Miss Jolly Mutesi yabwiye umunyamakuru wa CNN ko yabajije Kagame ubusa

1770469086184

Miss Jolly Mutesi yagaragaje kutishimira imyitwarire y’umunyamakuru wa CNN, Larry Madowo, amwibutsa ko atakabaye akomeza kwibaza ku gisubizo yahawe na Perezida Paul Kagame, kuko ikibazo yabajije cyari kidafite ishingiro. Ibi bije nyuma y’uko Perezida Kagame, mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, agarutse ku kiganiro yagiranye na Larry Madowo mu 2025, ubwo yamubazaga niba u Rwanda rufite ingabo […]

Rwarutabura yibye igikombe cya FERWABA Super Cup nyuma yo kutishyurwa

20260207 075257

Igikombe cya FERWABA Super Cup 2026 cyegukanywe na Tigers BBC nyuma yo gutsinda APR BBC cyateje urujijo, nyuma y’amakuru yavuzwe ko cyatwawe n’abafana batishimiye uburyo bafashwe nyuma y’umukino. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 6 Gashyantare 2026, nyuma y’umukino wabereye muri BK Arena, warangiye Tigers BBC itsinze APR BBC amanota 78-68. […]

Queen wakundanaga na Captaine Regis aravugwa mu rukundo na Nizzo Kabobs

054a3841 dac41

Amashusho agaragaza Nizzo Kaboss wahoze muri Urban Boys ari kumwe na Queen Ringo uzwi muri sinema yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, atera benshi kwibaza niba aba bombi bari mu rukundo. Aya mashusho yafatiwe mu rugo rw’uyu mukobwa, bombi bagaragara bishimanye banaganira bisanzuye. Nubwo hari abahise babifata nk’ikimenyetso cy’urukundo, ntiharamenyekana neza niba ari byo cyangwa niba hari […]

Ibyabereye mu rubanza rwa Mugisha ukekwaho kugonga akica mugenzi we i Kigali

619932659 1447175940313263 5707051779488415968 n

Mugisha David Gakuba, utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro akurikiranyweho icyaha cyo kugonga Ngabo Eric bikamuviramo urupfu. Mu iburanisha ku ifungwa ry’agateganyo ryabaye tariki 5 Gashyantare 2026, yavuze ko ibyabaye bitari ku bushake kandi ko atahise amenya ko yagonze umuntu. Ubushinjacyaha busaba ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo, bushingiye […]

Kim Kardashian yavuze uko umubano we na Kanye West uhagaze

Kim Kardashian Kanye West 020526 ff5395c4a8474d4b840147bd0717b9ef

Kim Kardashian yatangaje ko nubwo yatandukanye na Kanye West, bakomeje gufatwa nk’umuryango kubera abana babyaranye. Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Complex, yavuze ko we na Kanye “bazahora ari umuryango” kandi ko bombi bashyira imbere icyiza cy’abana babo bane: North, Saint, Chicago na Psalm. Yashimangiye ko nubwo batakiri umugabo n’umugore, bakomeje gufatanya kurera abana mu mahoro. Kardashian […]

Abakobwa miliyoni 4.5 bazasiramurwa muri 2026

Female Genital Mutilation e1532600986531

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku baturage (UNFPA) rivuga ko nibura abakobwa miliyoni 4.5 bashobora kuzahura n’ikibazo cy’isiramurwa mu mwaka wa 2026. UNFPA igaragaza ko ku isi hose abagore n’abakobwa bagera kuri miliyoni 230 bamaze gukorerwa iri hohoterwa, rifatwa nk’ikorwa rinyuranyije n’uburenganzira bwa muntu. Nubwo hari aho bikorwa n’abakozi bo mu rwego rw’ubuvuzi, UNFPA ivuga ko […]

Lisa yashyize hanze Ig Post

Screenshot 20260205 195819

Lisaa yatangiye umwaka mushya w’umuziki asohora indirimbo nshya yise “Ig Post”, indirimbo avuga ko yamusabye imbaraga n’igihe kinini kugira ngo ayigeze ku rwego rwiza. Iyi ndirimbo imuranga nk’intangiriro y’icyerekezo gishya, aho yiyemeje gukomeza kuzamura izina rye no guhatanira ku rwego mpuzamahanga. Mu bisobanuro yahaye itangazamakuru, Lisaa yavuze ko “Ig Post” itanga ubutumwa bujyanye n’uko urukundo […]

Armenia: Hasabwe ko hashyirwaho Minisiteri y’Imibonano mpuzabitsina

1770282614699

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Armenia ryateje impaka rikimara gutangaza igitekerezo cyo gushyiraho icyo ryise “Minisiteri y’Imibonano mpuzabitsina”, rivuga ko byafasha gukemura ikibazo cy’igabanuka ry’abana bavuka muri icyo gihugu ndetse n’abagore batanyurwa muri icyo gikorwa. Umuyobozi w’ishyaka Strong Armenia, Sargis Karapetyan yavuze ko iki cyifuzo kigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no kurwanya igabanuka rikabije […]

Bakubiswe kugeza bapfuye nyuma yo gukundana badahuje idini

f07ff68d d26b 4f8a 97bd 4aa760e22b83.jpg

Abaturage bo muri leta ya Uttar Pradesh mu Buhinde batangajwe kandi bababazwa n’urupfu rw’agahomamunwa rw’umusore n’umukobwa bakundanaga ariko badahuje idini, bishwe bazira urukundo rwabo. Uyu mukobwa witwa Kajal, wari ufite imyaka 19 akaba yari Umuhindu, n’umusore witwa Mohammad Arman w’imyaka 27 wari Umu- Islam, basanzwe bapfuye, imibiri yabo ihambwe hafi y’umugezi uherereye hafi y’umudugudu wa […]

Afunzwe azira gukuraho igisenge cy’umupangayi we wanze kumuvira mu nzu

1770264725344

Polisi ya Leta ya Rivers muri Nigeria yataye muri yombi umuturage wo muri Ghana witwa Samuel Frimpong, ushinjwa gusakambura (gukuraho igisenge) inzu y’uwari umupangayi we Anozie Tochukwu mu gace ka Mgbuoba, mu Karere ka Obio/Akpor. Polisi ivuga ko Frimpong yakuyeho igisenge cy’inzu y’uwari umupangayi we nyuma y’uko yanze kumuvira mu nzu nyuma y’igihe cy’iminsi 14 […]

Minisitiri Bizimana yasabye Juno Kizigenza guhindura izina

GridArt 20260204 195127506

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yagaragaje ko umuhanzi Juno Kizigenza akwiye guhindura izina azwiho rya “Rutwitsi muzi”, kubera ko rifitanye isano n’amateka ababaje yabaye mu Rwanda. Ibi byakurikiye ijambo Minisitiri Bizimana yatanze imbere ya Sena ku wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare 2026, aho yagarutse ku mikoreshereze y’amagambo amwe n’amwe akunze […]

Bruce Melodie yahuye na Amb Gen. Patrick Nyamvumba 

log 75 adf04

Nyuma yo kumara iminsi muri Tanzania akora ibikorwa byo kwamamaza indirimbo ye nshya Pom Pom, umuhanzi Bruce Melodie yabanje gusura Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu mbere yo gusubira i Kigali. Aho yagiranye ibiganiro n’Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen. Patrick Nyamvumba, byibanze ku iterambere ry’umuziki nyarwanda. Ambasade y’u Rwanda muri Tanzania ibinyujije ku rubuga […]

Bull Dogg ahamya ko nk’umuhanzi mukuru agomba kwisunga abashya

IMG 20260204 WA0013

Abakunzi b’injyana ya hip-hop mu Rwanda biteguye neza igitaramo cyiswe Mic Tribe 2026, giteganyijwe ku wa 7 Gashyantare 2026 kuri Mundi Center. Ibi byagarutsweho mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye aho igitaramo kizabera, cyahuje abaraperi bazariririmba barimo Bull Dogg, Logan Joe, B-Threy, Fifi Raya na Pro Zed. Mu ijambo rye, Bull Dogg, umwe mu nkingi za mwamba […]

Umunyarwenya 5K Etienne yambitse impeta

1770192389628

Umunyarwenya uzwi ku izina rya 5K Etienne, amazina ye nyakuri akaba Iryamukuru Etienne, yamaze kwambika impeta umukunzi we mu rwego rwo kwiyemeza ko bitegura kubana nk’umugabo n’umugore. Mu gitondo cyo ku wa 4 Gashyantare 2026, 5K Etienne yashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza uwo muhango wo kwambika impeta, avuga ko umukunzi we yamusubije “Yego”, ashimangira […]

Umusore w’imyaka 23 ari mu rukundo na Nyirakuru wa mugenzi we bigana ufite imyaka 83

624978301 1368828108622536 227956865564245563 n

Mu Buyapani havutse inkuru y’urukundo idasanzwe yatunguye abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga. Kofu, umusore w’imyaka 23, uri hafi kurangiza kaminuza, yakunze Aiko, nyirakuru w’imyaka 83 wa mugenzi we biganaga, none ubu bamaze amezi arenga icumi bakundana. Uru rukundo rwatangiye igihe Kofu yasuraga iwabo wa mugenzi we, aho yahuriye na Aiko bwa mbere. Bombi bavuga ko […]

Umuhungu wa Gaddafi yishwe arashwe

https archive images.prod .global.a201836.reutersmedia.net 2011 10 28 BTRE79R1GAY00

Saif al-Islam Gaddafi, umuhungu wa Col Muammar Gaddafi wahoze ayobora Libya, biravugwa ko yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana. Yari afite imyaka 53. Amakuru yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakuru muri Libya avuga ko urupfu rwe rwemejwe ku wa kabiri n’umuyobozi w’itsinda rye rya politiki. Umwunganizi mu mategeko wa Gaddafi yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko igitero cyagabwe n’itsinda ry’abantu […]

Maroc yanze ibihano bya CAF

r1602408 1296x729 16 9

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc (FRMF) ryatangaje ko rigiye kujuririra ibihano n’amande ryaciwe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), nyuma y’akavuyo kabaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika wahuje Maroc na SĂ©nĂ©gal mu kwezi gushize. CAF yaciye Maroc amande angana na $315,000 inahanisha abakinnyi babiri guhagarikwa imikino. FRMF yavuze ko izajurira igamije “kurengera uburenganzira […]

Samusure wahungiye muri Mozambique agiye gutaha

1770133257439

Umukinnyi wa filime Kalisa Ernest uzwi nka Samusure yatangaje ko azagaruka i Kigali ku wa 12 Gashyantare 2026, nyuma y’imyaka isaga itatu yari amaze aba muri Mozambique ahunze ibibazo by’amadeni. Yavuze ko amadeni menshi yari afite yamaze kuyakemura, asigaye ari make ashobora kurangizwa mu bwumvikane. Samusure yagaragaje ko intego ye ari ukwisuganya agasubira muri sinema. […]

Umugabo yapfuye nyuma yo gusanga ko abana 4 umugore we yabyaye atari abe

cd0a84efc3513d9d

Hari umugabo witwa Benjamin Offei ukomoka muri Ghana gusa wari utuye mu Denmark wamenyekanye ko yapfuye nyuma y’iminsi mike avumbuye amakuru amushengura umutima, aho ibisubizo bya ADN byari byerekanye ko abana bane yareraga mu rushako atari abe mu maraso. Amakuru avuga ko Offei yari amaze imyaka icyenda ashyingiranwe n’umugore we, nyuma y’imyaka icumi bari bamaze […]

Umusirikare wari uvuye mu butumwa bw’amahoro yishe umutoza wo muri Gym wasigaye yita ku mugore we

1 1

Akababaro ni kose ku batuye mu gace ka Umoja muri Kenya nyuma y’urupfu rwa Alphy Migasa, wari uzwi cyane nk’umutoza wa siporo mu nzu zikorerwamo imyitozo ngororamubiri (gym). Migasa wari ukunzwe n’abakiliya be kubera ubuhanga n’ubwitange mu kazi, yagabweho igitero n’umusirikare wo mu ngabo za Kenya (KDF) wamushinjaga kugirana umubano wihariye n’umugore we. Amakuru atangwa […]

Uruhinja rwavukanye umudali wa Kiliziya

Baby

Mu Karere ka Gomba, mu mudugudu wa Saali, havutse umwana w’umuhungu watunguye abaturage n’igihugu muri rusange, nyuma yo kuvugwa ko yavutse afashe umudali wa Mutagatifu Antuwani wa Padua mu kiganza cye. Uyu mwana yavutse ku wa Mbere, tariki ya 2 Gashyantare 2026, avukana n’uwo mudali w’idini rya Gatolika ugaragaza Mutagatifu Antuwani atwaye Umwana Yezu, ibintu […]

Abaraperi bakomeye mu Rwanda bagiye guhurira mu gitaramo kimwe

1770037853429

Abakunzi b’injyana ya hip-hop mu Rwanda baritegura igitaramo gikomeye kizahuza abaraperi bazwi cyane barimo Bull Dogg, B-Threy na Logan Joe cyiswe Mic Tribe 2026, giteganyijwe ku wa 7 Gashyantare 2026 kuri Mundi Center. Iri joro ritegerejwe nk’iryuzuye ingufu n’imyidagaduro, rigamije guhuriza hamwe abakunda hip-hop n’abahanzi babo, bagasangira umuziki nyarwanda mu mwimerere wawo. Mic Tribe yamaze […]

Urukundo ruragurumana hagati ya Kim Kardashian na Lewis Hamilton

20260202 063910

Umukinnyi mu gutwara muri Formula One, Lewis Hamilton, aravugwaho kuba ari mu mubano wihariye n’icyamamare cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kim Kardashian, nyuma y’uko bombi bagiriye urugendo rw’ibanga mu cyaro cyo mu Bwongereza. Nk’uko ikinyamakuru The Sun kibitangaza, Kim Kardashian, w’imyaka 45 usanzwe ari umubyeyi w’abana bane, yageze mu Bwongereza avuye i Los […]

Morocco yahimye CAF yanga kwakira igikombe cy’Afurika mu bagore

WAFCON1

Morocco yanze kwakira Igikombe cya Afurika cy’Abagore 2026 (WAFCON), icyemezo cyatunguranye cyashyize umupira w’amaguru w’abagore muri Afurika mu rujijo, hasigaye amezi make cyane ngo iri rushanwa rikomeye ritangire. Nyuma y’iki cyemezo, Afurika y’Epfo ni yo yahise itangazwa nk’igihugu kizasimbura Morocco mu kwakira iri rushanwa. Ibi byemejwe ku mugoroba wo ku Cyumweru na Minisitiri wungirije ushinzwe […]

Gen Muhoozi yaretse X, ajya mu masengesho yo kwiyiriza ubusa

IMG 20260130 WA0011

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko agiye kugabanya cyane imikoreshereze ye ku mbuga nkoranyambaga, by’umwihariko ku rubuga X (rwari Twitter), nyuma y’impaka n’amarangamutima byatewe n’inyandiko ze zitavugwaho rumwe. Muhoozi, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, amaze imyaka myinshi ari umwe mu banyapolitiki n’abayobozi ba gisirikare bavugisha cyane rubanda binyuze ku mbuga […]

Ibintu bitanu byitezwe cyane mu ijoro rya Grammy Awards ryo ku Cyumweru

2025 grammys nominations list 1536x864 1

Ijoro rya Grammy Awards ritegerejwe kuri iki Cyumweru rirateganya kugaragaza ibitaramo bikomeye, imyambarire idasanzwe, ibihe by’amarangamutima, ndetse rishobora no kwandika amateka mashya mu muziki ku isi. Dore ibintu bitanu by’ingenzi abantu bakwiye kwitaho muri iri joro rikomeye rizabera i Los Angeles: 1. Album y’umwaka: Ese amateka mashya arandikwa? Igikombe cya Album of the Year, gifatwa […]

France: Gutera akabariro ku bashakanye ntibikiri itegeko

1769838202790

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa yemeje umushinga w’itegeko ugamije gukuraho burundu igitekerezo cyiswe “inshingano z’abashakanye zo gukora imibonano mpuzabitsina”, aho byafatwaga ko gushyingirwa bisobanuye kuba umuntu agomba kwemera imibonano mpuzabitsina igihe cyose uwo bashakanye abisabye. Uyu mushinga w’itegeko wemejwe ku wa Gatatu wongerwa mu Itegeko Nshinga ry’Imiryango (Civil Code), usobanura neza ko “kubana nk’umugabo n’umugore” […]

Yibye banki kugira ngo ajyanwe muri gereza gutorokesha umugore we

1 th

Umugabo w’imyaka 71 witwa Lawrence John Ripple, wigeze kwiba banki mu mujyi wa Kansas City muri Leta ya Kansas avuga ko yabikoze agamije kujyanwa muri gereza aho kuba mu rugo iwe, yakatiwe igihano cyo gufungirwa mu rugo amezi atandatu, aho gufungirwa muri gereza. Ripple yari yemeye icyaha cyo kwiba banki muri Mutarama 2017, icyaha gihanishwa […]

Yabyariye mu kazi atazi ko atwite

mother giving birth natalis

Umugore ukorera ikigo gitwara imizigo FedEx muri Leta ya Iowa muri Amerika yakiriye inkuru itunguranye cyane, nyuma yo kwibarukira mu kazi atazi ko atwite. Amethyst Blumberg, umukozi wa FedEx, ku wa Mbere tariki ya 26 Mutarama 2026, yumvise atamerewe neza mu mubiri maze ajya mu bwiherero. Icyo atari azi ni uko uwo mwanya wari ugiye […]

Gen Muhoozi yasabye imbabazi Amerika

IMG 20260130 WA00051

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Jenerali Muhoozi Kainerugaba, yasabye imbabazi Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kuyishinja, mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X (Twitter), gufasha umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, wari umaze iminsi avugwa nk’uwaburiwe irengero. Mu butumwa yasohoye nyuma y’igihe gito ashyize ahagaragara ayo magambo, Jenerali […]

Yigize umukozi wa FBI ajya gufunguza uwishe umukozi wa leta

luigi mangione 1 gty gmh

Umugabo wo muri Leta ya Minnesota, witwa Mark Anderson (ufite imyaka 36), yatawe muri yombi akurikiranyweho kwiyitirira kuba umukozi wa Leta ya Amerika (FBI), nyuma yo gukekwaho kugerageza gucikisha Luigi Mangione muri gereza i New York, nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano abivuga. Anderson akurikiranyweho kuba yarageze ku Metropolitan Detention Center (MDC) i Brooklyn, avuga […]

Cap Ibrahim Traoré yasenye amashyaka yose ya politike

download

Ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Burkina Faso bwatangaje ko buseshe amashyaka yose ya politiki yo mu gihugu, ndetse bukanakuraho amategeko yayagengaga, nk’uko byemejwe n’itegeko ryemejwe na Guverinoma ku wa Kane. Iki cyemezo kije gikurikira izindi ngamba zitandukanye zafashwe n’ubu butegetsi kuva bwafata ubutegetsi binyuze muri coup d’État yo mu 2022, aho abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga […]

Umugabo n’umugore bishimuse kugira ngo babone Miliyoni 10

Handcuff 1536x864 1

Abashakanye batuye mu mujyi wa Lagos muri Nigeria, bazwi ku mazina ya Fred na Goodness, batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bakekwaho guhimba inkuru y’ishimutwa ryabo bagamije kwaka amafaranga angana na miliyoni 10 z’ama-naira mu miryango yabo n’inshuti. Amakuru dukesha PUNCH Metro avuga ko aba bashakanye bishimuse ku wa 7 Mutarama 2026, bagatangira guhamagara bene wabo […]

Ayra Starr arifuza Burna Boy mu kazi 

1769748583680

Umuhanzikazi w’Umunya-Nigeria Ayra Starr, wamenyekanye cyane mu njyana ya Afrobeats, yatangaje ko Burna Boy ari we muhanzI yifuza gukorana na we kurusha abandi bose. Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Billboard, cyashyizwe ahagaragara ku wa Kane, aho yari ari kuganira na Chelley Bissainthe, wamamaye muri Love Island USA, ku bijyanye n’itangwa ry’ibihembo bya Grammy 2026, […]

Yampano yakijijwe ndetse agiye no kurongora

g5yvb4

Umuhanzi Yampano yatangaje ko yiteguye gukora ubukwe n’umukunzi we Uwineza Vava, nyuma y’igihe gito cyane yakiriye agakiza mu isengesho ryayobowe na Prophet Akim Hulleman. Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira kuri TikTok mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026, aho yagaragaje ibyishimo byinshi, agaruka ku rukundo afitiye Uwineza Vava ndetse n’icyizere […]

Yahawe inzu yakodeshaga kubera kwishyura ku gihe

tenant gifted home 600x400 1

Umugore wo mu mujyi wa Melbourne yakoze benshi ku mutima nyuma yo kuragwa inzu yari amazemo imyaka irenga 23 ayikodesha, bitewe n’ubudahemuka n’imyitwarire myiza yamurangaga mu buzima bwe bwa buri munsi. Jane Sayner yatangiye gukodesha inzu ifite ibyumba bibiri byo kuraramo mu gace ka St Albans guhera mu mpera z’imyaka ya 1990. Nyir’inzu, John James […]

Yagizwe umwere n’urukiko nyuma y’imyaka 70

tommy lee walker main ht jt

Urukiko rwo mu Ntara ya Dallas rwatangaje ku mugaragaro ko Tommy Lee Walker, umunyamerika w’umwirabura wari warakatiwe igihano cy’urupfu kubera icyaha cyo gufata ku ngufu no kwica umuzungukazi witwaga Venice Parker, yagizwe umwere, nyuma y’imyaka 70 yari amaze afunzwe. Walker yari afite imyaka 19 gusa ubwo yakatirwaga urwo rubanza mu 1954, maze akicwa mu 1956. […]

UPDF yahakanye ko iri guhiga Bobi Wine

Bobi Wine

Ingabo za Uganda (UPDF) zahakanye ibivugwa ko zirimo guhiga Perezida w’ishyaka National Unity Platform (NUP) akaba n’uwigeze kwiyamamariza kuyobora igihugu, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane nka Bobi Wine. Ibi byatangajwe na Colonel Chris Magezi, Umuvugizi w’Agateganyo w’Umugaba Mukuru w’Ingabo, nyuma y’uko Kyagulanyi avuze ko ingabo zagabye igitero ku rugo rwe mu ntangiriro z’icyumweru gishize, bigatuma  […]

“Umugabo si ihene yo kwiba” – Nana

1769591486967SnapInsta Ai 3818198865778603991

Nyuma yo gusezerana ku mugaragaro n’umugabo we Jean Paul, Umurerwa Nana yahuye n’igitutu n’ibirego byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko yaba yaratwaye umugabo w’undi mugore. Nana yahise ahakana ayo makuru, ashimangira ko umugabo we atari afite undi mugore, bityo ko nta kwiba kwabayeho. Ibi Nana yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, aho yari […]

Yemeye gufungwa aho gusubiza Miliyoni 272 zayoberejwe kuri konti ye

markup 236078

Muri Nigeria, umugabo witwa Ojo Eghosa Kingsley, umukiriya wa First Bank, yisanze mu kibazo gikomeye cy’amategeko nyuma y’uko iyi banki iyobereje kuri konti ye amafaranga angana miliyari 1.5 Aho kumenyesha banki cyangwa gusubiza ayo mafaranga, Kingsley bivugwa ko yayakoresheje ku nyungu ze bwite hagati ya Kamena na Ugushyingo 2025. Ibi byatumye Urwego rushinzwe kurwanya ibyaha […]

Abasirikare b’u Burusiya babohewe ku biti bacuritse ndetse bambaye n’ubusa

20260128 055121

Mu mashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko abayobozi b’igisirikare cy’u Burusiya bagaragaye bahana abasirikare babiri bashinjwaga guta inshingano no kutubahiriza amabwiriza ku rugamba rwo muri Ukraine. Ayo mashusho, bivugwa ko yafashwe hafi y’ahari imirwano, agaragaza abasirikare bombi bambitswe ubusa bw’imbere gusa, baziritswe ku biti mu mbeho ikabije. Umwe muri bo yari amanitswe umutwe […]

Abatunze imodoka na Moto bitarakorerwa mutation bagiye kubyamburwa

arton7594

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangaje ko abantu batarubahiriza igihe cyo gukora ihererekanya ry’ibinyabiziga (mutation) bahawe igihe ntarengwa kigera ku wa 28 Gashyantare 2026, mu rwego rwo kubafasha gukemura ibibazo byabo bitarabonerwa umuti. Iyi gahunda ireba by’umwihariko abarengeje igihe cyemewe cy’iminsi umunani nyuma y’uko ikinyabiziga kigurishijwe cyangwa kivanwe ku muntu umwe kijya ku wundi. RRA […]

The Ben yagiriye Bruce Melodie impuhwe ntiyamuca Miliyoni 600

2h6a9847

Mu kwezi k’Ugushyingo, The Ben na Bruce Melodie basinye amasezerano ajyanye n’ubufatanye mu muziki, harimo no gutegura igitaramo cya The NU-Year Groove ndetse n’ibindi bitaramo byari biteganyijwe gukorwa nyuma. Aya masezerano yari akubiyemo ingingo igena ko uruhande rwayica rwacibwa ihazabu ya Miliyoni 600 z’amafaranga y’u Rwanda. Amasezerano yasinywe ku mugaragaro, ahari The Ben, Bruce Melodie […]

Miss Naomie yahaye gasopo uwavuze ko amaze umwaka mu rushako ataratwita

Snapinsta.app 457207618 1039695874560237 8968961112799042120 n 1080

Miss Nishimwe Naomie, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yasubije bikomeye uwitwa Edman Ishimwe ku rubuga rwa X (Twitter), wari wanditse amagambo yavugishije benshi ku bijyanye n’ubuzima bwe bwite. Edman Ishimwe yari yanditse ati: “Umwaka urahise n’undi uratashye, Miss Naomie akoze ubukwe, ariko ntakanunu ko gusama.” Iyi mvugo yahise ikurura impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, […]

Umusifuzi yatanze penaliti 3 kandi nta makosa yabayeho

1769484459455

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cameroon (FECAFOOT 🇨🇲) ryahagaritse by’agateganyo abasifuzi bane nyuma y’imyanzuro yabo yateje impaka nyinshi mu mukino wa shampiyona MTN Elite One wahuje Victoria United na PWD Bamenda, wabereye kuri Centenary Stadium i Limbe ku Cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026. Nk’uko FECAFOOT yabitangaje ku mbuga nkoranyambaga zayo, abo basifuzi bahagaritswe kubera ibyemezo […]

Yirukanwe azira gutoza ikipe akoresheje ChatGPT

assistant coach spain robert moreno 1053793246

Uwahoze ari umutoza w’ikipe y’igihugu ya Espagne, Robert Moreno, yirukanywe mu ikipe ya FC Sochi yo mu cyiciro cya kabiri mu Burusiya, nyuma yo gutsindwa kenshi no gufata ibyemezo byatangaje benshi, byinshi muri byo byashingiraga kuri ChatGPT. Moreno w’imyaka 48 y’amavuko, yavuye muri FC Sochi muri Nzeri umwaka ushize, nyuma yo kubona inota rimwe gusa […]

Umusobanuzi PK yarongoye

pk ntakibarizwa mu ngaramakirambi bc080

Karemera Hassan uzwi cyane ku izina rya PK, wamamaye mu gusobanura filime mu myaka yashize, yarushinze n’umukobwa bakundanye igihe runaka, Murekatete Diane. Ubukwe bwabo bwabaye ku Cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026, bubera ahitwa Ahava River Hall i Kicukiro, nyuma y’uko babanje gusezerana mu muhango wo gusaba no gukwa, banasezerana imbere y’Imana. Mu Ugushyingo 2025, […]

Yuriye inzu y’amagorofa 101 nta migozi cyangwa umutaka

1769403414297

Umukinnyi w’umunyamerika uzwi mu kuzamuka ahahanamye, Alex Honnold w’imyaka 40, yakoze amateka nyuma yo kuzamuka inyubako ndende kurusha izindi muri Taiwan, Taipei 101, adakoresheje umukandara w’umutekano (harness) cyangwa insinga zo kumufata, aba abaye umuntu wa mbere ubikoze. Abantu amagana n’amagana bateraniye hafi y’iyo nyubako ubwo Honnold yatangiraga urugendo rutoroshye rwo guterera Taipei 101, ifite uburebure […]

Yarongoye abagore 2 icyarimwe – Amafoto

1769402606930

Umugabo witwa Mampomo Jeannot Sylvain yakoze amateka adasanzwe, ashakana ku mugaragaro n’abagore be babiri mu muhango wabereye ku biro bya Douala I Council, igikorwa Umuyobozi w’Umujyi (Mayor) yavuze ko ari gake cyane abona ibintu nk’ibyo mu kazi ke. Uyu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru, witabirwa n’imiryango yombi, aho Mampomo Jeannot Sylvain yasezeranye n’abagore be Tchoumo […]

Ikinyamakuru Daily Star cyasabye ko Senegal yamburwa igikombe cya AFCON2025

0 GettyImages 2256419787

Ikinyamakuru Daily Star cyo mu Bwongereza cyasohoye inkuru y’ibitekerezo (opinion) isaba ko Senegal yamburwa igikombe cya Afurika (AFCON) kigahabwa Maroc, ndetse umutoza wa Senegal, Pape Thiaw, agahabwa igihano cya burundu cyo kutazongera kugaragara mu mupira w’amaguru. Iyi nyandiko yanditswe na Jeremy Cross, Umwanditsi Mukuru mu bya Siporo wa Daily Star. Impamvu nyamukuru y’iyi myanzuro ni […]

Perezida wa Senegal yatangaje ikiruhuko mu gihugu nyuma yo gutwara CAN 2025

1768799205688IMG 1751

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, yatangaje ko mu gihugu hose hatanzwe ikiruhuko mu rwego rwo kwishimira intsinzi y’ikipe y’igihugu yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 (CAN 2025) cyabereye muri Maroc. Umukino wa nyuma wabereye kuri Prince Moulay Abdellah Stadium warangiye Senegal itsinze Maroc igitego 1-0, cyatsinzwe na Pape Gueye ku munota wa 94, nyuma yo […]

Musanze: Akarere kahakanye amakuru yavugaga ko Bikira Mariya yabonekeye mu giti

IMG 20260117 WA0006

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwanyomoje byimazeyo amakuru yari yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko habaye ibonekerwa rya Bikira Mariya Nyina wa Yesu mu giti giherereye muri aka karere. Aya makuru yatangiye gusakazwa ku gicamunsi cyo ku wa 17 Mutarama 2026, bituma abaturage benshi bahurura bajya kureba igiti giherereye mu Murenge wa Gataraga, bakeka ko cyagaragayemo […]

Myugariro w’Amavubi agiye kurongora umugore babyaranye gatatu

finished 2025 with my soon to be mrs kavita love our life of adventure krikri marie and i 1 15a9c

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Phanuel Kavita, yatanze amarenga akomeye y’uko ari hafi kurushinga na Kristin Saunders, umufasha we bafitanye abana batatu. Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, Kavita yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza urukundo rudasanzwe afitiye Kristin Saunders, anahamya ko mu gihe cya vuba bazaba umwe. Yavuze […]

iShowSpeed yahuye n’uruvagusenya muri Egiputa

20260117 091005

Kimenyabose mu gukora live kuri YouTube, iShowSpeed yahuye n’uruvagusenya muri Egiputa ubwo live ye yasibwaga kubera gukoresha ibihangano by’abandi. Nyuma y’uko live ye isibwe akimara kuyikora, uyu musore yatangaje ukuri ku byabaye kuri livestream ye yakoze i Cairo mu Misiri, yasibwe kuri YouTube. Ibi yabivugiye mu kiganiro cye cya Sahara stream yari arimo akorera muri […]

Senegal yagaragaje impungenge zikomeye mbere ya Final ya AFCON 2025

b25l1sm0758

Ikipe y’igihugu ya Senegal yagaragaje impungenge zikomeye ku myiteguro ya Final y’Igikombe cya Afurika cya 2025 (AFCON 2025), aho yagarutse ku bibazo by’umutekano, amacumbi, imyitozo n’itangwa ry’amatike. Ibi byatangajwe mu itangazo rikakaye ryasohowe ku wa Gatandatu n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal (FSF), rivuga ko ryafashe icyemezo cyo kuvuga ku mugaragaro “mu rwego rwo gukorera mu […]

Niyo Bosco yarongoye – Amafoto

done8

Umuhanzi w’icyamamare mu muziki nyarwanda, Niyo Bosco, yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Mukamisha Irene, nyuma y’igihe bari bamaze mu rukundo. Uyu muhango wabaye ku wa Gatanu, tariki ya 16 Mutarama 2026, ubera mu busitani bwa Kaleb Garden i Rebero, mu Karere ka Kicukiro. Mbere y’uko basezerana imbere y’Imana, habanje kuba umuhango wo gusaba no gukwa, […]

Ghana: Kwima uwo mwashyingiranwe ni icyaha

arton82573

Muri Ghana, inzego z’umutekano n’ubutabera zatangaje ko kwima uwo mwashakanye imibonano mpuzabitsina mu buryo buhoraho bishobora gufatwa nk’ihohoterwa rishingiye ku marangamutima, bikaba byakurikiranywa n’amategeko. Abayobozi basobanuye ko iyo umwe mu bashakanye cyangwa abakundana akomeje kwima undi uburenganzira bwo kuryamana nta mpamvu zifatika, uwahohotewe yemerewe gutanga ikirego kuri polisi, dosiye igashyikirizwa inkiko ikaburanishwa hashingiwe ku mategeko […]

FIFA yahannye Vision FC

Impuzamashyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yashyize ahagaragara urutonde rushya rw’amakipe yafatiwe ibihano byo kutemererwa kwandikisha abakinnyi bashya, bitewe n’amadeni afitiye abakinnyi n’abatoza. Ibi byatangajwe mu ijoro ryo ku wa 15 Mutarama 2026, aho FIFA yasobanuye ko ayo makipe atarubahirije inshingano zo kwishyura abo bakorana na bo. Mu makipe yo mu Rwanda yari yarigeze kujya […]

Davido yariwe Miliyoni 75 Frw muri Bet 

b216ff45d54e02e1

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria no ku rwego mpuzamahanga, Davido (David Adeleke), yariwe amafaranga angana na miliyoni 75 z’amafaranga y’u Rwanda nyuma y’uko ikipe y’igihugu ya Nigeria, Super Eagles, isezererwa na Maroc muri kimwe cya kabiri cy’Irushanwa ry’Ibihugu bya Afurika (AFCON) 2025. Uyu mukino wabaye ku wa 14 Mutarama 2026, kuri Stade Prince Moulay Abdellah i […]

Rose Muhando yarongowe mu ibanga

1768458286875

Ku wa Gatatu, tariki ya 14 Mutarama 2026  Umuhanzikazi w’icyamamare mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana muri Afurika y’Iburasirazuba, Rose Muhando, yasezeranye n’umushumba Pastor Lumbasi mu buryo bwagizwe ibanga, bityo ashyira iherezo ku byari bimaze igihe bivugwa ku buzima bwe bwite. Aya makuru yemejwe na Pastor Lumbasi ubwe mu materaniro ya vuba mu rusengero […]