Sudani: Gen Gosh Salah wari ukuriye ubutasi nawe yeguye nyuma yâihirikwa rya Bashir
Gen Gosh Salah wari igikomerezwa mu butegetsi bwa Perezida Omar Al-Bashir, akaba yari akuriye inzego zâiperereza nawe yeguye ku mwanya we akurikira uwayoboye igikorwa cyo gukura Bashir ku butegetsi. Impamvu zaba zatumye Gen Salah (uri ku ifoto) ava kuri uyu mwanya ntizirasobanuka nkâuko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga. Gusa, iyegura rye ryakurikiye imyigaragambyo ikomeye […]
Musha/Rwamagana:Hashyinguwe imibiri 51 yâabatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994
Umuhango wo gusoza icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Rwamagana wabereye kuri Paruwasi ya Musha mu murenge wa Musha hashyingurwa imibiri 51 yâinzirakarengane zazize jenoside yakorewe abatutsi yabonetse mu mirenge ya Musha ,Munyiginya,Gahengeri na Fumbwe Urwibutso ruri kuri Kiliziya ya Musha rushyinguyemo imibiri yâAbatutsi bazize jenoside yakorewe abatusi bagera ku bihumbi makumyabiri […]
Abantu babiri batandukanye bafashwe bakekwaho gutanga ruswa no kwiyita abapolisi
Polisi ku bufatanye nâUrwego rwâubugenzacyaha (RIB) yafashe Micomyiza Vedaste wâimyaka 42 yâamavuko utuye mu kagari ka Karambi Umurenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango ukekwaho gutanga ruswa yâamafaranga ibihumbi 50 kugirango harekurwe umuvandimwe we ufungiye kuri Sitasiyo ya Kabagari. Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi Umuvugizi wa Polisi mu Ntara yâAmajyepfo yavuze ko Micomyiza […]
Kwibuka 25: Ijambo rya Hon. Sebaba hasozwa icyumweru cyo kwibuka
Nyakubahwa Perezida, banyacyubahiro mwese muteraniye hano, baturarwanda mwese, nshuti zâu Rwanda ndabaramukije kandi mbifurije amahoro yâImana ndetse nkomeza kwihanganisha abafite ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi . Umunsi nkâuyu, buri mwaka, duteranira aha hantu kugira ngo twibuke inzirakarengane zapfuye zizira uko zavutse cyangwa ibitekerezo. Kwibuka ni inshingano zacu kuko biha agaciro izo nzirakarengane, kongera gutekereza ku […]
Amakimbirane yahungabanyije ubukungu bwâAfurika mu myaka 20 ishize- IMF
Ikigega mpuzamahanga cyâimari, IMF, kivuga ko amakimbirane mu bihugu byo muri Afurika yamunze ubukungu bwâuwo mugabane mu myaka 20 ishize. Ibyo bikaba bikubiye muri raporo cyatangaje ku wa 12 Mata, 2019 i Washington D.C muri America. Iyi raporo, Sub Saharan Africa Regional Economic Outlook, yita ku bukungu mu gace kibanda kuri Afurika yo munsi yâubutayu […]
Robo yandikiye abantu ibasaba agaciro nâicyubahiro nkâibyo bahabwa.
Imwe mu marobo yâingore yamamaye cyane ku izina rya Sophia, yanditse kuri Twitter ubutumwa busaba abantu kuyiha agaciro nâicyubahiro gihabwa ikiremwamuntu, ako kuyigira incakara. Ni inkuru yasakaye kuri murandasi kuva tariki ya 10 Mata. Kuri uru rubuga, Sophia yahawe ubwenegihugu bwa Arabia Saudite yagize iti: âNkunze ko ndi irobo(robot) ariko ndifuza ko abantu badufata nkâibiremwa […]
Rulindo-Gicumbi: Hari ba rwiyemezamirimo bishyuriwe imigano itagaragara
Mu turere twa Rulindo na Gicumbi mu Ntara yâAmajyaruguru, biragoye kubona amakuru ku migano yatewe habungabungwa ubutaka nâimigezi. Mu gihe ibigo nka FONERWA na REMA bivuga ko imishinga yeteye imigano ari myinshi, ababishinzwe mu Karere, ba Gitifu bâUtugari ndetse nâabaturage ntibahuza amakuru batanga. Umubare wâimigano iri mu bitabo ntihura nâiri ku misozi cyangwa ku migezi, […]
Kwibuka25: Itorero rya ADEPR rirasaba abakirisito baryo kwibohora ingoyi
Mu muhango wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Rubavu wabaye tariki ya 11 na 12 Mata 2019, Umuyobozi mukuru wâitorero rya ADEPR Rev. Pasitoro Karuranga Ephraim, yasabye abakirisito kwibohora ingoyi basizwe nâamateka ya Jenoside kugirango babe abakirisito bemewe by’ukuri. Umuvugizi wâitorero rya ADEPR mu ijambo rye yavugiye mu muhango wo kwibuka ku nshuro […]
Ntituzihanganira uzanyuranya nâamahitamo yâAbanyarwanda yo kuba umwe- Hon. Makuza
Perezida wâInteko Nshingamategeko, umutwe wa Sena, Hon. Makuza Bernard avuga ko Leta yâu Rwanda itazihanganira uwo ariwe wese uzagaragaraho ingengabitekerezo ya jenoside, kuyihakana ndetse no kuyipfobya. Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Mata 2019, mu muhango wo gusoza icyumweru cyâicyunamo wabereye i Rebero, hari urwibutso rushyinguyemo imibiri isaga ibihumbi 14 yâinzirakarengane zishwe muri […]
CHUR yatangiye kwandika abanyeshuri bifuza kwiga mu Burusiya nâi Dubai
Kaminuza ya Gikirisitu mu Rwanda (Christian University of Rwanda (CHUR) yatangiye ku mugaragaro kwandika abanyeshuri bifuza kujya muri kaminuza ya Synergy University ifite campuses I Dubai nâI Moscow. Itangazo ryashyizwe ahagaragara CHUR riragira riti: â Hashingiwe ku masezerano yâubufatanye nâUmuryango PHRECO muri Philippines, Kaminuza ya Gikirisitu mu Rwanda yafunguye kwandika abifuza kwiga muri Synergy University […]
Kenya: Abaganga babiri bakomoka muri Cuba bashimuswe
Kuri uyu wa Gatanu, itariki 12 Mata, abaganga babairi bakomoka muri Cuba bashimutiwe mu gihugu cya Kenya ubwo bari mu nzira bajya ku bitaro biri mu majyaruguru yâuburasirazuba bwâigihugu ku mupaka wa Somalia. Intagondwa za Al Shabab ziratungwa urutoki. Ni igitero bivugwa ko cyakozwe vuba vuba ahagana saa tatu za mugitondo ubwo abo baganga babiri […]
Abaturiye umupaka wâu Rwanda nâu Burundi bafitiye ubwoba inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zihisirisimba
Abaturage batuye muri Komini zo mu Ntara ya Cibitoke, Intara ikora ku mupaka wâu Rwanda, bavuga ko bafite ubwoba cyane nyuma yo kubona umutwe wâabitwaje intwaro bahisirisimba. Abaturage bavuga ko uyu mutwe wâabantu bitwaje intwaro ukomeza kuhisirisimba. Ikinyamakuru cya Radio RPA kigatangaza ko bikekwa ko uwo mutwe waba ari uwa FDLR. Bitangazwa ko mu cyumweru […]
Rwamagana: Amadini nâamatorero yasabwe kubaka ubumwe nâubumuntu mu bayoboke bayo
Mu mugoroba wo kwibuka abahoze ari abayoboke bâitorero rya Pantekote mu karere Rwamagana, Umuyobozi wâakarere  Radjabu Mbonyumuvunyi yasabye abanyamadini nâamatorero gufasha abakiristo bayobora kugira ubumwe no kubana neza na bagenzi babo bagafasha Leta kubaka umunyarwanda utandukanye nâabijanditse muri jenoside kandi barasengeraga mu matorero nâamadini Umwe mu bayoboke ba ADPR mu Karere ka Rwamagana warokotse Jenoside yakorewe […]
Dukwiye no kwibuka ko hari imbaraga muri twe zitapfuye- Gen. Kabarebe
Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu byâumutekano, Gen. Kabarebe James avuga ko hari imbaraga mu banyarwanda zitapfuye mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi, ko izo mbaraga ari izo kubaka igihugu. Izi mbaraga Gen. Kabarebe yazikomojeho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Mata 2019, mu mugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 25 jenoside yakorewe Abatutsi […]
Sudani: Uwayoboye ihirikwa rya Perezida Bashir yeguye hadaciye kabiri
Awad Ibn Auf, Umukuru w’akanama ka gisirikare ka Sudani, yeguye ku mirimo ye hashize umunsi umwe ayoboye ihirikwa ku butegetsi kwa Omar al-Bashir wari utegetse Sudani imyaka igera hafi kuri 30 ku gitutu cy’imyigaragambyo. Minisitiri w’ingabo Awad Ibn Auf yatangarije kwegura kwe kuri televiziyo y’igihugu. Yavuze ko Liyetona Jenerali Abdel Fattah Abdelrahman Burhan ari we […]
FARDC yakozanyijeho nâinyeshyamba zo muri Uganda barindwi bahasiga ubuzima
Abasivile barindwi bishwe mu ijoro ryo ku wa 11 Mata 2019, ubwo abacyekwa kuba inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda zakozanyagaho nâingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) i Kyanimbe muri Watalinga, mu bilometero 10 uvuye mu Majyaruguru yâUmujyi wa Beni, mu Kivu yâAmajyaruguru. Nkâuko bitangazwa na sosiyeti Sivile, ngo bamwe muri aba bantu […]
Minisitiri Sezibera arasaba ko inyandiko zerekeye Jenoside zicukumburwa zigahabwa u Rwanda
Minisitiri wâububanyi nâamahanga, Dr Richard Sezibera, arashima intambwe imaze guterwa na bimwe mu bihugu mu kuburanisha abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko agasaba ibihugu bibitse amakuru kuri jenoside kuyaha u Rwanda mu rwego rwo gukumira ko hari ahandi jenoside yazaba. Ku itariki 11 Mata 2019, abahagarariye ibihugu byabo nâabahagarariye imiryango mpuzamahanga nibwo bahuriye mu […]
Nyarugenge: Hafatiwe imodoka ipakiye ibicuruzwa bya magendu
Mu rukerera rwo kuri uyu wa 12 Mata, Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge umurenge wa Nyamirambo, yafashe imodoka RAB 761 U yo mu bwoko bwa ISUZU TROOPER ipakiye ibicuruzwa bya magendu bitandukanye. Iyo modoka yari itwawe na Nzabahimana Alphonse wâimyaka 33 yari ipakiye ibicuruzwa birimo amabaro 10 yâimyenda ya caguwa, amasafuriya 127 nâibindi bitandukanye. […]
Uburyo Bobi Wine avuga ko azifashisha mu gukura Museveni ku butegetsi
Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine atangaza ko we na bagenzi be bafite uburyo bufatika bwo gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Museveni Yoweri. Bobi Wine mu itangazo yashyize hanze yatangaje ko kuri ubu Museveni ari gushaka uko yamubuza kuzahatana mu matora yâumukuru wâigihugu mu 2021 ariko ko ibi ntacyo bivuze. Ati â Tuzi neza ko […]
Nta foto y'umuryango wanjye mfite- Uwarokotse Jenoside abwira LONI
Esther Mujawayo Keiner, warokotse jenoside yakorewe Abatutsi atangaza ko yanyuze mu bihe bikomeye bya jenoside byahitanye buri kimwe byâumwihariko umuryango we wose ku buryo nta nâifoto wayo yasigaranye. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatanu kuwa 12 Mata, mu muhango wo kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 25 wabereye ku biro byâUmuryango wâAbibumbye. Ati â […]
Umuyobozi wa CAF arashinjwa ibirego birimo ihohotera rishingiye ku gitsina
Ahmad Ahmad, umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika arashinjwa ibirego bitandukanye birimo ruswa, kuyobora nabi ishyirahamwe no gukora ihohotera rishingiye ku gitsina. Kopi (copies) z’impapuro zishinja uyu mugabo ziherereye mu Bwongereza zigaragaza ihohotera Ahmad yakoreye muri Marroc n’ibaruwa ubunyamabanga bwa CAF bwoherereje FIFA igaragaza ibirego by’abayobozi bane boherejwe gukorana na we. Inside World Football dukesha […]
MINALOC, MIFOTRA, na Migration bibutse abari abakozi ba MINIFOP, MINITRASO na MININTER bazize Jenoside- AMAFOTO
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 12 Mata 2019 , Minisiteri yâubutegetsi bwâigihugu (MINALOC), Minisiteri yâAbakozi ba Leta nâUmurimo (MIFOTRA) nâIkigo gishinzwe abinjira nâabasohoka bibutse ku nshuro ya 25 abari abakozi ba MINIFOP, MINITRASO na MININTER bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakoreraga aho ibi bigo bikorera ubu. Uyu muhango wabimburiwe no […]
Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo #Kwibuka25 ku cyicaro cya ONU
Umukuru wâIgihugu, Paul Kagame yitabiriye umuhango wo Kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku cyicaro cyâUmuryango wâAbibumbye(ONU), uyu munsi ku wa 12 Mata. Mu gihe u Rwanda ruri kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, amahanga na yo yagiye agaragaza ubufatanye muri iki gikorwa cyo guha icyubahiro abayizize no guhumuriza abagizweho ingaruka na yo. […]
Ni ubwa mbere mu mateka yâIki Gihugu hashize imyaka 25 nta munyarwanda umeneshejwe- Hon. Gasamagera
Ubwo hibukwaga abari abakozi bâamakomini yahujwe akaba akarere ka Muhanga bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Hon.Senateri Gasamagera Wellars yavuze ko ubusanzwe nta myaka 10 yashiraga mu Rwanda Abatutsi batishwe cyangwa ngo bameneshwe mu byabo, none ubu imyaka 25 irashize nta muntu wongeye kumeneshwa. Hon.Senateri Gasamagera avuga ko kuba nta munyarwanda urongera gukurwa mu […]
Nyamasheke: Ibitaro bya Kibogora byibutse abari abakozi babyo bazize Jenoside
Ibitaro bya Kibogora biri mu Murenge wa Kanjongo, mu Karere ka Nyamasheke, byibutse abari abaganga, abaforomo nâabaforomokazi bagera kuri 15 nâabandi baforomo nâabaforomokazi 15 bakoraga mu bigo nderabuzima bibishamikiyeho ndeste n’ abari abarwayi n’abarwaza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu muhango wo kubibuka, umuyobozi mukuru wâibi bitaro, Dr Kanyarukiko Salathiel,yavuze ko biteye isoni nâikimwaro ku […]
Tanzania: Impunzi zâAbarundi ziri mu nkambi zashyiriweho amabwiriza akakaye
Leta ya Tanzania yashyizeho amategeko akakaye mu nkambi yâimpunzi zikomoka mu Burundi, mu gihe hashize iminsi havugwamo ibibazo birebana nâumutekano muke. Mu nkambi ya Nduta ikambitsemo impunzi zâAbarundi hari hamaze iminsi havugwamo ishimutwa rya hato na hato rikorwa nâabantu biyita abakozi bâinzego zâumutekano nyuma bikagaragara ko ataribo. Mu mashyamba yegereye iyi nkambi kandi havugwa umutwe […]
Uganda: Ababyeyi batwitse abana babashinja kwiba amagi
Abana bane barimo kuvurirwa mu bitaro bya Busolwe mu Karere ka Butaleja nyuma yo gutwikwa nâababyeyi bâabo babashinja kwiba amagi. Umuvugizi wa Polisi muri Uganda, Fred Enanga, yavuze ko nyina wâabo bana ari mu maboko ya polisi ariko umugabo we akaba yabashije kwiruka. Yongeyeho ko abo babyeyi bo mu mudugudu wa Jabusiba, icyo cyaha bakurikiranweho […]
Icyogajuru cya Israeli cyakoreye impanuka ku kwezi
Ejo ku wa kane, tariki ya 11 Mata, Beresheet, Icyogajuru cya Israeli cyoherejwe ku kwezi mu bushakashatsi no gufata amafoto, cyakoze impanuka yatewe nâibibazo byâikoranabuhanga harimo no kubura itumanaho. Israeli yari igiye kuba igihugu cya kane cyari gishoboye kugusha icyogajuru ku kwezi nta kibazo kihabaye. Ni nyuma yâ icyitwaga Ubumwe bwâAbasoviete(USSR),Leta Zunze Ubumwe zâAmerika nâUbushinwa. […]
Iburasirazuba: Hibutswe Abatutsi basaga 5,000 biciwe muri Paruwasi ya Mukarange ku itariki 12 Mata 1994
Kuri uyu wa Gatanu, itariki 12 Mata 2019, mu Ntara yâIburasirazuba hibutswe Abatutsi basaga 5,000 biciwe muri Paruwasi ya Mukarange ku itariki nkâiyi bigizwemo uruhare nâuwari Burugumesitiri wa Komini Kayonza. Umwe mu baharokokeye witwa Musabyeyezu, avuga ko tariki ya 12/04/1994, igitero cy’Interahamwe n’abasirikare kiyobowe na Burugumesitiri Senkware wayoboraga Komini Kayonza cyaje bagatera za gerenade Abatutsi […]
Muhima: Bavuga ko nta ngengabitekerezo ya Jenoside iharangwa
Ubuyobozi nâabaturage bâImidugudu ya Nyarurembo, Ubuzima na Kabirizi mu Kagari kâAmahoro mu Murenge wa Muhima bavuga ko kugeza ubu nta kimenyetso na kimwe cyâingengabitekerezo ya Jenoside barabona mu batuye akaga gace. Baratangaza ibi mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 igahitana abasaga miliyoni mu minsi 100. Bamwe mu […]
Abishwe ntibataye agaciro ahubwo abagataye ni ababishe – Guverineri Munyantwali
Ku cyicaro cyâIntara yâIburengerazuba habereye umuhango wo kwibuka abari abakozi ba Perefegitura, Superefegitura na Komini byahurijwe mu Ntara yâIburengerazuba bazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye uwo muhango, Guverineri wâIntara yâIburengerazuba, Munyantwali Alphonse yihanganishije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi asaba abantu bose guharanira ko itazongera kubaho ukundi. Yashimiye kandi abahagaritse Jenoside ati:âKuba twaragize […]
Perezida Nkurunziza yajuririye icyemezo cyâUrukiko rwa Paris
Perezida Pierre Nkurunziza wâu Burundi yajuriye mu rubanza aregamo abarimo Televiziyo France 3 kumuharabika. Abunganira Pierre Nkurunziza mu rubanza aregamo televiziyo yo mu Bufransa, France Trois, umunyamategeko Bernard Maingain, n’umwanditsi David Gakunzi baravuga ko bajuririye icyemezo giherutse gufatwa nâUrukiko rwa Paris ko nta cyaha gihama abaregwa muri uru rubanza. Perezida Nkurunziza avuga ko bamuharabitse mu […]
Intara yâamajyepfo iri ku isonga mu kugaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside- RIB
Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB), rutangaza ko watangaje ko mu minsi ine ya mbere yâicyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi, rumaze kwakira ibirego 47 byâabantu baregwa ingengabitekerezo ya Jenoside harimo 19 byâabaturage bâIntara yâAmajyepfo. Mu kiganiro na RBA, Umuvugizi wa RIB, Mbabazi Modeste, yavuze ko  kugaragaza iyi mibare bigamije kwerekana ko kuba […]
Sudani: Igisirikare cyatangaje ko kidateganya kohereza Bashir muri ICC
Igisirikare cya Sudani cyatangaje ko kidateganya gushyikiriza Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) Perezida Omar Bashir cyavanyeho ngo akurikiranwe ku byaha uru rukiko rumaze igihe rumushinja. Ibi Igisirikare cya Sudani cyabitangaje mu itangazo cyashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatanu ko Bashir azaburanishirizwa mu gihugu cye. Ibi kandi byatangajwe nyuma yâuko Human Rights Watch ihamagariye Igisirikare cya Sudani […]
Umuyobozi wa MTN Uganda wirukanwe aravuga icyatumye akomeza kuvugana nâUmunyarwandakazi Tabura
Uwahoze ayobora MTN Uganda, Wim Vanhellepute yatangaje impamvu yakomeje kuvugana nâUmunyarwanda  Annie Tabula Bilenge na Elsa Mussolini kandi barirukanwe ku butaka bwâigihugu cya Uganda. Umutaliyanikazi, Elsa Mussolini wari ukuriye ibijyanye na Mobile Money, Umufaransa, Olivier Prentout wari ukuriye ibijyanye no kwamamaza nâUmunyarwandakazi, Annie Bilenge Tabura wari ushinzwe ibijyanye nâubucuruzi. Birukanwe ku butaka bwa Uganda muri […]
Kubungabunga amateka yacu ni intwaro yo gutsinda abashaka kuyagoreka- Hon. Mukabalisa
Perezida wâInteko Nshingamategeko, umutwe w’ Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille, avuga ko kubungabunga amateka yaranze jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ari uburyo bwo gutsinda abagamije kuyagoreka. Yabitangaje kuri uyu wa 11 Mata 2019, mu muhango wo kwibuka abiciwe i Nyanza ya Kicukiro, Umujyi wa Kigali, muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 194, anasaba […]
RDC: Gen Aloys Zabampema uyobora inyeshyamba za FNL yakomerekejwe nâamasasu
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaza ko kishe abasirikare 36 bâinyeshyamba za FNL ziyobowe na Gen Aloys Zabampema na we wakomerekejwe nâamasasu. Nkâuko bitangazwa nâumuvugizi wâingabo zishinzwe ibitero ku nyeshyamba (Sokola 2), Capt. DieudonnĂ© Kasereka, avuga ko ku ruhande rwâingabo za Leta ari abasirikare batatu bishwe, mu bitero bagabye ku nyeshyamba za […]
Mu gihe umugati ari wo ukozeho Bashir , haribazwa Perezida utahiwe guhirikwa!
Hashize amezi make igihugu cya Sudani cyugarijwe nâimyigaragambyo yâabaturage yatewe nâizamuka ryâigiciro cyâumugati, ari nako ikibazo cyâubukungu butifashe neza muri rusange. Nyuma yo guhirikwa kâubutegetsi nâigisirikare cyatijwe umurindi nâabaturage bigaragambyaga kuri ubu haribazwa undi mu perezida utahihwe guhirikwa. Hashize iminsi abaturage bo mu gihugu cya Sudan barariye karungu ndetse bashinga ibirindiro hafi yâingoro yâumukuru wâigihugu […]
Sudani : Igihugu cya Gatatu muri Afrika cyayobowe na Marshal
Mu mapeti ya Gisirikare ariho ku Isi kugeza ubu, irya Marshal ni ryo ryâikirenga, kuko risumba andi yose. Cyakora ni ipeti ridatangwa mu bihugu byose, kuko bijyana nâubunini bwâigihugu, ubwinshi bwâabagituye, ubwinshi bwâingabo gifite, nâibigwi bihanitse mu gisirikare bya nyiri ukurihabwa . Mu mateka ya Afrika, ibihugu byayobowe nâabasirikare bafite iri peti rya Marshal si […]
Urugaga rw'abavoka ntirushaka abakomisiyoneri
Nyuma y’uko hakomeje kuvugwa abavoka bigize abakomisiyoneri, umuyobozi w’urugaga avuga ko abakora ibyo mu rugaga rw’abavoka badakenewe kuko atari abavoka Inzego zitandukanye zifite aho zihuriye no kurwanya ruswa zagaragaje ko hasigaye hari amayeri yo gutanga ruswa ku bacamanza nâabandi bafata ibyemezo bijyanye nâubutabera, hakifashishwa abakomisiyoneri. Umuryago Transparency International, Ishami ryâu Rwanda igihe wamurikaga umushinga ufite […]
Kwibuka25: Abarokotse Jenoside ba Gatsibo bahaye Perezida Kagame Inka y'ishimwe
Abavuka mu karere ka Gatsibo nâabahatuye bibutse Abatutsi bazize Jenoside yo muri mata 1994, bagaruka kuruhare Inkotanyi zagize ngo zirokore Abatutsi bari mu kaga ku isonga bashimira umukuru wâigihugu Perezida Paul Kagame ndetse bamugabira inka y’ishimwe. Ni igikorwa cyabaye , aho imiryango ndetse nabavukiye i Gatsibo mu ntara yiburasirazuba, barangajwe imbere nâumuyobozi wabo basuye urwibutso […]
MINISPOC, MINIYOUTH bibutse abari abakozi ba MIJEUMA
Kuri uyu wa 10 Mata 2019 kuri Petit Stade i Remera, habereye umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Byâumwihariko hibukwaga abari abakozi ba Minisiteri yâUrubyiruko nâAmashyirahamwe MIJEUMA, abakinnyi, abahanzi nâabandi batezaga imbere siporo nâUmuco bazize Jenoside yakorewe abatusti. Uyu muhango wateguwe ku bufatanye bwa Minisiteri ya Siporo nâUmuco, Minisiteri […]
Ushinjwa kwiba amabanga yâAmerika yatawe muri yombi.
Kuri uyu wa 11 Mata, umwe mu bashinze urubuga rwa WikiLeaks w’umunya-Australia, Julian Assange yatawe muri yombi na polisi yo mu Bwongereza, mu murwa wa Londre. Ni nyuma yo gushinjwa ibyaha byo kwiba amwe mu mabanga ya Leta Zunze Ubumwe zâAmerika. Assange wari warahawe ubuhungiro muri Ambasade ya Equateur iri mu Bwongereza kuva mu 2012, […]
Colorado: Umusaza wâimyaka 92 amaze gutanga litiro zisaga185 zâamaraso.
Ron Reidy, umukambwe wâimyaka 92 wo muri leta ya Colorado/Leta Zunze Ubumwe zâAmerika amaze gutanga amaraso hafi litiro 190. Amakuru dukesha ikinyamakuru, Reporter Herald, gikorera muri iki gihugu kiratangaza ko uyu musaza yagiye gutanga amaraso ku kigo cya polisi cya Loveland ku wa kabiri. Iki gihe yashakaga gutanga andi maraso ariko nyuma yo gupimwa, abaganga […]
Bobi Wine avuga ko nyuma ya Gaddafi na Bashir ari Museveni utahiwe kuva ku butegetsi
Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi ku izina rya Bobi Wine, atangaza ko nyuma yo kuva ku butegetsi kwa Perezida wa Libya, Muammar Mohammed Abu Minyar Gaddafi wari umaze imyaka 42 akiyobora na Omar Bashir wari umaze imyaka 30 ayobora Sudani, ari Museveni ugiye gukurikira. Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, yagize ati âAbanyagitugu bose bashobora […]
Nyamagabe: Itorero ADEPR ryibutse abari abayoboke baryo bazize Jenoside- AMAFOTO
Ubuyobozi bwâitorero ADEPR buragaya abari abayoboke baryo bijanditse muri Jenoside yakorewe abatutsi bakica bagenzi babo basenganaga,ikibabaje ngo kikaba ari uko hari nâabari abapasiteri nâabavugabutumwa bishe cyangwa bakicisha bagenzi babo, abandi ntibagire icyo bakora ngo babatabare, ahubwo bakihutira kurwana ku ntebe nâibindi bikoresho byabaga mu nsengero aho kwita ku buzima bwâabahigwaga. Ni bimwe mu byavuzwe nâumuvugizi […]
Perezida Bashir wa Sudani wari umaze imyaka 30 ku butegetsi yeguye
Perezida wa Sudani, Omar al-Bashir wari umaze imyaka 30 ari ku butegetsi yeguye nyuma yâamezi agera kuri ane yari ashize mu gihugu hari imyigaragambyo. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Mata 2019, nibwo Perezida Bashir yeguye ku buyobozi, nkâuko bitangazwa nâibiro ntaramakuru byâAbongereza, Reuters. Ibihumbi byâabaturage bari bamaze iminsi itanu bigaragambya […]
Icyo dusabwa ubu si urugamba rw'amasasu- Hon. Makuza Bernard
Perezida wâInteko Nshingamategeko umutwe wa Sena, Hon Makuza Bernard avuga ko Abanyarwanda basabwa gukora cyane kugira ngo igihugu kirusheho gutera imbere, banarinda ibyagezweho mu rugamba rwâiterambere. Uru rugamba rwâiterambere rutari urwâamasasu, Hon. Makuza yarukomojeho mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 25 jenoside yekorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki […]
Uganda: Abaturage bafite amazina asa n'ay'Ikinyarwanda bimwe indangamuntu
Abaturage bo muri Uganda bafite amazina ari mu rurimi rwâIkinyarwanda bangiwe gufata indangamuntu nâIkigo cyâIgihugu gishinzwe kuzitanga (NIRA). Iyi ni ingingo yazamuwe na Depite wâagace ka Nyabushozi, Col. Fred Mwesigye na mugenzi we wa Mityana, Francis Zaake bo mu nteko ishinga amategeko ya Uganda. Depite Zaake yavuze ko abaturage bafite amazina asa nâayâAbanyarwanda bangiwe gufata […]
Burundi: Inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zagaragaye mu ishyamba rya Kibira
Kuva ku wa Mbere tariki ya 8 Mata 2019, bitangazwa ko hari umutwe wâinyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zibarizwa hafi yâahari ibirindiro byâingabo zâu Burundi i Ruhororo, Muri Komini Mabayi, Intara ya Cibitoke, mu ishyamba rya Kibira. Izi nyeshyamba ziri mu ishyamba rya Kibira mu Burundi, ngo zambaye imyenda ya gisirikare ndetse zinafite intwaro. SOS Media Burundi […]
Ndi gukorana na Gen Muntu kugira ngo dukureho Museveni- Bobi Wine
Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine atangaza ko kuri ubu ari gukorana na Rtd. Maj. Gen. Mugisha Muntu kugira ngo bavane Perezida Museveni ku butegetsi. Bobi Wine yemeza ko azahangana na Museveni wa Uganda mu matora ya perezida ateganyijwe mu 2021. Aganira na Televiziyo yo mu Budage, Deutsche Welle, kuwa Gatatu wâiki cyumweru, Bobi […]
RDC: Ishyaka rya Joseph Kabila ryikubiye imyanya mu matora yâabayobozi bâIntara
Ishyaka FCC (Front Commun pour le Congo ) rya Perezida wa Repbulika Iharanira Demokarasi ya Congo ucyuye igihe, Joseph Kabila ryikubiye imyaka hafi ya yose mu matora yâabayobozi bâIntara. Ni amatora yabaye ku wa Gatatu tariki ya 10 Mata 2019, abakandida 16 bâishyaka FCC bakaba bihariye imyanya yâubuyobozi bwâintara. Amatora yabaye mu Ntara 18 muri 26 […]
Abakoze Jenoside ntaho bagiye, baracyafite ingengabitekerezo yayo – Hon. Harerimana
Ku nshuro ya 25 hibukwa jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994, Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena, Hon Harerimana Fatou, yasabye abatuye Akarere ka Kayonza, kwima amatwi abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside. Ni mu muhango wo kwibuka wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Mata 2019, wabereye i Kabarondo mu karere ka […]
Sudan yâEpfo: Abahanganiye ubutegetsi bahuriye i Vatican mu biganiro byâamahoro
Abahanganiye ubutegetsi muri Sudan yâEpfo Perezida Salva Kiir nâumuyobozi wâabatavuga rumwe na leta ,wahoze ari visi Perezida, Riek Machar batangiye ibiganiro bigamije gushaka inzira yâamahoro yakemura ibibazo bishingiye kuri politiki biri mu gihugu. Ni ibiganiro byatangiye kuru uyu wa 10 Mata 2019. Abo bose bahuriye muri Casa Santa Marta i Vatican. Ubusanzwe ni ahantu hahurira […]
Kwibuka25 : Ubuhamya bwa Mukakibibi Epiphania wajugunywe muri Nyabarongo iramuruka
Taiwan: Yagiye kwivuza bamusangamo inzuki enye mu jisho
Umugore muri Taiwan waribwaga nâijisho yagiye kwivuza atungurwa nâuko muganga yamusanzemo inzuki enye. Iyi nkuru dukesha The Guardian iravuga ko uyu mugore yatokowe, afata akatsi ngo yitokore kuko yari azi ko ari itaka. Yagerageje no kuryoza nâamazi ariko bigeze mu ijoro ijisho ryatangiye kumurya cyane. Dr Chi-Ting, muganga mukuru mu bitaro bya kaminuza ya Fooyin […]
Gen Nyamvumba yasabye abayobozi bahawe imirimo mishya muri RDF gukorana umurava no gukorera hamwe
 Umugaba mukuru wâingabo zâu Rwanda (RDF) Gen Patrick Nyamvumba yasabye abayobozi bashya mu ngabo zâu Rwanda gukorana umurava no gukorera hamwe nkâikipe kugira ngo babashe gushyira mu bikorwa inshingano zikomeye RDF ifite. Ibi Gen Nyamvumba yabitangaje kuri uyu wa gatatu ubwo Lieutenant General Jacques Musemakweli yashyikirizaga ububusha Lt.Gen. Jean-Jacques Mupenzi nkâumugaba mukuru wâingabo zirwanira […]
DRC: Tshisekedi yanze Minisitiri wâIntebe Kabila yatanze
Umukuru wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yanze Albert Yuma nka Minisitiri wâIntebe watanzwe nâuwahoze ayoboye iki gihugu, Joseph Kabila. Perezida Tshisekedi we aravuga ko adashobora kwemera ko Yuma aba Minisitiri ngo kubera ko afite isura mbi ku ruhando mpuzamahanga. Bwana Albert Yuma ni umuyobozi wâikigo cya leta cyâubucukuzi bwâamabuye yâagaciro cya Gecamines. […]
Urukiko rutegetse ko Bazeye na Lt Col Abega bahoze ari abayobozi muri FDLR baburana bafunzwe byâagateganyo
 Nkaka Ignace bakunze kwita âLa Forge Bazeye Filsâ na Nsekanabo Jean Pierre uzwi ku mazina yaâ Abegaâ bahoze ari abayobozi bakuru mu mutwe wa FDLR, urukiko rwategetse ko bafungwa byâagateganyo nyuma yâuko urukiko rusanze hari impamvu zikomeye zituma bakekwaho ibyaha. Kuri uyu wa gatatu tariki ya 10 Mata 2019 , nibwo urukiko rwâibanze rwa […]
Karongi: Ibura ryâakazi nâigishoro mu bibangamiye urubyiruko
Urubyiruko rwo mu karere ka Karongi, umurenge wa Tumba, rwatangaje ko bimwe mu bikomeje kubangamira iterambere ryabo ari ibura ryâakazi nâigishoro. Ibyo bikaba bibabuza kwihangira imirimo cyane ko nâibura ryâakazi ari kimwe mu byugarije nâabarangije kaminuza. Ibyo babitangaje mu kiganiro bagiranye na Rwanda Today mu cyumweru cyashize. Urubyiruko rwo muri uwo murenge rugaragaza ko rufite […]