Biravugwa ko Mozambique yifashe ku kibazo cya Ntamuhanga Cassien

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bwa Mozambique ku mugaragaro bwagarutse ku ifatwa n’ifungwa rya Cassien Ntamuhanga, buvuga ko ari ikibazo kiri mu iperereza butagira icyo bukivugaho.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubufatanye ya Mozambique (MINEC), Amb. António Muchave, yavuze ko ifatwa rya Cassien Ntamuhanga barimenye gusa ngo bategereje iperereza.

Abakorana na Ntamuhanga (RANP-Abaryankuna) batangaza ko Amb. Muchave yagiranye ikiganiro n’ikinyamakuru, O Pais cyo muri Mozambique, akakibwira icyo Leta ya Mozambique itekereza kuri iyi ngingo.

Amb. Muchave ngo yagize ati” Twamenye iburirwa irengero ryuyu muturage, ariko twe, nka Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubufatanye, ntacyo dufite cyo kuvuga kuri uyu munota kuko harimo harakorwa iperereza rya polisi, by’umwihariko urwego rwa polisi rushinzwe iperereza ku byaha. Nyuma yiryo perereza nibwo dushobora kugira icyo tuvuga.”

Icyo kinyamakuru cyanatangaje ko Abayobozi bemeje ko Cassien ari muri Mozambike ku uburyo bwemewe n’amategeko kandi ko afite ibyangombwa by’impunzi yahawe n’abayobozi bo mu nzego zibifitiye ububasha. Gusa icyo kinyamakuru nticyatangaje amazina yabo bayobozi.

Umunyarwanda Ntamuhanga Cassien, afungiwe ahantu hatazwi hafi ibyumweru bitatu. Polisi ya Mozambique yemeye ko yamufashe gusa ntiyavuga ibyaha yaba akekwaho.

Uyu yari yaratorotse gereza mu Rwanda aho yari yarakatiwe gufungwa imyaka 25 ku byaha by’iterabwoba.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *