Abanyarwanda baturiye umupaka ntibaremererwa kujya muri Uganda nk’uko biherutse gutangazwa

Nyuma y’aho ikinyamakuru The East African gitangarije ko umwuka mubi wagabanyutse ku mupaka w’u Rwanda na Uganda nyuma yo kugirana ibiganiro n’abaturage baturiye umupaka wa Gatuna bakakibwira ko bemerewe kwambuka bakajya muri Uganda ariko babanje kubimenyesha ubuyobozi, biravugwa ko ibi atari ukuri nta cyahindutse nk’uko byemejwe na bamwe mu bayobozi. Abayobozi b’u Rwanda bazi neza […]

Umugore wavaga i Bujumbura yafatanwe amasasu ku mupaka wa Congo

Igisirikare cya Congo (FARDC) gitangaza ko cyafatanye umugore wavaga i Burundi amasasu agera mu 690, ubwo yari ageze ku mupaka ashaka kwinjira ku butaka bwabo. Umuvugizi wa FARDC, Capt. Kaseleka DieudonnĂ© atangaza ko uyu mugore yafatiwe muri Teritwari ya Uvira, ikora ku mupaka w’u Burundi na RDC. Ati “Yafashwe ku wa Kane w’icyumweru gishize ageze […]

Sri Lanka: Byibuze abantu 290 bahitanywe n’ibisasu ahantu hatandukanye kuri Pasika

Abantu 290 nibo bamaze kubarurwa bapfuye abandi babarirwa muri 500 bakaba bakomeretse mu gihugu cya Sri Lanka nyuma y’ibisasu byaturikiye mu nsengero no mu mahoteli anyuranye kuri Pasika nk’uko byatangajwe n’abayobozi. Abantu 24 bakekwaho gutega ibyo bisasu batawe muri yombi, minisitiri w’umutekano, Ruwan Wijewardene akaba avuga ko abakoze aya mahano ari abahezanguni bashingiye ku myemerere […]

Rutamu Elie Joe yagaragaje uwo yeguriye umutima we- AMAFOTO

 Rutamu Elie Joe wamenyekanye cyane mu makuru y’imikino mu Rwanda nyuma akaza gusezera mu itangazamakuru agiye mu mahanga, yashyize hanze ifoto y’umukobwa witwa Nyinawabeza Rebecca, avuga ko ariwe yeguriye umutima we. N’ubwo uyu musore atatangaje byinshi kuri uyu mukunzi we, abicishije ku rukuta rwe rwa Facebook, yashyizeho ifoto ari kumwe n’uwo mukobwa n’amagambo yuje urukundo. […]

Zimbabwe: ubukungu bukomeje kuzahara na nyuma y’ubuyobozi bwa Mugabe

Mu cyumweru cyashize, igiciro cy’umugati muri Zimbabwe cyikubye kabiri, amafaranga akomeza guta agaciro. Icyo ni kimwe mu byaranze ubutegenzi bw’igihe kirekire bw’uwahoze ari perezida, Robert Mugabe. Cyongeye kugariza icyo gihugu mu gihe kiyobowe n’uwamusimbuye, Emerson Mnangagwa. Kugeza ubu, umugati wavuye ku mafaranga hafi 1620 RWF(1.80$) ugera ku mafaranga 3150(3.50$).Mnangagwa akimara gufata ubutegetsi yasezeranyije Abanyazimbabwe ko […]

Abantu 13 basengaga bitegura pasika bapfuye nyuma yo kugwirwa n’igikuta cy’urusengero

Abantu 13 bapfiriye mu mpanuka y’igikuta cya Kiliziya cyagwiriye abasengaga bitegura pasika, muri Afurika y’Epfo. Ni impanuka yabaye ku wa 19 Mata, ubwo hari ku wa Kane Mutagatifi. Bitangazwa ko abantu 29 bakomerekejwe  n’icyo gikuta cya kiliziya cyahanutse ubwo imvura nyinshi yagwaga. Abakomeretse bavuriwe mu bitaro bikuru by’Intara ya KwaZulu-Natal, 13 bahita bahasiga ubuzima. Umuvugizi […]

Burundi: Uzashaka kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida azabanza gutanga miliyoni 30

Mu gihe habura umwaka umwe ngo mu Burundi habe amatora y’umukuru w’igihugu, ubu hashyizweho amabwiriza mashya arimo no kuba uzajya ashaka gutanga kandidatire ye,  izajya yakirwa abanje no gutanga miliyoni 30 z’amafaranga y’Amarundi. Ibi ni ibiri mu itegekonshinga ryavuguruwe birebana n’amatora y’umukuru w’igihugu, Abadepite 105 mu 108 bakaba bararyemeye batora yego, mu gihe abandi batatu […]

Rulindo: Bamwe mu baturage baracyaceceka akarengane bagirirwa

Bamwe mu bagize imiryango ya sosiyete sivile mu karere ka Rulindo mu ntara y’amajyaruguru bavuga ko kuba hari ibibazo byinshi bikigaragara mu baturage,ibyinshi bikigaragaza cyane nk’iyo umukuru w’igihugu yasuye akarere runaka ngo biterwa na bamwe mu baturage bagirirwa akarengane n’inzego z’ibanze zibegereye bagaceceka bitewe no kutamenya amategeko abarengera. Ni bimwe mu byagaragajwe mu biganiro hagati […]

Uganda: Bobi Wine yahawe ‘nyirantarengwa’ mu gitaramo ke cya Pasika

Umuhanzi akaba n’umudepite muri Uganda, Robert Kyagulanyi cyangwa se Bobi Wine, yahawe umurongo ngenderwaho mu gitaramo cya Pasika yateguye kuri uyu wa mbere. Bobi Wine usa n’uri ku musozo w’imyiteguro y’iki gitaramo, yavuze ko icyo yakoze ari ukumenyesha inzego z’umutekano iby’igitaramo ke, aho kuzisaba uburenganzira. Aya ni amagambo yatangarije abafana n’abakunzi be ku wa 16 […]

Burundi: Abaturage batewe ubwoba n’ imyitozo ya gisirikare Imbonerakure zirimo guhabwa

Abaturage bo mu Ntara ya Bururi, mu Burundi, bafite impungenge z’umutekano wabo bitewe n’imyitozo Imbonerakure zigizwe n’urubyiruko rw’ishyaka CNDD- FDD riri ku butegetsi ruhabwa ku musozi wa Kibimbi. Abaturag baturiye aka gace bavuga ko nta n’umwe wemerewe kuba yabaza ibirimo kubera aho. Umusozi wa Kibimbi iyi myitozo ya gisirikare Imbonerakure zirimo kuhakorera, ngo usanzwe udatuwe, […]

Uganda yaba ikomeje kurunda ingabo zayo hafi y’umupaka w’u Rwanda bucece

Mu gihe umwuka mubi mu mibanire y’u Rwanda na Uganda ukomeje, ibihugu byombi birashinjwa kuba birimo kurunda ingabo ku mipaka bucece, aho habanje kuvugwa u Rwanda mu kwezi gushize none bikaba bivugwa ko Uganda nayo irimo irarunda ingabo kabuhariwe ku mupaka wayo n’u Rwanda kandi bigakorwa bucece. Urubuga Eyalama News dukesha iyi nkuru ruvuga ko […]

Ku ruhande rw’u Rwanda hamaze kuboneka imirambo 15 y’abaguye mu mpanuka mu Kiyaga cya Kivu

Ubutabazi bw’u Rwanda kuri uyu wa Gatandatu bwabonye imirambo 15 y’abantu baguye mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu ijoro ryo kuwa 16 Mata mu Kiyaga cya Kivu mu burasirazuba bwa Congo. Iyi mirambo yabonetse ku nkengero z’ikiyaga ku ruhande rw’u Rwanda nk’uko abayobozi I Gisenyi babitangarije AFP. Amato atanu y’ubutabazi yari akiri mu kiyaga akomeje gushakisha […]

Yafashwe abaga imbwa ashaka gukuraho inyama zo kugurisha kuri Pasika

Mu gihe haburaga amasaha makeya ngo Pasika ibe, aho imiryango myinshi igura inyama zo kurya mu rwego rwo kwizihiza uyu munsi hibukwa izuka rya Yesu, umugabo wo mu Karere ka Mbarara muri Uganda yatawe muri yombi ari kubaga imbwa ngo agurishe inyama zayo. Uyu mugabo witwa Sadru Mustafa ngo akaba yafashwe n’abaturage abaga imbwa mu […]

Sudani: Mu rugo rwa Omar Bashir hafatiwe imifuka ipakiyemo asaga miliyoni 130$

Mu rugo rwa Omar al-Bashir wahoze ari Perezida wa Sudani hafatiwe imifuka ipakiyemo akayabo k’amafaranga akoreshwa ahantu hatandukanye none yatangiye gukorwaho iperereza ku byaha by’iyezandonke nk’uko byatangajwe n’abashinjacyaha kuri uyu wa Gatandatu. Inzego zishinzwe umutekano zikaba zasanze mu rugo rwa Bashir Amayero, Amadolari n’amafaranga akoreshwa muri Sudani yose hamwe akaba asaga miliyoni 130 z’Amadolari cyangwa […]

Burera: Hafatiwe Prado ipakiye ibicuruzwa bya magendu

Ku makuru yatanzwe n’abaturage Polisi ikorera mu karere ka Burera yafashe imodoka Prado RAA 534Q ipakiye ibicuruzwa bya magendu. Kuri uyu wa 19 Mata nibwo imodoka Prado RAA 534Q yafatiwe mu murenge wa Nemba ipakiye ibicuruzwa bya magendu byiganjemo imyenda ya caguwa. Chief Inspector of Police (CIP) Alex Rugigana Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyaruguru […]

Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wongeye gukoreshwa.

Kuri uyu wa 20 Mata 2019, Abanyarwanda baturiye umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda, batangaje ko muri iyi minsi bashobora kujya muri Uganda nta mananiza menshi. Ibyo bikaba bibaye bwa mbere nyuma y’amezi agera kuri abiri umubano w’ibihugu byombi utifashe neza.Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wongeye gukoreshwa. Icyo ni ikimenyetso […]

Amabanga yagufasha kumenya indimi z’amahanga

Ururimi ni igikoresho cyifashishwa mu itumanaho hagati y’umuntu n’undi. Kumenya indimi z’amahanga byagufasha kumvikana n’umuntu uturuka mu gihugu kimwe n’ikindi. Indimi zagufasha kugira inshuti zitandukanye nta mupaka. Ururimi ni kimwe mu bituma habaho gufata imico y’abandi bantu cyangwa se ibindi bihugu. Twavuga ko ari igikoresho ndangamuco. Rwifashishwa kandi mu bubanyi n’amahanga, aho usanga ibihugu bikoresha […]

RDC: Umuganga ukomoka muri Cameroun yiciwe mu gitero cy’abantu bitwaje intwaro

Umuganga ukomoka mu gihugu cya Cameroun kuri uyu wa Gatanu, itariki 19 Mata, yiciwe i Butembo, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu gitero abantu bitwaje intwaro bagabye ku itsinda ry’itsinda ry’abantu bashinzwe gutabara ahumvikanye indwara ya Ebola mu ivuriro rya kaminuza gaturika izwi nka ‘UniversitĂ© catholique du Graben’ Aya makuru akaba yatanzwe n’umuyobozi w’Umujyi […]

Misiri: Babyukiye mu matora ya referandumu ashobora kuzatuma Sisi ayobora kugeza mu 2030

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Mata, Abanyamisiri babyukiye mu matora ku ihindurwa ry’itegeko nshinga ashobora kuzatuma Perezida Abdel Fattah al-Sisi aguma ku butegetsi kugeza mu 2030. Abashyigikiye Perezida Sisi bavuga ko impinduka mu itegeko nshinga ari ngombwa kugirango ahabwe igihe cyo kurangiza imishinga y’ingenzi n’amavugurura y’ubukungu. Abamunenga bo baravuga ko imbaraga nyinshi bari kuzirunda […]

Tariki 20 Mata 1994: Umunsi uwari Umunyamabanga wa Loni yateje urujijo ku byaberaga mu Rwanda

Ku itariki 20 Mata 1994 mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije, nibwo uwari Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Boutros-Boutros Ghali yateye urujijo abakurikiranaga ibibera mu Rwanda ubwo yavugaga ko “ Abahutu bari kwica Abatutsi kandi Abatutsi barimo kwica Abahutu ”. Icyo gihe Boutros-Boutros Ghali ngo yaboneyeho guhamagarira icyo yise impande zari zihanganye (abakoraga jenoside na […]

Islamic State yigambye igitero cya mbere muri Congo inayita intara yayo muri Afurika yo hagati

Umutwe w’iterabwoba wa Islamic State wari umenyerewe cyane mu Burasirazuba bwo hagati no muri Afurika y’uburengerazuba, wigambye ko wagabye igitero cyawo cya mbere muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda. Uyu mutwe mu itangazo washyize ahagaragara kuwa Kane ushize wavuze ko abarwanyi bawo bateye ibirindiro by’Igisirikare cya Congo biherereye ahitwa Kamango, […]

Ubwami bwa Buganda bwanenze Leta ya Museveni

Umwami wa Buganda,  Kabaka Ronald Muwenda Mutebi II yanenze ubutegetsi buberewe ku isonga na  Perezida Museveni  abushinja gupyinagaza ubwisanzure bw’abaturage ba Uganda. Mu butumwa bwe bwa Pasika, Umwami Mutebi avuga ko ubutegetsi buri mu bikorwa byo kwambura abaturage ubutaka bwabo mu bwami bwe ndetse no mu bindi bice bigize iki gihugu ariko ko ikibazo kimuraje […]

Amategeko agenga ibiryabarezi agiye kuvugururwa

Olivier Gasore, ukora muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda,ufite mu nshingano ze imikino y’amahirwe, yatangaje ko iyo minisiteri irimo kuvugurura amategeko agenga iyi mikino , abensi bita ‘ibiryabarezi’. Ni amavuhurura agiye gukorwa nyuma y’uko abaturage benshi bagaragaza ko ibiryabarezi ari kimwe mu bituma ibyaha byiyongera. Noel Hategekimana, utuye mu murenge wa Kacyiru,akarere ka Gasabo, avuga ko n’ubwo […]

Gakenke: Yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amashashi asaga ibihumbi 34

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’amajyaruguru imaze iminsi mu bikorwa byo kurwanya ubucuruzi bwa magendu. Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Mata 2019, k’ubufatanye n’abaturage Polisi yafashe umuturage witwa  Ayishakiye Theoneste ufite imyaka 34,wafatanwe ibipfunyika by’amashashi ibihumbi 34,200, avuye mu Karere ka Musanze yerekeza mu Karere ka Gakenke ari naho […]

Abantu bitwikiriye ijoro bishe banabaga inka y’uwarokotse jenoside muri Karongi

Abantu bataramenyekana  bitwikiriye ijoro bica inka y’umuturage witwa Simon Ntazinda warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibi byabaye mu ijoro ryo kuwa Kane tariki 18 Mata 2019. Bamwe mu baturage bavuga ko iyi nka yaba yaratemwe ikicwa bitewe n’ubuhamya uyu mugabo   yatanze  ubwo icyumweru cy’icyunamo cyasozwaga. Ubwo hasozwaga icyumweru cyahariwe Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyumweru gishize, […]

Ubuhinde: Yikase urutoki nyuma yo gutora ishyaka atagambiriye

Ku wa 18 Mata, Umuhinde yikase urutoki nyuma yo kwibeshya agatora ishyaka atagambiriye. Yavuze ko ari igikorwa cyamubabaje, bituma ananirwa gucunga agahinda ke. Pawan Kumar watoye ku nshuro ya mbere mu buzima, yabwiye kimwe mu bitangazamakuru byo muri iki gihugu ko yari afite gahunda yo gutora ishyaka rya Bahujan Samaj mu kiciro cya kabiri cy’amatora. […]

RDC: Moise Katumbi yakuriweho igifungo yari yarakatiwe

Urukiko rwo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, rwagize umwere Moise Katumbi, rumuvaniraho n’igifungo cy’imyaka itatu yari yarakatiwe mu 2016. Ni mu itangazo ryashyizwe mu ruhame kuri uyu wa 19 Mata. Ubundi, ku wa 17 ni bwo uru rukiko rwafashe umwanzuro wo kubohora Katumbi wahoze ari umuyobozi w’intara ya Katanga ariko ntibyari byagatangajwe. Umunyamategeko wa […]

Liberia: Inzoka zimuye Umukuru w’Igihugu mu biro.

Perezida wa Liberia, George Weah ubu ari gukorera akazi ke mu rugo nyuma yo gusanga inzoka ebyiri mu nyubako irimo ibiro yakoreragamo. Amakuru aravuga ko ku wa gatatu w’iki cyumweru ari bwo inzoka ebyiri z’umukara zaturutse mu mwobo uri aho bakirira abantu. Umunyamabanga wungirije ushinzwe itangazamakuru, Smith Toby yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press ko […]

Uganda ivuga ko hari ingabo z’u Rwanda zinjiye ku butaka bwayo

Igitangazamakuru gikorera kuri interineti cyo muri Uganda, Chimpreports gitangaza ko Ingabo z’u Rwanda zinjiye ku butaka bwa Uganda mu Karere ka Kisoro. Mu nkuru yacyo yo kuwa 18 Mata ifite umutwe ugira uti “ Tension flares as  Rwandan soldiers cross into Uganda” ugenekereje mu Kinyarwanda ari byo kuvuga ngo “Igikuba cyacitse nyuma y’aho ingabo z’u […]

Opinion : Amaraso y’Abatutsi ntakwiye kuba ayo gushakisha icyubahiro cyangwa ikuzo mu bantu- Ubutumwa ku muryango w’Abasilamu

Taliki ya 14 Mata 2019, Akarere ka Rwamagana n’Umuryango w’Abasilamu mu Rwanda bifatanije n’abandi banyarwanda mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 25 jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Uwo muhango wabereye i Mabare aho bumvise ubuhamya bw’Abasilamu baho bayobowe na Imamu Rashidi Bagabo, maze bose bashima imyitwarire yabo mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi […]

Nyamasheke: Itorero Méthodiste Libre riragaya abari abayoboke baryo bijanditse muri Jenoside

Ubuyobozi bwa conference ya Kibogora mu itorero MĂ©thodiste Libre mu Rwanda buragaya abari abayoboke b’iri torero bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni bimwe mu byatangajwe n’umubwirizwa  wa Conference ya Kibogora muri iri torero,RĂ©v. Psiteri Mushimiyimana SimĂ©on, ubwo abakristo baryo bibukaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi,  harimo abari abapasiteri,abarimu,abaririmbyi,abajyanama n’abandi bakristo,abamaze kumenyekana bose […]

Museveni yemerewe kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida igihe cyose azaba akiriho

Urukiko rw’ikirenga rwa Uganda rwashyigikiye icyemezo cy’urukiko rw’itegekonshinga cyo gukuraho ikigero cy’imyaka 75 y’amavuko nk’imyaka ntarengwa umuntu aba atacyemerewe kwiyamamariza kuba perezida. Bivuze ko Perezida Yoweri Museveni wa Uganda ufite imyaka 74 y’amavuko, ashobora kongera kwiyamamaza mu matora ateganyijwe kuba mu mwaka wa 2021. Ku wa Kane tariki ya 18 Mata 2019,  nibwo abacamanza bane […]

Amerika yohereje intumwa muri Sudan

Leta z’unze ubumwe z’Amerika zohereje intumwa muri Sudan ku wa 18 Mata.2019. Ni intumwa zigamije gufasha mu ishyirwaho ry’ubuyobozi bushingiye kuri demokarasi nyuma y’uko uwari perezida ahiritswe ku butegensi. Uwungirije umunyamabanya wa leta, ushinzwe Afurika y’Iburasira zuba, Makila James azagera I Khartoum muri Sudan muri izi mpera z’icyumweru. Umuvugizi wa leta, Morgan Ortagus, yanavuze ko […]

Uganda: Ukekwaho gushimuta umukerarugendo w’Umunyamerika yagejejwe mu rukiko

Byaruhanga Onesmus w’imyaka 43, uzwi ku izina rya Kaliisa, ku wa 18 Mata yagejejwe mu rukiko ashinjwa ibyaha bitatu n’igipolisi cya Leta ya Uganda.Ibyo byaha akurikiranyweho ni ubujura n’ibindi byaha bibiri bijyanye no kushimuta agamije gusaba amafaranga y’ingurane. Byaruhanga akekwaho kugira uruhare mu ishimutwa ry’umukerarugendo w’Umunyamerika ,Endicott n’umushoferi we Mirenge Jean Paul.Abo bombi bashimutiwe muri […]

Abanyarwanda babiri baburiwe irengero muri Uganda

Abanyarwanda babiri  Sendegeya ThĂ©ogene na Magezi Emmanuel biravugwa ko baburiwe irengero kuva mu mwaka ushize. Abo mu miryango yabo bavuga ko abo bagabo babuze nyuma yo gufatwa n’abasirikare ba Uganda ku birindiro by’ingabo z’icyo gihugu i Mbarara umwaka ushize. Imiryango ya Sendegeya na Magezi ifite impungenge ku buzima bw’abantu babo nyuma y’igihe bamaze batazi aho […]

Mukontorore ibitsina byanyu- Musenyeri Ntagali abwira abakirisitu

Umuyobozi w’Itorero ry’Abaporotesitanti muri Uganda, Mgr Stanley Ntagali yanenze ababyeyi bafata abana ku ngufu ndetse n’ababyarana n’abo batashakanye, abasaba kugenzura irari ry’ibitsina byabo. Ibi  uyu mushumba yabitangaje ubwo yatangaga ubutumwa bwa pasika ku bakirisitu mu kiganiro n’itangazamakuru i Namirembe. Ati “ Babyeyi, mushobora kugenzura irari ry’ibitsina byanyu mukareka gufata ku ngufu abana bityo mukaba indahemuka […]

Inyeshyamba zikomoka muri Uganda zishe abasirikare babiri ba Congo

Abasirikare babiri ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bapfiriye mu mirwano yabahuje n’inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda. Aba basirikare bapfiriye mu mirwano yabaye ku wa Kabiri w’iki cyumweru mu gace ka Bovata/ Watalinga, muri Teritwari ya Beni, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Sosiyeti Sivile muri aka gace itangaza ko hakomerekejwe n’umusivile umwe, nk’uko bitangazwa na […]

Mali: Minisitiri w’Intebe na Guverinoma ye beguye

Nyuma y’ubwicanyi bwakorewe ubwoko bw’Abafulani 160 bo muri Mali, Minisitiri Soumeylou Boubeye Maiga na Guverinoma ye yose beguye. Iyi guverinoma irashinjwa ko itashoboye gushakira umuti iki kibazo cy’ubwicanyi, harimo no gushaka ababukoze ngo bajyanwe mu butabera. Byatumye ku wa gatatu inteko ishingamategeko ihaguruka, itegura amatora y’ikizere. Amatora y’ikizere guverinoma ifitiwe atorwa n’inteko ishingamategeko gusa. Ibi […]

Nyaruguru: Imibiri 333 y'abazize jenoside yashyinguwe mu cyubahiro

Imibiri 333 y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi Kuwa Gatatu itariki 17 Mata 219, yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwa Munini mu Murenge wa  Munini, Akarere ka Nyaruguru. Urwibutso rwa Jenoside rwa Munini rushyinguyemo imibiri isaga 13000 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Imibiri yashyinguwe irimo 285 yabonetse mu Murenge wa Busanze ahubakwaga amashuri. Mu buhamywa bwatanzwe […]

Uvira: FARDC iravuga ko yataye muri yombi inyeshyamba ya RED-Tabara

Inyeshyamba y’Umurundi yo mu mutwe wa RED-Tabara yatawe muri yombi n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC), aho bivugwa ko yafashwe n’ingabo zo muri regiment ya 3303 ikorera Kigoma, muri Teritwari ya Uvira, ho muri Kivu y’Amajyepfo. Nk’uko byatangajwe na FARDC, ngo iyi nyeshyamba ya RED-Tabara kuwa gatatu ushize yagiye gushaka ahantu hari network ngo ivugane […]

Afurika y’Epfo: Dosiye y’iyicwa rya Col Karegeya yasubijwe mu bushinjacyaha ngo bufate umwanzuro

Umucamanza wo mu rukiko rw’ibanze rwa Randburg muri Afurika y’Epfo, kuri uyu wa Kane, itariki 18 Mata yasubije mu bushinjacyaha idosiye y’urubanza ku iyicwa rya Col Patrick Karegeya, aho bugomba gufata icyemezo cyo gukurikirana abashinjwa kurigiramo uruhare cyangwa bukabireka. Muri Mutarama 2019, umucamanza yari yasabye ushinzwe iperereza kugaragaza ibyo yakoze ngo hatabwe muri yombi abanyarwanda […]

Sudani: Abavandimwe babiri ba Omar Al-Bashir batawe muri yombi

Abavandimwe babiri ba Omar Al-Bashir wari Perezida wa Sudani batawe muri yombi nk’uko byatangajwe na Leta y’agateganyo y’iki gihugu. Umuvugizi w’igisirikare, Gen Shams Eddin Kabashi yatangarije Ibiro Ntaramakuru bya Sudani, SUNA, ko Abdullah na Abbas al-Bashir batawe muri yombi mu mu rwego rw’ urugamba rwo kurandurana n’imizi ibyaranze ubutegetsi bwa Bashir. Yongeyeho ko hari n’imitwe […]

Uganda: Perezida Museveni yemerewe bidasubirwaho kuzahatanira manda ya 6

Kuri uyu wa Kane, itariki 18 Mata muri Uganda Urukiko rw’Ikirenga rwemeje itegeko ryemerera umuntu ugejeje ku myaka 75 y’amavuko cyangwa uyirengeje kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu. Bisobanuye ko mu 2021 Perezida Museveni yemerewe kuzahatanira manda ya gatandatu. Ni nyuma y’aho Inteko Ishinga Amategeko yaritoye mu Ukuboza mu 2017, Urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga narwo rukaryemeza […]

Rubavu: Yatawe muri yombi nyuma yo gucuranga indirimbo zibiba urwango n’amacakubiri.

Umuturage witwa Nyabyenda Jean Marie Vianney, utuye mu murenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu, yatawe muri yombi nyuma yo gucurangira mu kabari indirimbo za Bikindi zuje urwango n’amacakubiri. Kigali Today dukesha iyi nkuru iravuga ko Nyabyenda yagiye mu kabari, atangira gucurangira kuri telephone izi ndirimbo. Uretse no kuba izi ndirimbo zuje urwango, zitaka n’izahoze […]

Indirimbo “Dusohoze ikivi” yahurijwemo abahanzi The Ben, Masamba, Tonzi, Aaron Nitunga ibumbatiye ubutumwa

Abahanzi batandukanye barimo The Ben, Masamba Intore, Tonzi, Aaron Nitunga n’abandi batandukanye bahuriye mu ndirimbo yitwa ‘Dusohoze ikivi’yibanda ku gukangurira abantu kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, gukunda igihugu, guhumuriza abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi n’ubundi butumwa butandukanye. Umwanditsi w’iyi ndirimbo, Merchiore Mecky Kayiranga avuga ko igitekerezo cyavuye ku wundi muntu ariko iyi ndirimbo yaje kuyandika akayishyiramo ubutumwa […]

Champions League: Ibigwi by’amakipe yakomereje muri œ cy’irushanwa 2018/2019

Ku wa gatatu, tariki ya 17 Mata, ni bwo Liverpool na Tottenham Hotspurs zujuje umubare w’amakipe ane agomba gukina icyiciro cya œ cy’irushanwa rya UEFA Champions League, asanzemo FC Barcelona na Ajax Amsterdam zakatishije itike ku wa 16. Aya makipe uko ari ane afite ibikombe by’iri rushanwa 14 muri rusange harimo 5 bya Liverpool, 5 […]

Koreya ya Ruguru yakoze ikindi gisasu cya kirimbuzi

Koreya ya Ruguru ivuga ko yagerageje intwaro nshya ifite umutwe uriho igisasu gikomeye, igerageza rya mbere kuva haba ibiganiro hagati ya Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Kim Jong-un, umutegetsi mukuru wa Koreya ya ruguru, muri uyu mwaka. Igitangazamakuru cya leta ya Koreya ya Ruguru nta makuru menshi arenzeho cyatangaje, ariko […]

Nyarugenge: Abamotari bahuguwe biyemeje gukebura bagenzi babo barangwa n’imikorere idahwitse

Polisi y’igihugu ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bayo barimo na Federasiyo y’Abamotari mu Rwanda ( FERWACOTAMU) bahuguye abamotari 500 bo mu Karere ka Nyarugenge. Abahuguwe bavuga ko bagiye gukubita agashyi bagenzi babo bica amategeko y’umuhanda nkana, abakoresha ibiyobyabwenge ndetse n’abagaragaraho umwanda. Ni amahugurwa yabereye mu Kigo cy’urubyiruko (Maison de Jeunes/ Kimisagara) kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Mata 2019. Umuvugizi w’ishami […]

Ifoto ya Yezu yagaragaye ubwo inyubako Notre Dame de Paris yashyaga

Umugore witwa  Lesley Lowan yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga ubwo yashyiraga hanze ifoto isa n’iya Yezu yafashe ubwo inyubako ya Notre Dame de Paris yashyaga. Uyu mugore yahise ashyira iyi foto ku rukuta rwe rwa Facebook mu rwego kugira ngo asangize abandi iby’iyi foto yabonye. Yagize ati “ Ahari ubwonko bwanjye burambeshya. Murebe iyi foto […]

Kirehe: Ubuharike, kimwe mu bikomeje guteza amakimbirane mu ngo

Abagore n’abagabo bo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, bitana bamwana ku waba nyirabayazana w’amakimbirane mu ngo kandi abenshi biyemerera ko babana batarasezeranye. Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe bwemera ko umurenge wa Gahara hari ikibazo cy’amakimbirane mu miryango bukavuga ko ahanini iterwa n’ubuharike. Tubisabimana Noheli utuye mu murenge wa Gahara ni mu karere ka […]

Zari yiteguye kurongorwa vuba n’umugabo wa Gatatu

Umuherwekazi Zari Hassan nyuma yo gutandukana n’umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzania, atangaza ko ubu yitegura gushyingiranwa n’undi musore mu minsi mike iri imbere, ubukwe bukazakorwa mu ibanga. Video yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram, Zari avuga ko muri ubwo bukwe bwe ateganya kuzatumira inshuti ze za hafi ndetse na bake bo mu muryango. Yagize […]

Nta mpamvu yo kujya gushaka serivisi muri Uganda- Gen. Nyamvumba

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba yabwiye abaturiye imipaka na Uganda ko  badakwiye kujya kujya kwaka serivisi muri Uganda mu gihe bakomeje kuzegerezwa n’igihugu cyazo. Igisirikare cy’u Rwanda kuva mu ntangiro z’iki cyumweru kiri gutanga serivisi z’ubuvuzi mu Karere ka Burera kegereye igihugu cya Uganda. Kuri ubu nk’uko The Chronicles ibitangaza, abaturage 800 bamaze […]

Tanzania: Abasirikare barinze inkambi y’Abarundi nk’abiteguye urugamba

Impunzi z’Abarundi zo mu nkambi ya Nduta zitangaza ko zihangayitse nyuma yo kubona abasirikare ba Leta barinze iyi nkambi bafite intwaro zikomeye, ibintu bavuga ko bitari bisanzwe. Izi mpunzi zivuga ko abo basirikare ba Leta bameze nk’abiteguye urugamba. Ibi bikaba bibaye mu gihe hashize iminsi havugwa ko mu mashyamba ari hafi y’iyi nkambi hari umutwe […]

France: Abatubuzi barimo kugerageza kwiba imfashanyo irimo gutangwa ngo Kiliziya iherutse gushya yubakwe

Ikigo gishizwe kubungabunga umurage n’umuco mu Bufaransa, kuri uyu wa 18 Mata cyaburiye abifuza gufasha ko hari abarimo kwitwaza Kiliziya iherutse gushya ‘’Notre Dame De Paris “ bakajijisha abarimo gutanga inkunga, bakayitanga bazi ko barimo gufasha kugira ngo iyo Kiliziya yongere kubakwa.  Icyo kigo gishizwe gucunga umurage n’umuco, French Heritage Foundation,cyavuze ko abo batubuzi barimo […]

Hitezwe umwanzuro w’urukiko ku rubanza rw’abacyekwaho kwica Col. Karegeya

Urukiko rwo muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa 18 Mata ruratangaza umwanzuro warwo ku rubanza rw’abantu bacyekwaho kwica Col. Patrick Karegeya, wari Umuyobozi w’Iperereza ryo hanze y’igihugu cy’u Rwanda. Avuga ku cyo uyu mwanzuro usobanuye ku muryango we, Umugore wa Karegeya ari we Leah Karegeya yabwiye Ijwi ry’Amerika dukesha iyi nkuru ko umwanzuro w’urur rubanza  […]

RDC: Sibomana wari umuyobozi w’inyeshyamba yishyikirije Leta

Kavubi Sibomana wari umuyobozi w’inyeshyamba za Nyantura, ku wa Mbere w’iki cyumweru yishyize mu maboko ya Leta ari kumwe n’indwanyi ze 222. Izi nyeshyamba zishyikirije Leta mu gace ka Kirumbu, Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bakaba beretswe itangazamakuru ku wa Gatatu tariki ya 17 Mata 2019, mu nkambi babaye bacumbikiwemo ya Mubambiro. […]

Nyamasheke: Abarokotse Jenoside ntibavuga rumwe n’akarere ku iyimurwa ry’urwibutso

Abarokotse Jenoside bo mu Mirenge ya Kanjongo, Kagano n’ahandi  bafite ababo bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kibogora ruri mu murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko bafite impungenge ko uru rwibutso rushobora kwimurwa nk’uko babyumva, ariko ko bitabanezeza kubera amateka yihariye agace rwubatswemo gafite. Abafite ababo barushyinguyemo bavuze ko aka gace ka […]

Burundi: Nta munyepolitiki uzongera guhabwa ijambo mu misa- Kiliziya gatolika

Kiliziya gatolika mu Burundi yatangaje kuri uyu wa 17 Mata 2019 ko nta muntu uwari we wese  uzongera guhabwa ijambo mu gihe cya misa  Atari umulayiki. Mu itangazo  inama y’abepisikopi  gatolika mu Burundi yashyize hanze, yagaragaje ko ihagaritse umuco w’abantu bishingikiriza ubabasha bafite muri politiki  mu gihugu bakibwira ko bafite uburenganzira bwo gufata ijambo mu […]