Mu ijoro ryakeye ikipe y’Igihugu ya Basketball yatsinzwe na Sudani y’Epfo amanota 67 kuri 55, mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike ya Afrobasket 2021 warebwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Perezida Kagame yakurikiye uyu mukino wari uwa nyuma wo mu itsinda D ari kumwe n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa na Mugwiza DĂ©sirĂ© uyobora ishyirahamwe ry’umukino wa Basket (FERWABA).
Imikino yo gushaka itike ya Afrobasket 2021 yari imaze iminsi itanu ibera muri Kigali Arena, aho yari ihuje ibihugu 12 bigabanyije mu matsinda atatu: A, B, D na E iri gukinira mu Misiri naho itsinda C rikaba ryarakinnye muri Gashyantare uyu mwaka.
U Rwanda rwatsinzwe na Sudani y’Epfo, mu gihe rwanaherukaga gutsindwa na Mali amanota 70 kuri 64 na Nigeria yarutsinze amanota 83 kuri 62.
Sudani y’Epfo yayoboye agace ka mbere ku manota 17-12 mu gihe aka kabiri kasojwe ifite 16-10 (33-22).
Ikipe y’u Rwanda yazamuye amanota mu gace ka gatatu, igatsinda ku manota 19-18 (51-41) mu gihe aka nyuma katsinzwe na Sudani y’Epfo ku manota 16-14 (67-55).
Shyaka Olivier w’ikipe y’u Rwanda ni we watsinze amanota menshi muri uyu mukino (17) mu gihe Makueri Puondak wa Sudani y’Epfo yatsinzemo amanota 13.
Mu mukino wabanje, Nigeria yasoje imikino yayo iyoboye itsinda D n’amanota atandatu nyuma yo gutsinda Mali amanota 91-68.
Mu itsinda A, Tunisia yatsinze umukino wayo wa gatatu yahuyemo na Centrafrique ku manota 80-63 mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabaye iya kabiri imbere ya Centrafrique nyuma yo gutsinda Madagascar amanota 82-64.
Indi mikino y’amajonjora muri aya matsinda izaba muri Gashyantare 2021 mu gihe u Rwanda ruzakira irushanwa nyir’izina hagati ya tariki ya 24 Kanama n’iya 5 Nzeri 2021.


