Leta ya Australia kuri uyu wa 31 Mutarama 2021 yafashe icyemezo cyo gushyira muri gahunda ya Guma mu Rugo uduce dutatu two mu burengerezuba dutuwe n’abaturage barenga miliyoni 2, bitewe n’umurinzi wa hoteli wagaragayeho icyorezo cya Covid-19.
Hoteli uyu murinzi akoraho yitwa Sheraton Four Points ikaba yakira abantu bagiye mu kato. Yaje kugaragaraho iki cyorezo, mu gihe iyi hoteli yari irimo abandi bantu bane banduye, barimo babiri babonetseho ubwandu bushya bwagaragaye mu Bwongereza n’undi w’ubwagaragaye muri Afurika y’Epfo, bivugwa ko bwica kurusha Covid-19 isanzwe.
Nk’uko bigaragara mu nkuru ya CNN, Mark McGowan uyoboye Uburengerazuba bwa Australia yagize ati: “Ibi bintu birakomeye, buri wese muri twe agomba gukora igishoboka kugira ngo iki cyorezo kidakwirakwira.”
Bitewe n’uko uyu murinzi yari amaze iminsi ibiri akorera hafi y’aba banduye ubwandu bushya bwa Coronavirus, McGowan yavuze ko byashoboka ko umwe muri bo yaba ari we wamwanduje, ikaba ari yo mpamvu yatumye Leta ifata icyemezo gikomeye.
Mu gihe cy’iminsi itanu, ibikorwa byo muri utu duce tutakundaga kugaragaramo Covid-19 birimo: amashuri, insengero, imyidagaduro n’ubucuruzi hafi ya bwose birafungwa; hemererwe gukora serivisi z’ingenzi zirimo amaresitora acuruza ibiribwa byo gutahana.


