DR Congo mu bihugu Ubwongereza bugiye guhagarikira viza

1763393380535 1

U Bwongereza burateganya gufatira ibihano Angola, Namibia na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu gihe bitafatanya nayo mu kugarura abaturage babyo binjiye muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibi bihugu bishobora guhagarikirwa gutanga viza ku baturage babyo barimo ba rwiyemezamirimo, ba VIP n’abasura u Bwongereza niba bidashyize imbaraga mu kwakira abimurwa. Ibi biri […]

RIB yafunze umugenzuzi wa Rwanda FDA

20251117 161722

RIB yafunze Nsoneye Emmanuel, umugenzuzi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) na Uwamariya Beatha ufite uruganda rukora inzoga bakurikiranyweho icyaha cya ruswa. Nsoneye Emmanuel akurikiranyweho kandi n’icyaha cyo kumena ibanga ry’akazi. Nsoneye yagiye asaba akanahabwa ruswa y’amafaranga na Uwamariya, nyir’uruganda DUSANGIRE PRODUCTION Ltd rukora inzoga mu Karere ka Bugesera, kugira ngo asonerwe […]

Nicki Minaj muri UN avugira abakiristo bo muri Nigeria bari kwicwa

Nicki Minaj

Umuhanzi w’Umunyamerika Nicki Minaj ategerejwe mu muhango uzabera ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye i New York kuri uyu wa Kabiri, aho azaganiriza ku birego byo kwibasira Abakirisitu muri Nigeria. Minaj azahurira ku rubyiniro n’intumwa ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Muryango w’Abibumbye, Michael Waltz, hamwe na Alex Bruesewitz, umujyanama wa Perezida Donald Trump akaba ari nawe […]

Ababyeyi basabwe guhagarika kohereza ku ishuri abana barwaye ibicurane

arton89798 a91bc

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yasabye ababyeyi kutohereza ku mashuri abana bafite ibicurane kugira ngo bakumirwe ikwirakwira ry’iyi ndwara mu gihe imburagihe yagiye yiyongera mu gihugu. Mu kiganiro yagiranye na RBA, Dr. Sabin yavuze ko koko ibicurane byabaye byinshi muri iyi minsi, ariko ashimangira ko ari ibintu bisanzwe bibaho cyane mu bihe by’imvura kuva mu […]

RDC: Abantu 32 bishwe n’ikiraro mu kirombe cya cobalt

2025 11 13T171214Z 1 LYNXMPELAC0YO RTROPTP 3 COBALT CONGO TRACEABILITY MAIN

Mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, nibura abantu 32 bapfuye nyuma y’uko ikiraro cyakoreshwaga n’abacukura cobalt gisenyutse hejuru y’agace kari kamaze iminsi kuzuye amazi mu bucukuzi bw’i Kalando, mu ntara ya Lualaba. Ubuyobozi bwo muri ako gace bwemeje ko ibi byabaye ku wa Gatandatu, ubwo abantu benshi bari bagerageje kwambuka ikiraro cyubatswe mu […]

Mike Pompeo yagizwe umujyanama w’uruganda rwa gisirikare rwo muri Ukraine

20251117 105447

Uwabaye umunyamabanga wa Leta wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Pompeo, yinjiye mu nama njyanama y’uruganda rwa gisirikare rwa Ukraine rwitwa Fire Point, ruzwi cyane kubera drones zishobora kugera kure cyane zirasa mu ntera ndende mu gihugu cy’u Burusiya. Ibi bibaye mu gihe urwo ruganda rukiri gukorwaho iperereza ry’inyerezwa ry’imitungo no mu micungire y’amasezerano. […]

RIB yafunze 2 bakwirakwije amashusho ya Yampano ari gutera akabariro

thenewtimesrwanda 134829e489e44bd9a20499392df28c12 82e76

Nyuma y’uko Uworizagwira Florien (Yampano) atanze ikirego ku mashusho ye ari gukora imibonano mpuzabitsina yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, RIB yavuze ko bamaze gufata abantu babiri bakekwaho kuyakwirakwiza. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yatangaje ko hafashwe Ishimwe Patrick (Pazzo Man) ku wa 11 Ugushyingo 2025 na Kalisa John (K. John) ku wa 14 Ugushyingo 2025, […]

Mali yahagaritse ibitangazamakuru 2 byo mu Bufaransa

epa 69180a09600a 1763183113

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Itangazamakuru muri Mali (HAC) rwatangaje ko ruhagaritse imiyoboro ibiri y’Abafaransa, LCI na TF1, rubashinja gutangaza amakuru atarimo ukuri ku kibazo cy’ihagarikwa ry’ibikomoka kuri peteroli. Mu ibaruwa HAC yandikiye abatanga serivisi z’amashusho mu gihugu kuwa 13 Ugushyingo, ruvuga ko aya muyoboro yombi yakoze “ibirego bitapimwe n’ibinyoma” mu kiganiro cyo kuwa 9 Ugushyingo, birimo […]

Liberia yemereye Abanyarwanda kwinjira no gusohoka nta Viza

1763199009823

Leta ya Liberia, binyuze mu Ishami ry’Abinjira n’Abasohoka (Liberia Immigration Service – LIS), yatangaje ko Abanyarwanda batagikeneye viza kugira ngo binjire cyangwa basohoke muri Liberia. Ibi byatangajwe mu itangazo ryashyizweho umukono na Elijah F. Rufus, Komiseri Mukuru wa LIS, ku wa 11 Ugushyingo 2025. Iyi politiki nshya ishingiye ku masezerano yasinywe ku wa 10 Nzeri […]

CAF yatangaje Visa z’ubuntu ku bafana bazitabira AFCON 2025 muri Maroc

CAF

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), ku bufatanye n’Itsinda Ritegura AFCON 2025 muri Maroc, yatangaje ko abafana bazajya gushyigikira irushanwa bazahabwa visa z’ikoranabuhanga ku buntu. Ibi byatangajwe ku wa Gatanu binyuze ku rubuga rwa CAF, aho hagaragajwe ko abaturage b’ibihugu bisanzwe bisaba visa kugira ngo binjire muri Maroc bazungukira muri iyi gahunda nshya. CAF ivuga […]

Kigali: Uruhinja rwatewe amaraso rukiri mu nda ya nyina

Screenshot 20251115 0952552

Umwana wavutse nyuma yo gukorerwa Intra-Uterine Transfusion (IUT) (uburyo bwa muganga bwo guha umwana amaraso akiri mu nda ya nyina) ku bitaro bikuru bya CHUK ari mu buzima bwiza nyuma y’amezi abiri n’igice, nk’uko ubuyobozi bw’ibi bitaro bwabitangaje ku wa 14 Ugushyingo 2025. Uyu murimo wo guha umwana amaraso akiri mu nda wakozwe ku gihe […]

Utavugarumwe n’ubutegetsi bwa Tunisia yajyanwe mu bitaro nyuma yo kwigaragambya kuri Leta

AFP 20251107 83EQ6NE v1 HighRes TunisiaPoliticsRightsProtest 1763168038

Utavugarumwe na Leta yo muri Tuniziya ufungiwe muri gereza yajyanywe mu bitaro nyuma yo kubura imbaraga kubera kwishora mu myigaragambyo yo kwanga ibiryo. Umuryango wa Jawhar Ben Mbarek watangaje ko yajyanywe mu bitaro kubera kugira umwuma ukabije, ubwo ubuzima bwe bwakomezaga kuba bubi nyuma y’iminsi irenga ibiri mu myigaragambyo yo kwanga kurya. Ben Mbarek, umwe […]

Yahombye Miliyoni 12 Frw ubwo yashakaga gukora Chapati nini ku isi

Screenshot 13 11

Umunyabugeni ukora amashusho y’ibirangaza ukomoka muri Uganda, Raymond Kahuma, yatangaje ko yahombye miliyoni 12 Frw nyuma y’uko umushinga we wo gukora chapati nini kurusha izindi ku isi uhombye. Kahuma, wifuzaga kwandikisha izina rye mu gitabo cya Guinness World Records, yakoreye imyiteguro yose muri Kenya, aho umushinga wamaze iminsi myinshi utegurwa, uhereye ku kubaka ahantu ho […]

Abantu 29 bapfiriye mu gitero karundura Uburusiya bwagabye muri Ukraine

IMG 8756 1763115603

Umurwa mukuru wa Ukraine, Kyiv wagabweho igitero gikomeye mu gitondo cyo ku wa 14 Ugushyingo. Kugeza ubu, abantu 29 bamaze kwemezwa ko bapfuye, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi. Meya wa Kyiv, Vitaly Klitschko, yanditse kuri Telegram ko: “Ingabo zishinzwe kurinda ikirere zirimo gukora i Kyiv. Ni igitero gikomeye umwanzi yagabye ku murwa mukuru.” Amakuru akomeje avuga ko […]

Amashusho y’urukozasoni yatumye Riderman asaba RIB kugira icyo ikora

images 2

Umuraperi Riderman yasabye Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) gufata ingamba zikomeye ku bantu bakomeje gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni kuri internet. Avuga ko iki kibazo cyabaye icyorezo, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga zikoreshwa n’abatarageza imyaka y’ubukure. Mu kiganiro yagiranye na SK FM, Riderman yavuze ko hari abantu bakomeje gukangisha abandi ko bafite amashusho yabo y’urukozasoni kugira ngo babahatire gukora […]

Richard Nick yahaye umunyarwenya Kadudu ibihumbi 500 by’igishoro

Umunyarwenya Kadudu wari umaze iminsi atekereza uko yabona ibihumbi 200 Frw ngo atangire ubucuruzi bw’ ibiraha. Icyo cyifuzo cyabaye impamo ku mugoroba wo ku wa 13 Ugushyingo 2025, ubwo muri Camp Kigali haberega igitaramo cya Gen-Z Comedy Show. Muri iki gitaramo habaye byinshi, ariko icyatunguye abantu ni uko Richard Nick Ngendahayo yahaye Kadudu ibihumbi 500 […]

Abiyitirira Fatakumavuta ufunzwe bakomeje kwiba abantu 

Sengabo Jean Bosco, uzwi cyane ku izina rya Fatakumavuta, kuri ubu afungiye mu Igororero rya Nyarugenge riherereye i Mageragere, yagaragaje impungenge z’uko hari abantu bamwiyitirira bakaka amafaranga mu izina rye. Mu kiganiro kigufi yagiranye n’Imvaho Nshya ubwo yari yitabiriye ibiganiro byerekeranye n’ubuhuza byatangijwe muri iryo gereza na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa, Fatakumavuta yavuze ko […]

Abanyakenya barenga 200 bari kurwana mu ntambara y’Uburusiya na Ukraine 

5a9b37b0 c06f 11f0 bdb0 99c97c554d8b.jpg

Abantu basaga 200 bo muri Kenya barimo kurwana ku ruhande rwa Russia mu ntambara iri kubera muri Ukraine, kandi hari abandi bashobora kongerwa mu mirwano, nk’uko byatangajwe n’inzego z’igihugu. Muri abo barimo n’abahoze mu nzego z’umutekano za Kenya, nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi. Bamwe mu bakuweyo basanze barakoreshwaga mu gukora drones no […]

FDLR yagiye i Kinshasa kwiga gukoresha drone bisabwe na Leta ya Kongo

Screenshot 20251113 142443 InShot 770x410 1

Uwahoze ari umusirikare wa FDLR witwa Mbale Hafashimana yatangaje amabanga akomeye ku itsinda ryihariye ry’uyu mutwe ryitwa CRAP Unit, ryashinzwe gukora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no gufasha ingabo za Kongo (FARDC) mu ntambara ziri mu burasirazuba bwa RDC. Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, Hafashimana yavuze ko CRAP Unit igizwe n’abarwanyi bagera kuri 600, batoranyijwe […]

Bujumbura: Abana bari gushimutwa ku bwinshi

20251113 142230

Mu gihe ibikorwa byo gushimuta abana bikomeje kugaragara mu duce dutandukanye tw’intara ya Bujumbura, ababyeyi barasaba inzego z’umutekano gufata ingamba zikomeye zo gukurikirana abinjira n’abasohoka mu duce dutuwe. Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu na yo aramagana ibi bikorwa, asaba ko abakora ibi byaha bahanwa bikomeye. Natalie Kamikazi, utuye mu Gatunguru muri komine Ntahangwa yabwiye ikinyamakuru […]

Ubudage bwafunze ikihebe cya Hamas cyari cyigiye kwica abayahudi bo mu Burayi

20251113 140654

Mu ijoro ryo ku wa 11 Ugushyingo 2025, Ubushinjacyaha Bukuru bw’Ubudage bwategetse ifatwa by’agateganyo rya Borhan El-K., ukomoka muri Libani, ukekwaho kuba umunyamuryango w’umutwe w’iterabwoba mpuzamahanga HAMAS. Ifatwa ryabaye ku muhanda wa A17, ubwo ukekwaho yinjiye mu Budage avuye muri Repubulika ya Czheck. Ubushinjacyaha buvuga ko Borhan El-K. yagizemo uruhare mu gutegura ibitero by’iterabwoba mu […]

Ruti Joel atunze imodoka yari iya nyakwigendera Yvan Buravan

Umuhanzi w’indirimbo za gakondo Ruti Joel yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kugura imodoka ya nyakwigendera Yvan Buravan, inshuti ye magara, kugira ngo agire ikintu gifatika kimwibutsa uwo muhanzi w’ibihe byose. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Mugabe Robert, Ruti yavuze ko iyo modoka yo mu bwoko bwa Benz yayihaye izina “Nkongi Cyane”, izina ryari ikivugo cya Buravan. […]

Gen. Muhoozi yasabye Kenya kubaha uburenganzira ku nyanja vuba na bwangu 

images289929 2

Umuhungu wa Perezida wa Uganda akaba n’umuyobozi w’ingabo z’igihugu, General Muhoozi Kainerugaba yongeye gushyigikira amagambo aherutse kuvugwa na se, Perezida Yoweri Museveni, avuga ko Uganda ikwiye kugira uburenganzira bwo kugera ku Nyanja y’Abahinde. Mu butumwa bwe bwumvikanamo ubwirasi, Muhoozi yagize ati: “Kenya igomba kuduhereza vuba inzira ituganisha ku Nyanja y’Abahinde. Nitabikora, bizateza ibibazo bikomeye mu […]

Abantu 6 bapfiriye mu kavuyo k’abantu bashakaga akazi mu gisirikare cya Ghana

images 1

Byibuze abantu batandatu bahitanywe n’akavuyo k’abantu kabereye kuri sitade ya El-Wak Sports Stadium i Accra muri Ghana, ubwo habaga igikorwa cyo gushaka abinjira mu gisirikare cya Ghana (Ghana Armed Forces). Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu mbere y’uko igikorwa nyirizina gitangira, ubwo igihiriri cy’abasore n’inkumi cyari cyahurujwe no kwirukira ku marembo […]

Amashusho y’urukozasoni ya Yampano mu butabera

20251112 180605

Umuhanzi w’Umunyarwanda ukizamuka, Florien Uworizagwira, uzwi cyane ku izina rya Yampano yajyanye mu butabera Patrick Ishimwe uzwi nka Pazzo, amushinja kwiba no gusakaza videwo y’urukozasoni yari afitanye n’umukunzi we, nyuma yo kuyikura muri telefoni ye nta burenganzira abifitiye. Iyo videwo yasohotse ku mbuga nkoranyambaga ku itariki ya 9 Ugushyingo 2025, ituma Yampano ashyirwa mu majwi […]

Yabyaye abana bane icyarimwe ahita abita amazina ya Raila Odinga

ChatGPT Image Nov 11 2025 01 56 53 PM 1

Umugore wo mu karere ka Kisii, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Kenya, yabyaye abana bane icyarimwe abita amazina yakomotse kuri Raila Odinga wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya, ndetse n’umugore we Ida Odinga. Abo bana bane ba Vane Nyanchoka ni abahungu batatu n’umukobwa umwe. Abahungu babatijwe Raila, Amollo, na Odinga, naho umukobwa yitwa Ida, izina […]

Mwarimu Clement yiyahuriye mu kiyaga cya Muhazi 

channels4 profile

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Iraguha Clement, uzwi cyane nka Mwarimu Clement kubera kwigisha abantu gutwara imodoka binyuze ku mbuga nkoranyambaga, yapfuye nyuma yo kwiroha mu Kiyaga cya Muhazi. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yatangaje ko iby’uru rupfu byamenyekanye ku mugoroba wo ku wa 10 Ugushyingo 2025, ahagana saa kumi […]

Umukobwa w’imyaka 13 yanze kurongorwa n’umusaza wa 70

1762847034988

Umukobwa w’imyaka 13 y’amavuko wo mu karere ka Bor muri Sudani y’Epfo yakijijwe gushyingirwa ku gahato ku mugabo w’imyaka 70, nyuma y’uko nyina amenye ibyari bigiye kumubaho maze agahita asaba ubufasha mu itsinda ry’abagore rirengera uburenganzira bwabo. Uwo mukobwa, witwa Nosha, ngo yumvise ba sekuru be baganira ku migambi yo kumushyingira uwo musaza mu buryo […]

FIFA yahannye Umurundi Bonfils-Caleb

1762844228627

Umurundi Bonfils-Caleb Bimenyimana yahagaritswe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) imikino itatu, nyuma y’igikorwa cy’ubugome yakoreye umuzamu w’ikipe y’igihugu ya Kenya, Brian Bwire, mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi wabaye ku wa 9 Ukwakira 2025. Iri kosa ryabereye mu mukino wahuje Uburundi na Kenya muri “World Cup Qualifiers 2026”, aho bombi bahataniraga amanota akomeye […]

Nicolas Sarkozy yarekuwe

Urukiko rw’i Paris rwatangaje ko rwemeye kurekura by’agateganyo Nicolas Sarkozy, wahoze ari Perezida w’u Bufaransa, mu gihe ategereje kuburana ubujurire ku rubanza yakatiwemo igifungo cy’imyaka itanu. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 10 Ugushyingo 2025. Sarkozy, wayoboye u Bufaransa kuva mu 2007 kugeza mu 2012, yari afunzwe nyuma yo guhamywa ibyaha bijyanye n’amafaranga […]

Intare FC yitandukanyije n’umugabo wacucuye ababyeyi bo muri Kamonyi

arton70446 cb499

Mu gihe amakuru amaze iminsi acicikana ku mugabo witwa Nibishimirwe Patrick ushinjwa kwaka amafaranga ababyeyi bo mu Karere ka Kamonyi abizeza kuzazamura abana babo bafite impano mu mupira w’amaguru, ikipe y’irerero rya Intare FC yamenyesheje ko nta sano na busa ifitanye n’uwo mugabo. Amakuru avuga ko Nibishimirwe Patrick yabwiye ababyeyi bagera kuri 26 ko afite […]

Perezida wa Zambia yatewe amabuye ari ku rubyiniro

P1 03 12 22 new

Ku wa gatandatu tariki ya 8 Ugushyingo 2025, Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema yatewe amabuye n’abaturage bari bamuteze amatwi mu gikorwa cyabereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu, bituma abashinzwe umutekano bamuhungisha vuba cyane. Perezida Hichilema yari yagiye mu mujyi wa Chingola, mu ntara ya Copperbelt, gusura abaturage no kureba ingaruka z’inkongi y’umuriro yari yibasiye isoko rya […]

Vestine na Dorcas bahagaritse igitaramo muri Canada ku munota wa nyuma 

20251108 093230

Abakunzi b’itsinda rya Vestine & Dorcas bari bategereje igitaramo cyabo mu mujyi wa Winnipeg muri Canada ku wa Gatandatu, tariki ya 8 Ugushyingo 2025, ariko cyaje gusubikwa ku munota wa nyuma. Iki gitaramo cyari kimwe mu byari gisoza uruzinduko rwabo rwo kuririmba mu bihugu bitandukanye byo muri Amerika na Canada. Abafana bari biteguye kuririmbana nabo […]

Ibihugu 5 by’Afurika byagabweho ibitero by’indege na Amerika

cedb0108 6a35 457e 8cca 39583262df13

Kugeza mu Ugushyingo 2025, hari ibiganiro byongeye kuzamuka ku bijyanye n’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zishobora kugaba ibitero by’indege muri Nijeriya. Ibyo biganiro byatumye abantu bongera kwibaza ku ruhare rwa Amerika mu bikorwa byayo bya gisirikare muri Afurika. Hashize imyaka myinshi Ubuyobozi bwa Gisirikare bwa Amerika muri Afurika (AFRICOM) bukora ibitero by’indege ku […]

SP Ronald Mutabazi yasanzwe mu rugo yapfuye

63da7307 ed0a 4ac0 b505 7433555c3148

Umuyobozi wa VIPPU muri Polisi y’u Buganda, SP Ronald Mutabazi, yasanzwe yapfuye mu rugo rwe Polisi y’u Buganda iri mu kababaro k’akomeye nyuma y’urupfu rwa SP Ronald Mutabazi, umwe mu bapolisi bakuru bakoraga mu ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba (Counter Terrorism Unit). Mutabazi yari umuyobozi wa VIPPU (Very Important Persons Protection Unit) ishami rishinzwe kurinda abayobozi […]

Umugabo mubi ku isi yizihije imyaka 22 amaze arongoye

20251107 082219

Baguma Godfrey, uzwi nka Ssebabi, umwe mu bantu bazwi cyane muri Uganda, hamwe n’umugore we Namande Cate, bazihije isabukuru y’imyaka 22 bamaze bashyingiwe. Mu gusangiza abantu urugendo rwabo rw’ubukwe, Cate Namande yavuze ko yarongowe n’uyu mugabo ubwo yari afite imyaka 18 gusa. Icyo cyemezo cye cyakurikiwe n’amarangamutima menshi n’amarushanwa y’imiryango n’inshuti, bamwe bibazaga impamvu yihisemo […]

Umuhungu wa nyakwigendera Muammar Kadhafi yarekuwe

1762494384547

Ubuyobozi bwa Libani bwatangaje ko Hannibal Kadhafi, umuhungu wa nyakwigendera Muammar Kadhafi wahoze ayobora Libiya, yarekuwe nyuma y’imyaka irenga icumi yari amaze afunzwe i Beirut. Nk’uko bitangazwa n’urubuga Lebanon 24, Hannibal Kadhafi yarekuwe n’urukiko rwa Libani, kandi yakuriweho inzitizi zamubuzaga gusohoka mu gihugu, ndetse urukiko rwanatesheje agaciro ingwate ya miliyoni 11 z’amadolari yari yasabwe. Leta […]

Perezida wa Afurika y’Epfo yinjiye mu kibazo cy’abaturage be bajyanwe kurwana mu ntambara ya Ukraine

1762414904286

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yategetse ko hakorwa iperereza ryihariye ku byatumye Abanyafurika y’Epfo 17 bajyanwa mu bikorwa bisa n’iby’abacanshuro mu ntambara iri hagati y’Uburusiya na Ukraine. Nk’uko itangazo rya guverinoma ribivuga, abo basore bari hagati y’imyaka 20 na 39, bakaba bafungiwe mu karere ka Donbas muri Ukraine, nyuma yo kubeshywa ngo bagiye kubona […]

BOLIVIA: Urukiko rwategetse ko Jeanine wahoze perezida w’igihugu arekurwa 

ap 690b90adaa5d5 1762365613

Urukiko rw’Ikirenga rwa Bolivia rwatangaje kuri uyu wa Gatatu tariki ya 5/11/2025 ko rutesheje agaciro igihano cy’imyaka 10 cyari cyarafatiwe Jeanine Áñez, wahoze ari Perezida w’agateganyo, runategeka ko ahita arekurwa nyuma y’imyaka irenga ine yari amaze afunzwe. Uyu mwanzuro wasomwe n’umucamanza Romer Saucedo, wavuze ko habayeho “kunyuranya n’amategeko mu mikorere y’urukiko rwamukatiye,” kuko yagombaga kuburanishwa […]

Iby’ingenzi buri wese ugiye gusezerana mu mategeko mu Rwanda agomba kumenya 

A wedding ceremony 1024x768 1

Gusezerana mu mategeko (civil marriage) mu Rwanda si umunsi w’urukundo gusa, ahubwo ni amasezerano yemewe n’amategeko hagati y’abantu babiri. Nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare (NISR), mu mwaka wa 2023 habaye ubukwe 57,880 bwanditswe mu mategeko, mu gihe mu 2024 habaye 52,878, bigaragaza ikigero cyo kugabanuka kwa 9.5%. Ibi byerekana ko n’ubwo gushakana bikomeje gufatwa […]

Perezida wa Mexique Claudia yakorakowe n’umugabo mu ruhame

2025 11 05t171108z 275856669 rc21phass2q6 rtrmadp 3 mexico crime sheinbaum

Perezida wa Mexique, Claudia Sheinbaum yashyikirije ubutabera umugabo wamukorakoye mu gatuza ubwo yari ari mu ruhame aramukanya n’abaturage i Mexique City. Uwo mugabo, bivugwa ko yari yasinze, yahise atabwa muri yombi kandi aracyafungiye muri Sex Crimes Investigation Unit. Sheinbaum yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuregera inkiko “nk’umugore uharanira uburenganzira bw’abandi bagore bose,” asaba ko ihohoterwa […]

Rwamagana: Uruganda rwakoraga inzoga mu rusenda, itabi n’amajyani rwarafunzwe

22 83

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwatangaje ko bwahagaritse uruganda rwitwa Agahebuzo Drinks Processing rwengaga inzoga rukoresheje ibikoresho bidakwiye birimo urusenda, amajyane n’itabi, aho gukoresha ibitoki nk’uko byari byanditse mu cyangombwa cyarwo. Urwo ruganda rwakoraga mu Murenge wa Muhazi, Akagari ka Nsinda, rwafunzwe ku itariki ya 4 Ugushyingo 2025 ku bufatanye n’inzego z’ibanze, iz’umutekano ndetse n’Ikigo cy’Igihugu […]

Abantu icyenda bishwe n’impanuka y’indege ya UPS i Louisville

da3830c0 b9ff 11f0 ba75 093eca1ac29b

Ku mugoroba wo ku wa kabiri, indege itwara imizigo ya kompanyi UPS yakoze impanuka ikomeye ubwo yari igiye guhaguruka ku kibuga cy’indege Louisville Muhammad Ali International Airport, ihitana abantu icyenda, nk’uko byemejwe na guverineri wa leta, Andy Beshear. Ubuyobozi bwatangaje ko abantu 11 bakomeretse bikomeye, mu gihe abandi 16 bagishakishwa. Indege yahise iturika ikigwa ku […]

Cristiano Ronaldo agiye guhagarika gukina umupira

1762356447759

Cristiano Ronaldo yatangaje ko agiye kujya guhagarika ruhago, avuga ko azabikora kubera impamvu z’umuryango n’igihe amaze ategura ejo hazaza he. Uyu mukinnyi w’imyaka 40, ukinira Al Nassr muri Arabie Saoudite ndetse akaba n’intwari ya Portugal, yavuze ibi mu kiganiro cya “Piers Morgan Uncensored” cyo mu Bwongereza, cyasohotse ku wa kabiri tariki 5 Ugushyingo 2025. Ronaldo […]

Wa mwana ufite ubumuga bw’ingingo uzi guconga ruhago, yahawe ubufasha

20251105 122208

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru w’Abafite Ubumuga (RAFA) ryemeje ko, ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo n’Akarere ka Gatsibo, ryasuye kandi rigenera ibikoresho Nizeyimana ThĂ©oneste, umwana ufite ubumuga bw’ingingo wagaragaje impano ikomeye mu gukina umupira w’amaguru. Nk’uko byatangajwe n’iri shyirahamwe ku rukuta ryarwo rwa X ku wa 4 Ugushyingo 2025, urwo ruzinduko rwabaye ku wa 31 […]

TANZANIA: Abakinnyi 7 biciwe mu myigaragambyo yakurikiye amatora

Abakinnyi barindwi b’abato b’umupira w’amaguru bo muri Tanzania barimo abari bahagarariwe n’ikigo Viral Scout Management biciwe mu mvururu zakurikiye amatora y’umukuru w’igihugu, nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru The Standard. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ubuyobozi bw’iki kigo, ryemejwe ku mbuga nkoranyambaga, havugwamo amazina y’abitabye Imana arimo Rajabu Rajab (17), Anthony Rico (18), Abdulqareem Ali (16), Peter Eliya (19), […]

Umukinnyi wa filime Nana yarwariye ‘Depression’ mu Bubiligi

nana 3 75096

Uwamwezi NadĂšge, uzwi cyane nka Nana muri filime Citymaid, yahishuye ko yakomeje guhangana n’indwara y’agahinda gakabije (depression) ubwo yageraga mu Bubiligi mu mwaka wa 2021, ajyanywe no kubana n’umugabo we. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Nana yavuze ko kwimukira mu gihugu gishya byamugoye cyane cyane cyane kuba yarasize inshuti, abavandimwe n’umuryango we mu Rwanda. Ati: […]

RDC yahagaritse abakinnyi n’abatoza bitabiriye Giants of Africa i Kigali

1762255588390

Ishyirahamwe rya Basketball muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FEBACO) ryafatiye ibihano bikomeye abakinnyi n’abatoza bagaragaye mu iserukiramuco rya Giants of Africa 2025 ryabereye i Kigali, ku mpamvu z’uko bahagarariye igihugu batabifitiye uburenganzira. Iri serukiramuco, ryabaye kuva tariki ya 26 Nyakanga kugeza ku ya 2 Kanama 2025, ryahuje urubyiruko n’abatoza bo mu bihugu bitandukanye bya […]

Gen Mamady Doumbouya ntakozwa ibyo guha ubutegetsi abasivile

Le colonel Mamadi Doumbouya

Umuyobozi w’Inzibacyuho wa GuinĂ©e, Jenerali Mamady Doumbouya, yongeye kugaragaza ko adateganya gusubiza ubutegetsi abasivile nk’uko yari yarabisezeranyije ubwo yafata ubutegetsi mu 2021. Ahubwo, kuri ubu, yiyamamaje ku mugaragaro mu matora ya Perezida ateganyijwe kuba ku wa 28 Ukuboza 2025, yemeza ko ashaka gukomeza kuyobora igihugu “mu izina ryo kuvugurura igihugu”. Ku wa Mbere, Doumbouya yageze […]

Perezida Ibrahim Traoré yakiriye Jacob Zuma baganira ku kubohora Afurika

20251104 074537

Perezida wa Burkina Faso, Kapiteni Ibrahim TraorĂ©, yakiriye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025, wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, mu biro bye biherereye i Koulouba, i Ouagadougou. Uwo muhuro wateguwe ku bufatanye na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Burkina Faso, wari ugamije kuganira ku ngamba z’ubwigenge n’ukwigenga kwa Afurika, nk’uko […]

Perezida wa repubulika (Kagame) ndamukunda: Richard Nick Ngendahayo akigera i Kigali

1762202150506b3aac1e9 2d36 417a 9df3 0d55deba6039

Nyuma y’imyaka irenga 15 yari amaze aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umuramyi w’inararibonye Richard Nick Ngendahayo yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025. Uyu muhanzi ukunzwe cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, yakirwa n’urugwiro n’akanyamuneza […]

SADC yemeje ko matora yo muri Tanzania atabaye mu bwisanzure

20251103 165915

Abakurikiranira hafi amatora bo mu muryango wa SADC batangaje ko abaturage bo mu bice byinshi by’igihugu cya Tanzaniya batabashije kugaragaza ubushake bwabo mu matora aheruka yabaye ku wa 29/10/2025. Mu itangazo ryabo, Itsinda rya SADC rishinzwe gukurikirana amatora (SEOM) ryavuze ko hari ibibazo byinshi mu mikorere ya politiki, umutekano n’imitegurire y’amatora, bigatuma ayo matora atuzuza […]

Ubuhinde: Abantu 19 bapfiriye mu mpanuka ya bisi yagonganye n’ikamyo

rangareddy road accident

Impanuka ikomeye yabaye kuri uyu wa Mbere mu karere ka Ranga Reddy muri Leta ya Telangana mu Buhinde, aho ikamyo nini yari itwaye amabuye y’amakoro yagonganye n’imodoka ya kompanyi y’igihugu itwara abantu (Telangana State Road Transport Corporation – TSRTC). Nk’uko bitangazwa n’inzego za polisi, iyi mpanuka yabereye hafi y’ahitwa Chevella, mu gitondo cyo kuri uyu […]

Perezida Samia ararahirira mu biro bye 

perezida samia yagize amajwi 97 66 6ebde

Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, ararahirira inshingano ze kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025, mu muhango uzabera mu ibanga, hagamijwe kubungabunga umutekano w’igihugu. Mu bihe bisanzwe, irahira ry’umukuru w’igihugu ryaberaga muri stade nini, rikitabirwa n’abantu ibihumbi. Ariko ubu si ko bimeze, kuko uyu muhango urabera ku ngoro y’umukuru w’igihugu, kandi abaturage […]

Djibouti: Imyaka ntarengwa yo kuba perezida yakuweho

Inteko ishinga amategeko ya Djibouti yakuyeho imyaka ntarengwa ku bakandida b’umukuru w’igihugu, nyuma yo gutora ku bwiganze bw’amajwi yose ku Cyumweru. Ibi byafunguye inzira ku Perezida Ismail Omar Guelleh, w’imyaka 77, kugira ngo ashobore kongera kwiyamamaza mu matora yo muri 2026. Guelleh amaze ku butegetsi kuva mu 1999, akaba ayobora igihugu gito cyo mu ihembe […]

Perezida Ndayishimiye yagiye gushyigikira Samia Suluhu

1762153877563

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yageze mu mujyi wa Dodoma mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki 3 Ugushyingo 2025, aho yitabiriye ibirori byo kurahiza Samia Suluhu Hassan, wongeye gutorerwa kuyobora Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania. Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida w’u Burundi mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa mbere, uru ruzinduko rugamije gushimangira […]

Umuhanzi Ngabonziza Augustin, wamamaye mu ndirimbo ‘Ancilla’ yapfuye 

ngabonziza augustin wamamaye mu ndirimbo ancilla yapfuye 30087

Ngabonziza Augustin, umwe mu bahanzi bakanyujijeho mu myaka irenga 40 ishize, yapfuye azize uburwayi nyuma yo kumara igihe arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK). Amakuru yemeza ko yari amaze iminsi arembye, ubuzima bwe bukagenda burushaho kugorana. Ngabonziza azwi cyane mu muziki wo hambere, aho yaririmbaga muri Orchestre Les Citadins, imwe muri bandi yakunzwe […]

Ibyo ntibibareba: Miss Jolly Mutesi asubiza abibaza aho akura amafaranga

1762031101751

Tariki 1 Ugushyingo 2025, Miss Jolly Mutesi wabaye Miss Rwanda mu 2016, yasubije abamubaza aho akura amafaranga ye, avuga ko ibyo bitabareba kandi bakwiye kumureka akagira amahoro. Ibi yabivugiye mu birori bya The Silver Gala byateguwe na Sherrie Silver Foundation. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, umwe yamubajije ku bijyanye n’imodoka nshya ihenze aherutse kugura, amubaza n’aho […]

Abapasiteri n’abahanuzi b’ibinyoma bagiye kujya bafungwa imyaka 10

058951e4 2420 4640 b4c0 c32ce11f48ff

Mu gihugu cya Kenya harategurwa itegeko rishya rigamije gufata no guhana abayobozi b’amadini cyangwa abapasiteri bakoresha amayeri n’ibinyoma kugira ngo babone amafaranga aho baba bavuze ko bakora ibitangaza. Iryo tegeko rizwi nka Religious Organisations Bill, 2024 riteganya ibihano bikomeye ku bantu bazafatwa bakora ubu bujura bwo mu madini. Itegeko rivuga ko umuyobozi w’idini cyangwa umupasiteri […]

Bane mu bagabye igitero ku kigo cya polisi bishwe barashwe

1761986768434

Abashinzwe umutekano muri Uganda bari gukora iperereza ku gitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu ku kigo cya Polisi giherereye mu Karere ka Kasese, aho abantu bitwaje intwaro barimo n’abari bafite imihoro bateye icyo kigo, barasa ndetse batwika inzu imwe y’abapolisi. Nk’uko byatangajwe na The New Vision, bivugwa ko abagizi ba nabi bane […]