BAT irashinjwa guha ruswa abanyepolitiki bo mu bihugu birimo u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Ikigo gishinzwe ibyo gukurikiranira hafi iby’itabi ku Isi, STOP, kirashinja kompanyi ikora itabi yitwa British American Tobacco (BAT), ko yagiye iha ruswa abantu banyuranye barimo abanyepolitiki bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika birimo u Rwanda kugira ngo ikomeze ubucuruzi bwayo bufite ingaruka ku baturage n’ibindi bikorwa bitemewe.

Ibirego bya STOP bivuga ko BAT yagiye iha abanyepolitiki, abakozi ba Leta, abanyamakuru n’abakora mu zindi nganda bahanganye (competitors), amafaranga n’imodoka mu rwego rwo kugira ngo yikorere ibyo ishaka, icuruze itabi nta we uyihagaze hejuru.

Iyi raporo ivuga ko uku kwiyegereza abavuzwe haruguru, byatumye BAT icuruza gusa byateje indwara nyinshi ziva ku itabi, impfu no kwangirika k’ubukungu bwa Afurika kuko yacuruze itubahiriza amabwiriza.

Inyandiko ebyiri zisesenguye za STOP n’inyandiko zivuye mu rukiko za Kaminuza ya Bath zakozwe na Tobacco Control Research Group, zivuga ko BAT yakoze amabi yose ashoboka kugira ngo igenzure isoko ryayo muri Afurika.

Raporo ya STOP yibanda ahanini kugaragaza amabi ya BAT mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati na Afurika y’Epfo, ayo ivuga ko ” Aha ho BAT ikora nk’iri hejuru y’amategeko.”

STOP ivuga ko yabonye ibimenyetso ko hari ubwishyu bwagiye bukorwa mu bihugu birimo: Kenya, Tanzania, Uganda, Rwanda, Burundi, Sudan, Comoros, DR Congo, Malawi na Zambia.

Abashakashatsi bo babonye ubwishyu bwaozwe na BAT 236 hagati ya 2008-2013 buhwanye na $601,502. Ibi ngo byakozwe mu rwego rwo kugira ngo iyo kompanyi igire akaboko muri politiki zishyirwaho na za Leta no kuneka abo bahanganye.

Mu bihugu nka Kenya, $28,500 yahawe umuntu wo mu kigo gishinzwe imisoro n’amahoro, Kenya Revenue Authority, naho $38,500 ahabwa minisitiri ngo atange amakuru y’ibanga (Intel) n’isoko (tender).

Muri Operasiyo yiswe Inzoka ( “Operation Snake.”), hari uwahawe $56,000
ngo ateze rwaserera muri mukeba wa BAT muri Kenya witwa Mastermind Tobacco Kenya.

Muri Uganda naho ibyo guha amafaranga imwe muri komite y’abadepite, $20,000 naho $110,000 byahawe umwe mu bayobozi ba kompanyi Leaf Tobacco and Commodities Ltd of Uganda.

Ku Rwanda, nta mubare w’amadolari cyangwa umuntu runaka waba warakiriye ako kayabo, gusa ruri mu bihugu BAT ifitemo abantu bayo. Kuva iyi nkuru yatangazwa n’ibinyamakuru birimo The Eastafrican, ntacyo ibihugu birimo u Rwanda byari byavuga kuri iki kibazo.

Ku ruhande rwayo, BAT ntacyo iratangaza kuri ibi birego bya STOP.

Gan Quan uyobora Tobacco Control avuga ko ibikorwa bibi bya BAT bishobora kuba bitagarukira ku mugabane wa Afurika kuko bihera ku kwiyegereza abayobozi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *