Minisitiri w’Ingabo wa Nigeria yegujwe ku mirimo ye

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, Mohammed Badaru Abubakar, yeguye ku mirimo ye, nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere ushize na perezidansi yongeyeho bihita bitangira gukurikizwa. Umuvugizi wa Perezida, Mayo Onanuga, mu itangazo rye yavuze ko Abubakar yaretse akazi kubera impamvu z’ubuzima nubwo ababikurikiranira hafi basanga yegujwe kubera kunanirwa inshingano ze zo kurinda abanyagihugu. Umuvugizi yagize ati: […]
Visi-Guverineri Manzi Willy yavuze ku nkuru zavugaga ko yatawe muri yombi

Visi-Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ushinzwe politiki, ubuyobozi, n’amategeko; Ngarambe Manzi Willy, yanyomoje amakuru yavugaga ko yarawe atawe muri yombi. Inkuru z’uko Manzi Willy usanzwe ari uwo ku ruhande rwa AFC/M23 yaraye atawe muri yombi, zakwirakwizwaga n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bigaragara ko bahengamiye ku ruhande rwa Leta ya RDC. Aba bavugaga ko yafatiwe muri Canada n’inzego […]
Gatsibo: Umwarimu wigishaga mu ishuri ribanza yasanzwe mu mugozi

Umwarimu witwa Justin Hakizimana wigishaga ku Ishuri Ribanza rya EAR mu riherereye mu Karere ka Gatsibo yasanzwe amanitse mu mugozi yapfuye bikekwa ko yiyahuye. Hakizimana yari umwarimu ku ishuri riherereye mu Kagari ka Taba, mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo. SP Hamdun Twizeyimana Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, yabwiye itangazamakuru ko mu […]
Umuriro w’amasasu ya M23 na FARDC n’abayifasha mu bice byinshi bya Kivu y’Amajyepfo

Kuva mu rucyerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Ukuboza 2025, inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zaramukiye mu mirwano ikomeye n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru y’iyi mirwano aremezwa n’abayobozi batandukanye bo ku ruhande rwa AFC/M23, yaba Lawrence Kanyuka uvugira […]
Gen (Rtd) James Kabarebe yahawe inshingano nshya

Perezida Paul Kagame yakoze impinduka nke muri Guverinoma zasize ahaye imirimo mishya abarimo Gen (Rtd) James Kabarebe. Itangazo Minisitiri w’Intebe, Justin Nsengiyumva yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Ukuboza, ryerekana ko Umukuru w’Igihugu yagize Dr Telesphore Ndabamenye, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi. Dr. Ndabamenye wari usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, yasimbuye […]
Ndayishimiye na we azaherekeza Perezida Kagame na Tshisekedi kwa Trump

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yemeje ko ateganya kwerekeza i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahazabera umuhango wo kwemeza amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni umuhango byitezwe ko uzabera i Washington ku wa Kane tariki ya 4 Ukuboza, ahategerejwe ba Perezida Paul Kagame na Félix Antoine Tshisekedi. […]
Perezida Zelenskyy ari i Paris mu Bufaransa

Kuri uyu wa Mbere, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy yageze i Paris kugira ngo aganire na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, mu rwego rw’ibikorwa bya dipolomasi bigamije guhagarara intambara imaze imyaka ine ibera muri Ukraine. Uruzinduko rwa Zelenskyy i Paris rwaje rukurikira inama yahuje abayobozi ba Ukraine na Amerika muri Florida ku Cyumweru, aho […]
Djihad akurikiranyweho ibirego 9

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabibwiye abanyamakuru ku wa 1 Ukuboza 2025 ko mu myaka itatu ishize, RIB yakiriye ibirego 9 birega Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad. Ku wa 26 Ugushyingo, Djihad na Kwizera Nestor bafashwe na RIB bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’ubusambanyi ya Yampano. Bukeye bwaho, dosiye yabo yahise ijyanwa mu bushinjacyaha. Dr […]
Yampano ari gukorwaho iperereza ku mashusho y’urukozasoni ye

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yavuze ko hakiri gukorwa iperereza ngo hamenyekane niba Yampano yagize uruhare mu gusakazwa kw’amashusho ye n’umukunzi we bari mu bikorwa by’ubusambanyi. Ibi yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru ku wa Mbere, tariki ya 1 Ukuboza 2025. Dr. Murangira yavuze ko babonye ayo mashusho bagira ngo hari ikindi kibazo yaba afite cyatumye […]
Ndayishimiye yongeye kwikoma Perezida Kagame

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yongeye kwikoma mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda, amushinja kwinjiza impunzi z’Abarundi ziba mu Rwanda mu gisirikare mbere yo kuzohereza kurwana mu mutwe wa AFC/M23 yavuze ko ufite Icyicaro Gikuru cy’Ingabo i Kigali. Ndayishimiye yongeye guzura ibi birego kuri Perezida Kagame ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye mu biro bye, […]
Kinshasa: Umuturage yagaragaye ahohoterwa azira ‘gusa na Kagame’

Mu mujyi wa Kinshasa, umuturage ukomoka mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yagabweho igitero gikomeye n’abasivili bamushinja kuba Umunyarwanda, kuko afite “isura isa n’iya Kagame”. Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, abari bafashe uwo muturage bumvikana bamuhatira kwemera ko ari Umunyarwanda, mu gihe we yumvikana abasubiza ko akomoka muri Kivu y’Amajyaruguru. Bati: “Wowe mugabo uri Umunyarwanda. […]
U Bubiligi buri gukoresha u Burundi nk’ibirindiro byabwo bya gisirikare mu ntambara ya DRC

U Bubiligi buragenda bwongera igihagararo cyabwo cya gisirikare mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), u Burundi bukaba ari ihuriro ry’ibikorwa byabwo kubera ko Bujumbura ikomeje gushyigikira igisubizo cya gisirikare cya Perezida Felix Tshisekedi kandi ikaba iri hafi y’akarere karimo amakimbirane. Amakuru aturuka mu Gisirikare cy’u Burundi yemeza ko guverinoma yabo yemereye mu […]
Perezida Kagame si umunyedini: Richard Nick Ngendahayo ku ifungwa ry’insengero

Umuramyi w’Umunyarwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Richard Nick Ngendahayo, yagarutse ku ifunga ry’insengero mu Rwanda mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’igitaramo gikomeye yakoreye muri BK Arena, cyitabiriwe n’abantu barenga ibihumbi 10. Nyuma yo kuririmba indirimbo ze zamenyekanye mu myaka myinshi amaze mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Ngendahayo yabajijwe ku nsengero […]
Amerika yateguje indi myigaragambyo muri Tanzania

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko muri Tanzania hateguwe imyigaragambyo mishya, nyuma y’indi ikomeye yakurikiye amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu kwezi gushize. Ambasade ya Amerika muri Tanzania mu butumwa buburira Abanyamerika yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Ukuboza, yavuze ko mu gihe iyo myigaragambyo yamagana Guverinoma ya Tanzania yagombaga kuba ku itariki […]
Mbayahaga yifatiye ku gahanga M23

Umuvugabutumwa Mbayahaga Isidore wo mu gihugu cy’u Burundi, yifatiye ku gahanga umutwe wa AFC/M23 avuga ko ingabo zawo zananiwe urugamba, nyuma yo kuneshwa n’iz’u Burundi. Uyu mugabo usanzwe azwiho gufasha ubutegetsi bwa Perezida w’u Burundi akanaba inshuti ye magara, Evariste Ndayishimiye, yabigarutseho mu kiganiro aheruka guha umuyoboro wa YouTube witwa African TV. Ni ikiganiro yatanze, […]
Israel: Baraye mu myigaragambyo isaba perezida kutazaha imbabazi Netanyahu

Imbaga y’Abisiraheli barakaye yateraniye hanze y’urugo rwa Perezida Isaac Herzog i Tel Aviv, mu rwego rwo kwigaragambya bamagana icyifuzo cya Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu, gisaba imbabazi ku byaha bya ruswa. Iyi myigaragambyo yadutse mu ijoro ryo ku Cyumweru nyuma y’amasaha make Netanyahu, ufite imyaka 76, asabye imbabazi za perezida mu rubanza rwe rumaze igihe kuri […]
Ramaphosa yamaganye iterabwoba rya Trump ryo kumuheza mu nama ya G20 itaha

Ku Cyumweru, Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yamaganye iterabwoba rya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ryo guheza Pretoria mu nama ya G20 y’umwaka utaha, nubwo yemera ko Afurika y’Epfo ari umunyamuryango washinze uyu muryango. Ku itariki ya 22-23 Ugushyingo, Washington yanze kwitabira inama y’abayobozi b’ibihugu 20 bigize uyu muryango yayobowe […]
Nigeria: Umupasiteri n’Abakirisitu bashimutiwe mu rusengero

Nibura abantu cumi na babiri, barimo umushumba w’itorero, bashimuswe ku Cyumweru, itariki ya 30 Ugushyingo, basanzwe mu rusengero rwo mu cyaro rwagati muri Nigeria, ibi bikaba ari rimwe mu ruhererekane rw’ishimutwa ribaye muri iki gihugu mu byumweru bike gusa. Itorero ryo mu mudugudu wa Ejiba riherereye mu gace ka Yagba West muri Leta ya Kogi, […]
Icyo France Mpundu avuga kuri Juno Kizigenza bavuzwe mu rukundo

Nyuma y’igihe kingana n’amezi abiri ari muri Afurika y’Epfo mu marushanwa ya Secret Story Afrique, France Mpundu yagarutse mu Rwanda. Akigera i Kigali, yatangaje byinshi birimo n’uburyo ahagaze mu rukundo rwe na Moctar, umusore wamwambikiye impeta muri iryo rushanwa, ndetse n’inkuru zagiye zimuzwa na Juno Kizigenza mu rukundo. France yashimye Imana n’abamushyigikiye kuba yarabashije gutahana […]
AFC/M23 yongeye kwikoma u Burundi

Umutwe wa AFC/M23 ku Cyumweru tariki ya 30 Ugushyingo, wongeye kwikoma igihugu cy’u Burundi, ugishinja kuba nyirabayazana y’ibitero bitandukanye bimaze igihe bigabwa mu bice bitandukanye bituwe n’abaturage benshi bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umuvugizi w’Ishami rya Politiki rya AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwe rwa X yavuze ko “Ibitero byose […]
Kenya: Ubwandu bushya bwa HIV bwafashe intera muri Nairobi

Intara ya Nairobi yanditse umubare munini w’abanduye virusi itera SIDA muri Kenya, aho mu mwaka ushize habaruwe abantu barenga 3.000 bashya, nk’uko imibare yashyizwe ahagaragara kuri iki Cyumweru, itariki ya 30 Ugushyingo 2025 avuga. Mu gihugu hose, Kenya yabaruwemo abantu bashya 19,991 banduye mu mwaka ushize, bazamutseho 19% ugereranije n’umwaka ushize. Urubyiruko rufite hagati y’imyaka […]
Netanyahu yandikiye Perezida wa Israel asaba imbabazi

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yashyikirije perezida w’iki gihugu, Isaac Herzog, ibaruwa yo gusaba imbabazi. Ibiro bya perezida byavuze ko Herzog ategereje ibitekerezo by’abashinzwe ubutabera mbere yo gusuzuma “icyifuzo kidasanzwe gifite akamaro gakomeye”. Netanyahu amaze imyaka itanu aburanishwa ashinjwa ibyaha bya ruswa, uburiganya no kurenga ku kizere yagiriwe mu manza eshatu zitandukanye. Yahakanye ibyaha […]
California: Nibura abantu 4 bishwe barasiwe mu isabukuru y’umwana

Nibura abantu bane bishwe n’amasasu mu birori byo kwizihiza isabukuru y’umwana muri Leta ya California,mu burengerazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Abandi bantu icumi bakomerekeye mu iraswa ryabereye muri resitora, mu mujyi wa Stockton uherereye mu majyaruguru mu ijoro ryo kuwa Gatandatu, rishyira kuri iki Cyumweru, iitariki 30 Ugushyingo. Polisi yaho ivuga ko abahohotewe […]
Byinshi ku masezerano y’u Rwanda na Turkiya yo kubaka uruganda rw’intwaro na drones i Kigali

U Rwanda rwamaze kunoza amasezerano y’ingenzi yo gukora ibikoresho bya gisirikare ku bufatanye na Turkiya, ibyo bikaba ari imwe mu ntambwe zikomeye za Kigali ziganisha ku kubaka uruganda rw’ibikoresho bya gisirikare rw’igihugu. Ubu bufatanye bukubiyemo kuvugurura ubuyobozi bw’ingabo bw’u Rwanda mu kugenzura, itumanaho, n’ubutasi kugira ngo bihuze n’ibipimo by’igisirikare kigezweho nk’icya NATO. Aya masezerano akubiyemo […]
Perezida Embalo wahiritswe ku butegetsi ageze i Brazzaville avuye i Dakar

Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Umaro Sissoco Embalo wavanwe ku butegetsi muri Guinea-Bissau yageze mu murwa mukuru wa Repubulika ya Congo, Brazzaville, nyuma y’iminsi mike igisirikare gifashe ubutegetsi, nk’uko bamwe mu bamwegereye babitangarije Reuters. Ku wa Gatatu, abasirikare bahiritse Guverinoma ya Embalo mbere y’uko ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu n’abadepite bishyirwa ahagaragara, byongera urugero rw’imidugararo […]
Nta gushyira hamwe cyangwa kuvanga mu masezerano n’u Rwanda – Tshisekedi

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, aganira na diaspora y’Abanyekongo muri Serbia, ku wa Gatanu, itariki ya 28 Ugushyingo, yatanze ibisobanuro birambuye ku masezerano yasinywe n’u Rwanda bigizwemo uruhare na Amerika yemeza ko azayemeza vuba, ndetse yongera gushimangira ko nta kuvanga ingabo kuzongera kubaho. “Nzajya i Washington kwemeza amasezerano twasinye n’u Rwanda […]
Senegal: Yatawe muri yombi azira kwangiza ifoto ya Perezida Diomaye Faye

Muri Senegal, umusore wagaragaye muri videwo yamamaye acagagura ifoto y’akazi ya Perezida Bassirou Diomaye Faye yongeye gufungwa by’agateganyo kuri uyu wa Gatanu, itariki 28 Ugushyingo. Iyi videwo ye ije mu bihe bya politiki bitoroshye aho abarwanashyaka benshi bashyira amashusho nk’aya ku mbuga nkoranyambaga, mu gihe hari amakimbirane hagati ya perezida na minisitiri w’intebe. Muri iyo […]
Richard Ngendahayo yasubiye ku rubyiniro i Kigali nyuma y’imyaka 17 (Amafoto)

Umuramyi Richard Ngendahayo, umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu myaka ya 2000, yongeye gutaramira mu Rwanda nyuma y’imyaka irenga 17. Ni mu gitaramo cyafunguriye BK Arena ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, yacyise “Niwe Healing Concert.” Ngendahayo, uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 2008, […]
FACA yungutse abasirikare bashya barenga 500 batojwe na RDF

Igisirikare cya Repubulika ya Centrafrique (FACA), kuri uyu wa Gatandatu cyungutse abasirikare bashya 545 barangije amahugurwa yabo y’ibanze ya gisirikare bahawe n’abarimu b’Ingabo z’u Rwanda (RDF). Muri uyu muhango kandi hari aba Suzofisiye 121 barangije amahugurwa y’amezi atandatu yo kuyobora na yo yatanzwe n’abarimu ba RDF. Ibirori byo gusoza ayo mahugurwa byabereye mu kigo cya […]
FDNB yashyinguye abasirikare bayo benshi muri Kasika mbere yo kuhatsindirwa na M23: Willy Ngoma

Umutwe wa AFC/M23 wigambye kuba Ingabo zawo ziheruka gukubita ahababaza iz’u Burundi, ubwo impande zombi zarwaniraga mu gace ka Kasika muri iki cyumweru. AFC/M23 yemeje aya makuru biciye mu muvugizi w’igisirikare cyayo (cyitwa ARC), Lt. Col. Willy Ngoma. Uyu Ofisiye mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X, yagize ati: “Birakwiye kumenyesha ko abasirikare benshi […]
Ancuabe: Perezida Chapo yasuye RDF na Polisi y’u Rwanda

Perezida Daniel Francisco Chapo wa Mozambique, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 29 Ugushyingo yasuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) zikorera mu Karere ka Ancuabe, mu Ntara ya Cabo Delgado. Perezida Chapo yari aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo za Mozambique, Maj Gen Cristovão Artur Chume; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’icyo gihugu, Gen Julio dos Santos Jane; Umugaba […]
Fayulu yasabye Tshisekedi guhishura ibikubiye mu masezerano azasinyana na Perezida Kagame

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira yamusabye guhishurira abanye-Congo ibikubiye mu masezerano y’amahoro yitegura gusinyana na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda. Nta gihindutse abakuru b’ibihugu bombi bazahurira i Washington ku wa 4 Ukuboza 2025, aho bagomba kwakirwa na Perezida Donald Trump. Tshisekedi ubwo yaganiraga n’abanye-Congo baba […]
Nyuma y’impaka nyinshi Samuel Eto’o yongeye gutorwa

Samuel Eto’o, wahoze ari rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, yongeye gutorerwa kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT) mu matora yabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 29 Ugushyingo 2025, i Mbankomo. Mu matora yabereye ku Kigo cya CAF Excellence Centre, Eto’o wari umukandida wenyine yabonye amajwi 85 kuri 87, andi majwi abiri agirwa impfabusa. Ibi […]
Gen. David Sejusa yashimye Perezida Kagame

Gen. (Rtd) David Sejusa wahoze mu ngabo za Uganda, yashimye Perezida Paul Kagame wagize ubutwari bwo kwerura akanenga uko Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe witwara iyo kuri uyu mugabane habaye ihirikwa ry’ubutegetsi. Ni nyuma y’uko Umukuru w’Igihugu ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku wa Kane w’iki cyumweru, yagaragaje ko hari za Coup d’état ziba nziza ndetse n’iziba […]
Ukuri ku byavuyemo ibitutsi hagati y’umuhanzi B-Face n’Abanyarwanda

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanye umuhanzi B-Face wo mu Burundi avuga amagambo akarishye ku Banyarwanda, bituma benshi bamurakarira. Ariko nyuma hasobanuwe ko ayo mashusho yari agace gato kakaswe mu kiganiro kirekire, bityo ntihagaragara uko ibintu byari bimeze byose. Mu kiganiro cyuzuye yagiranye n’umunyamakuru, B-Face yasobanuye ko ayo magambo atari aye ahubwo yari ari gusubiramo […]
Inoti zishaje zakuweho

Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatanu, tariki 28 Ugushyingo 2025, iyobowe na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, yafashe ibyemezo bikomeye birimo no kwemeza Iteka rya Perezida rihagarika zimwe mu noti zimaze igihe kinini zikoreshwa mu Rwanda. Iri teka riteganya ko inoti za 500 Frw, 1000 Frw, 2000 Frw na 5000 Frw zakoreshejwe mu myaka […]
Umwe muri ba Perezida ba EAC azaherekeza Perezida Kagame na Tshisekedi i Washington

Perezida William Samoei Ruto wa Kenya, biravugwa ko azitabira umuhango wo kwemeza amasezerano y’amahoro u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinyanye mu mezi atanu ashize uzabera i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Kwemeza ariya masezerano yashyizweho umukono ku wa 27 Kamena uyu mwaka, bizakorwa na ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda […]
Tshisekedi yemeje ko azajya i Washington kuhahurira na Perezida Kagame

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko azajya i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho azahurira na Perezida Paul Kagame. Tshisekedi yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 28 Ugushyingo, ubwo yaganiraga n’abanye-Congo baba i Belgrade muri Serbie, aho yari yagiriye uruzinduko rw’akazi. Perezidansi ya RDC yasubiyemo amagambo […]
Ba defence attachés bo mu bihugu bitandukanye basobanuriwe uko abahoze muri FDLR bakirwa mu Rwanda

Abajyanama mu bya gisirikare (Defence Attachés) bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, basuye Ikigo cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, bagamije gusobanukirwa neza uburyo abahoze ari abarwanyi ba FDLR bakirwa, bagafashwa mu gusubizwa mu buzima busanzwe no kongera kwinjizwa mu muryango nyarwanda. Itsinda ryakiriwe na Madamu Valérie Nyirahabineza, Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza […]
Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi batandukanye

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 28 Ugushyingo, yashyize mu myanya abayobozi muri za Minisiteri n’ibigo bya Leta bitandukanye. Itangazo ry’ibyemezo by’iyi nama yayobowe na Perezida Paul Kagame, ryerekana ko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Umuvunyi Mukuru, Nirere Madelene wongerewe manda. Dr. Didace Nshimiyimana na Julius Ntete bo bagizwe abacamanza mu Rukiko rw’Ikirenga. […]
Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bongeye gusaba impinduka ku itegeko rigena igihembo cyabo

Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bongeye gusaba ko itegeko rigena igihembo bahabwa mu irangizwa ry’imanza rihinduka, rikajyana n’igihe. Batanze ubwo busabe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Ugushyingo, mu nama y’Inteko Rusange y’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga yabereye i Kigali. Ni inama yasize batoye inzego shya zigomba kubayobora. Ubusabe bw’uko itegeko rigena igihembo gihabwa Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bukunze […]
KNC abitse indirimbo ya nyuma Jay Polly yasize adasohoye

Ku munsi wo ku wa Kane, tariki ya 27 Ugushyingo 2025, Kigali yashyuhijwe n’amakuru adasanzwe mu ruganda rwa hip hop nyarwanda. Umunyamakuru n’umushoramari uzwi cyane, Charles Kakooza Nkuliza (KNC), yatangaje ko afite indirimbo ya nyuma Jay Polly yakoranye na we mbere y’uko yitaba Imana. Ibi yabivugiye mu kiganiro cya mu gitondo cya TV1 Rirarashe, aho […]
Hong Kong: Abantu 128 bamaze kwemezwa ko bishwe n’inkongi y’umuriro

Nibura abantu 128 nibo bamaze kwemezwa ko bapfuye bazize inkongi y’umuriro mu miturirwa yo guturamo ahitwa Taipo muri Hong Kong. Abantu 200 ntabwo baraboneka. Ku wa Gatatu, serivisi zishinzwe kuzimya umuriro muri uyu mujyi zatangaje ko byibuze abantu 128 baguye mu nkongi y’umuriro yibasiye inyubako zo guturamo ziherereye i Taipo, mu nkengero z’imisozi miremire ya […]
Umuramyi Rev. Emmanuel Ganza yatanze Mutuelle 300 ku muryango itishoboye

Umuramyi Rev. Emmanuel Ganza, uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yatanze ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé) ku batishoboye 300 bo mu Karere ka Kamonyi. Iki gikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki ya 29 Ugushyingo 2024, kibera mu Kagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda. Rev. Ganza, uyobora Abanyarwanda batuye mu gace kamwe k’Umujyi […]
M23 yaciyemo kabiri Mwenga na Kamituga, yototera ibifaru by’Ingabo z’u Burundi

Amakuru aturuka ku mirongo y’urugamba mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aravuga ko Ingabo za AFC/M23 zamaze gusa n’izicamo kabiri imijyi ya Mwenga na Kamituga, nyuma yo kwigarurira agace kari hagati yayo. Amasoko ya BWIZA muri Kivu y’Amajyepfo aremeza ko kuri uyu wa Gatanu zimwe mu ngabo za AFC/M23 zageze mu gace ka Kashaka, agace kari […]
AFC/M23 na FARDC baraye mu mirwano muri Nyabiondo

Inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za Congo, FARDC, zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa APCLS, barwanye mu ijoro ryo ku wa Kane, rishyira kuri uyu wa Gatanu, itariki 27 Ugushyingo, i Nyabiondo, muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zaho avuga ko imirwano yatangiye mu gitondo ubwo […]
Gen Foka Mike ararembye nyuma yo kuraswa mu kibuno

Amakuru agera kuri Bwiza.com na Bwiza TV, yemeza ko umwe mu bazalendo bazwi mu ntara ya Kivu y’amajyepfo, muri teretwari ya Walungu, witwa Albert Kahasha Murhula uzwi nka Gen Foka Mike, yarashwe n’ingabo za M23 mu mirwano itari yoroshye muri Kilungutwe, kuri ubu akaba arembye cyane. Amakuru aturuka ku rubuga rw’imirwano, avuga ko Gen Foka […]
Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we [Amafoto]
![Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we [Amafoto] 87 589087121 18540274138057040 8509548574137781529 n](https://bwiza.com/wp-content/uploads/2025/11/589087121_18540274138057040_8509548574137781529_n.jpg)
Umukinnyi wa Arsenal n’uw’ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Bukayo Saka, yemeye kurushinga n’umukunzi we bamaze imyaka itanu bakundana, Tolami Benson. Amakuru avuga ko Saka yamutereye ivi mu ijoro ryihariye ry’abakundana muri hoteli yo ku rwego rwo hejuru i London. Abatanze amakuru bavuga ko Saka yakoze uko ashoboye ngo uwo mwanya ube udasanzwe, kandi impeta yamuhaye ngo […]
Al Hilal SC yamaganye ibihano bya CAF

Ikipe ya Al Hilal SC yatangaje ko itemeranya n’ibyemezo yafatiwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), nyuma y’imvururu zavutse ku mukino watsinzwemo MC Alger ibitego 2–1 wakinirwa kuri Stade Amahoro. Mu ijoro ryo ku wa 27 Ugushyingo 2025, Al Hilal yakiriye ibaruwa ivuye mu kanama ka CAF gashinzwe imyitwarire, ibamenyesha ko umukinnyi wabo ukomeye Jean […]
Igisirikare cy’u Burundi kiremeza ko nta musirikare wacyo uri i Minembwe

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 27 Ugushyingo, Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyasohoye itangazo, gisobanura aho gihagaze ku kibazo cy’ibibera i Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo, aho gihakana cyivuye inyuma ibirego bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga ko cyashyize mu bwigunge abaturage b’abasivili b’Abanyamulenge. Mu itangazo ryabwo, Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo bwemeza ko “muri iki gihe nta basirikare ba […]
Diyama na zahabu bicuruzwa i Antwerp birahacukurwa?: Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko ibirego bishinja u Rwanda kwiba amabuye y’agaciro ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari amahomvu, avuga ko ababitiza umurindi ari bo basahuye kiriya gihugu kurusha undi uwo ari we wese. Perezida wa Repubulika yabigarutseho ku wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru. Congo Kinshasa n’ibihugu biyishyigikiye […]
Nonese abafana ba Rayon Sports baziyice: Chairman wa APR FC

Chairman wa APR FC, Brig. Gen Deo Rusanganwa, yavuze ko abafana b’amakipe bakunda bakwiye kwihangana no gusubiza umutima hamwe aho guhangayika cyane igihe batsindwa. Mu kiganiro yagiranye na Isibo Radio ku wa 27 Ugushyingo 2025, yasabye abafana kubona ko gutsindwa ari ibisanzwe, ndetse ko mbere yo kunenga bagomba kubanza kureba ibyo ubuyobozi bw’ikipe bukora. Rusanganwa […]
Ba Defence Attachés bakorera mu Rwanda bamenyeshejwe uko umutekano wifashe

Kuri uyu wa Kane, Minisiteri y’Ingabo/Ingabo z’u Rwanda (RDF) bakiriye abajyanama mu bya Gisirikare (Defence Attachés) bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda. Bagejejweho ikiganiro kirambuye cyagarutse ku miterere y’umutekano mu gihugu no mu karere, ndetse n’uruhare rw’ Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu bufatanye mpuzamahanga n’ubushingiye ku mubano hagati y’ibihugu. Itsinda ry’abitabiriye ryakiriwe […]
Hamenyekanye itariki nshya y’umuhuro wa ba Perezida Kagame, Tshisekedi na Trump

Ba Perezida Paul Kagame na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byitezwe ko bazahura na Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 4 Ukuboza 2025, mu nama izasiga bashyize umukono ku masezerano y’amahoro. Amakuru kuri ubu avuga ko Washington ikomeje kotsa igitutu Kigali na Kinshasa, mu rwego […]
CAF yafatiye ibihano Umurundi Girumugisha na Al Hilal ye

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w”Amaguru muri Afurika (CAF), yahanishije Umurundi Girumugisha Jean Claude kumara imikino itatu adakina inamuca ihazabu ya $ 5,000 (FBU miliyoni 14.7) kubera imyitwarire mibi yagaragarije i Kigali. CAF yahannye uyu rutahizamu w’ibumoso, nyuma y’ubushyamirane bwakurikiye umukino w’amatsinda ya CAF Champions League ikipe ya Al Hilal Omdurman yo muri Sudani Girumugisha akinira iheruka gutsindamo […]
Umusifuzi yatanze amakarita 17 y’umutuku mu mukino umwe

Umukino wa Copa Bolivia wahuje Blooming na Real Oruro warangiye mu kavuyo gakomeye, aho abakinnyi n’abatoza 17 bose bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano yavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga. Uyu mukino wari uwa ¼ cy’irangiza. Nubwo Real Oruro yari ikeneye igitego kimwe gusa ngo iyobore umukino, ntiyabigezeho maze Blooming ikomeza muri ½ cy’irangiza bitewe n’intsinzi yo […]
Namibia: Adolf Hitler yatsinze amatora y’abadepite
Umunyapolitiki wo muri Namibia witiriwe umunyagitugu w’Umudage Adolf Hitler, byatangajwe ko yatsinze amatora ku majwi menshi nk’uko ibyayavuyemo byashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane ushize bibigaragaza. Adolf Hitler Uunona, ubu uhitamo guhamagarwa Adolf Uunona, yagumanye umwanya we mu gace gato ko mu majyaruguru ka Ompundja mu karere ka Oshana n’amajwi 1,275, mu gihe uwo bari […]
Musanze: Arashinjwa kwica atwitse abantu 3 mu bihe bitandukanye

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Musanze bukurikirinye umugabo uri mu kigero cy’imyaka 24 ukekwaho gutwika abantu batandukanye akoresheje lisansi batatu muri bo bakahasiga ubuzima. Icyaha akekwaho cyakozwe ku itariki ya 13/10/2025 ndetse na 13/11/2025 mu masaha atandukanye y’ijoro mu Mudugudu wa Nyagisozi, Akagari ka Gatwa, Umurenge wa Janja, mu Karere ka Gakenke. Uregwa, ku itariki […]
Perezida Embalo wahiritswe ku butegetsi yageze muri Senegal

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Senegali yatangaje ko Perezida Umaro Sissoco Embalo, wahiritswe ku butegetsi kuwa Gatatu muri Guinea Bissau, yageze i Dakar kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 27 Ugushyingo. Itangazo rya minisiteri rivuga ko Embalo yageze muri Senegal mu ndege yakodeshejwe na ECOWAS (Umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba). Iri tangazo rije nyuma […]
N’iyo biba njye nta nsengero nafungura: Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yavuze ko kuri we nta rusengero na rumwe rwari gukomeza gufungura mu gihe hari ibibazo bikomeye igihugu n’isi bihanganye nabyo. Yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Village Urugwiro ku wa 27 Ugushyingo 2025. Yasubizaga ikibazo cy’uko hari insengero zafunzwe kubera kutuzuza ibisabwa, ariko nyuma zikabikora ntizifungurwe. Perezida Kagame yavuze ko n’iyo biba […]