Juno na Ariel Wayz basomaniye ku rubyiniro

Mu gitaramo cyaranzwe n’ubushyuhe bw’amarangamutima n’akanyamuneza k’abakunzi b’umuziki, abahanzi Juno Kizigenza na Ariel Wayz bongereye igicucu cy’akarusho ubwo basomaniraga ku rubyiniro, ibintu byahise bihindura umwuka w’abitabiriye igitaramo. Byari mu masaha y’umugoroba, ubwo Juno yari ageze ku ndirimbo Away yakoranye na Ariel Wayz. Ku rubyiniro rwari ruhanzwe amaso n’imbaga, Juno yahamagaye Ariel Wayz ngo baze bayiririmbane […]
Abasirikare baregwa muri dosiye ya APR FC bakatiwe

Ku wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza 2025, Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwasomye urubanza ruregwamo Maj Vincent Murigande, Capt Peninah Mutoni na Capt Peninah Umurungi, bashinjwaga ibyaha bijyanye no gukoresha umutungo wa Leta mu buryo butemewe, byakozwe binyuze muri Minisiteri y’Ingabo. Ibyaha byabashinjwaga bifitanye isano n’urugendo rwa APR FC yakoreye mu Misiri muri Nzeri […]
AFC/M23 yavuze umubare w’abamaze kugwa mu bitero bya FARDC na FDNB muri Kivu y’Amajyepfo

Abantu 23 ni bo bamaze kwicirwa mu bitero birimo iby’indege z’intambara, za drone n’imbunda ziremereye ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zikomeje kugaba mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo, nk’uko umutwe wa AFC/M23 wabitangaje. Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Ukuboza, […]
Intambara ya Congo u Burundi bwishoyemo yatangiye kugera ku butaka bwabwo

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza warashe ku butaka bw’u Burundi, nyuma y’igihe ingabo z’iki gihugu zisuka amabombe mu bice bituwe n’abaturage benshi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko mu ma saa 10:00 z’igitondo AFC/M23 yarashe igisasu ahitwa Nyakagunda, muri Zone Rugombo iherereye mu yahoze […]
Sinkeka ko intambara yamaze imyaka 30 yarangizwa n’isinywa ry’amasezerano gusa – Kayikwamba

Nyuma y’amasaha make hasinywe amasezerano y’amahoro y’i Washington hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, Thérèse Kayikwamba Vagner, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo, yatanze ibisobanuro ku masezerano ndetse n’amahirwe y’amahoro mu burasirazuba bw’igihugu. Mu kiganiro n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kane, itariki 4 Ukuboza 2025, Minisitiri Kayikwamba yavuze ko ibyo abaturage biteze ari byinshi, […]
U Burundi bwacuze ibihumbi by’imyambaro isa n’impuzankano ya RDF

U Burundi buravugwa mu mugambi wo gukora ibihumbi by’imyambaro isa n’impuzankano y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ndetse n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Amakuru y’uwo mugambi yatanzwe na bamwe mu bakozi b’uruganda rukorera imyambaro mu Burundi rwitwa ‘East African Textile Manufacturers’. Ku wa 28 Ugushyingo ni bwo uru ruganda rukorera mu mujyi wa Gitega rwatashywe […]
Cary-Hiroyuki Tagawa yapfuye

Umukinnyi wa filime w’Umuyapani wari ufite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Burusiya, Cary-Hiroyuki Tagawa, witabiriye bwa nyuma ku wa 4 Ukuboza 2025 nyuma yo kurwara igihe kitari gito. Yari afite imyaka 75. Tagawa yavukiye mu Buyapani, ku mubyeyi witwaga Mariko Hata wari umunyamideli/umukinnyi w’ikinamico, n’umusirikare w’Umunyamerika ufite inkomoko mu Buyapani. Bitewe n’akazi […]
Ingingo z’ingenzi mu masezerano yashyizweho umukono hagati ya Kagame na Tshisekedi

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 4 Ukuboza, ba perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi bashyize umukono ku Masezerano y’i Washington, bagaragaza nk’ivugurura ryuzuye ry’inzira ya dipolomasi yatangiye mu mpeshyi hagati ya DRC, u Rwanda, na Amerika. RFI yashoboye gusuzuma bimwe mu bikubiye mu nyandiko zashyizweho umukono. Aya yiswe “Amasezerano y’i Washington y’amahoro n’umutekano,” arashimangira […]
M23 yahanuye drone ya Bayraktar TB2

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ukuboza, zahanuye indi drone y’intambara y’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru aturuka imbere muri AFC/M23 avuga ko iyi drone yo mu bwoko bwa Bayraktar TB2 RDC yaguze mu Bushinwa yahagurutse ku kibuga cy’indege cya Bujumbura mu Burundi ikajya kurasa […]
Lubero: Igitero cy’abantu batamenyekanye cyahitanye abawazalendo 3

Mu Mudugudu wa Liboyo, uherereye muri Teritwari ya Lubero, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ibirindiro by’inyeshyamba za Wazalendo kuri uyu wa Kane, itariki 4 Ukuboza byagabweho igitero n’abantu bitwaje intwaro ngo batamenyekanye, batatu muri wazalendo bahasiga ubuzima. “Abantu batatu bo mu mutwe wa UPLC bishwe imbunda 3 za AK-47 zijyanwa n’abateye, umwirondoro wabo utaramenyekana,” […]
AFC/M23 ikomeje guhangana na Sukhoi na drones za Kinshasa muri Kivu zombi
Ihuriro ry’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatanu ryakomeje kugaba ibitero mu bice bitandukanye bigezurwa na AFC/M23 mu ntara za Kivu zombi nyuma y’iminsi y’imirwano ikaze muri Teritwari ya Uvira. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko “Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 5 Ukuboza 2025, ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa […]
Nigeria: Umupadiri yashimutiwe aho yari acumbitse

Diyosezi Gatolika ya Zaria yavuze ko umupadiri gatolika yashimuswe kuwa Gatatu akuwe aho yari acumbitse muri Leta ya Kaduna, mu majyaruguru ya Nigeria. Rev. Fr. Emmanuel Ezema yafashwe bitinze ku wa kabiri ahagana saa 11h30 z’ijoro (0030 GMT Ku wa Gatatu) akuwe muri Kiliziya Gatolika ya Mutagatifu Petero i Rumi, nk’uko Diyosezi yabitangaje mu itangazo […]
Yampano aricuza kuba yarakunze abantu kurusha imbwa
Yampano yababaje abakunzi be nyuma yo gushyira hanze ifoto arira, aherekeje amagambo yuzuye intimba, anasezera ku nshuti ze avuga ko bazasubira guhura mu ijuru. Umuhanzi Yampano yongeye kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gusangiza abamukurikira ifoto imugaragaza arimo kurira, ayiherekesha ubutumwa bukomeye bw’akababaro avuga ko bwakomotse ku muntu yizeraga wamukojeje isoni. Mu magambo ye […]
Ngoma: Ingabo z’u Rwanda na Tanzania zasoje Inama ya 14 y’Abayobozi b’ingabo ku Mipaka

Kuri uyu wa Kane, Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’Ingabo za Tanzania (TPDF) bashoje Inama ya 14 y’Abayobozi b’Ingabo ku mipaka ihuza ibihugu byombi, yabereye mu Karere ka Ngoma, Intara y’Iburasirazuba kuva tariki ya 2 kugeza ku ya 4 Ukuboza 2025. Ni inama ishimangira umuhate wo kurushaho kubungabunga umutekano n’ituze ku mipaka ihuza u Rwanda na […]
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo guhuza ubukungu

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byaraye bisinyanye amasezerano yo kwihuza k’ubukungu bw’akarere, nyuma y’ay’amahoro yashyizweho umukono na ba Perezida b’ibihugu byombi. Ayo masezerano azwi mu rurimi rw’Icyongereza nka Regional Economic Integration Framework (REIF), ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gihe ku ruhande […]
Khalfan yagiye kwirega kwa Sebukwe

Oxygen ari mu byishimo byinshi nyuma y’uko Khalfan asuye umuryango we kugira ngo yiyerekane, nyuma y’uko bafashe umwanzuro wo gutangira kubana nubwo ubukwe butaraba. Uyu muhango wabereye i Rubavu ku wa 29 Ugushyingo 2025, aho Khalfan yageze iwabo wa Oxygen ari kumwe n’ababyeyi be n’abakuru bo mu muryango. Uyu munsi ukaba wari ugamije kumwerekana no […]
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Trump (Amafoto)

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Ukuboza, yagiranye ibiganiro byibanze ku mubano w’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na mugenzi we Donald Trump. Ibiganiro by’abakuru b’ibihugu bombi byanitabiriwe n’abandi bayobozi ba Amerika, barimo Visi-Perezida JD Vance, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, Umujyanama wa […]
Ibya drone ya CH-4 yahanuwe na M23 na Operasiyo y’Abakomando yahekuye FDNB

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Ukuboza, zahanuye drone y’intambara yo mu bwoko bwa CH-4 y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC). Amakuru BWIZA yamenye ni uko iyi drone yahanuriwe ku musozi wa Ngomo, aho yari yajyanwe no kurasa imbunda nini ya M23 iri hejuru yawo. Ni drone amakuru […]
Perezida Kagame na Tshisekedi basinyanye amasezerano y’amahoro

Perezida Paul Kagame na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Ukuboza bashyize umukono ku masezerano y’amahoro y’ibihugu byombi. Ni umuhango wabereye i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uyoborwa na Perezida Donald Trump. Uyu muhango kandi witabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo William […]
Rurageretse hagati ya Bwiza na Prince Kiiiz

Ku mbuga nkoranyambaga hazamutse umwuka mubi hagati ya Prince Kiiiz na Bwiza hamwe n’umujyanama we, Uhujimfura Jean Claude. Prince Kiiiz yashinje aba bombi kwitirira undi muntu igihangano cye, ibintu yise ubuhemu budakwiye mu muziki. Ibi byakurikiye isohoka ry’indirimbo nshya ya Bwiza yitwa “Boda Boda”. Ako kanya Prince Kiiiz yanditse ubutumwa bukarishye avuga ko “Bwiza n’umujyanama […]
UK na Norway byemeranyije gufatanya guhiga amato y’u Burusiya

U Bwongereza na Noruveje byashyize umukono ku masezerano yo kwirwanaho azatuma amato y’ibi bihugu afatanya kujya guhiga amato y’u Burusiya agendera munsi y’amazi (submarines) mu majyaruguru ya Atalantika. Minisiteri y’ingabo ivuga ko aya masezerano agamije kurinda insinga zo mu nyanja, abayobozi b’u Bwongereza bavuga ko zigenda zirushaho kubangamirwa na Moscou, aho amato y’u Burusiya yagaragaye […]
Uregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano yasabye ko na we akurikiranwa

Mu rubanza rwo kureba niba Ishimwe Patrick Pazzo Man na Kalisa John KJohn bakomeza gufungwa by’agateganyo, umwunganizi wa Pazzo Man yasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko n’umuhanzi Uworizagwira Florien Yampano na we atangira gukurikiranwa, kuko ari we wabanje gushyira amashusho ku murongo wa Email ye azi ko atari we uyikoresha wenyine. Ubushinjacyaha buvuga ko Pazzo […]
AFC/M23 yirukanye FARDC n’abayifasha mu birindiro 2 by’ingenzi i Kaziba
Ku munsi wa gatatu wikurikiranya w’imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 hamwe n’Ingabo za FARDC (Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo) ifatanyije na Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi kuri uyu wa Kane yakomeje i Kaziba, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru agera ku rubuga rwa Tazama RDC aturuka muri icyo gice, aravuga ko M23 imaze kwirukana […]
Ibisasu byaguye ku butaka bw’u Burundi byateje ubwoba abaturiye umupaka na Congo

Kuva ku wa Kabiri, itariki ya 2 Ukuboza, imirwano hagati y’umutwe wa M23 n’Ingabo za Congo (FARDC), zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo hamwe n’Ingabo z’igihugu cy’u Burundi (FDNB), iratuma ibisasu byumvikana kugeza ku misozi y’u Burundi ihana imbibi n’umugezi wa Rusizi. Ibisasu byaguye ku butaka bw’u Burundi byateje ubwoba, mu gihe Abanyekongo bahunze imirwano bangiwe kwinjira […]
Amasezerano hagati ya DRC n’u Rwanda ntabwo ari ukugurisha amabuye y’agaciro Abanyamerika – Tina Salama

Amasezerano y’amahoro hagati ya DRC n’u Rwanda, Perezida Félix Tshisekedi na Paul Kagame bitegura kwemeza kuri uyu wa Kane, itariki ya 4 Ukuboza, i Washington, “ntabwo ari ukugurisha amabuye y’agaciro Abanyamerika.” Ibi byashimangiwe n’Umuvugizi wa Perezida wa Congo, Tina Salama, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru i Washington ari kumwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya. Ubusugire ku mutungo […]
Washington: Tshisekedi na Ndayishimiye baganiriye mu muhezo

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiranye ibiganiro byabereye mu muhezo. Ni ibiganiro aba bagabo bombi bagiraniye i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC. Perezidansi y’u Burundi (Ntare Rushatsi House) […]
AFC/M23 irashinja FARDC n’abo bafatanyije gukora ibyaha by’intambara

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ibitero simusiga by’ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa, zirimo FARDC, FDLR, Mai-Mai Wazalendo, abacanshuro, Imbonerakure, n’Ingabo z’igihugu cy’u Burundi, ryibasiye abaturage b’abasivili ndetse n’imirongo yose y’imbere y’urugamba byakomeje n’ubugome bukabije kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 20 Ukuboza 2025. Mu itangazo ryayo, AFC/M23 yavuze ko ubutegetsi bukoresha indege zabwo z’intambara, indege […]
Uhagarariye Museveni na we yitabiriye isinywa ry’amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na RDC

Visi-Perezida wa Uganda, Jessica Alupo, yamaze kugera i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hari bubere umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni amasezerano ari businywe na ba Perezida Paul Kagame na Félix Antoine Tshisekedi, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 4 […]
Bugarama: U Rwanda rwakiriye impunzi hafi 200 z’Abanyekongo

Ku wa Gatatu, itariki ya 3 Ukuboza, impunzi z’Abanyekongo 190, cyane cyane abagore n’abana, bahungiye mu Rwanda mu Karere ka Rusizi, bashaka umutekano nyuma y’imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za Congo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ku mugoroba wo ku wa gatatu, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Phanuel Sindayiheba, yemeje aya makuru […]
Mukunzi Yannick yatandukanye na Sandvikens IF

Umukinnyi wo hagati w’Umunyarwanda, Mukunzi Yannick, yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF yo mu gihugu cya Suède nyuma y’imyaka itandatu ayikinira. Yabitangaje mu butumwa yashyize kuri Instagram ku mugoroba wo ku wa 3 Ukuboza 2025. Mu magambo ye, yashimiye cyane buri wese bakoranye muri iyi kipe kuva yayigeramo mu 2019, avuga ko yakiriwe neza, agahabwa […]
Perezida Kagame yakiriye ku meza 6 bagize Kongere ya Amerika

Perezida Paul Kagame yaraye yakiriye ku meza abashingamategeko batandatu bo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, anagirana na bo ibiganiro. Abo Umukuru w’Igihugu yaganiriye na bo barimo Senateri Mike Rounds, Rep. Brian Mast, Senateri Kevin Cramer, Senateri Pete Ricketts, Depite Ronny Jackson na Major-General Trent Kelly. Perezidansi y’u Rwanda ibinyujije ku […]
Amashirakinyoma ku byo kuba Yampano n’umukunzi we batorokeye mu Bubiligi

Uworizagwira Florien, wamamaye nka Yampano, yageze mu Bubiligi ari kumwe n’umukunzi we, ibintu byahise bitera ibihuha byinshi ku mbuga nkoranyambaga harimo n’abemezaga ko “batorotse” u Rwanda. Gusa amakuru ava mu bantu ba hafi b’uyu muhanzi ahamya ko uru rugendo rwe rufitanye isano n’akazi ka muzika, atari ukuburanira kure cyangwa guhunga ikibazo. Abakorana na Yampano bemeza […]
Miss Muheto yifurije se ikiruhuko cyiza cy’izabukuru

Nshuti Muheto Divine, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2022, yagaragaje urukundo n’ishimwe kuri se, ACP Muheto Francis, washyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru hamwe n’abandi bapolisi 74. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri ni bwo Polisi y’u Rwanda yatangaje urutonde rw’abagiye mu kiruhuko, barimo ba komiseri ACP Sam Rumanzi na ACP Muheto Francis. Mu butumwa yanyujije ku […]
Perezida Kagame yageze i Washington (Amafoto)

Perezida Paul Kagame yageze i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ku rubuga rwabyo rwa X, byavuze ko Umukuru w’Igihugu i Washington “azahura na Perezida Donald Trump anitabire isinywa ry’amasezerano ya Washington.” Ku wa […]
Donald Trump aravuga ko adashaka Abasomali muri Amerika

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko adashaka abimukira bo muri Somaliya muri Amerika, abwira abanyamakuru ko bagomba “gusubira aho baturutse” kandi ngo “igihugu cyabo ntabwo ari cyiza kubera impamvu”. Ku wa Kabiri, mu nama y’abaminisitiri yagize ati: “Simbashaka mu gihugu cyacu, ndababwiza ukuri.” Trump yavuze ko Amerika “izagenda iba nabi […]
Uko byifashe ku rugamba muri Kivu y’Amajyepfo aho M23 ikomeje guhanganira na FARDC n’abayifasha

Imirwano ikomeye ikomeje gusakiranya umutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo. Impande zombi zaramutse zihanganiye mu bice bitandukanye by’iriya ntara, nyuma y’indi mirwano ikomeye yazisakiranyije ku wa Mbere tariki ya 1 Ukuboza 2025. Nko mu ma saa moya z’igitondo, impande zombi zarimo […]
Gen MK Mubarakh yitabiriye Imurikagurisha rya 4 ry’ibya gisirikare mu Misiri

Kuri uyu wa Kabiri, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK MUBARAKH, yitabiriye Imurikagurisha rya 4 ry’ibya gisirikare ryateguwe n’igihugu cya Misiri, anagirana ibiganiro na mugenzi we, Lt Gen Ahmed Fathi Ibrahim Khalifa. Ibi biganiro byibanze ku buryo bwo gukomeza gushimangira ubufatanye ndetse bungurana ibitekerezo ku ngingo zifitiye inyungu impande zombi. Abagaba bakuru b’Ingabo […]
ADEPR yavuze ku byo kwanga gusezeranya Vestine Ishimwe n’Umukunzi we

Itorero ADEPR ryahakanye amakuru yavugaga ko ryanze gusezeranya umuramyi Vestine Ishimwe n’umukunzi we Idriss Jean Luc Ouédraogo. Umushumba Mukuru wa ADEPR, Rev. Ndayizeye Isaïe, yavuze ko ibyo byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga nta shingiro bifite. Ibi yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku wa 2 Ukuboza 2025, cyagarutse ku myaka 85 ADEPR imaze ishinzwe n’ibikorwa by’ivugabutumwa byakozwe […]
Sudani irateganya kwemerera u Burusiya kuhubaka ibirindiro bya gisirikare igahabwa za sukhoi

Biravugwa ko Sudani n’u Burusiya byasubukuye ibiganiro ku masezerano yari amaze igihe kirekire atinzwa azaha Moscou uburenganzira bwo kubaka ibirindiro byabwo bya mbere by’igisirikare kirwanira mu mazi muri Afurika, azatuma igisirikare kigera ku Nyanja Itukura kugira ngo Sudani na yo ibone intwaro ziteye imbere. Ikinyamakuru Wall Street Journal ku itariki ya 1 Ukuboza cyatangaje ko […]
Maj. Gen Ruki Karusisi yahawe inshingano nshya

Maj. Gen Ruki Karusisi wahoze ari umuyobozi w’Umutwe w’Ingabo zidasanzwe (Special Operations Force), amaze igihe yarahawe inshingano nshya. Kuri ubu Maj. Gen Ruki ni we muyobozi wa Diviziyo ya gatanu y’Ingabo z’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba. Ni inshingano yasimbuyeho Brig. Gen (Rtd) Pascal Muhizi umaze amezi ane ashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru. Muri Werurwe uyu […]
Kivu y’Amajyepfo: Umunsi wa kabiri w’imirwano ikaze mu Kibaya cya Rusizi

Muri Kivu y’Amajyepfo hongeye kubyukira imirwano ikomeye ku munsi wa kabiri mu Kibaya cya Ruzizi na Kaziba muri Walungu hagati y’Ingabo za AFC/M23 n’Ingabo za FARDC. Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 3 Ukuboza, imirwano yongeye kubura i Katogota kuva saa kumi za mu gitondo hagati y’ihuriro rya FARDC-Wazalendo-FDNB n’Inyeshyamba za AFC/M23. Muri iki gitondo, […]
Bunia: Abasirikare ba UPDF bishe abasirikare 2 ba FARDC

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 2 Ukuboza, abasirikare babiri ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) bishwe n’abasirikare ba Uganda (UPDF) ubwo barasanaga muri Djugu-centre, mu birometero 75 mu majyaruguru ya Bunia mu Ntara ya Ituri; undi musirikare wa FARDC arakomereka bikabije. Ibi byabaye biturutse ku guterana amagambo hagati y’izi ngabo z’ibihugu byombi zisanzwe […]
Sindi umuswa: umutoza wa APR FC

Nyuma yo gutsinda Etincelles FC ibitego 2–1 mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa 3, umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim, yongeye kugaruka ku bihuha bimaze iminsi bimuvugwaho n’ibinyamakuru n’imbuga zitandukanye. Kuva shampiyona yatangira, hari inkuru zimunenga ko ikipe ye ititwara neza, ko ikina nabi ndetse ko akwiye kwirukanwa. Taleb yavuze ko ibyo byose atabisobanura nk’umuntu utarabimenyereye, […]
Ndayishimiye yageze kwa Trump

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yaraye ageze i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu masaha y’ijoro ni bwo Perezidansi y’u Burundi yatangaje ko Perezida Evariste Ndayishimiye yageze muri Amerika, ndetse ko akihagera yakiranwe ubwuzu n’Abarundi bahaba. Amafoto […]
Umugaba w’Ingabo za Centrafrica yashimye uko RDF ikomeje kubaka ubushobozi bwa FACA

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrica (FACA), Maj Gen Zépherin Mamadou yashimye abarimu ba gisirikare b’u Rwanda ku bw’imbaraga bakomeje gushyira mu kongera ubushobozi bw’abakozi ba FACA. Yashimangiye kandi ubufatanye bukomeye mu bya gisirikare hagati y’ibihugu byombi. Ibi Gen. Mamadou yabitangaje ubwo we n’Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj. Gen. Vincent Nyakarundi, basuraga […]
Abarasiwe mu myigaragambyo bashakaga kumpirika ku butegetsi: Perezida Samia Suluhu

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yagaragaje ko ashyigikiye inzego z’umutekano z’igihugu cye zishinjwa kwica amagana y’abigaragambyaga, avuga ko bari bagambiriye guhirika ubutegetsi bwe. Samia mu ijambo yagejeje ku baturage b’igihugu cye, yavuze ko abiganjemo urubyiruko bari bishyuwe ngo bigabize imihanda, nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yo ku wa 29 Ukwakira yasize yongeye gutorerwa kuyobora Tanzania […]
Uwabaye Perezida wa Honduras yavuye muri gereza nyuma y’imbabazi za Trump

Uwahoze ari Perezida wa Honduras, Juan Orlando Hernandez, yavuye muri gereza yo muri Amerika, nyuma gato yo guhabwa imbabazi na Perezida Donald Trump. Ku wa Kabiri, itariki 2 Ukuboza 2025, umugore we yemeje ko yarekuwe. Hernandez yari yakatiwe igifungo cy’imyaka 45 kubera gucuruza ibiyobyabwenge n’imbunda, afungirwa muri gereza irinzwe cyane i Hazelton, muri Virginia y’Uburengerazuba. […]
Ba ACP Rumanzi na Muheto mu bapolisi bagiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Polisi y’Igihugu yatangaje ko yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abapolisi 74, barimo babiri bo ku rwego rwa ba Komiseri. Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo ACP Sam Rumanzi wakoze imirimo irimo kuba Umuhuzabikorwa w’urwego rwunganira akarere mu by’umutekano-DASSO ku rwego rw’Igihugu. Barimo kandi ACP Francis Muheto wakoze imirimo itandukanye muri Polisi, irimo kuyobora Polisi y’u Rwanda mu […]
Cyusa yashyize hanze album yitiriye nyirakuru

Umuhanzi w’umuziki Gakondo, Cyusa Ibrahim, yashyize ku mugaragaro alubumu ye ya kabiri yise “Muvumwamata”, izina yakuye kuri nyirakuru kugira ngo amushimire ku ruhare rukomeye yagize mu buzima bwe no mu iterambere ry’inganzo ye. Iyi alubumu yashyizwe hanze ku wa 1 Ukuboza 2025, ikaba igizwe n’indirimbo 14 zubatse ku muco nyarwanda no ku butumwa bwimbitse bujyana […]
Indege za FARDC zibasiye ibice bituwe muri Nyabiondo

Indege zitagira abadereva z’ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa kuri uyu wa Kabiri zagabye igitero ku baturage i Nyabiondo, muri Teritwari ya Masisi nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka. Uruhande rwegereye Leta ya Kinshaasa rwo ruvuga ko mu gihe imirwano ikomeje hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na FARDC/Wazalendo i Kinyumba, ibirindiro by’inyeshyamba i Bususu, […]
Ndayishimiye yavuze ku bucuti bwa Jenerali wa RDF n’uwa FDNB

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yagaragaje ubucuti busanzwe buri hagati y’Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi na Lt. Gen Silas Ntigurirwa wo mu ngabo z’u Burundi, ari ikimenyetso cy’uko ibibazo biri hagati y’igihugu cye n’u Rwanda bizarangira. Lt. Gen Ntigurirwa usanzwe ari umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare mu biro bya Perezida […]
Ibisasu by’ingabo za RDC byishe abantu i Kamanyola

Abantu batatu bo mu gace ka Kamanyola muri Kivu y’Amajyepfo bishwe n’ibisasu by’ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abandi batanu barakomereka. Ni nyuma y’imirwano ikomeye yaramutse isakiranya ihuriro ry’ingabo za Kinshasa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23, muri Kamanyola no mu bindi bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi wa AFC/M23, […]
U Budage: Abantu batazwi bibye amasasu ibihumbi yari agenewe abasirikare

Abagizi ba nabi batamenyekanye bibye amasasu ibihumbi n’ibihumbi yari ari mu ikamyo ashyiriwe ikigo cy’igisirikare cy’igihugu (Bundeswehr) mu Mujyi wa Burg muri Saxony-Anhalt nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo mu Budage kuri uyu wa Kabiri. Biravugwa ko ubujura bwabaye ku wa Kabiri, itariki 25 Ugushyingo, nk’uko minisiteri y’ingabo yabihamirije igitangazamakuru cya leta MDR n’ikinyamakuru Der Spiegel gisohoka […]
RDC: Minisitiri n’umugaba b’ingabo z’u Bubiligi baragenzwa n’iki i Kinshasa?

Ubufatanye mu bya gisirikare hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’Ubwami bw’u Bubiligi buragenda burushaho gukomezwa, mu gihe iki gihugu gito cyo mu Burayi gikomeje gushinjwa gushaka gukomeza guhungabanya akarere aho gushyigikira inzira y’ibiganiro cyane cyane mu bibazo bya RDC. Ni muri urwo rwego, Minisitiri w’Ingabo w’u Bubiligi n’Ubucuruzi bwo hanze, Theo Francken, aherekejwe […]
Imana ifashe AFC/M23 kugira ngo umutekano uri i Goma uzarambe: Musenyeri Ngumbi

Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Goma, Msgr Willy Ngumbi, yashimye umutwe wa AFC/M23 kuba warabashije kugarura umutekano mu mujyi wa Goma, asaba Imana gukomeza kuwufashakugira ngo amahoro ari muri uriya mujyi azarambe. Musenyeri Ngumbi yashimiye AFC/M23 mu misa yo kwibuka umunsi wahariwe umuhire Anuarite iheruka kubera i Goma. Ni misa yitabiriwe n’abayobozi bo ku ruhande […]
Perezida Museveni agiye gukomorera Facebook muri Uganda

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko guverinoma iri gusuzuma uburyo bwa nyuma bwo kongera gufungura urubuga rwa Facebook, rumaze imyaka irenga itanu rufunze mu gihugu. Urubuga Facebook rwigeze kuba urubuga ruyoboye mu itumanaho, ubucuruzi no kwamamaza kuri interineti muri Uganda, rwahagaritswe mu gihe cy’amatora yo mu 2021. Kuva icyo gihe, Abanya-uganda barenga miliyoni […]
Igitsure cya Bonnie Mugabe muri FERWAFA

Ku wa 1 Ukuboza 2025 ni bwo habaye umuhango wo guhererekanya ububasha muri FERWAFA hagati ya Mugisha Richard wari usanzwe uyobora ubunyamabanga by’agateganyo na Bonnie Mugabe wemejwe nk’umunyamabanga mushya mu myaka ine iri imbere. Nyuma y’uyu muhango, Bonnie Mugabe yashimiye Mugisha Richard ku kazi yakoze mu mezi atatu ashize ndetse anakangurira abakozi bose ba FERWAFA […]
U Bwongereza bwavanye ishoramari ryabwo mu mushinga wo gushaka gaz muri Cabo Delgado

Guverinoma y’u Bwongereza yavuye mu byo gushora imari mu mushinga wa gaz muri Mozambique. Aya, ni andi makuru mabi kuri uyu mushinga wa gaz usanzwe utavugwaho rumwe uyobowe na sosiyete TotalEnergies yo mu Bufaransa. Ni inguzanyo irenga miliyari imwe y’amadolari itagitanzwe. Guverinoma y’u Bwongereza kuri uyu wa Mbere, itariki ya 1 Ukuboza yavuze ko ibona […]
Urujijo ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye hafi y’Ikibuga cy’Indege cya Kigoma

Urusaku rw’amasasu hataramenyekana impamvu yarwo rwumvikanye kuri uyu wa Mbere, itariki ya 1 Ukuboza, hafi y’ikibuga cy’indege gito (aérodrome)cya Kigoma mu Muri Walikale centre. Amakuru aturuka aho agera kuri ACTUALITE.CD avuga ko urusaku rw’intwaro nto rwumvikanye ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba ku isaha yaho, rwamaze igice cy’isaha. Nta mpamvu n’imwe yatanzwe y’ayo masasu. […]
‘Jenerali’ Ndayishimiye yazindukiye kwa Trump

Perezida w’u Burundi, Général-Major Evariste Ndayishimiye, yazindutse iya rubika yerekeza i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye umuhango w’isinywa ry’amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Ukuboza, ni bwo Ndayishimiye yahagurutse ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye […]