Ba ‘General’ ni bo bahawe ubuyobozi muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo akaba n’Umugaba w’Ingabo w’Ikirenga kuri uyu wa 4 Gicurasi 2021 yahaye abasirikare b’ipeti rya ‘Lieutenant General’ ubuyobozi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri mu bihe bidasanzwe.

Aba ni Lt. Gen. Luboya Nkashama Johnny wagizwe Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, akaba yari asanzwe ari Komanda wa zone ya gisirikare ya mbere ndetse yigeze no kuyobora akarere ka gisirikare ka 13 mu Ntara ya Equateur.

Alonga Boni Benjamin usanzwe ari umupolisi we yagizwe Visi Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru.

Lt. Gen. Ndima Konguba ni we wagizwe Guverineri w’Intara ya Ituri. Yigeze kuyobora ishami rishinzwe ibikoresho bya gisirikare, ndetse ayobora na zone ya gatatu.

Lt. Gen. Ndima arungirizwa na Ekuka Lipopo.

Tariki ya 30 Mata ni bwo Perezida Tshisekedi yatangaje ibihe bidasanzwe muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, avuga ko bizatangira kuri uyu wa 6 Gicurasi, bikamara iminsi 30.

Nyuma y’aho, ibiro bye byasohoye itangazo rivuga ko muri iki gihe, izi ntara zigiye kuba ziyoborwa n’abasirikare bakuru ndetse n’abapolisi.

Ikigiye gukorwa muri iki gihe ni uguhangana n’imitwe yitwaje intwaro imaze igihe kirekire iteza umutekano muke muri izi ntara, yica, igatwika, igasahura, ndetse ikavana abaturage mu byabo.

Perezida Tshisekedi yatanze icyizere ko iminsi 30 y’ibihe bidasanzwe izarangira ikibazo cy’umutekano muke muri izi ntara kimaze kubonerwa umuti urambye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *