Yabyariye mu kazi atazi ko atwite

Umugore ukorera ikigo gitwara imizigo FedEx muri Leta ya Iowa muri Amerika yakiriye inkuru itunguranye cyane, nyuma yo kwibarukira mu kazi atazi ko atwite. Amethyst Blumberg, umukozi wa FedEx, ku wa Mbere tariki ya 26 Mutarama 2026, yumvise atamerewe neza mu mubiri maze ajya mu bwiherero. Icyo atari azi ni uko uwo mwanya wari ugiye […]
Gen Muhoozi yasabye imbabazi Amerika

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Jenerali Muhoozi Kainerugaba, yasabye imbabazi Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kuyishinja, mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X (Twitter), gufasha umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, wari umaze iminsi avugwa nk’uwaburiwe irengero. Mu butumwa yasohoye nyuma y’igihe gito ashyize ahagaragara ayo magambo, Jenerali […]
Yigize umukozi wa FBI ajya gufunguza uwishe umukozi wa leta

Umugabo wo muri Leta ya Minnesota, witwa Mark Anderson (ufite imyaka 36), yatawe muri yombi akurikiranyweho kwiyitirira kuba umukozi wa Leta ya Amerika (FBI), nyuma yo gukekwaho kugerageza gucikisha Luigi Mangione muri gereza i New York, nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano abivuga. Anderson akurikiranyweho kuba yarageze ku Metropolitan Detention Center (MDC) i Brooklyn, avuga […]
Cap Ibrahim Traoré yasenye amashyaka yose ya politike

Ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Burkina Faso bwatangaje ko buseshe amashyaka yose ya politiki yo mu gihugu, ndetse bukanakuraho amategeko yayagengaga, nk’uko byemejwe n’itegeko ryemejwe na Guverinoma ku wa Kane. Iki cyemezo kije gikurikira izindi ngamba zitandukanye zafashwe n’ubu butegetsi kuva bwafata ubutegetsi binyuze muri coup d’État yo mu 2022, aho abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga […]
Umugabo n’umugore bishimuse kugira ngo babone Miliyoni 10

Abashakanye batuye mu mujyi wa Lagos muri Nigeria, bazwi ku mazina ya Fred na Goodness, batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bakekwaho guhimba inkuru y’ishimutwa ryabo bagamije kwaka amafaranga angana na miliyoni 10 z’ama-naira mu miryango yabo n’inshuti. Amakuru dukesha PUNCH Metro avuga ko aba bashakanye bishimuse ku wa 7 Mutarama 2026, bagatangira guhamagara bene wabo […]
Ayra Starr arifuza Burna Boy mu kaziÂ

Umuhanzikazi w’Umunya-Nigeria Ayra Starr, wamenyekanye cyane mu njyana ya Afrobeats, yatangaje ko Burna Boy ari we muhanzI yifuza gukorana na we kurusha abandi bose. Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Billboard, cyashyizwe ahagaragara ku wa Kane, aho yari ari kuganira na Chelley Bissainthe, wamamaye muri Love Island USA, ku bijyanye n’itangwa ry’ibihembo bya Grammy 2026, […]
Yampano yakijijwe ndetse agiye no kurongora

Umuhanzi Yampano yatangaje ko yiteguye gukora ubukwe n’umukunzi we Uwineza Vava, nyuma y’igihe gito cyane yakiriye agakiza mu isengesho ryayobowe na Prophet Akim Hulleman. Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira kuri TikTok mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026, aho yagaragaje ibyishimo byinshi, agaruka ku rukundo afitiye Uwineza Vava ndetse n’icyizere […]
Yahawe inzu yakodeshaga kubera kwishyura ku gihe

Umugore wo mu mujyi wa Melbourne yakoze benshi ku mutima nyuma yo kuragwa inzu yari amazemo imyaka irenga 23 ayikodesha, bitewe n’ubudahemuka n’imyitwarire myiza yamurangaga mu buzima bwe bwa buri munsi. Jane Sayner yatangiye gukodesha inzu ifite ibyumba bibiri byo kuraramo mu gace ka St Albans guhera mu mpera z’imyaka ya 1990. Nyir’inzu, John James […]
Yagizwe umwere n’urukiko nyuma y’imyaka 70

Urukiko rwo mu Ntara ya Dallas rwatangaje ku mugaragaro ko Tommy Lee Walker, umunyamerika w’umwirabura wari warakatiwe igihano cy’urupfu kubera icyaha cyo gufata ku ngufu no kwica umuzungukazi witwaga Venice Parker, yagizwe umwere, nyuma y’imyaka 70 yari amaze afunzwe. Walker yari afite imyaka 19 gusa ubwo yakatirwaga urwo rubanza mu 1954, maze akicwa mu 1956. […]
UPDF yahakanye ko iri guhiga Bobi Wine

Ingabo za Uganda (UPDF) zahakanye ibivugwa ko zirimo guhiga Perezida w’ishyaka National Unity Platform (NUP) akaba n’uwigeze kwiyamamariza kuyobora igihugu, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane nka Bobi Wine. Ibi byatangajwe na Colonel Chris Magezi, Umuvugizi w’Agateganyo w’Umugaba Mukuru w’Ingabo, nyuma y’uko Kyagulanyi avuze ko ingabo zagabye igitero ku rugo rwe mu ntangiriro z’icyumweru gishize, bigatuma […]
“Umugabo si ihene yo kwiba” – Nana

Nyuma yo gusezerana ku mugaragaro n’umugabo we Jean Paul, Umurerwa Nana yahuye n’igitutu n’ibirego byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko yaba yaratwaye umugabo w’undi mugore. Nana yahise ahakana ayo makuru, ashimangira ko umugabo we atari afite undi mugore, bityo ko nta kwiba kwabayeho. Ibi Nana yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, aho yari […]
Yemeye gufungwa aho gusubiza Miliyoni 272 zayoberejwe kuri konti ye

Muri Nigeria, umugabo witwa Ojo Eghosa Kingsley, umukiriya wa First Bank, yisanze mu kibazo gikomeye cy’amategeko nyuma y’uko iyi banki iyobereje kuri konti ye amafaranga angana miliyari 1.5 Aho kumenyesha banki cyangwa gusubiza ayo mafaranga, Kingsley bivugwa ko yayakoresheje ku nyungu ze bwite hagati ya Kamena na Ugushyingo 2025. Ibi byatumye Urwego rushinzwe kurwanya ibyaha […]
Abasirikare b’u Burusiya babohewe ku biti bacuritse ndetse bambaye n’ubusa

Mu mashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko abayobozi b’igisirikare cy’u Burusiya bagaragaye bahana abasirikare babiri bashinjwaga guta inshingano no kutubahiriza amabwiriza ku rugamba rwo muri Ukraine. Ayo mashusho, bivugwa ko yafashwe hafi y’ahari imirwano, agaragaza abasirikare bombi bambitswe ubusa bw’imbere gusa, baziritswe ku biti mu mbeho ikabije. Umwe muri bo yari amanitswe umutwe […]
Abatunze imodoka na Moto bitarakorerwa mutation bagiye kubyamburwa

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangaje ko abantu batarubahiriza igihe cyo gukora ihererekanya ry’ibinyabiziga (mutation) bahawe igihe ntarengwa kigera ku wa 28 Gashyantare 2026, mu rwego rwo kubafasha gukemura ibibazo byabo bitarabonerwa umuti. Iyi gahunda ireba by’umwihariko abarengeje igihe cyemewe cy’iminsi umunani nyuma y’uko ikinyabiziga kigurishijwe cyangwa kivanwe ku muntu umwe kijya ku wundi. RRA […]
The Ben yagiriye Bruce Melodie impuhwe ntiyamuca Miliyoni 600

Mu kwezi k’Ugushyingo, The Ben na Bruce Melodie basinye amasezerano ajyanye n’ubufatanye mu muziki, harimo no gutegura igitaramo cya The NU-Year Groove ndetse n’ibindi bitaramo byari biteganyijwe gukorwa nyuma. Aya masezerano yari akubiyemo ingingo igena ko uruhande rwayica rwacibwa ihazabu ya Miliyoni 600 z’amafaranga y’u Rwanda. Amasezerano yasinywe ku mugaragaro, ahari The Ben, Bruce Melodie […]
Miss Naomie yahaye gasopo uwavuze ko amaze umwaka mu rushako ataratwita

Miss Nishimwe Naomie, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yasubije bikomeye uwitwa Edman Ishimwe ku rubuga rwa X (Twitter), wari wanditse amagambo yavugishije benshi ku bijyanye n’ubuzima bwe bwite. Edman Ishimwe yari yanditse ati: “Umwaka urahise n’undi uratashye, Miss Naomie akoze ubukwe, ariko ntakanunu ko gusama.” Iyi mvugo yahise ikurura impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, […]
Umusifuzi yatanze penaliti 3 kandi nta makosa yabayeho

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cameroon (FECAFOOT 🇨🇲) ryahagaritse by’agateganyo abasifuzi bane nyuma y’imyanzuro yabo yateje impaka nyinshi mu mukino wa shampiyona MTN Elite One wahuje Victoria United na PWD Bamenda, wabereye kuri Centenary Stadium i Limbe ku Cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026. Nk’uko FECAFOOT yabitangaje ku mbuga nkoranyambaga zayo, abo basifuzi bahagaritswe kubera ibyemezo […]
Yirukanwe azira gutoza ikipe akoresheje ChatGPT

Uwahoze ari umutoza w’ikipe y’igihugu ya Espagne, Robert Moreno, yirukanywe mu ikipe ya FC Sochi yo mu cyiciro cya kabiri mu Burusiya, nyuma yo gutsindwa kenshi no gufata ibyemezo byatangaje benshi, byinshi muri byo byashingiraga kuri ChatGPT. Moreno w’imyaka 48 y’amavuko, yavuye muri FC Sochi muri Nzeri umwaka ushize, nyuma yo kubona inota rimwe gusa […]
Umusobanuzi PK yarongoye

Karemera Hassan uzwi cyane ku izina rya PK, wamamaye mu gusobanura filime mu myaka yashize, yarushinze n’umukobwa bakundanye igihe runaka, Murekatete Diane. Ubukwe bwabo bwabaye ku Cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026, bubera ahitwa Ahava River Hall i Kicukiro, nyuma y’uko babanje gusezerana mu muhango wo gusaba no gukwa, banasezerana imbere y’Imana. Mu Ugushyingo 2025, […]
Yuriye inzu y’amagorofa 101 nta migozi cyangwa umutaka

Umukinnyi w’umunyamerika uzwi mu kuzamuka ahahanamye, Alex Honnold w’imyaka 40, yakoze amateka nyuma yo kuzamuka inyubako ndende kurusha izindi muri Taiwan, Taipei 101, adakoresheje umukandara w’umutekano (harness) cyangwa insinga zo kumufata, aba abaye umuntu wa mbere ubikoze. Abantu amagana n’amagana bateraniye hafi y’iyo nyubako ubwo Honnold yatangiraga urugendo rutoroshye rwo guterera Taipei 101, ifite uburebure […]
Yarongoye abagore 2 icyarimwe – Amafoto

Umugabo witwa Mampomo Jeannot Sylvain yakoze amateka adasanzwe, ashakana ku mugaragaro n’abagore be babiri mu muhango wabereye ku biro bya Douala I Council, igikorwa Umuyobozi w’Umujyi (Mayor) yavuze ko ari gake cyane abona ibintu nk’ibyo mu kazi ke. Uyu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru, witabirwa n’imiryango yombi, aho Mampomo Jeannot Sylvain yasezeranye n’abagore be Tchoumo […]
Ikinyamakuru Daily Star cyasabye ko Senegal yamburwa igikombe cya AFCON2025

Ikinyamakuru Daily Star cyo mu Bwongereza cyasohoye inkuru y’ibitekerezo (opinion) isaba ko Senegal yamburwa igikombe cya Afurika (AFCON) kigahabwa Maroc, ndetse umutoza wa Senegal, Pape Thiaw, agahabwa igihano cya burundu cyo kutazongera kugaragara mu mupira w’amaguru. Iyi nyandiko yanditswe na Jeremy Cross, Umwanditsi Mukuru mu bya Siporo wa Daily Star. Impamvu nyamukuru y’iyi myanzuro ni […]
Perezida wa Senegal yatangaje ikiruhuko mu gihugu nyuma yo gutwara CAN 2025

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, yatangaje ko mu gihugu hose hatanzwe ikiruhuko mu rwego rwo kwishimira intsinzi y’ikipe y’igihugu yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 (CAN 2025) cyabereye muri Maroc. Umukino wa nyuma wabereye kuri Prince Moulay Abdellah Stadium warangiye Senegal itsinze Maroc igitego 1-0, cyatsinzwe na Pape Gueye ku munota wa 94, nyuma yo […]
Musanze: Akarere kahakanye amakuru yavugaga ko Bikira Mariya yabonekeye mu giti

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwanyomoje byimazeyo amakuru yari yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko habaye ibonekerwa rya Bikira Mariya Nyina wa Yesu mu giti giherereye muri aka karere. Aya makuru yatangiye gusakazwa ku gicamunsi cyo ku wa 17 Mutarama 2026, bituma abaturage benshi bahurura bajya kureba igiti giherereye mu Murenge wa Gataraga, bakeka ko cyagaragayemo […]
Myugariro w’Amavubi agiye kurongora umugore babyaranye gatatu

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Phanuel Kavita, yatanze amarenga akomeye y’uko ari hafi kurushinga na Kristin Saunders, umufasha we bafitanye abana batatu. Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, Kavita yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza urukundo rudasanzwe afitiye Kristin Saunders, anahamya ko mu gihe cya vuba bazaba umwe. Yavuze […]
iShowSpeed yahuye n’uruvagusenya muri Egiputa

Kimenyabose mu gukora live kuri YouTube, iShowSpeed yahuye n’uruvagusenya muri Egiputa ubwo live ye yasibwaga kubera gukoresha ibihangano by’abandi. Nyuma y’uko live ye isibwe akimara kuyikora, uyu musore yatangaje ukuri ku byabaye kuri livestream ye yakoze i Cairo mu Misiri, yasibwe kuri YouTube. Ibi yabivugiye mu kiganiro cye cya Sahara stream yari arimo akorera muri […]
Senegal yagaragaje impungenge zikomeye mbere ya Final ya AFCON 2025

Ikipe y’igihugu ya Senegal yagaragaje impungenge zikomeye ku myiteguro ya Final y’Igikombe cya Afurika cya 2025 (AFCON 2025), aho yagarutse ku bibazo by’umutekano, amacumbi, imyitozo n’itangwa ry’amatike. Ibi byatangajwe mu itangazo rikakaye ryasohowe ku wa Gatandatu n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal (FSF), rivuga ko ryafashe icyemezo cyo kuvuga ku mugaragaro “mu rwego rwo gukorera mu […]
Niyo Bosco yarongoye – Amafoto

Umuhanzi w’icyamamare mu muziki nyarwanda, Niyo Bosco, yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Mukamisha Irene, nyuma y’igihe bari bamaze mu rukundo. Uyu muhango wabaye ku wa Gatanu, tariki ya 16 Mutarama 2026, ubera mu busitani bwa Kaleb Garden i Rebero, mu Karere ka Kicukiro. Mbere y’uko basezerana imbere y’Imana, habanje kuba umuhango wo gusaba no gukwa, […]
Ghana: Kwima uwo mwashyingiranwe ni icyaha

Muri Ghana, inzego z’umutekano n’ubutabera zatangaje ko kwima uwo mwashakanye imibonano mpuzabitsina mu buryo buhoraho bishobora gufatwa nk’ihohoterwa rishingiye ku marangamutima, bikaba byakurikiranywa n’amategeko. Abayobozi basobanuye ko iyo umwe mu bashakanye cyangwa abakundana akomeje kwima undi uburenganzira bwo kuryamana nta mpamvu zifatika, uwahohotewe yemerewe gutanga ikirego kuri polisi, dosiye igashyikirizwa inkiko ikaburanishwa hashingiwe ku mategeko […]
FIFA yahannye Vision FC

Impuzamashyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yashyize ahagaragara urutonde rushya rw’amakipe yafatiwe ibihano byo kutemererwa kwandikisha abakinnyi bashya, bitewe n’amadeni afitiye abakinnyi n’abatoza. Ibi byatangajwe mu ijoro ryo ku wa 15 Mutarama 2026, aho FIFA yasobanuye ko ayo makipe atarubahirije inshingano zo kwishyura abo bakorana na bo. Mu makipe yo mu Rwanda yari yarigeze kujya […]
Davido yariwe Miliyoni 75 Frw muri BetÂ

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria no ku rwego mpuzamahanga, Davido (David Adeleke), yariwe amafaranga angana na miliyoni 75 z’amafaranga y’u Rwanda nyuma y’uko ikipe y’igihugu ya Nigeria, Super Eagles, isezererwa na Maroc muri kimwe cya kabiri cy’Irushanwa ry’Ibihugu bya Afurika (AFCON) 2025. Uyu mukino wabaye ku wa 14 Mutarama 2026, kuri Stade Prince Moulay Abdellah i […]
Rose Muhando yarongowe mu ibanga

Ku wa Gatatu, tariki ya 14 Mutarama 2026 Umuhanzikazi w’icyamamare mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana muri Afurika y’Iburasirazuba, Rose Muhando, yasezeranye n’umushumba Pastor Lumbasi mu buryo bwagizwe ibanga, bityo ashyira iherezo ku byari bimaze igihe bivugwa ku buzima bwe bwite. Aya makuru yemejwe na Pastor Lumbasi ubwe mu materaniro ya vuba mu rusengero […]
Nyina wa Ndimbati yapfuye

Umukinnyi wa filime nyarwanda Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati yapfushije nyina umubyara kuri uyu wa 14 Mutarama 2026. Aya makuru yemejwe na Ndimbati aho yavuze ko “ayo makuru niyo, umubyeyi wanjye yitahiye yari mu rugo iwanjye aho yari amaze iminsi.” Uyu mukunnyi wa filime ntiyigeze ashaka kugira byinshi atangaza ku mpamvu y’urupfu rw’umubyeyi we. […]
IShowSpeed yarwaye inzoka ari kuri Live (imbonankubone)

Umunyamerika uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga no kuri YouTube, IShowSpeed, yakomeje kuvugisha benshi mu rugendo rwe muri Afurika, nyuma yo kugera muri Ethiopia avuye muri Kenya, aho yari yarakoze ibikorwa byinshi byishimiwe n’abafana. Ku wa Kabiri tariki ya 13 Mutarama, IShowSpeed yageze muri Ethiopia, yakirwa n’imbaga y’abantu benshi nk’uko byagenze no muri Kenya. Nk’uko asanzwe […]
Mike Tyson yahaye Trump ibaruwa ya Diddy amusaba imbabazi

Uwahoze ari icyamamare mu mukino w’iteramakofe ku isi, Mike Tyson, bivugwa ko yahaye Donald Trump ibaruwa yanditswe n’intoki na Sean “Diddy” Combs, asaba imbabazi Perezida (pardon). Ibi byatangajwe n’ikinyamakuru The Sun, kivuga ko Tyson yahaye Trump iyo baruwa ubwo yari yasuye White House mu Ugushyingo. Mu cyumweru gishize, Perezida Trump yemeje ko Diddy yamwandikiye amusaba […]
Prosper Nkomezi yambitse impeta – Amafoto

Umuhanzi Prosper Nkomezi wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yambitse impeta umukunzi we Retina Nkurunziza, mu rwego rwo gutangira urugendo rwo gushinga urugo. Iyi nkuru yayimenyesheje abamukurikira abinyujije ku mbuga nkoranyambaga. Yabanje gusangiza ubutumwa agaragara yicaye wenyine yambaye imyenda y’umweru, agaragaza icyizere cy’abiringira Imana, avuga ko abazagera mu ijuru bazicara bakishimira imbuto zaho. […]
Ifoto y’umu-Rayon wiyahuye igiye kumanikwa mu biro by’iyi kipe

Perezida w’Abafana ba Rayon Sports, Muhawenimana Claude, yatangaje ko ifoto ya Nizeyimana Alexandre, umufana w’iyi kipe uherutse kwiyahura nyuma yo gutsindwa na APR FC, igiye kumanikwa mu biro bya Rayon Sports mu rwego rwo kumwibuka no guha agaciro urukundo rudasanzwe yari afitiye iyi kipe. Abafana ba Rayon Sports barimo Perezida wabo Muhawenimana Claude, bifatanyije n’abaturage […]
Ish Kevin yahagaritse kunywa itabi

Umuraperi Semana Kevin uzwi cyane ku izina rya Ish Kevin yatangaje ko yamaze kureka kunywa itabi n’ibindi biyobyabwenge, aho amaze amezi atandatu atabyikoza. Ibi yabihishuriye IGIHE, asobanura ko byaturutse ku cyemezo yafashe ku bushake bwe bwite. Ish Kevin yavuze ko nta muntu n’umwe wigeze amuhatira kureka ibyo biyobyabwenge, nta wamukangishije cyangwa ngo amuhane, ahubwo ko […]
Umupfumu wahawe miliyoni 47 Frw asezeranya Mali gutwara AFCON 2025 yatawe muri yombi

Umupfumu wo muri Mali yatawe muri yombi nyuma yo gushuka abakunzi b’umupira w’amaguru abizeza ko ikipe y’igihugu ya Mali izatwara Igikombe cya Afurika (AFCON 2025) kizabera muri Maroc. Uyu mugabo yakusanyije amafaranga arenga miliyoni 47 Frw avuye ku bafana, abizeza ko Mali izatwara AFCON. Uyu mupfumu uzwi ku izina rya Karamogo Sinayogo, yafatiwe mu murwa […]
Ababyeyi bagabye igitero ku ishuri maze birukana abarimu ndetse banafunga ikigo

Ababyeyi n’abaturage bo mu Karere ka Kisii muri Kenya bateye ishuri rya St Thomas Raganga Secondary School nyuma y’uko abanyeshuri baryo bose batsinze nabi mu bizamini bya Leta bya KCSE 2025. Ku wa Mbere tariki ya 12 Mutarama 2026, ababyeyi binjiye mu kigo, birukana abarimu barimo n’umuyobozi w’ishuri, banakinga inyubako y’ubuyobozi. Ababyeyi bavuze ko bababajwe […]
Yagiye mu bwiherero bumugwa hejuru ari gukora ibikomeye

Umugabo w’imyaka 42 wo mu Karere ka Mansa ho muri Zambia yarokowe ari muzima nyuma y’uko ubwiherero bwa gakondo bumuguyeho ubwo yari arimo akora ibikomeye. Ibi byabaye ku wa Gatandatu ahagana saa saba z’amanywa n’iminota 53, mu Mudugudu wa Chitakwa. Uwo mugabo witwa Paul Kunda, bivugwa ko yaguye mu mwobo w’ubwiherero wapimaga metero 1.5 kuri […]
Sonia Rolland asanga RDC yari kuba ikize ku isi iyo yemera gukorana n’u Rwanda

Sonia Rolland, umukinnyi wa filime wanabaye Nyampinga w’u Bufaransa mu 2000, yavuze ko iyo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikorana n’u Rwanda kuva mu myaka 30 ishize, uyu munsi iba ari cyo gihugu gikize kurusha ibindi muri Afurika. Yabitangaje mu kiganiro cyanyuze kuri YouTube ya Les FunĂ©railles des Tabous, aho yasobanuye ko imwe mu mpamvu […]
Tessy yarongowe

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy n’umuraperi Hakizimana Ishimwe Agappe (Shizzo) basezeranye imbere y’Imana mu birori byabereye ku Intare Conference Arena i Rusororo, ku wa Gatandatu tariki 10 Mutarama 2026. Uyu muhango wabaye nyuma yo gusaba no gukwa, ukaba warakurikiwe n’ibirori byo kwiyakira byitabiriwe n’inshuti, imiryango n’abantu batandukanye bazwi mu myidagaduro no mu itangazamakuru. Bombi […]
IShowSpeed yashimishije imbaga y’abafana muri Stade Amahoro

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku izina rya IShowSpeed, uri mu ruzinduko mu Rwanda, yagaragaje ibyishimo byinshi ubwo yasuraga Stade Amahoro, aho yasusurukije abafana mu gihe gito yahagaze aho. Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026, ni bwo uyu munyabugeni w’icyamamare yageze muri stade yari irimo kubera umukino wahuje […]
Dr. Claude yabitswe ari muzima

Dr. Claude yatangaje ko amaze iminsi yakira ubutumwa bwinshi bw’abantu bamubika, avuga ko abo bantu ari abo yise “Contre Succès”, bamwifuriza ikibi. Yabibwiye itangazamakuru ko amakuru yavugaga ko yapfuye atari yo, kandi ko ayo makuru yatangiye gukwirakwira cyane cyane avuye i Burundi. Yagize ati nubwo abantu benshi bamuhamagara bava mu Burayi, muri Amerika n’ahandi, ari […]
Umuhanzikazi Fille Mutoni arembeye mu bitaro

Umuhanzikazi w’Umunya-Uganda Fille Mutoni yajyanywe mu bitaro, nyuma yo kongera kwisanga mu kibazo cyo gukoresha ibiyobyabwenge. Aya makuru yamenyekanye nyuma y’uko umukunzi we MC Kats yashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza Fille ari mu bitaro. Ku mafoto yashyizwe hanze, Fille agaragara aryamye, asa n’uwasinziriye cyangwa waciwe intege n’imiti ndetse yanahawe uburyo bwo kumufasha guhumeka. MC […]
Diez Dola ntakiri umuhanzi ukizamuka

Umuraperi w’Umunyarwanda Diez Dola yatangaje ko umwaka wa 2026 uzaba intambwe nshya mu rugendo rwe rwa muzika, aho avuye ku kugerageza byinshi atarangije agana ku gushyira mu bikorwa bihamye, gutegura neza no gukora mu murongo uhoraho. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Diez Dola yavuze ko mu myaka ibiri ishize yamaze igihe kinini yiga, agerageza amajwi atandukanye […]
Simi yibarutse impanga

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Adekunle Kosoko, uzwi nka Adekunle Gold, yatangaje ko we n’umugore we Simi bibarutse impanga. Iyi nkuru yishimiwe n’abatari bake, yayitangarije ku rubuga rwe rwa Snapchat ku wa kane. Nubwo batatangaje igitsina cy’izo mpanga, abakunzi b’umuziki n’abandi bahanzi bahise bohereza ubutumwa bw’ibyishimo n’ishimwe kuri uyu muryango. Mu kwezi kwa Ukuboza, Simi yari […]
Wizkid agiye kwiyamamariza kuba perezida wa Nigeria

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Ayodeji Ibrahim Balogun, uzwi nka Wizkid, yateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko hasohotse amashusho avuga ko ashobora kwiyamamariza kuyobora Nigeria. Aya mashusho yasakaye ku wa 8 Mutarama 2026, agaragaza Wizkid ari kumwe n’inshuti n’umuryango, avuga ibijyanye na politiki mu buryo busa n’urwenya ariko bufite amagambo akomeye yatunguye benshi. Mu […]
Bruce Melodie yasabye Leta gufata abahanzi nk’ingagi

Bruce Melodie, umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda, yavuze ko umuziki ufite ubushobozi bwo kwinjiriza igihugu amafaranga menshi no gukurura ba mukerarugendo, ashimangira ko wahawe agaciro kangana n’aka Leta iha urwego rw’ubukerarugendo. Ibi yabivugiye mu kiganiro IGIHE Sports Club, aho yagaragaje ko n’ubwo hari ibitekerezo byinshi aba yifuza kugeza ku Muyobozi w’Igihugu, akenshi abiburamo kubera […]
Umunyamakuru Tessy n’umuhanzi Shizzo basezeranye imbere y’amategeko

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Hakizimana Ishimwe, uzwi mu muziki nyarwanda nka Shizzo Afropapi, umuhanzi wamamaye mu njyana ya Hip Hop. Iyi mihango yabaye kuri uyu wa Kane mu Murenge wa Kinyinya mu Mujyi wa Kigali. Uyu muhango wari witabiriwe n’inshuti n’abagize imiryango y’impande zombi, aho Tessy na Shizzo […]
Yaguye igihumure nyuma yo kwiha kumara amasaha 80 ahobeye igiti

Umugabo wo mu karere ka Murang’a witwa Pasiteri Jimmy (James) Irungu, w’imyaka 30, yaguye igihumure nyuma yo kumara amasaha 79 n’iminota 40 ahobeye igiti, mu gikorwa yari agamije kurenza agahigo ka mbere k’amasaha 72 kari karashyizweho n’umugore witwa Truphena Muthoni. Ibi byabaye ubwo Irungu yari hafi kurangiza iki gikorwa cy’amasaha 80, aho abaturage bari bateraniye […]
Polisi y’u Rwanda yarashe mu kico umujura ruharwa

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba yatangaje ko yarashe Dukuzumuremyi Eric, wari wakekwagaho ubujura n’ubwicanyi, nyuma yo kugerageza gutoroka inzego z’umutekano. Byabaye mu gitondo cyo ku wa 7 Mutarama 2026, ubwo Dukuzumuremyi Eric yari ari kumwe n’abapolisi bamujyanye kwerekana aho yari yarahishe bimwe mu bintu yibye mu bihe bitandukanye. Ageze mu nzira, yagerageje kwiruka […]
Abakozi ba FBI bakoraga iki ku mukino wa RDC na Algeria?
Mu gihe irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cya 2025 rikomeje kubera muri Maroc, hamenyekanye ko abakozi b’Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe iperereza (FBI) bari mu bitabiriye umukino wahuje ikipe y’igihugu ya Algeria n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RD Congo). Uyu mukino wabaye ku wa Kabiri kuri Stade Prince Moulay Hassan i Rabat, […]
Na M23 ntiyankanze: Alyn Sano

Umuhanzikazi Alyn Sano yatangaje ko adaha agaciro impungenge zo gutinya gusohora ibihangano bye bitewe n’amakuru aba yiganjemo mu itangazamakuru, ashimangira ko nta kintu na kimwe cyamubuza gushyira hanze igihangano cye. Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Alyn Sano yavuze ko kuba atari umuhanzi wibanda ku ndirimbo zo kumvwa mu kanya gato ari byo bituma adahungabanywa n’uko […]
Urukiko rwasubitse urubanza rwa DJ Toxxyk

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwongeye gusubika urubanza ruregwamo DJ Toxxyk, wari waje kuburanishwa ku bijyanye n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Ku wa 07 Mutarama 2026, DJ Toxxyk yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge akurikiranyweho ibyaha bine birimo gutwara yasinze, kwica bidaturutse ku bushake, gukoresha ibiyobyabwenge ndetse no gutwara ikinyabiziga atabifitiye uruhushya. Ahagana saa tatu n’iminota 51, Urukiko rwahamagaye […]
Tiwa Savage yiyamye uwihaye kuvuga ku mwana we

Umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Tiwa Savage yatanze umuburo ukomeye ku mu-influencer wo ku rubuga X (yahoze ari Twitter) witwa Dami Foreign, amusaba guhagarika kwinjiza umwana we Jamil Balogun mu byo amwandikaho ku mbuga nkoranyambaga. Ibi byabaye nyuma y’uko Dami Foreign ashyizeho ubutumwa abaza impamvu umwana wa Tiwa Savage agaragara asa n’utishimye, ibintu byarakaje […]
Umugabo wari ugiye kurongora yapfuye ku munsi w’ubukwe

Habaye agahinda gakomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’uko umugabo wari ugiye kurushinga, David McCarty w’imyaka 59, apfanye n’abakobwa batatu mu mpanuka ikomeye ya helicopter yabaye ku munsi nyirizina yari ategerejweho ubukwe bwe. Iyo mpanuka yabereye mu gace ka Telegraph Canyon hafi ya Superior muri Leta ya Arizona, aho McCarty yari atwaye helicopter […]
Cardi B yahagurukiye abari guharabika se

Umuraperi w’Umunyamerika Cardi B yatangaje uburakari bukomeye nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru avuga ko se yaba yarigeze gufungwa azira icyaha cyo gufata ku ngufu. Aya makuru yavugaga ko se wa Cardi B yaba yarafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ntangiriro z’imyaka ya 1990, agakatirwa igifungo azira kugerageza gusambanya umuntu. Ibi byakwirakwiye […]
Ku myaka 56, Jennifer Lopez arifuza umugabo umwitaho

Ku myaka 56, icyamamare mu muziki no muri sinema Jennifer Lopez cyatangaje ko niba hari undi mugabo uzinjira mu buzima bwe, azaba agomba kuba umuntu umwubaha, umwakira uko ari kandi umufata neza mu rukundo. Yavuze ko urukundo rwe atari urwo guhabwa ubuntu, ahubwo ruzahabwa uzarushakira akaruharanira. Yagize ati: “Ushaka urukundo rwanjye agomba kurukorera. Agomba kunshyira […]