Ubushakashatsi: Ubwoya bw’imbwa bugira udukoko duke ku tw’ubwanwa bw’umuntu

Mu bushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu by’ubumenyi bushingiye ku buzima mu Busuwisi, bakoze basanze ubwanwa bw’umuntu buba bubitse udukoko twinshi kuruta utw’ubwoya bw’imbwa bubika. Ni ubushakashatsi bwari bugamije kureba niba imbwa zidashobora kwanduza umuntu indwara bitewe n’udukoko tuba mu bwoya bwazo, batungurwa no gusanga umuntu ufite ubwanwa bwinshi ari we kibazo kurusha. Andreas Gutzeit, umwe mu […]

Kenya: Ubwo abapolisi barebaga Barà§a na Man. U, amabandi yabibye imbunda

Kenya-Ubwo abapolisi barebaga umupira wa FC Barcelona na Manchester United mu mikino ya UEFA Champions League, amabandi yabaciye mu rihumye yiba imbunda eshatu. Amakuru dukesha Nile Post aravuga ko ubu bujura bwabereye ku kigo cy’abapolisi cya Kobujoi mu gace ka Nandi. “Abapolisi bose bari bavuye ku kigo bagiye kureba umupira ku isoko rihegereye, bagarutse bageze […]

Hahishuwe ukuntu Moise Katumbi yafashije Kabila kugera ku butegetsi n’uko yahemukiwe nyuma

Uwahoze akuriye inzego z’ubutasi za Zambia, Xavier Chungu, aremeza ko umunyapolitiki Moise Katumbi wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga, yatanze inkunga y’asaga miliyoni 20 z’amadolari mu rugamba rwo gukura Congo mu butegetsi bwa Mobutu Sese Seko yari amazeho imyaka 32. Mu kiganiro cyatambutse kuri Diamond Tv, Chungu (uri ku ifoto na Katumbi) yavuze ko Katumbi, […]

Burundi: Umupolisi yarashe umuturage wari wanze kumugurira inzoga

Umupolisi uzwi ku izina rya Mwarabu wakoraga kuri sitasiyo ya polisi muri Komini Mugina, Intara ya Cibitoke, yishe arashe mu ijoro ryo ku wa 16 Mata 2019, umugabo witwa Didace Nsanze, uri mu kigero cy’imyaka 30, amusanze mu kabari. Uyu mugabo yarasiwe i Rugajo, abari bahari bakavuga ko uwishwe yinjiye mu kabari umupolisi aza amukurikiye, […]

Birangiye Omar al-Bashir ashyizwe mu gihome

Omar al-Bashir wahoze ari Perezida wa Sudani yajyanywe muri gereza irinzwe bikomeye ya Kobar yo muri icyo gihugu, nyuma y’iminsi ahiritswe ku butegetsi n’igisirikare ku gitutu cy’abigaragambya. Abo mu muryango we batangaza ko yatwawe ku wa kabiri nijoro tariki ya 16 Mata 2019, akajyanwa muri iyo gereza iri mu murwa mukuru Khartoum – gereza yahoze […]

Davido yasobanuye impamvu agiye kumara ukwezi adakora kuri telefoni

David Adedeji Adeleke uzwi ku izina rya Davido yavuze ko agiye kumara ukwezi kose adakora kuri telefoni ze cyangwa ngo agire ibiganiro yari asanzwe agirana n’inshuti ze ku mbuga nkoranyambaga. Ashimangira ko agiye guhugira ku mushinga wo gushyira hanze album. Davido yabitangaje ibinyujije ku rukuta rwe wa Instagram aho avuga ko agiye kuba ahuze cyane. […]

Gen. Iyamuremye ukuriye FDLR arakekwaho kuba inyuma y’ifatwa rya Bazeye na Abega

Vuba bidatinze ngo mushobora kumva gucikamo ibice gukomeye mu buyobozi bwa FDLR , aho amakuru avuga ko umuyobozi wayo, Gen Iyamuremye Gaston uzwi nka Byiringiro ngo yaba ari mu mazi abira ashinjwa kugambanira bagenzi be bigatuma batabwa muri yombi. Mu mwaka ushize wa 2018, abayobozi ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bataye muri yombi Lt […]

Umugore n’umugabo batawe muri yombi ku bwo guterera akabariro muri pisine abana barebera

Umugore witwa Dawn Danielle Klein n’umugabo we, Aaron Hayes Miller batuye mu gace ka Montana muri Amerika kuwa Gatanu batawe muri yombi nyuma yo gukorera imibonano mpuzabitsina muri pisine, iruhande rw’abana. Ikinyamakuru New York Daily News dukesha iyi nkuru kivuga ko aba bombi bifashe bagatera akabariro ku karubanda ndetse n’abagerageje kubabuza bakabima amatwi. Polisi yaje […]

ADEPR/Nyarugenge: Umugabo yatanze ubuhamya bw’inzira y’umusaraba yaciyemo muri jenoside bukora benshi ku mutima

Ukundayesu J.M.V ni umugabo utuye mu Karere ka Kicukiro, Umujyi wa Kigali, ubwo yatangaga ubuhamya bw’ubuzima yanyuzemo muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, benshi mu bari bamuhanze amaso ndetse banamuteze amatwi, bwabakoze ku mutima. Ni ubuhamya Ukundayesu warokotse jenoside, yatangiye mu rusengero rwa ADEPR/Muhima,  ubwo iri torero mu rwego rw’Akarere ka Nyarugenge ryibukaga abari abayoboke […]

Impamvu toni 90 za sima zivuye muri Uganda zangiwe gucuruzwa mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuziranenge mu Rwanda ( RSB) gitangaza ko mu kwezi gushize cyanze ko toni 90 za sima zivuye muri Uganda zicuruzwa mu Rwanda ku bwo gukemanga bimwe mu bigize ubuziranenge bwazo. Iki kigo gitangaza ko izi sima z’uruganda rwa Hima rwo muri Uganda zitari zujuje ubuziranenge ku buryo zakoreshwa mu Rwanda. Umuyobozi wa […]

Perezida Tshisekedi yahishuriye abaturage be icyo yaganiriye na Perezida Kagame na Museveni

Mu mpera z’ukwezi gushize nibwo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yasuye u Rwanda anagirana ibiganiro na Perezida Kagame akubutse muri Uganda, aho naho yari yahuye na Perezida Museveni. Uyu muperezida mushya wa Congo akaba yatangarije abaturage be ko ibiganiro yagiranye n’abaturanyi be, bigamije gushakira amahoro n’umutekano akarere muri rusange. Mu ruzinduko […]

Somalia: Amerika iremeza ko yivuganye numero ya 2 mu ishami rya Islamic State

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziratangaza ko zivuganye uwari wungirije umuyobozi wa Leta ya Kisilamu muri Somalia mu bitero zikomeje kugaba ntagondwa zo muri iki gihugu zitwaza Idini ya Isilamu. Abdulhakim Dhoqob, wari wungirije umuyobozi mukuru wa Islamic State akaba yarishwe ku Cyumweru, itariki 14 Mata mu gitero cy’indege cyagabwe mu majyaruguru ya Somalia nk’uko […]

Leta ya Uganda yiteguye guha Omar al- Bashir ubuhungiro

Leta ya Uganda kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko ifite ubushake bwo guha ubuhungiro Omar al- Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi n’ingabo z’igihugu. Uganda ivuga ko uyu mugabo aramutse asabye ubuhungiro yabuhabwa bitewe n’uruhare yagize mu mishyikirano y’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Henry Okello Oryem […]

RDC: Perezida Tshisekedi i Beni yijeje kurangiza ibikorwa by'umutwe wa ADF

Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kabiri, itariki 16 Mata yatangiye uruzinduko rw’akazi mu burasirazuba bw’igihugu bwabaye isibaniro y’imitwe y’inyeshyamba itandukanye ndetse n’Igisirikare cya leta. Yageze mu Mujyi wa Beni, ahishwe abantu amagana kuva mu 2014. Muri ubu bwicanyi, Leta ya Congo irega umutwe w’inyeshyamba z’Abagande, ADF, kuba inyuma […]

Rubavu: Hafatiwe ubwato bupakiye ibicuruzwa bya magendu

Polisi ikorera mu karere ka Rubavu umurenge wa Nyamyumba kuri uyu wa 15 Mata yafashe ubwato bwari bupakiye  magendu Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira  Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yavuze ko kubufatanye n’abaturage Polisi ikorera  mu murenge wa Nyamyumba yafatiye mu kiyaga cya Kivu abantu bane binjizaga ibicuruzwa byiganjemo inkweto n’imyenda bya […]

Umuyobozi mukuru wa FDLR yitabye Imana

Amakuru aturuka mu Budage kuri uyu wa kabiri tariki ya 16 Mata 2019, aravuga urupfu rw’umuyobozi mukuru wa FDLR, Dr Ignace Murwanashyaka, witabye Imana kubera ikibazo cy’uburwayi yari afite Dr. Ignace Murwanashyaka yitabye Imana tariki ya 16 Mata 2019, azize uburwayi ubwo yari mu bitaro, bamaze kumubaga mu gihugu cy’u Budage, igihugu atuyemo kuva mu […]

Uganda irimo gushaka uburyo ikibazo ifitanye n’ u Rwanda cyakemukira mu biganiro

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri Uganda yatangaje ko barimo kwifashisha ibiganiro kugira ngo bakemure ibibazo biri ku mipaka y’ibihugu byombi. Ibyo yabivugiye mu kiganiro ubwo yagezaga ingengo y’imari ikenewe mu mwaka w’2019/20, ku kanama gafite mu nshingano ububanyi n’amahanga uyu munsi Ku wa 16 Mata 2019. Minisitiriw’ububanyi n’amahanga Okello Oryem, yavuze ko bafitanye ikibazo na Leta […]

Me Ntaganda avuga ko ari impamvu za politiki zituma ashinjwa kugira uruhare muri jenoside

Umunyapolitiki Me Bernard Ntaganda avuga ko hari umugambi uhari wo kumwangisha rubanda binyuze mu kuvuga ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko kuri facebook hari ubutumwa buvuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango basaba ko Me Ntaganda yatabwa muri yombi agashyikirizwa […]

Ikigo cy’ubucuruzi bukorerwa kuri “Internet” cyo mu Bushinwa kigiye gufungura ishuri ku Banyarwanda.

Ikigo gikomeye cy’ubucuruzi bukorerwa kuri ‘’Internet” cyo mu Bushinwa , Alibaba, kizatangiza ku mugaragaro ishuri ry’icyiciro cya mbere cya kaminuza ku banyeshuri b’Abanyarwanda muri Nzeri 2019. Amakuru aturuka mu kigo cya Alibaba, ishuri ry’ubucurizi, avuga ko abanyeshuri mirongo 30 baziga mu ishuri ryabo ryigisha ubucuruzi mpuzamahanga bwambukiranya imipaka hifashishijwe murandasi. Abo banyeshuri bakaziga imyaka ine […]

Bill Weld wahoze ari Guverineri yiyemeje kuzahangana na Perezida Trump mu matora

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye guhura n’ihatana rikomeye mu ishyaka rye ry’abarepubulikani mbere yuko amatora ya Perezida wa Amerika aba mu mwaka utaha. Bill Weld w’imyaka 73 y’amavuko wahoze ari guverineri wa leta ya Massachusetts, yabaye uwa mbere wo mu ishyaka ry’abarepubulikani utangaje ko azahatana na Bwana Trump mu mwaka […]

RDC: Impunzi z’Abarundi zitaraka kurya rimwe ku munsi n’indi mibereho mibi

Impunzi z’Abarundi zibarirwa muri 200 ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zitangaza ko zibayeho mu buzima bubi bwiyongeraho kurya rimwe ku munsi. Izi mpunzi ziganjemo abagore n’abana, ni izahunze mu Burundi mu byumweru bibiri bishize, zikaba zicumbikiwe mu nkambi ya Sange na Kavimviri, muri Teritwari ya Uvira, Intara ya Kivu y’Amajyepfo. Izi mpunzi zitangaza […]

Uganda/ Kisoro: Umunyarwanda yarashwe ahita apfa

Umuturage witwaga Sabaho Lambert wari ufite imyaka 52 y’amavuko, n’ ubwenegihugu bw’u Rwanda, yarasiwe mu Karere ka Kisoro muri Uganda ahita apfa. Lambert yari asanzwe ari umuyobozi mukuru w’uruganda rukora imitobe rwa Isimbi Wines, yarashwe n’umuntu utaramenyekana ubwo yatahaga iwe mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 15 Mata 2019. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Chimpreports […]

U Rwanda rurarinzwe kandi rufite umutekano nta waruhungabanya- Guverineri Gasana

Ubwo  mu Murenge wa Kiyumba, mu cyahoze ari Komini Nyabikenke bibukaga ku nshuro ya 25 jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,   umuyobozi  w’Intara y’Amajyepfo, Gasana K.Emmanuel yahumurije abarokotse  jenoside  ababwira ko imbaraga zakoreshejwe n’ingabo za FPR- Inkotanyi zirokora U Rwanda ntaho zagiye ahubwo ngo zikubye kabiri. Guverineri Gasana  avuga ko U Rwanda rurinzwe  kandi rufite umutekano […]

Umugore n’umugabo batawe muri yombi ku bw’urusaku bateje mu gihe cy’akabariro

Umugore n’umugabo bo mu gace ka Meru batawe muri yombi banacirwa urubanza mu rukiko baryozwa guteza induru mu gihe cy’akabariro. Chacha Mwiti w’imyaka 24 na Joan Makokha w’imyaka 31 bagejejwe mu rukiko  bashinjwa guteza urusaku. Ni nyuma y’aho umupfumu witwa Magoola Twaha yageragezaga kubatandukanya. Nyuma y’ibi byose polisi yaje kugera kuri ‘lodge’ yitwa Palm Guest […]

Amb. Nduhungirehe ntiyatunguwe n’icyemezo cy’ishyaka ry’Abasosiyalisiti mu Bufaransa

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje kudatungurwa n’icyemezo cy’ishyaka ry’Abasosiyalisiti mu Bufaransa (Parti Socialiste) cyo kutifatanya n’andi mashyaka mu gusaba Perezida Emmanuel Macron kuzitabira imihango yo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi akazanafata ijambo akavugisha ukuri ku ruhare rw’u Bufaransa . Ni nyuma kuri uyu wa Mbere, itariki 15 […]

Chameleone: Muzabona inkubi muri politiki itazasiga n’ibyatsi bigihagaze

Umuhanzi wamamaye mu Bugande, Joseph Mayanja uzwi nka Chameleone yasabye abamushyigikiye kuba maso ngo kuko mu 2021 azakura ku ntebe umuyobozi w’umugi wa Kampala, Erias Lukwango, ayicareho. Chameleone yakomeje ashimangira ku umwaka w’2021 uzatorwamo umukuru w’igihugu cy’ Ubugande uzamubera mwiza, haba ku bafana n’abakunzi be. Yakomeje abwira aba baturage bo mu gace ka Kawempe yavukiyemo […]

Bujumbura: Umuyobozi w’Imbonerakure yishwe akubiswe ubuhiri

Ndihokubwayo Jean Claude wari umuyobozi w’Imbonerakure z’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi mu Burundi, mu gace ka Rohero, Komini Mukaza yishwe n’abantu bataramenyekana. Jean Claude yiciwe mu mujyi wa Bujumbura ahagana saa moya z’ijoro (19:00), ryo ku Cyumweru tariki ya 15 Mata 2019,  hafi y’ikicaro gikuru cya Banki ya Bancobu, akubiswe impiri mu mutwe n’umuntu […]

Gicumbi: Bazesa umuhigo wo gukurikirana umugoroba w’ababyeyi batawitabira

Nyobozi y’Akarere ka Gicumbi ivuga ko umuhigo wo gukurikirana ibikorwa by’umugoroba w’ababyeyi ugeze kuri 75% weswa, nyamara abajyanama bo bakayisaba guhuza imibare n’ubwitabirwe bwabo bukiri hasi. Ubwo inama njyanama ya Gicumbi yateranaga kuri iki cyumweru tariki 14 Mata 2019, komite nyobozi yerekanye ko  mu mihigo 65 yiyemeje harimo uwo gukurikirana uko umugoroba w’ababyeyi ukorwa, bikaba […]

Perezida Tshisekedi yasabwe kwimura umurambo wa Mzee Kabila no kubura urubanza rw’abamwishe

Ishyaka CRDD (Conscience RĂ©publicaine pour la DĂ©mocratie et le DĂ©veloppement) niryo risaba Perezida Tshisekedi Felix umaze amezi ane atorewe kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gusubirishamo vuba urubanza n’abahamwe n’icyaha cyo kwica Perezida Laurent-DĂ©sirĂ© Kabila.   Iri shyaka ryagejeje ubusabe bwaryo kuri Perezida ribicishije mu itangazo ryasohoye rishyirwaho umukono na Perezida waryo, Huit Mulongo, unasaba […]

Kwibuka25: Hibutswe Abatutsi biciwe I Ruhanga

Kuwa mbere tariki ya 15 Mata 2019, Abanyarwanda baturutse hirya no hino baje kwibukira ku rwibutso rw’I Ruhanga (i Rusororo) mu Karere ka Gasabo kuri uyu wa mbere tariki 15 Mata 2019, hibukwa Abatutsi basaga 15000 biciwe ku rusengero rw’Abangilikani rwa EAR Ruhanga mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo. Uru rusengero ubu ni […]

Umunyarwanda Kayihura Modeste wiyita umuhanuzi yirukanwe mu Burundi

Umunyarwanda, Kayihura Modeste wiyita Umuhanuzi yirukanwe mu gihugu cy’u Burundi ashinjwa ibyaha bitandukanye birimo gufata ku ngufu. Igipolisi cy’u Burundi kikaba cyatangaje ko kuri uyu wa Mbere, itariki 15 Mata, hafashwe icyemezo cyo gusubiza Kayihura Modeste mu Rwanda kuko ari ho akomoka. Uyu mugabo uvuga ko abona ibyo abandi batabasha kubona nk’uko urubuga Ubmnews rwo […]

Bamwe mu bakora mu rwego rw'ubuzima mu Rwanda batangiye gukingirwa Ebola

Leta y’U Rwanda yatangiye gukingira indwara ya Ebola bamwe mu bakozi bo mu rwego rw’ubuzima bikekwa ko bashobora kuba bahura n’abarwayi mu gihe iyi ndwara imaze igihe ivugwa muri Kongo bituranye, yaba igeze mu Rwanda. Uru rukingo rukiri mu rwego rw’igeragezwa ngo ruzahabwa abakozi bo ku rwego rw’ubuzima bakorera imirimo inyuranye mu bitaro n’amavuriro matoya. […]

Nyamagabe: Hafashwe imodoka ipakiye ibiro 67 by'urumogi

Ibi Polisi ibitangaje kuri uyu wa 14 Mata nyuma yaho mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Kitabi hafatiwe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota corolla RAA 388 N ipakiye ibiro 67 by’urumogi. Iyi modoka yavaga mu karere ka Rusizi yerekeza mu karere ka Huye, yari itwawe na Sibomana w’imyaka 28 ari kumwe na Nkurunziza […]

USA: Pete Buttigieg arashaka kuba perezida wa mbere wemera ko ari umutinganyi

Umuyobozi w’umugi wa South Bend muri Indiana, Pete Buttigieg wiyemereye ko ari umutinganyi mu 2015, yatangiye kwiyamamariza umwanya wo kuba umukandida uzahagararira ishyaka ry’abademukarate mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2020. Pete afite iturufu yo kuzana politiki ihabanye n’iyo umukuru w’igihugu, Donald afite yo avuga ko itakigezweho. Aramutse abaye perezida, ngo yagabanya intwaro mu baturage, […]

Kiliziya ya Notre Dame de Paris yahiye, Macron asubika gahunda ye

Kiliziya ya Notre Dame de Paris iherereye mu mugi wa Paris mu Bufaransa ifashwe n’inkongi y’umuriro ku mugoroba w’uyu wa 15 Mata, ituma Perezida Emmanuel Macron asubika imbwirwaruhame ye. Inzego z’umutekano muri uyu mugi zivuga ko iyi nkongi yaje ari impanuka(nta muntu uri inyuma yayo) ahubwo ishobora kuba yatewe n’ibikorwa byo gusana iyi kiliziya. Iyi […]

Irobo rizwi nka Sophia rizitabira inama mpuzamahanga yita ku ikoranabuhanga i Kigali

Umunyamabanya w’ikigo gitegura inama mpuzamahanga yita ku ikoranabuhnaga muri Afrika,Transform Afurika, yatangaje ko banejejwe no gutangaza ko irobo rimeze nk’umuntu rizwi nka Sophia rizitabira inama iteganyijwe ku wa 14 kugeza ku wa 17 Gicurasi, i Kigali. Sophia ni Robot imeze nk’umuntu neza neza. Ifite ibice by’umubiri bimeze nk’iby’umuntu. Ifite umutwe, amaso abiri,amaboko abiri,amaguru abiri,umunwa n’ibindi […]

Afrika y’ Epfo: Abimukira bagabweho ibitero habura ubiryozwa

Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu, Human Right Watch, kuri uyu wa 15 Mata 2019, wasabye Leta y’Afurika y’Epfo kugeza imbere y’ubushinjacaha abagize uruhare mu bitero byagabwe ku bimukira mu byumweru bitatu byashize. Ibyo bitero bishingiye ku ivangura byasize abimukira bo muri Malawi basaga 300 bakuwe mu byabo, bihitana abimukira 6 abandi benshi barakomereka. Nk’uko […]

Ngoma: Basabwe gutanga amakuru y’ahari imibiri y’abishwe muri jenoside itarashyingurwa mu cyubahiro

Ku mugoroba wo ku cyumweru tariki ya 14 Mata 2019 mu Karere ka Ngoma habaye umugoroba wo kwibuka Abatutsi 25.000 bashyinguwe mu Rwibutso rwa Kibungo ruherereye mu Murenge wa Kibungo. Mu butumwa umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba yagejeje ku baturage bitabiriye uwo mugoroba wo kwibuka yabasabye gutanga amakuru bakavuga ahari imibiri y’Abatutsi bishwe muri jenoside kugirango nayo […]

Umugore wari mu b’imbere mu myigaragambyo yahiritse Omar Bashir arahigwa bukware

Umugore wari mu b’imbere mu myigaragambyo yahiritse ubutegetsi bwa Omar El Bashir, Alaa Salah arashakiswa bikomeye n’abari bashyigikiye uyu muperezida. Mu gihe cy’imyigaragambyo karundura, Salah yagaragaye ari hejuru y’imodoka mu Mujyi wa Khartoum ari nako avuga ubutumwa bukubita ahababaza ubutegetsi bwa Bashir by’umwihariko ku ibura rya demukarasi n’imiyoborere myiza mu gihugu cye. Nyuma y’iyi myigaragambyo, […]

Amb. Eugene Gasana mu bukangurambaga bwa RNC kuva mu 2016

Ambasaderi Eugene Gasana, wahoze ahagarariye u Rwanda muri Loni mbere yo kwanga kugaruka mu gihugu asimbuwe kuri uyu mwanya mu 2016, ngo yaba yaratangiye gukorera RNC kuva icyo gihe aho agenda akora ingendo zitandukanye hirya no hino ku Isi mu bukangurambuga bwa RNC akoresheje ibyangombwa bya Uganda nyuma yo kubeshya inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri […]

Kwibuka no kunamira abacu bazize Jenoside ni inshingano dufite twese nk'Abanyarwanda- Hon. Mukabalisa

Perezida w’Inteko Nshingamategeko, umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatile avuga ko kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ari ugusubiza abambuwe agaciro kabo ubwo bicwaga, bityo ko ntawe ukwiye kubiharirwa ahubwo ko ari iby’Abanyarwanda bose. Yabitangarije i Nyamata mu Karere ka Bugesera, ahabereye umuhango wo Kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biciwe muri aka Karere. Akavuga ko n’ubwo hari […]

Nyamasheke: Abarokotse Jenoside bashimiye umupasiteri wabarokoye

Kwibuka abari  abashumba b’amaparuwasi, n’abandi bayoboke  b’itorero ADEPR ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke  bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi  byaranzwe no gushimira  by’umwihariko RĂ©v.pasiteri  Nzabagurira Fabien, umushumba wa paruwasi ya Buhinga warokoye abagera ku 10 barimo abo mu muryango w’umushumba wari umwungirije, bayoboranaga muri Paruwasi ya Korwe, mu murenge wa  Kanjongo w’ubum RĂ©v.pasiteri  Murekezi Thomas. Nk’uko […]

Burundi: Umuturage wari uvuye gusura umugore we mu bitaro yagizwe intere n’Imbonerakure

Umuturage witwa Gatera Ernest wo mu gace ka Kavugangoma, Komini Mwakiro, Intara ya Muyinga, arembye bikomeye nyuma yo gukubitwa akagirwa intere n’Imbonerakure zigizwe n’urubyiruko rw’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi. Gatera Ernest yakubiswe ku wa Gatanu tariki ya 12 Mata 2019,  ubwo yari avuye ku kigo nderabuzima cya Rugabano, gusura umugore we wari ku […]

Iburasirazuba: Abayobozi basabwe kwirinda kuvangura abo bayobora bakababonamo ubunyarwanda

Mu muhango wo kwibuka abari abakozi n’abayobozi ba perefegitura n’amasuperefegitura, Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba yasabye abayobozi n’abakozi kwirinda ivangura abo bayobora bakababonamo ubunyarwanda aho kubabonamo amoko . Guverineri Mufulukye Fred yabwiye abayobozi ko bakwiye gutandukana n’abayobozi ba mbere ya jenoside baranzwe n’amacakubiri bakica abo bakoranaga ndetse n’abaturage bari bashinzwe kuyobora. Yagize ati: “Hari generation yaranzwe n’ivangura iza […]

U Bufaransa bwafatiriye imitungo y’abantu bane begereye ubutegetsi mu Burundi

U Bufaransa bwatangaje ko bwafatiriye imitungo y’abayobozi bane b’u Burundi bushinja kubangamira demokarasi cyangwa uruhare mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi byakozwe mu 2015 nyuma y’aho Perezida Nkurunziza atangarije ko aziyamamariza iyi manda yenda gusoza nk’uko iteka ryagiye ahagaragara kuri iki Cyumweru, itariki 14 Mata mu Igazeti ya Leta rivuga. Abantu imitungo yabo iri mu Bufaransa […]

Sudani: Abari bagize Guverinoma ya Omar Al-Bashir batawe muri yombi

Abari bagize guverinoma ya Perezida Omar Al-Bashir uherutse guhirikwa ku gitutu cy’abigaragambya muri Sudani, batawe muri yombi n’Akanama k’inzibacyuho ka gisirikare kayoboye igihugu Aka kanama kanasezeranyije ko nta uzongera gutatanya abigaragambya. Umuvugizi w’aka kanama yasabye abo ku ruhande rutavuga rumwe na Leta guhitamo Minisitiri w’intebe kandi ko bazubahiriza ibyifuzo byabo. Kuva mu kwa 12 umwaka […]

Karongi: Baragaya abiyitaga abakozi b'Imana bijanditse muri Jenoside

Ubuyobozi n’abakristo b’itorero ADEPR  mu karere ka  Karongi  bagaya byimazeyo abiyitaga abakozi b’Imana bijanditse muri Jenoside yakorewe abatutsi bakica abo basenganaga n’ababayoboraga muri uwo murimo. Babigaragaje mu muhango wo kwibuka abari abapasiteri, abadiyakoni n’abandi bakristo b’iri torero bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi, abamaze kumenyekana ubu bakaba ari 703, amazina yabo yanditse ku kimenyetso cy’amateka ya […]

Ubuhamya bwa Munyanshoza Dieudonné wajombywe icumu mu rubavu anajugunywa muri Nyabarongo

Munyanshoza DieudonnĂ© warokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, atanga ubuhamya bw’ibihe bigoye yanyuzemo muri jenoside, avuga ko yamugizeho ingaruka mu buryo butandukanye burimo kuba yarabuze bamwe bo mu muryango we, kutiga kandi yari afite ubwenge n’ibindi bikomere bitandukanye. Ni umugabo, arubatse, afite abana n’umugore, akaba atuye mu Kagari ka Rutonde, Umurenge wa Shyorongi, […]

Libya: Loni iratabariza abimukira n’impunzi bafunze mu gihe imirwano ikomeje gufata intera

Amashami y’Umuryango w’Abibumbye ashinzwe ubutabazi aratabariza ibihumbi by’impunzi n’abimukira bafungiwe mu magereza yo muri Libiya ari hafi y’ahabera imirwano, aho ubuzima bwabo busa n’uburi mu kaga. Mu gihe umutekano mu murwa mukuru Tripoli ukomeje kugenda wangirika kubera imirwano irimo kubera mu nkengero zawo isatira mu mujyi rwagati, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, riratangaza […]

Uyu munsi iyo umenya ibyaguhesha amahoro!

Musomyi wa Bwiza.com urahiriwe ku bw’iyi nkuru igusaba kumenya ibyaguhesha amahoro cyane cyane muri kino gihe wugarijwe n’ibibazo ukaba warabuze epfo na ruguru. Ibibazo urimo byaguteye intimba, agahinda n’amarira adakama bityo ukaba ufite kwiheba kurenze. Reka nkubwire n’ushake urire kuko muri kamere muntu ibyo bibaho, na Yesu ubwe mu mateka ye Bibliya itwereka ko nawe […]

Musanze: Inka z’abayobozi bakomeye ziragirwa mu birayi by’abaturage uvuze agakubitwa

Abaturage bo mu Murenge wa Cyuve barataka ihohoterwa bakorerwa n’abashumba biyita ab’abayobozi bakomeye baragira inka mu birayi byabo, bagira icyo bavuga bagakubitwa. Bamwe muri aba baturage babwiye RBA dukesha iyi nkuru bavuze ko aba bashumba bavuga ko ibyo bakora nta kibazo kirimo kuko ngo abo ba Afande bahemba abadaso icumi ku munsi naho ‘home guards’bagahemba […]

Namaze amasaha abiri nseka- Mushiki wa Diamond amaze kubona indirimbo ya se

Mushiki w’umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania, Queen Darleen avuga ko yamaze amasaha abiri arimo guseka nyuma yo kubona indirimbo se, Mzee Juma, yaririmbyemo. Juma yakoranye indirimbo n’abahanzi bo muri Tanzania, Sungura Madini na  Blod Gaza, bise “Umenikamata”, Darleen avuga ko iteye ibitwenge. Queen Darleen avuga ko amaze kuyibona, yasetse cyane kugera ubwo umutwe umurya, […]

Kunanirwa kwihangana ni ko gutsindwa intambara- Gandhi

Nk’uko twabibizeje gukomeza tubagezaho amagambo atagira uko asa yavuze n’impirimbanyi y’amahoro wagejeje u Buhundi ku ubwigenge bigobotora ingoma y’ubukoloni y’Abongereza , intambara Gandhi yarwanye ntiyigeze irangwamo ibikorwa by’urugomo nko kumena amaraso ahubwo yahamagariraga abene gihugu kutumvira no kutubaha ubutegetsi bw’ubukoloni. Ubu buryo bwatumye bagera ku ntsinzi kandi ibihugu bitari bike ku isi byigana ubu buryo […]

Umusirikare wa FARDC ushinjwa kwica umunyeshuri yakatiwe igihano cy’urupfu

Umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yakatiwe igihano cy’urupfu n’urukiko rwa gisirikare, ashinjwa kwica umunyeshuri wigaga muri Kaminuza. Uyu musirikare yakatiwe n’urukiko ku wa Gatanu tariki ya 12 Mata 2019, n’urukiko rwa gisirikare rwa Butembo muri Teritwari ya Beni, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umunyeshuri wo muri kaminuza ya Butembo, mu Ntara […]

The Ben mu iserukiramuco rizamuhuza n’ibyamamare byinshi by'Afurika

Mugisha Benjamin cyangwa se The Ben, ku izina ryo mu muziki, agiye guhurira n’ibyamamare byinshi by’Afurika muri kamwe mu duce tw’iserukiramuco kazabera i New York ku wa 10 Kanama. Muri aba bahanzi harimo Diamond Platinumz wo muri Tanzania, Harmonize wa Tanzania, Wyclef Jean wo muri Haiti, Burna Boy wa Nigeria, 2Face, Tekno wa Nigeria, Tiwa […]

Muhanga: Kuganiriza ingo zibanye nabi ni imwe mu ngamba zo kurandura amakimbirane yo mu ngo

Mu Karere ka Muhanga hari abagore bavuga ko bagifite impungenge z’ubuzima bwabo bitewe n’abagabo babo bakibakubita bitwaje umuco wa cyera wo kumva ko umugore yakubitwaga ,intandaro y’aya makimbirane ngo ni ukumva ko umugabo ari we ufite ijambo rya nyuma ku mikoreshereze y’umutungo w’urugo . Mu Kagari ka Nyarunyinya mu Murenge wa Cyeza ni hamwe mu […]

Kiliziya yandikiye Abanyarwanda ibaruwa isaba imbabazi ku bw'itangazo yatanze mu cyunamo

Kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 13 Mata, Kiliziya Gatulika yandikiye Abanyarwanda ibasaba imbabazi ku bw’ubusabe yatanze mu gihe cy’icyunamo bugakomeretsa benshi. Muri iyi baruwa yashyizweho umukono na Perezida w’Inama y’Abepiskopi mu Rwanda, Myr Filipo Rukamba yafunguye igira iti: “Muri iyi minsi Abepiskopi Gatolika twandikiye abakirisitu tubashishikariza gukomeza guharanira ubumwe n’ubwiyunge, gusaba imbabazi no kuzitanga […]