Tessy yarongowe

aba bombi bakoze ibirori biryoheye ijisho c42fc

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy n’umuraperi Hakizimana Ishimwe Agappe (Shizzo) basezeranye imbere y’Imana mu birori byabereye ku Intare Conference Arena i Rusororo, ku wa Gatandatu tariki 10 Mutarama 2026. Uyu muhango wabaye nyuma yo gusaba no gukwa, ukaba warakurikiwe n’ibirori byo kwiyakira byitabiriwe n’inshuti, imiryango n’abantu batandukanye bazwi mu myidagaduro no mu itangazamakuru. Bombi […]

IShowSpeed yashimishije imbaga y’abafana muri Stade Amahoro

whatsapp image 2026 01 10 at 16.16 41 1 8a4fd

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku izina rya IShowSpeed, uri mu ruzinduko mu Rwanda, yagaragaje ibyishimo byinshi ubwo yasuraga Stade Amahoro, aho yasusurukije abafana mu gihe gito yahagaze aho. Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026, ni bwo uyu munyabugeni w’icyamamare yageze muri stade yari irimo kubera umukino wahuje […]

Dr. Claude yabitswe ari muzima

dr1 7 d8b84

Dr. Claude yatangaje ko amaze iminsi yakira ubutumwa bwinshi bw’abantu bamubika, avuga ko abo bantu ari abo yise “Contre Succès”, bamwifuriza ikibi. Yabibwiye itangazamakuru ko amakuru yavugaga ko yapfuye atari yo, kandi ko ayo makuru yatangiye gukwirakwira cyane cyane avuye i Burundi. Yagize ati nubwo abantu benshi bamuhamagara bava mu Burayi, muri Amerika n’ahandi, ari […]

Umuhanzikazi Fille Mutoni arembeye mu bitaro

14469696 b775 46b1 b49b 72d3da6fbcd2

Umuhanzikazi w’Umunya-Uganda Fille Mutoni yajyanywe mu bitaro, nyuma yo kongera kwisanga mu kibazo cyo gukoresha ibiyobyabwenge. Aya makuru yamenyekanye nyuma y’uko umukunzi we MC Kats yashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza Fille ari mu bitaro. Ku mafoto yashyizwe hanze, Fille agaragara aryamye, asa n’uwasinziriye cyangwa waciwe intege n’imiti ndetse yanahawe uburyo bwo kumufasha guhumeka. MC […]

Diez Dola ntakiri umuhanzi ukizamuka

1767944046697

Umuraperi w’Umunyarwanda Diez Dola yatangaje ko umwaka wa 2026 uzaba intambwe nshya mu rugendo rwe rwa muzika, aho avuye ku kugerageza byinshi atarangije agana ku gushyira mu bikorwa bihamye, gutegura neza no gukora mu murongo uhoraho. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Diez Dola yavuze ko mu myaka ibiri ishize yamaze igihe kinini yiga, agerageza amajwi atandukanye […]

Simi yibarutse impanga

ade simi 1

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Adekunle Kosoko, uzwi nka Adekunle Gold, yatangaje ko we n’umugore we Simi bibarutse impanga. Iyi nkuru yishimiwe n’abatari bake, yayitangarije ku rubuga rwe rwa Snapchat ku wa kane. Nubwo batatangaje igitsina cy’izo mpanga, abakunzi b’umuziki n’abandi bahanzi bahise bohereza ubutumwa bw’ibyishimo n’ishimwe kuri uyu muryango. Mu kwezi kwa Ukuboza, Simi yari […]

Wizkid agiye kwiyamamariza kuba perezida wa Nigeria

5e09e9d3 574a 4396 b9f2 4ea764e88954

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Ayodeji Ibrahim Balogun, uzwi nka Wizkid, yateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko hasohotse amashusho avuga ko ashobora kwiyamamariza kuyobora Nigeria. Aya mashusho yasakaye ku wa 8 Mutarama 2026, agaragaza Wizkid ari kumwe n’inshuti n’umuryango, avuga ibijyanye na politiki mu buryo busa n’urwenya ariko bufite amagambo akomeye yatunguye benshi. Mu […]

Bruce Melodie yasabye Leta gufata abahanzi nk’ingagi

000a4491 db9c0

Bruce Melodie, umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda, yavuze ko umuziki ufite ubushobozi bwo kwinjiriza igihugu amafaranga menshi no gukurura ba mukerarugendo, ashimangira ko wahawe agaciro kangana n’aka Leta iha urwego rw’ubukerarugendo. Ibi yabivugiye mu kiganiro IGIHE Sports Club, aho yagaragaje ko n’ubwo hari ibitekerezo byinshi aba yifuza kugeza ku Muyobozi w’Igihugu, akenshi abiburamo kubera […]

Umunyamakuru Tessy n’umuhanzi Shizzo basezeranye imbere y’amategeko

1767874521757WhatsAppImage2026 01 08at1.38.32PM

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Hakizimana Ishimwe, uzwi mu muziki nyarwanda nka Shizzo Afropapi, umuhanzi wamamaye mu njyana ya Hip Hop. Iyi mihango yabaye kuri uyu wa Kane mu Murenge wa Kinyinya mu Mujyi wa Kigali. Uyu muhango wari witabiriwe n’inshuti n’abagize imiryango y’impande zombi, aho Tessy na Shizzo […]

Yaguye igihumure nyuma yo kwiha kumara amasaha 80 ahobeye igiti

3bfe37b0 e975 4a36 b5ff 30d1a766b54d

Umugabo wo mu karere ka Murang’a witwa Pasiteri Jimmy (James) Irungu, w’imyaka 30, yaguye igihumure nyuma yo kumara amasaha 79 n’iminota 40 ahobeye igiti, mu gikorwa yari agamije kurenza agahigo ka mbere k’amasaha 72 kari karashyizweho n’umugore witwa Truphena Muthoni. Ibi byabaye ubwo Irungu yari hafi kurangiza iki gikorwa cy’amasaha 80, aho abaturage bari bateraniye […]

Polisi y’u Rwanda yarashe mu kico umujura ruharwa

1767855283279

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba yatangaje ko yarashe Dukuzumuremyi Eric, wari wakekwagaho ubujura n’ubwicanyi, nyuma yo kugerageza gutoroka inzego z’umutekano. Byabaye mu gitondo cyo ku wa 7 Mutarama 2026, ubwo Dukuzumuremyi Eric yari ari kumwe n’abapolisi bamujyanye kwerekana aho yari yarahishe bimwe mu bintu yibye mu bihe bitandukanye. Ageze mu nzira, yagerageje kwiruka […]

Abakozi ba FBI bakoraga iki ku mukino wa RDC na Algeria?

Mu gihe irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cya 2025 rikomeje kubera muri Maroc, hamenyekanye ko abakozi b’Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe iperereza (FBI) bari mu bitabiriye umukino wahuje ikipe y’igihugu ya Algeria n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RD Congo). Uyu mukino wabaye ku wa Kabiri kuri Stade Prince Moulay Hassan i Rabat, […]

Na M23 ntiyankanze: Alyn Sano

20260107 111855

Umuhanzikazi Alyn Sano yatangaje ko adaha agaciro impungenge zo gutinya gusohora ibihangano bye bitewe n’amakuru aba yiganjemo mu itangazamakuru, ashimangira ko nta kintu na kimwe cyamubuza gushyira hanze igihangano cye. Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Alyn Sano yavuze ko kuba atari umuhanzi wibanda ku ndirimbo zo kumvwa mu kanya gato ari byo bituma adahungabanywa n’uko […]

Urukiko rwasubitse urubanza rwa DJ Toxxyk

1767707466041

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwongeye gusubika urubanza ruregwamo DJ Toxxyk, wari waje kuburanishwa ku bijyanye n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Ku wa 07 Mutarama 2026, DJ Toxxyk yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge akurikiranyweho ibyaha bine birimo gutwara yasinze, kwica bidaturutse ku bushake, gukoresha ibiyobyabwenge ndetse no gutwara ikinyabiziga atabifitiye uruhushya. Ahagana saa tatu n’iminota 51, Urukiko rwahamagaye […]

Tiwa Savage yiyamye uwihaye kuvuga ku mwana we

tiwa Jami

Umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Tiwa Savage yatanze umuburo ukomeye ku mu-influencer wo ku rubuga X (yahoze ari Twitter) witwa Dami Foreign, amusaba guhagarika kwinjiza umwana we Jamil Balogun mu byo amwandikaho ku mbuga nkoranyambaga. Ibi byabaye nyuma y’uko Dami Foreign ashyizeho ubutumwa abaza impamvu umwana wa Tiwa Savage agaragara asa n’utishimye, ibintu byarakaje […]

Umugabo wari ugiye kurongora yapfuye ku munsi w’ubukwe

118256447

Habaye agahinda gakomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’uko umugabo wari ugiye kurushinga, David McCarty w’imyaka 59, apfanye n’abakobwa batatu mu mpanuka ikomeye ya helicopter yabaye ku munsi nyirizina yari ategerejweho ubukwe bwe. Iyo mpanuka yabereye mu gace ka Telegraph Canyon hafi ya Superior muri Leta ya Arizona, aho McCarty yari atwaye helicopter […]

Cardi B yahagurukiye abari guharabika se

download

Umuraperi w’Umunyamerika Cardi B yatangaje uburakari bukomeye nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru avuga ko se yaba yarigeze gufungwa azira icyaha cyo gufata ku ngufu. Aya makuru yavugaga ko se wa Cardi B yaba yarafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ntangiriro z’imyaka ya 1990, agakatirwa igifungo azira kugerageza gusambanya umuntu. Ibi byakwirakwiye […]

Ku myaka 56, Jennifer Lopez arifuza umugabo umwitaho

1767684458069

Ku myaka 56, icyamamare mu muziki no muri sinema Jennifer Lopez cyatangaje ko niba hari undi mugabo uzinjira mu buzima bwe, azaba agomba kuba umuntu umwubaha, umwakira uko ari kandi umufata neza mu rukundo. Yavuze ko urukundo rwe atari urwo guhabwa ubuntu, ahubwo ruzahabwa uzarushakira akaruharanira. Yagize ati: “Ushaka urukundo rwanjye agomba kurukorera. Agomba kunshyira […]

Djihad n’abandi bagumishijwe gereza

1767624846330

Urukiko rw’Isumbuye rwa Nyarugenge rwafashe icyemezo cyo gushimangira ifungwa ry’iminsi 30 y’agateganyo kuri Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Ishimwe François Xavier, Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta. Iki cyemezo cyafashwe ku wa 5 Mutarama 2026, nyuma yo gusuzuma ubujurire bari batanze basaba gukurirwaho ifungwa ry’agateganyo, ariko urukiko rugaragaza […]

Yago ntakozwa ibyo gusubirana n’umugore we

1767624380922

Umuhanzi w’Umunyarwanda ukorera umuziki muri Uganda, Nyarwaya Innocent uzwi cyane nka Yago Pon Dat, yagaragaje ko adafite umugambi wo kongera gusubirana n’umugore babyaranye. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Yago yavuze ko yahisemo kubaho ari ingaragu kandi ko atifuza kongera kwinjira mu mubano wihariye n’umuntu uwo ari we wese. Yagaragaje ko yahisemo gushyira imbaraga ze zose […]

Ukuntu Kalimpinya Queen yashutswe akisanga muri Miss Rwanda

E39B460C 9EE8 4DA8 97EB 37E644DC5BC1 1122x729 1

Kalimpinya Queen, wigeze kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda mu 2017 akaza no kuba igisonga cya gatatu, yavuze ko inama yahawe yo kwinjira muri iri rushanwa yamugiriye akamaro, ariko anemeza ko kuri we byari nko gushukwa. Ibi yabivugiye mu materaniro yateguwe na Apôtre Alice Mignonne Kabera uyobora Women Foundation Ministries, yari yiswe “Girls Impact Ministry – […]

Umuhanzi Bill Ruzima wafatanwe urumogi, yakijijwe aba umu-ADEPR

1767598148433

Umuhanzi Bill Ruzima wamenyekanye mu muziki nyarwanda, yamaze guhindura ubuzima bwe nyuma yo kwigobotora ibiyobyabwenge, aho ubu yamaze kwakira agakiza agatangira gusengera mu Itorero rya ADEPR. Bill Ruzima yafashwe n’inzego z’umutekano ku wa 15 Ugushyingo 2025, akekwaho kunywa no gutunda urumogi. Icyo gihe, yemeye ko yari asanzwe akoresha iki kiyobyabwenge kuva mu mwaka wa 2022. […]

Umuvandimwe wa Baba Levo yakoze impanuka ikomeye

2128abb94999c68c

Umuhanzikazi wo muri Tanzania, Shilole uzwi kandi nka Zena Yusufu Mohammed, yajyanywe kwa muganga byihutirwa nyuma yo kugirana impanuka ikomeye y’imodoka mu ijoro ryo ku wa 2 Mutarama 2026. Amakuru y’iyi mpanuka yamenyekanye mu masaha ya mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, atangajwe na Baba Levo, umudepite uhagarariye Umujyi wa Kigoma ndetse akaba n’umuvandimwe wa […]

Umunyamakuru Taikun Ndahiro yarekuwe

20231104 084220

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umunyamakuru Ndahiro Emmanuel uzwi nka Taikun yamaze gufungurwa nyuma y’uko habayeho ubuhuza hagati ye n’abantu bagizweho ingaruka n’ibyaha yashinjwaga. Taikun, usanzwe ukorera Radio/TV 10, yarekuwe ku wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. Yari yatawe muri yombi ku wa 1 Mutarama 2026 akekwaho kugirana amakimbirane n’abashinzwe umutekano mu gitaramo […]

Yampano yongeye kuvugwa mu mashusho y’urukozasoni

20260103 100954

Nyuma yo kongera kuvugwa cyane mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga kubera amashusho atari meza yagiye hanze, umuhanzi Yampano yongeye kwisanga mu rujijo nyuma y’uko hakwirakwijwe andi mashusho agaragaza ari kumwe n’undi mukobwa mu cyumba cya hoteli bombi bambaye ubusa. Aya mashusho, bivugwa ko yafatiwe muri hoteli, agaragaza Yampano ari kuganira n’umuntu utamenyekanye kuri video […]

Gabriel Jesus ashobora guhanwa kubera ubutumwa ‘Ndi uwa Yesu’

575c54279a650eee

Rutahizamu wa Arsenal, Gabriel Jesus, ashobora guhura n’ibihano biturutse ku Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (FA) nyuma y’uko yishimiye igitego yatsinze Aston Villa akerekana ubutumwa bwanditseho “I belong to Jesus” (Ndi uwa Yesu). Uyu mukino wabaye tariki ya 30 Ukuboza, aho Arsenal yatsinze Aston Villa ibitego 4-1. Gabriel Jesus yari amaze igihe adakina kubera imvune […]

The Ben yigaramye ibyo kuririmba Playback

1767313263112

Igitaramo The Nu-Year Groove cyabaye ku nshuro ya kabiri muri BK Arena cyongeye kugaragaza ko The Ben ari umwe mu bahanzi nyarwanda bageze ku rwego rwo gutegura no gutanga ibitaramo byujuje ubunyamwuga. Nubwo igitaramo cyanyuze benshi, hari abafana bagaragaje kutanyurwa, cyane cyane bagendeye ku buryo The Ben yitwaye ku rubyiniro ugereranyije na Bruce Melodie. Nyuma […]

Umunyamakuru Taikun Ndahiro arafunzwe

20231104 084220

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umunyamakuru wa RadioTV10, Ndahiro Emmanuel uzwi ku izina rya Taikun, akekwaho gukorera ibyaha bitandukanye. Ndahiro yatawe muri yombi ku wa 1 Mutarama 2026, nyuma y’uko bivugwa ko yasagariye abashinzwe umutekano mu gitaramo cyari cyateguwe n’Umujyi wa Kigali, cyabereye mu mbuga ya Kigali Convention Centre. Umuvugizi wa […]

Anthony Joshua yasezerewe mu bitaro 

9e5ddf89a0fb4c148b2aa1286b72841c md

Umukinnyi w’ikirangirire mu mukino w’iteramakofe, Anthony Joshua yasohotse mu bitaro byo muri Nigeria nyuma yo kugira impanuka y’imodoka yahitanye abatoza be babiri. Nk’uko byatangajwe n’inzego za Nigeria, Joshua yasohotse mu bitaro ku mugoroba wo ku wa Gatatu aho azakomeza kwitabwaho ari mu rugo. Abatoza be, Sina Ghami (ushinzwe imbaraga n’imyitozo ngororamubiri) na Latif Ayodele (umutoza […]

Umugabo wa Zari Hassan ari gushakishwa na Polisi

b14a604ef038e7b6

Polisi ya Uganda yahamagaje Shakib Cham Lutaaya, umugabo wa Zari Hassan uzwi cyane mu by’imyidagaduro n’ubucuruzi, ngo afashe mu iperereza ku byaha byo gukubita abantu no kwiba bivugwa ko byabereye muri bar yo muri Kampala. Nk’uko byatangajwe na Luke Owoyesigyire, umuvugizi wungirije wa Polisi ya Kampala Metropolitan, ku wa 27 Ukuboza 2025, Shakib n’itsinda ry’abantu […]

Umuhanzi Ebo Noah arafunzwe

1767221715605

Polisi ya Ghana yemeje ko yafashe Evans Eshun, uzwi cyane ku izina rya Ebo Noah, wamenyekanye cyane nyuma yo kubaka inkuge nyinshi avuga ko yazubatse ku mabwiriza y’Imana, ahamya ko isi izarengerwa n’amazi ku munsi wa Noheli. Mu itangazo Polisi yashyize ku rubuga rwayo rwa interineti ku wa Gatatu tariki 31/12/2025, yavuze ko Eshun yafashwe […]

The Ben na Bruce Melodie binjiye mu 2026 basenga Imana

1767252403130theben45

Abahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda, The Ben na Bruce Melodie, bahisemo gutangirira umwaka wa 2026 mu nzu y’Imana, mbere yo guhurira mu gitaramo gikomeye cyiswe “The Nu-Year Groove”, giteganyijwe ku wa Kane tariki ya 1 Mutarama 2026 muri BK Arena. Bruce Melodie yinjiye mu mwaka mushya ari mu rusengero Hope For Jesus, aho yifatanyije n’abandi […]

Killaman ntazakumbura 2025

Killaman 66b9235c43

Umukinnyi wa filime nyarwanda, Niyonshuti Yannick uzwi nka Killaman, yatangaje ko umwaka wa 2025 wamubereye mubi cyane ku buryo atazawukumbura na gato. Killaman yabwiye ISIMBI ko nubwo umwaka wa 2024 wamugiriye akamaro kanini, uwa 2025 wo wamubabaje cyane. Ati: “Apuuu! Uyu mwaka nugire urangire. Sinzawukumbura na busa.” Yakomeje avuga ko mu mwaka wa 2025 atigeze […]

Rutangarwamaboko yijunditse Umugore wa The Ben washyize umukondo hanze

InShot 20251231 093355542

Ifoto yafatiwe mu gitaramo “Spiny and Friends” cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza, muri Zaria Court i Kigali, yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga. Iyo foto igaragaza Uwicyeza Pamella, umugore w’umuhanzi The Ben, yitabiriye icyo gitaramo yambaye imyambaro yagaragaje igice cy’umubiri we, by’umwihariko umukondo. Nyuma yo gusakazwa kw’iyo foto, abantu batandukanye bagaragaje ibitekerezo […]

I Kigali byakomeye hagati ya Sheila Gashumba na Tyla

InShot 20251231 090443850

Mu gitaramo cyabereye i Kigali mu Rwanda, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kuvugwa amakimbirane yabaye hagati ya DJ Skyla Tyla, ukomoka mu Bwongereza, na Sheila Gashumba, umunyamakuru n’umunyamideli wo muri Afurika y’Iburasirazuba, nyuma y’ubutumwa bwashyizwe hanze nyuma y’icyo gitaramo. Nyuma yo kuvanga imiziki muri icyo gitaramo, DJ Skyla Tyla yanyujije ubutumwa kuri Snapchat, agaragaza ko atishimiye […]

Prophet Joshua yafunguwe 

hq720 1

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwafashe icyemezo cyo kurekura by’agateganyo Prophet Joshua n’abandi bantu bari bafunganywe na we, bubategeka kujya bitaba Ubushinjacyaha buri cyumweru no kubahiriza andi mabwiriza bahawe. Uku kurekurwa kwabaye kuri uyu wa 30 Ukuboza 2025, nyuma y’iminsi irindwi dosiye yabo imaze ishyikirijwe Ubushinjacyaha. Aba bantu bari baratawe muri yombi ku wa 19 Ukuboza 2025. […]

Harmonize yambitse impeta Kajala

couple ya harmonize na kajala ikunze kuvugisha benshi muri tanzania 5d2cb

Nyuma y’iminsi mike Harmonize na Frida Kajala batangaje ko bongeye gusubirana, inkuru yabo yongeye gufata indi ntera, nyuma y’uko uyu muhanzi yambitse Kajala impeta y’urukundo mu muhango wabaye mu ijoro ryakeye, amusaba kuzamubera umugore. Ni igikorwa cyakozwe mu buryo bwihariye kandi bwuje amarangamutima, cyongeye gushimangira ko urukundo rw’aba bombi rwinjiye mu kindi cyiciro. Iyi mpeta […]

Senderi arifuza ko Kirehe iba igicumbi cy’umuziki

IMG 20251229 WA0008

Umuhanzi Senderi International Hit yatangaje ko afite icyifuzo cyo kubona Akarere ka Kirehe kaba igicumbi cy’umuziki nyarwanda, nyuma yo gutegura igitaramo yise “Kirehe Twataramye” cyabereye ku ivuko rye, kigahuriza hamwe imbaga y’abaturage ku nshuro ya mbere. Iki gitaramo cyabereye mu Murenge wa Nyarubuye ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza 2025, cyitabirwa n’abahanzi bakomeye barimo […]

Amafaranga yatumye Mbonyi atenguha ab’i Rubavu

img 20251228 wa0037 5da9e

Rubavu yari yariteguye kwakira umuhanzi ukunzwe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, mu gitaramo gikomeye cyari giteganyijwe ku wa 1 Mutarama 2026 kuri Sitade Umuganda. Ariko ibyari ibyishimo byahindutse intimba, nyuma y’uko iki gitaramo gisubitswe habura iminsi itatu gusa ngo kibe. Amakuru yemejwe n’abari mu itegurwa ry’iki gitaramo avuga ko icyemezo cyo […]

Abafana ba Element Eleeeh barwaniye mu Budage

1766825859153

Kutagaragara kwa Element EleeeH mu gitaramo yari ateganyijwe gukorana na Sat B i Hannover mu Budage mu ijoro ryo ku wa 25 Ukuboza 2025 byabyaye imvururu n’imirwano ikomeye. Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko hari abantu bakomeretse, nubwo umubare wabo utahise umenyekana. Abateguraga igitaramo batangajwe no kubona, amasaha abiri gusa mbere y’uko gitangira, ubutumwa […]

Nyina wa Fik Fameica yapfuye

WhatsApp Image 2025 12 27 at 10.03.01 AMsdw

Umuraperi w’ikirangirire muri Uganda, Fik Fameica, ari mu bihe bikomeye by’akababaro nyuma y’uko nyina yitabye Imana. Nyakwigendera yari amaze igihe arwaye indwara zitandukanye, aho mu mezi ashize yakunze kujya kwivuriza mu bitaro kenshi. Hashize iminsi mike, yararembye cyane ajyanwa byihuse mu bitaro bya Kibuli Muslim Hospital, aho yari ari kwitabwaho n’abaganga. Mu gihe ubuzima bwe […]

Perezida Kagame yahaye impano y’imipira abana bitabiriye FIFA Football Festival

1766746436082IMG 0480

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, afatanyije na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, batangije ku mugaragaro gahunda ya FIFA Football Festival yabereye muri Stade Amahoro ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza 2025. Iyi gahunda igamije guhuriza hamwe abana bato, ibafasha kwidagadura no gusabana binyuze mu gukina umupira w’amaguru, ikanabashishikariza […]

Indwara yo gushaka kwemeza abagore mu gitanda iri kwica abagabo imburagihe

Mu bihe bya vuba, haravugwa inkuru nyinshi z’abagabo bapfa cyangwa bagira ibibazo bikomeye by’ubuzima, bishingiye ku guhatana gushaka kugaragara nk’abagabo bafite imbaraga zidasanzwe mu mibonano mpuzabitsina. Ibi byiyongereye cyane nyuma yo kumenyekana kw’imiti yongera ubushobozi bwo guhagarara kw’igitsina gabo, buzwi nka blue pill. Mu by’ukuri, iyi miti yari yarateguriwe abafite indwara z’umutima, ariko nyuma byaje […]

Ubuhanuzi bwa Ebo Noah y’uko isi yari kurangira kuri Noheli bwapfubye

WhatsApp Image 2025 12 25 at 10.09.47 PM

Umugabo wo muri Ghana witwa Ebo Noah, wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye kubera kubaka inkuge nini imeze nk’ubwato (ark) no guhanura umwuzure wari guhitana isi guhera tariki 25 Ukuboza, yasobanuye impamvu ibwo buhanuzi butasohoye. Ebo Noah yatangiye kuvugwa cyane muri Kanama uyu mwaka, nyuma yo gutangaza ko Imana yamuhaye ubutumwa bumubwira […]

Sebastian Hertner yapfuye

1766583023202

Isi y’umupira w’amaguru, by’umwihariko mu Budage, yibasiwe n’agahinda gakomeye nyuma y’urupfu rubabaje rwa Sebastian Hertner, wahoze ari umukinnyi mpuzamahanga w’Abadage. Hertner w’imyaka 34 y’amavuko yitabye Imana ku wa Kabiri tariki ya 23 Ukuboza 2025, azize impanuka ikomeye yabereye ku gikoresho cyo kuzamura abantu ku misozi mu kigo cy’imikino ya ski cya Savin Kuk, mu majyaruguru […]

Kitoko muri Rayon Sports

e6b1570c 3b19 447a a961 b3907856a771

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ikipe ya Rayon Sports yakiriye, Umunye-Congo Faustin Likua Kitoko Pizzalo wakiniraga Flambeau du Centre yo mu Burundi, aho aje gushyira umukono ku masezerano. Faustin Likua w’imyaka 23 ukina mu kibuga hagati yugarira ashobora gusinya amasezerano y’imyaka ibiri atanzweho miliyoni 21 z’amafaranga y’u Rwanda. Likau Faustin yavuye muri AC […]

Dore ibihugu 10 Noheli ifatwa nk’ikizira

attachment Untitled design 2024 12 11T170841.682

Buri mwaka tariki ya 25 Ukuboza, mu bihugu byinshi byo ku isi by’umwihariko mu Burengerazuba bw’isi, hizihizwa umunsi mukuru wa Noheli, abakristo bakawufata nk’umunsi wo kwizihiza ivuka rya Yezu/Yesu Kristu, ukaba umwanya wo gusangira, kwishimana, gutanga impano no kwibutsa urukundo n’amahoro. Mu mijyi myinshi ku isi, uyu munsi urangwa n’imirimbo itandukanye, indirimbo za Noheli, amatara […]

Dani Alves agiye kuba umukinnyi w’ikipe ye aherutse kugura

r1592257 1296x864 3 2

Uwahoze ari myugariro w’ikipe y’igihugu ya Brésil na FC Barcelona, Dani Alves, yamaze kugura ikipe yo muri Portugal yitwa Sporting Clube de São João de Ver, aho anatekereza kuyisinyira amasezerano yo kuyikinira mu gihe cy’amezi atandatu. Nk’uko byatangajwe na ESPN, Dani Alves w’imyaka 42 y’amavuko, arifuza gusubira mu kibuga nyuma y’igihe kinini atagikina umupira w’amaguru. […]

Fatakumavuta yemeje ko yagororotse

WhatsApp Image 2025 12 22 at 22.14.09

Sengabo Jean Bosco uzwi ku izina rya Fatakumavuta, wakatiwe gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, asigaje amezi ane ngo arangize igihano cye, yatangaje ko azava mu igororero yahindutse mu buryo bugaragara, ku buryo n’abataramwishimiraga mbere bazatangira kumwumva no kumwishimira. Uyu munyamakuru yatawe muri yombi mu Kwakira 2024, akurikiranyweho ibyaha birimo gukangisha gusebanya no gukwirakwiza amakuru y’ibihuha. […]

Jenerali w’u Burusiya yaturikiye mu modoka 

1766471740701

Umujenerali w’ingabo z’u Burusiya yapfiriye mu gitero cya bombe cyatezwe imodoka ye mu murwa mukuru Moscow, nk’uko byemejwe n’inzego z’umutekano z’icyo gihugu. Komite y’Ubugenzacyaha y’u Burusiya yatangaje ko Lt Gen Fanil Sarvarov, wari ufite imyaka 56, yapfuye mu gitondo cyo ku wa Mbere nyuma y’uko igisasu giturika cyari cyatezwe munsi y’imodoka ye gituritse. Sarvarov yari […]

Ghana yirukanye indaya 42 zo muri Nigeria 

US to deport 201 Nigerians

Leta ya Ghana yatangaje ko yirukanye ku butaka bwayo Abanya-Nigeria 42 nyuma y’ibyemezo by’inkiko byabashinjaga ibyaha bitandukanye birimo uburaya, ubwambuzi n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi. Aya makuru yemejwe ku wa Kane na Minisitiri w’Intara ya Ashanti, Frank Amoakohene, abinyujije ku rubuga rwa Facebook. Yavuze ko abo bantu birukanywe nyuma y’imanza zitandukanye zaburanishijwe mu nkiko, aho […]

The Ben yahigitse Bruce Melody

InShot 20251222 001554362

Abahanzi n’abafite aho bahuriye n’umuziki nyarwanda bahuriye mu birori bya Isango na Muzika Awards 2025 (IMA) byabaye ku nshuro ya gatandatu, byabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali), ku Cyumweru tariki ya 21 Ukuboza 2025. Mu ijambo ry’ikaze, Umuyobozi Mukuru wa Isango Star, Mugabo Agatesi Laetitia, yashimiye abafatanyabikorwa bose bagize uruhare mu gutegura […]

Bwa mbere Masamba Intore yahawe Igihembo nyuma y’imyaka 40 amaze mu muzika

1766386640861thelink 25

Umuhanzi Massamba Intore, umaze imyaka irenga 40 atanga umusanzu ukomeye mu muziki n’umuco nyarwanda, yishimiye kwegukana igihembo cy’icyubahiro cya Lifetime Achievement Award, ari na cyo gihembo cya mbere ahawe mu Rwanda kuva yatangira urugendo rwe rw’ubuhanzi. Iki gihembo yagishyikirijwe mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 21 Ukuboza 2025, mu birori bya Isango na Muzika […]

DJ Toxxyk yafunzwe nyuma yo kugonga umupolisi agapfa

1766306465643

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi DJ Toxxyk nyuma yo kugonga umupolisi wari mu kazi, agahita apfa. Iyi mpanuka yabaye mu rukerera rwo ku wa 20 Ukuboza 2025, DJ Toxxyk ahita acika, ariko aza gufatirwa mu Karere ka Karongi. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Rutikanga Boniface, yavuze ko Dj Toxxyk yafashwe ku gicamunsi cyo ku […]

Bénin: Uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo afunzwe akekwaho kugira uruhare muri Coup d’État yapfubye

1766245305424

Mu gihugu cya Bénin, uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo ndetse n’umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi, Candide Azannai, yashyizwe muri gereza by’agateganyo mu rwego rw’iperereza ku gikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi cyaburijwemo mu ntangiriro z’uku kwezi k’Ukuboza. Nk’uko byatangajwe na AFP, Azannai akurikiranyweho ibyaha birimo gucura umugambi wo guhungabanya Leta no gushishikariza abaturage kwigomeka ku butegetsi, nyuma […]

Bruce Melody yakwennye The Ben wihaye ibyo kurapa

InShot 20251220 170944212

Bruce Melodie yemeje ko yumvise ubutumwa The Ben yamugeneye binyuze mu ndirimbo ye nshya ‘Indabo zanjye’, ariko ntiyazuyaje kumusubiza amunnyega, amwibutsa ko “abaraperi bari aba cyera.” Ibi yabivuze agaragaza ko yumvise neza ubutumwa The Ben yamwoherereje, ariko akabigira mu mvugo irimo kunenga uburyo yaririmbye. Aba bahanzi bombi bakomeje guterana amagambo mu ndirimbo no mu magambo […]

The Ben yasubije Bruce Melodie

shema innocent 0780 329 329 30 3f0bf

Mu ndirimbo ye nshya yitwa Indabo zanjye, The Ben yashubije Bruce Melodie wari umaze iminsi umwibasira binyuze mu ndirimbo Munyakazi. Iyi ndirimbo nshya igaragaramo amagambo yuzuyemo kwirata, kwigamba no kwishongora byeruye bigenewe uwo bahanganye mu muziki. The Ben atangira yerekana ko yifata nk’umuhanzi uri ku rwego rwo hejuru, akibutsa Bruce Melodie amagambo ajya avuga mu […]

Prophet Joshua arafunzwe

1766146036437

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB yatangaje ko rwafunze abantu batanu barimo na Prophet Joshua bacyekwaho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Iguhugu. Abafashwe uko ari batanu bafashwe ku wa 17 na 18 Ukuboza 2025 nk’uko byemejwe na RIB. Abafunzwe barimo uwitwa Mbabazi Winny, Niyigena Deborah, Murekatete Alice, Umutesi Salima Linda na Heradi Sefu Josue wiyita Prophet Joshua. […]

Lynda Priya yasezeranye imbere y’amategeko 

chapter 3 unlocked legally married to my bestfriend heaven african kingpanda photogra 1 db976

Uwankusi Nkusi Lynda uzwi nka Lynda Priya yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Christian Irenge, mu muhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Kimihurura ku wa 18 Ukuboza 2025. Bombi batangaje ko bari mu myiteguro y’ubukwe bwabo buteganyijwe ku wa 8 Gashyantare 2026. Uyu muhango wabaye nyuma y’uko ku wa 10 Ukwakira hari habaye igikorwa cyo kwambika […]

Trump yahagaritse itangwa rya Green Card

read green card

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahagaritse by’agateganyo porogaramu izwi nka Green Card Lottery (Diversity Visa Program) nyuma y’amasasu yavugiye muri Brown University n’iyicwa ry’umwarimu wa MIT. Iyi gahunda ni yo yafashije ukekwaho ibyo byaha, Claudio Neves Valente, ukomoka muri Portugal, kwinjira muri Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko. Minisitiri w’umutekano imbere mu […]