Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y”Umuco, akaba yari aherutse gukatirwa gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya Miliyoni 60 Frw, byamenyekanye ko yajuririye iki cyemezo ndetse n’icyo asaba Urukiko yajuririye. Hashize ukwezi Bamporiki akatiwe iki gihano n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye icyemezo cyarwo tariki 30 Nzeri 2022. The New Times yatangaje ko uyu munyapolitiki wagize imyanya ikomeye mu buyobozi bukuru bw’Igihugu yajuriye kuwa 25 Ukwakira mu Rukiko Rukuru rwa Nyamirambo. Bamporiki waburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yajuririye Urukiko Rukuru ari na rwo rukurikira urw’inkiko Zisumbuye, rukaba ari rwo rugomba kwakira ubujurire bwaciriwe muri izo nkiko. Mu iburanisha ryabaye tariki 21 Nzeri 2022, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwari bwasabiye Bamporiki gufungwa imyaka 20 no gutanga ihazabu ya Miliyoni 200 Frw. Ubwo Urukiko rwasomaga icyemezo cyarwo, rwavuze ko Bamporiki ahamwa n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’icyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite. Umucamanza yavuze ko ibyasabwe ko uregwa yasubikirwa igihano, nta somo byatanga ku bandi kuko nk’umuntu wahoze ari umuyobozi ku rwego yariho agomba kubera urugero abandi. Mu iburana ryo mu mizi, Bamporiki ubwo yabazwaga ku gifungo cy’imyaka 20 yari yasabiwe, yavuze ko ari myinshi ko ntacyo yaba akimariye u Rwanda kandi ko yumva agifite ubushake bwo kurukorera.



2 Responses
Bamporiki yajuririye igihano cyo gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu
Najyane ubwo bushake bwe bwaragaraye. Natarukorera n’abandi barukorera.si kamara!
Bamporiki yajuririye igihano cyo gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu
Najyane ubwo bushake bwe bwaragaraye. Natarukorera n’abandi barukorera.si kamara!