Ibinyamakuru bikomeye muri Australia byifatanyije kuri uyu wa 21 Werurwe 2019, bitangaza ibinyamakuru biriho ubusa mu rwego rwo kwamagana ikandamizwa n’itegeko ritabemerera kubona amakuru.
Nk’uko bigaragara mu mafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga no mu binyamakuru mpuzamahanga byinshi, impapuro z’imbere (cover pages) zigaragaraho inkuru nyamukuru ziriho imirongo y’umukara gusa.
Ibi binyamakuru byandika birimo The Sydney Morning Australian, Financial Review, The Australian, Daily Telegraph, Herald Sun; byose byahuriye ku butumwa bumwe muri hasi ku rupapuro bugira buti:
” Iyo guverinoma iguhishe ukuri, ese baba bahisha iki?
Hari bimwe byanditse byibaza niba ” Kutemererwa gutangaza amakuru, amabanga no gufungwa kw’abanyamakuru bitaba muri Australia bitaba.” Byisubize biti: ” Biri kuba ubu ngubu”, nyuma byibaza cya kibazo rusange cy’ibyo leta yaba iri guhisha.
Leta ya Australia ivuga ko abanyamakuru na bo bagomba kubahiriza amategeko ya leta harimo n’iri ryo kubika amabanga y’igihugu. Yemera ko ubwisanzure bw’itangazamakuru ari ingenzi kandi irishyigikiye ariko nta we ugomba kujya hejuru y’amategeko.
Inkuru ya BBC ivuga ko muri Kamena polisi y’igihugu yagabye igitero ku biro bya ABC (Australia Broadcasting Corporation), itera n’umunyamakuru wa NCA (News Corp Australia) kuko ngo bateguraga gutangaza inkuru igaragaza amabanga y’igihugu ajyanye n’ibyaha by’intambara n’ubutegetsi bugenzura bukanakora ubutasi ku buzima bwite bw’abaturage.
Leta ya Australia ngo yatangaje ko abanyamakuru batatu bashobora gukurikiranwa nyuma y’ibyo polisi yababonyeho mu igenzura.
Abanyamakuru muri Australia bavuga ko mu myaka 20 hatowe amategeko abangamira icukumbura ry’amakuru bikaba bibuza abaturage uburenganzira bwo kumenya.


