Ikipe ya AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, nyuma yo kunyagira Olympique de Missiri-Sima yo mu birwa bya Comores ibitego 6-0, ikayisezerera ku giteranyo cy’ibitego 8-1.
Iyi kipe y’Abanyamujyi yari yakiriye Olympique de Missiri mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Ni nyuma y’umukino ubanza wabereye i Moroni bikarangira ihatsindiye ibitego 2-1.
Umunota wa 14 w’umukino wari uhagije ngo iyi kipe y’umutoza Eric Nshimiyimana ifungure amazamu ibifashijwemo na Niyibizi Ramadhan yakuye mu kipe ya Etincelles FC.
AS Kigali yabonye igitego cya kabiri gitsinzwe na Niyibizi Ramadhan ku munota wa 42, ku mupira wari uhinduwe na Mukonya ariko umunyezamu ananirwa kuwufata ngo awukomeze.
Mbere y’uko igice cya mbere kirangira ku munota wa 45, AS Kigali yabonye igitego cya kane gitsinzwe na Aboubakar Lawal nyuma y’uko myugariro wa Olympique bamuhaye ntumugereho ugahita wifatirwa na Lawal. Amakipe yagiye kuruhuka ari 3-0.
AS Kigali yatangiye igice cya kabiri ishaka ikindi gitego, ku munota wa 52 Rukundo Denis yahinduye umupira ariko Lawal ashyizeho umutwe unyura hejuru.
Nyuma y’umunota umwe AS Kigali yabonye igitego cya kane gitsinzwe na Shabani Hussein Tchabalala n’umutwe ku mupira wari uhinduwe na Niyibizi Ramadhan.
Ku munota wa 60 AS Kigali yabonye igitego cya gatanu gitsinzwe na Rukundo Denis, mbere y’uko Biramahire Abeddy Christophe atsinda agashinguracumu mu minota ya nyuma y’umukino.
AS Kigali igomba guhura na DCMP yo muri Congo Kinshasa mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


