Abarwanyi batandatu bayoboye imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Teritwari ya: Masisi, Rutshuru na Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), ni bo bemeye kurambika intwaro nyuma y’aho ubuyobozi bw’iyi ntara bweguriwe igisirikare.
Umuhuzabikorwa w’urwego rw’igihugu rushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare muri Kivu y’Amajyaruguru, Jacques Katembo yabitangarije Radiyo Okapi kuri uyu wa 9 Gicurasi 2021.
Katembo yavuze ko aba barwanyi bihaye ipeti rya ‘General’ tariki ya 8 Gicurasi 2021 bamumenyesheje ko bategereje ko ubuyobozi bushya bwa gisirikare ko bwabemerera gusubira mu buzima busanzwe, maze bakarambika intwaro.
Yagize ati: “Biteguye kwitura, bakarambika intwaro, bakinjira muri gahunda ya DDR (Résarmement, Démobilisation et Réinsertion).”
Uyu muhuzabikorwa yashishikarije n’abandi barwanyi kurambika intwaro, abasezeranya ko Leta izemera kubakira binyuze muri DDR (yo gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare).
Inkuru bifitanye isano https://bwiza.com/?RDC-Hari-abarwanyi-bemeye-kurambika-intwaro-bamaze-kumva-ko-ubuyobozi-bweguriwe
Ntabwo Katembo yahishuye amazina y’aba barwanyi cyangwa imitwe yitwaje intwaro bayoboye, gusa amakuru dukesha raporo nshya ya KST (Kivu Security Tracker) avuga ko izi teritwari zikoreramo imitwe nka: Mai Mai Simba UPLD, NCD-R/Guidon, NCD-R/Bwira, Mai Mai Jackson FMP, FDLR-FOCA, RUD-Urunana, iya Mai Mai Nyatura n’indi…
Aba barwanyi bemeye kurambika intwaro nyuma y’aho Umukuru w’Igihugu, Perezida Félix Tshisekedi atangarije ko Kivu y’Amajyaruguru na Ituri bijya mu bihe bidasanzwe by’iminsi 30 guhera tariki ya 6 Gicurasi 2021.
Muri ibi bihe, izi ntara ubu ziyoborwa n’abasirikare bafite ipeti rya ‘Lieutenat-General’, bahawe inshingano zo kubora ibitero bitandukanye ku mitwe yitwaje intwaro ikorera muri izi ntara, imaze igihe kirekire itezamo umutekano muke.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



2 Responses
Ba ‘General’ 6 bayobora inyeshyamba muri Masisi, Rutshuru na Walikale ni bo bemeye kurambika intwaro
Mushakira umuti ikibazo kitari cyo fayulu yigeze kuvuga ibintu baramwamwagana ariko yari yavuze ukuri ikibazo mu biyaga binini si inyeshyamba ni kagame nibamukuraho byose bizagenda mobutu akiriho kuki zitariho ni kagame uziha intwzro nimumutere nimumwirukana izo nyeshyamba zose zizazimirabaramwa
Ba ‘General’ 6 bayobora inyeshyamba muri Masisi, Rutshuru na Walikale ni bo bemeye kurambika intwaro
Mushakira umuti ikibazo kitari cyo fayulu yigeze kuvuga ibintu baramwamwagana ariko yari yavuze ukuri ikibazo mu biyaga binini si inyeshyamba ni kagame nibamukuraho byose bizagenda mobutu akiriho kuki zitariho ni kagame uziha intwzro nimumutere nimumwirukana izo nyeshyamba zose zizazimirabaramwa