Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri gusubiramo ibyo kugurisha intwaro ibihugu bya Arabia Saoudite na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) kwari kwemejwe na Perezida Donald Trump, icyemezo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken, avuga ko kigamije kureba niba ari icy’ubuyobozi bushya .
Mu kiganiro cye cya mbere n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu, Blinken yavuze ko gusubiramo iby’aya masezerano yo kugurisha intwaro ibihugu byavuzwe haruguru bigamije kumenya niba ibyagendeweho ari ibintu byafasha Amerika kugera ku migambi yayo ndetse bifitiye akamaro politiki mpuzamahanga yayo.
Ati “Ibyo ibyo turimo gukora muri aka kanya,”

Ikinyamakuru Wall Street Journal kuri uyu wa Gatatu cyari cyabanje kuvuga ko ubuyobozi bwa Biden bwategetse gufatira amamiliyari y’amadolari yo kugura intwaro y’ibihugu bibiri byavuzwe, harimo ayo kugurisha za missiles Arabia Saoudite n’ayo kugurisha indege z’indwanyi za F-35 igihugu cya UAE.
Ibi bibaye nyuma y’icyumweru kimwe perezida Biden, wasezeranyije kongera gusuzuma umubano wa Arabia Sapudite na Washington, arahiriye imirimo ye. Kuva yagatangira, Biden akaba amaze guhindura cyangwa gusubiramo ingingo zitandukanye zafashwe ku buyobozi bwa Perezida Donald Trump nk’uko tubikesha Al Jazeera.
Trump yari yabashije kubaka umubano w’akadasohoka na Arabia Saoudite na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Ariko arushaho gushyigikira Israel no kongera igitutu ku bukangurambaga bwo kurwanya Iran.
Muri Gicurasi 2019, uyu wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko byihutirwa ku gihugu, kubera umwuka mubi hagati yacyo na Iran, kugirango inteko ishinga amategeko idatera utwatsi icyemezo cyo kugurisha Arabia Saoudite, UAE na Jordan intwaro zifite agaciro ka miliyari 8 z’Amadolari.
Ubutegetsi bwa Trump kandi bwatanze uburenganzira bwo kugurisha amasasu mato afite agaciro ka miliyoni 290 z’Amadolari kuri Arabia Saoudite mu mpera z’Ukuboza mu mwaka ushize.
Ubuyobozi bwa Trump kandi bwamenyesheje inteko ishinga amategeko mu Ugushyingo ko bwemeye kugurisha Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu intwaro ziteye imbere zirimo indege z’indwanyi zo mu bwoko bwa F-35 na za drones za gisirikare kuri miliyari 23 z’Amadolari.
Ibi byabaye nyuma y’aho guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yemereye gusubiza mu buryo umubano wayo na Israel bigizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.


