12.jpg

Bebe Cool yongeye kurikoroza kuri Bobi Wine

Sangiza iyi nkuru

Umunyamuziki Bebe Cool, yongeye gushotora mugenzi we Bobi Wine avuga ko yamaze kuzima kugeza ubwo nta muntu ugikurikirana umuziki we .

Ni amakuru aherutse gutangaza mu binyamakuru bitandukanye aho yavugaga ko adakwiye gumeza kwiyumva ko umuziki we ugikunzwe.

Bebe Cool yakomeje avuga ko Bobi Wine adakunzwe haba mu muziki, muri Politike ndetse no mu mu buzima rusange cyane cyane ubwo kuri Social media.

Yagize ati” No muri politiki ntakibarizwamo aho wajya ahariho hose.Ni ikimenyimenyi ntabwo Gen. Muhoozi yamutumiye mu kwizihiza ibiroro bya Kabaka.Muri macye urumva ko nta hantu abarizwa na hamwe.”

Bebe Cool avuze ibi, mu gihe Bobi Wine aherutse kumwihenuraho ko amurusha amafaranga n’umuziki mwiza bityo bikaba bisa n’aho nawe yamusubizaga.

12.jpg

Umuziki wa Bobi Wine abawukurikiranira hafi bavuga ko kuva yakwinjira muri politiki asa n’uwawuteye umugogo ku buryo batabura kuvuga ko atakiwukora nkumwinjiriza amafaranga, ahubwo ngo imitungo myinshi yayibonye akimara guhirimbanira kwiyamamariza kuba perezida wa Uganda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *