Polisi y’Igihugu yatangaje ko yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abapolisi 74, barimo babiri bo ku rwego rwa ba Komiseri.
Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo ACP Sam Rumanzi wakoze imirimo irimo kuba Umuhuzabikorwa w’urwego rwunganira akarere mu by’umutekano-DASSO ku rwego rw’Igihugu.
Barimo kandi ACP Francis Muheto wakoze imirimo itandukanye muri Polisi, irimo kuyobora Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyaruguru.
Yaba ACP Rumanzi na Muheto kandi bamaze igihe gito bavuye i Cabo Delgado muri Mozambique, aho bari baragiye mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba.
Abandi bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru nk’uko Polisi y’u Rwanda yabitangaje, barimo ba Ofisiye bakuru 9, ba Ofisiye bato 12 n’abapolisi bato 38.
Abapolisi 13 basezerewe ku mpamvu z’uburwayi, abandi babiri basezererwa ku mpamvu zindi zitandukanye.


