwe mu bafite imigabane muri iyi kipe, Stan Kroenke yashimiye byimazeyo uruhare rwa Arsene Wenger mu iterambere ry’iyi kipe, yongeraho ko buri muntu wa Arsenal asigaranye umwenda wo gushimira uyu mutoza.
“ Ibikombe 3 bya Premier League, kuba Arsenal yarigeze kurangiza umwaka w’imikino idatsinzwe, ibikombe 7 bya FA no kuba ikipe yaritabiriye irushanwa rya UEFA Champions League inshuro 20 zose, ni amateka meza uyu mutoza yakoze atazava mu mitwe y’abakunda umupira w’amaguru.” Stan Kroenke.
Uyu mutoza yageze muri Arsenal mu 1996 avuye muri AS Monaco. Mu gihugu cy’ubwongereza, ni we mutoza umaze gutwara ibikombe by’igihugu( FA Cup) byinshi. Nyuma y’aho bivugiwe ko azasezera, iyi kipe yavuze ko izatangaza uzamusimbura vuba.
Tuyizere Jean de Dieu/bwiza.com


