Ikipe yahagarariye u Rwanda mu mukino wa Beach Volleyball mu marushanwa ya Commonwealth ari kubera mu mujyi wa Birmingham mu Bwongereza, yakatishije itike ya ½ cy’irangiza (semifinal).
Iyi kipe igizwe na Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste ibonye iyi tike itsinze iya New Zealand seti ebyiri ku busa. Seti ya mbere yayitwaye ku manota 21 kuri 18, iya kabiri ku manota 21 kuri 19.
Ikipe ya New Zealand ni yo yahabwaga amahirwe yo gutsinda, hashingiwe ku kuba mu marushanwa ya Commonwealth y’ubushize yaregukanye umwanya wa gatatu uhembwa umudali wa ‘Bronze’.
Ni ubwa mbere ikipe y’u Rwanda muri uyu mukino ibashije kubona itike yo gukina ½ cy’aya marushanwa ya Commonwealth.



