‘Huye Half Marathon 2025’ yahumuye

Irushanwa rya ‘Huye Half Marathon’ rigomba kubera mu karere ka Huye ku nshuro yarwo ya gatatu, rirabura amasaha abarirwa ku ntoki mbere yo gutangira ku Cyumweru tariki ya 30 Ugushyingo 2025. Iri rushanwa ryo gusiganwa ku maguru, risanzwe ritegurwa na Cercle Sportif de Butare ifatanyije n’Akarere ka Huye riberamo, cyo kimwe n’abafatanyabikorwa barimo Minisiteri ya […]
P. Kagame yemeje ko Tshisekedi ari kubakana FDLR n’umuhungu wa Habyarimana

Perezida Paul Kagame yemeje ko mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaze igihe akorana n’abarimo umuhungu wa Habyarimana Juvenal wahoze ari Perezida w’u Rwanda mu kubaka FDLR, kugira ngo ihungabanye umutekano w’u Rwanda. Umukuru w’Igihugu yemeje aya makuru kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo, mu kiganiro yahaye abanyamakuru. […]
Igisubizo Perezida Kagame yahaye Abanyaburayi bakomeje kwifuza Goma, iyo aza kuba ari we AFC/M23

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko iyo aza kuba ari we ugenzura Umujyi wa Goma ukomeje kwifuzwa n’ibihugu byiganjemo ibyo ku mugabane w’u Burayi, yabyemerera gukoresha uriya mujyi icyo biwufuzaho ariko bibanje kwerekana uko bizakemura ibibazo byatumye abawugenzura bawigarurira. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo, mu kiganiro ari kugiranira n’abanyamakuru muri […]
Imirwano yahuje AFC/M23 na Wazalendo i Kivuye

Byibuze umuntu umwe yapfuye undi arakomereka bikabije mu mirwano ikomeye yahuje abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za wazalendo zo mu mutwewa ACNDH. Iyi mirwano yabereye kuwa Gatatu, itariki 26 Ugushyingo 2025, ahitwa Kivuye, muri Gurupoma ya Bashali Moko, Teritwari ya Masisi. Amakuru aturuka mu nzego z’ubuzima muri ako gace, avuga ko ari umusore w’imyaka 20 wafashwe […]
Umugabo wabyaranye na Sheebah Karungi yamaze kumenyekana

Umuririmbyi w’umunyamideli wo muri Uganda, Sheebah Karungi, yongeye kuvugisha abantu nyuma y’aho hagaragaye amakuru mashya y’uwo babyaranye umwana w’umuhungu aherutse kwibaruka, Prince Amir, uzwi nka Little Bird. Hashize amezi menshi abantu bibaza uwo mugabo Sheebah yahishiraga, ariko amakuru mashya yemeza ko ari Jaffar Suleiman, umunyemari ukorera ibikorwa bya muzika mu Bwongereza, utuye i London. Amakuru […]
EACJ yahagaritse amasezerano y’ubucuruzi yasinywe hagati ya Kenya na EU

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ikirego cyatanzwe n’umuryango utegamiye kuri leta muri Uganda uvuga ko aya masezerano azateza ingaruka ku bidukikije kandi ko arenga ku ngingo nyinshi z’amasezerano y’akarere, cyateje inzika nyinshi i Nairobi. Mu gihe yemerera ibicuruzwa bya Kenya kwinjira ku isoko ry’ibihugu by’i Burayi nta musoro, ayo masezerano yari agamije, kugabanya buhoro buhoro imisoro […]
Jenerali ukuriye abasirikare barindaga Perezida Embalò yahishuye icyatumye bamuhirika

Général de Brigade Denis N’Canha wari ukuriye umutwe w’ingabo zari zishinzwe kurinda Perezida Umaro Sissoco Embalò wa Guinée-Bissau, yatangaje ko bafashe icyemezo cyo kumuhirika ku butegetsi mu rwego rwo kuburizamo umugambi mubisha ku gihugu w’abanyapolitiki bakorana n’umucuruzi ukomeye w’ibiyobyabwenge. Ku wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo ni bwo Perezida Embalò yatangaje ko yahiritswe ku butegetsi, […]
AFC/M23 na FARDC/Wazalendo mu mirwano muri Kibati

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Ugushyingo, inyeshyamba za AFC/M23 zaramukiye mu mirwano n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Imirwano yaramukiye mu gace ka Kibati gaherereye muri Groupement ya Luberike, muri Teritwari ya Walikale. Mu busanzwe AFC/M23 ni yo igenzura kariya gace. Amakuru avuga ko mu […]
Umuramyi Dorcas wa Papy Clever yasubije abamuteye imijugujugu nyuma yo kumubona yambaye ipantalo

Dorcas, umuramyi uririmbana n’umugabo we Papy Clever, yavuze ko atishimiye amagambo abantu banditse ku mbuga nkoranyambaga bamunengera imyambarire ye. Ku mbuga nkoranyambaga hari hakwirakwijwe amashusho yabo bagiye kurira indege. Dorcas yari yambaye ipantalo arenzaho ijipo, ibintu byatumye abantu batanga ibitekerezo byinshi abandi babifata nk’ubuturage, abandi bavuga ko bidakwiye kuba umunyetorero. Dorcas yavuze ko ibitekerezo yasomye […]
Hong Kong: Inkongi y’umuriro yibasiye amagorofa 7 yahitanye benshi,abandi baburirwa irengero

Nibura abantu 55 bahitanywe n’inkongi y’umuriro ikabije yibasiye amazu maremare yo gucumbikamo muri Hong Kong, kandi abarenga 270 bataraboneka. Inkongi y’umuriro yibasiye amagorofa arindwi kuri umunani yubatswe mu karere ka Tai Po. Umuriro wazimijwe muri ane (amagorofa) ubwo iyi nkuru yandikwaga na BBC mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, kandi abayobozi bizeye kuzimya umuriro […]
AFC/M23 yamaganye urwitwazo rwa Kinshasa rw’ibikorwa byihutirwa by’ubutabazi mu bice igenzura

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 26 Ugushyingo 2025, mu kiganiro n’abanyamakuru i Goma, AFC / M23 yamaganye ibikomeje gutangazwa na Kinshasa ishimangira ko nta bikorwa byihutirwa by’ubutabazi bikenewe mu turere twabohowe, ishimangira ko ahubwo “ikibazo nyacyo kiri mu turere tugenzurwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa”. Bane mu bayobozi bakuru b’uyu mutwe – Fanny Kayembe, wo mu […]
RDC yasabye SADC ubufasha bwo kotsa u Rwanda igitutu

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye umuryango wa SADC kuyifasha gushyira igitutu ku Rwanda, kugira ngo rubashe gucyura ingabo ivuga ko ziri ku butaka bwayo. Kinshasa yatanze ubu butumwa biciye muri Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko yayo, Aimé Boji Sangara, ubwo yari mu nama y’ihuriro ya Komite Nshingwabikorwa y’Inteko Ishinga Amategeko y’umuryango wa SADC yabereye […]
College de Nkanka irifuza gutanga isoko ryo kugemura ibishyimbo
Washington: Abasirikare 2 barasiwe hafi ya White House

Abasirikare babiri ba Amerika bo mu mutwe wa National Guard, bakomeretse bikabije nyuma yo kurasirwa i Washington DC, munsi y’ibirometero bibiri uvuye kuri White House, ibyo umuyobozi w’umujyi yise “kurasa” kwagambiriwe. Polisi yavuze ko ukekwaho icyaha wenyine yarashe ku basirikare babiri bo muri National Guard z’ingabo z’igihugu baturutse muri Virginie y’Iburengerazuba ku gicamunsi cyo kuri […]
Miliyoni 150$ zigiye gushorwa mu kwagura drones zikoresha AI mu Rwanda

U Rwanda rugiye kubimburira ibihugu bine bya Afurika byagenewe inkunga ya miliyoni 150 z’amadoari ya Amerika, ni ukuvuga miliyari zisaga 218 z’amafaranga y’u Rwanda, zizifashishwa mu kwagura indege nto zitagira abapilote (drones) zikoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge muntu buhangano (Artificial Intelligence). Iyo nkunga yatanzwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yagenewe Ikigo Zipline gikomeje kwagura ubwikorezi […]
Perezida Kagame yasabwe n’ibyishimo kubera intsinzi ya Arsenal kuri Bayern Münich

Perezida Paul Kagame yagaragaje ibyishimo bikomeye, nyuma y’uko Arsenal yihebeye itsinze Bayern Münich ibitego 3-1, mu mukino w’amatsinda ya UEFA Champions League. The Gunners yari yakiriye Bavaria, mu mukino w’ishiraniro wabereye kuri Emirates Stadium. Nyuma yawo Perezida Paul Kagame uzwiho kuba umukunzi w’akadasohoka w’iriya kipe y’i Londres, yagaragaje ko yatewe ishema na yo ku bw’iriya […]
Djihad arafunzwe

Tariki ya 26 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, hamwe na Kwizera Nestor, uzwi cyane nka Pappy Nesta, kubera gukekwaho gukwirakwiza amashusho agaragaza Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina. Ibi byatumye umubare w’abamaze gufatwa muri iki kibazo ugera kuri batanu. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yemeje ifatwa ry’aba […]
ADEPR yatangije ko nta mwana uri munsi y’imyaka 18 wemerewe kuririmba ku giti cye

Itorero ADEPR ryashyize hanze amabwiriza mashya agenga abahanzi, amakorali n’amatsinda yo kuramya no guhimbaza Imana (worship teams), arimo ihame rishya rivuga ko nta muntu wemerewe gukora umuziki ku giti cye ari munsi y’imyaka 18. Aya mabwiriza mashya yasohotse ku wa 17 Ugushyingo 2025, agaragaza neza uko abahanzi n’abaririmbyi babarizwa muri ADEPR bakwiye kwitwara, cyane cyane […]
RDC: Abakozi ba Minisiteri ya Siporo bangije Sitade mu myigaragambyo

Mu gihe akazi kadahagaze neza muri Minisiteri ya Siporo ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Umuyobozi w’ibiro bya Minisitiri Didier Budimbu, Magloire Kasongo, yasabye abakozi bari mu myigaragambyo kugira ituze no guhitamo inzira y’ibiganiro. Kasongo, wavugiye kuri Radio Okapi, yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu hateganyijwe inama iziga ku bibazo byose byashyizwe imbere n’aba bakozi. […]
Perezida Embaló na ba Jenerali be 2 batawe muri yombi

Perezida Umaro Sissoco Embaló wa Guinée-Bissau, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2025 yatawe muri yombi n’igice cy’abasirikare b’igihugu cye. Perezida Embaló ubwe ni we wemeje ko yatawe muri yombi, mu kiganiro yahaye Jeune Afrique. Yavuze ko yatawe mu ma saa sita z’amanywa ku isaha y’i Bissau. Uyu mugabo yatawe muri yombi mu […]
Mwenga: Sosiyete sivile irashinja FARDC na Wazalendo gusahura abaturage nyuma y’imirwano

Sosiyete sivile yo muri Teritwari ya Mwenga, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, yamaganye mu itangazo ryayo ibikorwa by’ubusahuzi byagaragaye kuri uyu wa Kabiri ushize, Itariki 25 Ugushyingo 2025, bikozwe n’ingabo za leta n’inyeshyamba bafatanyije. Uyu muryango utegamiye kuri leta urashinja bamwe mu basirikare ba FARDC ndetse n’inyeshyamba za wazalendo kuba inyuma y’ibikowa byo gusahura abaturage […]
Urukiko rwategetse abaganga gukemura ikibazo cy’imikono yabo mibi

Urukiko rwo mu gihugu cy’u Buhinde rwategetse abaganga bo muri iki gihugu gukemura ikibazo cy’imikono yabo, bijyanye no kuba abenshi muri bo bandikaga inyandiko zidasomeka. Ni icyemezo Urukiko Rukuru rwa Punjab and Haryana rwafashe, mu gihe ikibazo cy’imikono idasomeka ku baganga gisanzwe kigaragara mu bihugu byo hirya no hino ku Isi. Ruriya rukiko rwavuze ko […]
Sudani y’Epfo: Impanuka y’indege yari itwaye imfashanyo yahitanye batatu

Kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki 25 Ugushyingo, indege yari itwaye imfashanyo y’ibiribwa y’umuryango mpuzamahanga w’Abasamariya yaguye muri Unity State muri Sudani y’Epfo, ihitana abakozi bayo bose uko ari batatu, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi muri uyu muryango utabara imbabare. Iyi ndege ikoreshwa na Nari Air, yari itwaye toni 2 z’ibikoresho biturutse mu murwa mukuru, Juba, bishyiriwe […]
U Rwanda rwavuze inzira yonyine yatuma rukuraho ingamba z’ubwirinzi rwafatiye RDC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rudateze gukuraho ingamba z’ubwirinzi rumaze igihe rwarafashe, keretse Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nisenya umutwe w’abajenosideri wa FDLR. Minisitiri Nduhungirehe mu kiganiro yahaye Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), yavuze ko gusenya uriya mutwe ari na byo bizatuma uburasirazuba bwa Congo bubona amahoro. Asubiza Minisitiri Patrick Muyaya […]
Israel iravuga ko yatangije ibikorwa byo kurwanya iterabwoba muri West Bank

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Ugushyingo, Igisirikare cya Israel cyatangaje ko cyatangije “igikorwa kinini cyo kurwanya iterabwoba” mu majyaruguru y’Intara ya West Bank yigaruriye. Igirikare cy’igihugu cya Israel (IDF) cyavuze ko igikorwa cya gisirikare cyateguwe ku bufatanye cya Shin Bet, Ishami rishinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu, hamwe n’Igipolisi gishinzwe kugenzura Imipaka cya Israel, cyatangiye […]
AFC/M23 yakubitiye Ingabo z’u Burundi muri Kasika

Inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo zigaruriye uduce twa Kidasa na Kasika duherereye muri Teritwari ya Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kutwirukanamo Ingabo z’u Burundi. Ingabo za FDNB zaramutse zirwana zonyine, nyuma y’uko FARDC na Wazalendo bafatanyije urugamba bafashe icyemezo cyo guhunga Kasika, Kamituga na Mwenga-Centre. […]
U Rwanda mu bihugu bizakira imikino ya FIFA Series 2026

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, ryahisemo u Rwanda mu bihugu bizakira imikino ya FIFA Series mu 2026. FIFA yemeje ko ibihugu byinshi birimo u Rwanda na Maurice byo muri Afurika mu cyiciro cy’abagabo bizakira FIFA Series 2026 izaba mu rwego ry’imikino mpuzamahanga muri Werurwe na Mata. Imikino ya FIFA Series ku bagabo n’abagore iha […]
FDNB na M23 mu mirwano ikomeye muri Kasika, nyuma y’ihunga rya FARDC

Ingabo z’u Burundi n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo baramukiye mu mirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kasika. Kasika ni agace gaherereye muri Groupement ya Wamuzimu ho Teritwari ya Mwenga, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amasoko atandukanye yemeza ko mu mirwano yo kuri uyu wa Gatatu […]
Burundi: Gen. Bunyoni amaze ukwezi kurenga mu bitaro acunzwe bikomeye

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni, akomeje kuba mu Bitaro by’Akarere ka Gitega mu murwa mukuru wa politiki, aho akomeje kwitabwaho bya hafi kuva ku itariki ya 9 Ukwakira 2025 nk’uko amakuru ava mu nzego z’ubuvuzi avuga. Umwe mu bashinzwe ubuzima, utifuje ko amazina ye atangazwa, yerekanye ko Gen. Bunyoni “yagiye yoroherwa […]
Gasabo: Urukiko rwakatiye umusore w’imyaka 20 wishe sekuru

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ruri aho icyaha cyabereye mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Gashora, mu Kagari ka Ramiro, rwasomye urubanza Ubushinjacyaha buregamo umusore w’imyaka 20 wishe sekuru rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu. Icyaha uregwa yari akurikiranweho cyakozwe ku itariki ya 17/04/2025, ubwo uyu musore yakaga sekuru amafaranga ibihumbi magana abiri (200,000Frw) yari yaramubikije akanga […]
Indege yabaye imbarutso ya “Niwe” igiye guhuriza hamwe abarenga ibihumbi 10

Umuramyi Richard Nick Ngendahayo yavuze ko Album ye “Niwe” yayihawe mu gihe yari mu ndege, ubwo yaruhukaga akabona ubutumwa bw’Imana bwaje mu buryo budasanzwe, bukaba bwaragize ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu benshi. Ni nabwo bwamuhaye icyerekezo gishya mu muziki wo kuramya Imana. Nyuma y’imyaka irenga 17 adakorera igitaramo gikomeye mu Rwanda, Richard yongeye kugaruka i […]
Nduhungirehe yasubije Macron washinje AFC/M23 kuba inzitizi ku ifungurwa ry’ikibuga cy’indege cya Goma

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yasubije Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa uheruka gushinja umutwe wa AFC/M23 kuba nyirabayazana yatumye ikibuga cy’indege cya Goma kitongera gufungurwa. Macron ubwo yari muri Afurika y’Epfo aho aheruka kwitabira inama ya G20, yavuze ko “AFC/M23 n’abafite ikibuga cy’indege cya Goma nta mbaraga bigeze bashyira mu kongera kugifungura”. Minisitiri Olivier […]
Rurageretse hagati ya Papa Cyangwa n’inyubako y’umuherwe

Umuraperi Abijuru King Lewis, wamenyekanye nka Papa Cyangwe yatangaje ko yababajwe cyane n’ukuntu yafungiwe muri Kigali Universe amasaha arenga atanu nyuma yo kumurika Album ye Now or Never. Byabaye mu ijoro ryo ku wa 23 Ugushyingo 2025. Amakuru avuga ko uyu muhanzi yagumishijwe muri iyi nyubako kubera ikibazo cy’amafaranga atishyuwe ku bikoresho bya Sound yari […]
RGB yahagaritse inzego zayoboraga Rayon Sports

Ku wa 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB) rwatangaje ko ruhagaritse inzego zose zari ziyoboye Umuryango Rayon Sports, kubera ibibazo byakomeje kugaragara mu miyoborere y’iyi kipe. Ibi byatangajwe nyuma y’inama yabereye ku cyicaro cya RGB, yahuje ubuyobozi bw’uru rwego n’abagize inzego zitandukanye za Rayon Sports zirimo Inama y’Ubutegetsi, Komite Nyobozi, Komite Ngenzuzi ndetse […]
Impunzi zirenga 100 z’Abarundi zatashye zivuye mu Rwanda

U Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Ugushyingo, rwafashije impunzi 115 zituruka mu miryango 58 zabaga mu gihugu gusubira mu gihugu cyazo. Impunzi zatashye zirimo 107 zabaga mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, ndetse n’umunani zabaga mu mujyi wa Kigali. Izi mpunzi zinjiye mu Burundi zinyuze ku mupaka uhuza u Rwanda […]
Bitakwira yandagaje Wazalendo, ashimagiza AFC/M23 yanga urunuka

Justin Bitakwira usanzwe ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaje ko ibice bigenzurwa n’umutwe wa AFC/M23 birimo amahoro, anenga bikomeye imyitwarire n’imikorere by’abarwanyi ba Wazalendo bafatanya na FARDC mu bikorwa byo kurwanya uwo mutwe. Bitakwira, usanzwe anafite uruhare mu guhuza ibikorwa bya politiki bya Wazalendo, yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru […]
Guinea-Bissau: Perezida Embalo n’uwo bari bahanganye mu matora bose barigamba intsinzi

Fernando Dias, umukandida wigenga, hamwe na Perezida Umaro Sissoco Embalo uriho ubu bombi ku wa Mbere batangaje ko batsinze mu matora y’umukuru w’igihugu wa Guinea-Bissau yabaye mu mpera z’icyumweru mu gihe igihugu gitegereje ibyavuye mu matora. Ikinyamakuru cyigenga cyo ku rubuga rwa interineti O Democrata GB cyatangaje ko Dias ufatwa nk’umwe mu bafite amahirwe yo […]
Emir wa Qatar yagennye Ambasaderi wayo mu Rwanda usimbura uwapfuye

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, yagennye Mansour Ali Fahad Al-Shahwani Al-Hajri nka Ambasaderi w’ubu bwami mu Rwanda. Igenwa ry’uyu mudipolomate ryemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X, ariko ku wa 19 Ugushyingo ni bwo yagenwe. Mansour Ali Fahad Al-Shahwani Al-Hajri, yari asanzwe […]
Pentagon yakangishije umusenateri kumusubiza mu gisirikare ku gahato

Minisiteri y’Ingabo muri Amerika (Pentagon) ivuga ko ishobora guhamagarira Senateri Mark Kelly gusubira mu nshingano zikomeye za gisirikare mu rwego rwo kumuhana kubera ko yagaragaye muri videwo ahamagarira abasirikare kwanga “amabwiriza atemewe”. Mbere y’uko aba senateri w’umudemokarate ukomoka muri Arizona, Kelly yari umusirikare mukuru mu ngabo zirwanira mu mazi akaba n’umupilote wakoze ubutumwa bw’intambara mu […]
USA: Umucamanza yateye utwatsi imanza z’uwahoze ayobora FBI n’umushinjacyaha

Kuri uyu wa Mbere, itariki 24 Ugushyingo, Umucamanza wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yateye utwatsi ibirego bishinjwa James Comey wahoze ari umuyobozi wa FBI hamwe n’Umushinjacyaha Mukuru wa New York, Letitia James, yemeza ko umushinjacyaha ukurikirana ibirego yashyizweho mu buryo butemewe n’amategeko. Umucamanza Cameron McGowan Currie yanditse mu cyemezo cye ko ishyirwaho […]
FARDC yaba yisubije Umujyi wa Buhimba

Umujyi muto wa Buhimba, muri Guruoma ya Waloa Yungu (agace ka Walikale) iherereye muri Kivu y’Amajyaruguru, wongeye gufatwa n’ingabo za leta zishyigikiwe na Wazalendo ku wa Mbere, 24 Ugushyingo, nyuma y’umunsi umwe wigaruriwe n’inyeshyamba za AFC / M23. Aka gace kari kafashwe n’inyeshyamba za M23 ku Cyumweru nimugoroba. Ku wa Mbere, bivugwa ko Ingabo za […]
Gitifu wa Muhazi arafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku wa Mbere rwatangaje ko rwataye muri yombi Egide Hanyurwimfura wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhazi w’akarere ka Rwamagana, rukaba rumukekaho ibyaha birimo gukoresha impapuro mpimbano. RIB isobanura ko Hanyurwimfura yatawe muri yombi nyuma y’igenzura ryakozwe mu Karere ka Rwamagana ku bufatanye bwayo n’inzego za Leta. Ni igenzura ryasize atawe muri […]
Ubukwe bwa Cristiano Ronaldo buzabera mu cyaro

Cristiano Ronaldo n’umukunzi we Georgina Rodriguez batangaje bidasubirwaho ko bazasezerana mu mpeshyi itaha, ku ivuko rya Ronaldo, mu kirwa cya Madère. Amakuru yemejwe na Jornal da Madeira avuga ko ubukwe buzaba nyuma y’igikombe cy’Isi 2026, bukabera muri Katedarali ya Funchal, imwe mu nyubako z’iyobokamana z’ amateka muri Portugal. Kuri CR7, ibi ni byinshi kurusha ubukwe […]
Burundi: Pasiteri yahunganye amaturo y’abakirisito

Mu gihe ikibazo cy’imikoreshereze mibi y’umutungo mu matorero gikomeje gutera impaka mu Burundi, bamwe mu bayoboke n’abayobozi b’Églises de Pentecôte du Burundi (CEPBU) bandikiye ku mugaragaro ibiro by’abinjira n’abasohoka mu Bubiligi basaba ko Pasiteri Nicolas Hakizimana, wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’iri torero, yimwa ubuhungiro nyuma yo guhunga igihugu akurikiranweho ibyaha bikomeye. Hakizimana ngo yasohotse mu […]
Everton yisasiye Man United, umukinnyi wayo ahabwa ikarita itukura azira gukubita mugenzi we

Ikipe ya Everton yaraye itsinze Manchester United igitego 1-0, mu mukino ukumunya-Sénégal Idrissa Gana Gueye yeretswemo ikarita itukura azira gukubita urushyi Michael Keane basanzwe bakinana. Gueye yeretswe iyi karita asohorwa mu kibuga ku munota wa 13 w’umukino, aba umukinnyi wa mbere weretswe ikarita itukura muri Premier league azira gushyamirana na mugenzi we kuva muri 2008. […]
RDC mu mushinga w’uko urubyiruko rwose rugomba kujya runyura muri FARDC

Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ishingiro ry’umushinga wo kugira itegeko ko buri wese w’urubyiruko agomba gukora igisirikare, irawakira kugira ngo itangire kuwigaho. Uyu mushinga w’itegeko watanzwe na depite Misare Claude uhagarariye agace ka Uvira mu nteko ishinga amategeko, usaba ko buri wese uri hagati y’imyaka 18 na 30 akwiye gukora […]
Igikomangomakazi Mukabayojo yasezeweho mbere yo gushyingurwa

Igikomangomakazi Spéciose Bideri Mukabayojo, umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, yasezeweho muri Kiliziya ya Don Bosco muri Kenya mbere y’uko umurambo we woherezwa mu Rwanda. Mukabayojo yari atuye muri Kenya imyaka irenga 30, kandi yatabarutse tariki ya 27 Ukwakira 2025 ku bitaro bya Mater i Nairobi. Umuryango we wafashe icyemezo cyo kumushyingura mu Rwanda. Mu muhango […]
Abanyarwanda begukanye igihembo cya filime mpuzamahanga muri Nigeria

Itsinda ry’abanyeshuri b’Abanyarwanda ryegukanye igihembo mpuzamahanga mu iserukiramuco ‘International Students’ Film Festival’ ryabareye muri Nigeria, nyuma ya filime bakoze ku mwana ufite ubumuga wanzwe n’umubyeyi we. Iyi filime yitwa ‘Forgotten Frame’ yegukanye igihembo ku wa 22 Ugushyingo 2025, yahuje abanyeshuri barenga 40 biga muri Kaminuza ya Mount Kigali. Yayobowe n’umwarimu wabo akaba n’Umunyamabanga Mukuru w’ishyirahamwe […]
Kilungutwe mu maboko ya M23

Umutwe wa AFC/M23 muri uyu wa Mbere tariki ya 24 Ugushyingo, wigaruriye agace ka Kilungutwe ko muri Teritwari ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ni mu mirwano AFC/M23 yafatiyemo intwaro nyinshi nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abyemeza. Usibye Kilungutwe, AFC/M23 yanafashe agace ka Kimbili ko muri Teritwari ya Shabunda aho ingabo za Kinshasa zari […]
EU yemereye FARDC miliyoni 10 z’Ama-Euro

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaje ko ugiye guha miliyoni 10 z’Ama-Euro y’inkunga Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC). Iyi nkunga igamije guha FARDC ibikoresho bya gisirikare bitica bakenera mu kazi kabo nk’uko inkuru dukesha ACTUALITE.CD ivuga. Iyi ni inkunga ya kabiri nk’iyi yahawe Ingabo za Congo: iya mbere, yemejwe mu 2023, yagenewe Brigade […]
Israel: Abayobozi benshi b’ingabo birukanwe kubera igitero cya Hamas cyo mu 2023

Igisirikare cya Israel cyirukanye abasirikari bakuru benshi ndetse cyihaniza abandi kubera kunanirwa gukumira igitero cyagabwe na Hamas muri Israel mu Kwakira 2023. Kuri uyu wa Mbere, itariki 24 Ugushyingo, urutonde rw’abajenerali birukanwe ku mugaragaro harimo abashinzwe iperereza rya gisirikare, ibikorwa, n’ubuyobozi bw’amajyepfo bushinzwe Gaza. Iki cyemezo kije mu gihe guverinoma itaranatangira iperereza kuri icyo gitero, […]
Jimmy Cliff wamamaye mu njyana ya Reggae yatabarutse ku myaka 81 y’amavuko

Umuhanzi Jimmy Cliff wo muri Jamaica, wamamaye mu njyana ya Reggae, yapfuye afite imyaka 81 y’amavuko ahitanwe n’umusonga, nk’uko umugore we yabitangaje kuri Instagram. Nk’uko umugore we yabitangaje mu butumwa bwashyizwe kuri Instagram, uyu muhanzi yari arwaye umusonga. Ubutumwa bwashyizwe kuri konti yemewe y’uyu muhanzi bugira buti: “Mbabajwe cyane no kubamenyesha ko umugabo wanjye Jimmy […]
FARDC na Wazalendo bazindutse bagerageza kwirukana AFC/M23 mu Mujyi wa Buhimba yaraye ifashe

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki ya 24 Ugushyingo, i Buhimba, muri Gurupoma ya Waloa Yungu (muri Teritwari ya Walikale) mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, haramukiye imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’ingabo za leta, zishyigikiwe na Wazalendo. Nk’uko amakuru aturuka muri ako agace agera kuri ACTUALITE.CD abitangaza, ngo Ingabo […]
Beirut: Israel yishe Umugaba Mukuru wa Hezbollah

Israel yatangaje ko yishe umugaba mukuru wa Hezbollah, Haytham Tabtabai mu gitero cyagabwe i Beirut, kikaba kibaye igitero cya mbere cya Israel muri uyu mujyi kuva muri Kamena. Ku mugoroba wo ku Cyumweru, gishyira kuri uyu wa Mbere, Israel yatangaje ko yishe Haytham Tabtabai, ukekwaho kuba yari umugaba mukuru wa Hezbollah, mu gitero cyagabwe ku […]
Abanyarwanda bamaze gutahuka bava muri RDC barenze 5,800

U Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Ugushyingo rwakiriye Abanyarwanda 219 batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ibyatumye umubare w’abamaze gutahuka urenga 5,800. Saa tanu z’amanywa ni bwo aba Banyarwanda bageze mu mujyi wa Rubavu baturutse i Goma muri Congo. Bambukiye ku mupaka munini uhuza u Rwanda na RDC wa La […]
Nigeria: Abana 50 muri 315 baherutse gushimutwa baratorotse

Abana 50 mu bana 315 bashimuswe n’abantu bitwaje imbunda bo mu ishuri ry’Abagatolika ryo muri Leta ya Niger baratorotse. Igipolisi cyaho kivuga ko abantu bitwaje imbunda bateye ishuri rya St Mary ahagana mu ma saa munani za mugitondo (01:00 GMT) ku wa Gatanu ushize. Ishyirahamwe ry’Abakirisitu rikurikiranira hafi iki kibazo rivuga ko, abanyeshuri bashoboye gutoroka […]
RIB yafunze uwacuruzaga amashusho y’urukozasoni ya Yampano

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Ishimwe François Xavier ukurikiranyweho kwishyuza abantu amafaranga kugira ngo abahe amashusho y’urukozasoni agaragaramo Yampano n’umukunzi we Uwineza Diane. Uyu yafashwe ku wa 18 Ugushyingo 2025, mu gihe iperereza ryari rigikomeje ku bafite uruhare mu gukwirakwiza ayo mashusho. RIB ivuga ko dosiye y’abafashwe aribo; Kalisa John uzwi nka Kjohn […]
Imirwano yaraye muri Uvira yaguyemo abarimo umusirikare wa FARDC

Abantu bane barimo umusirikare wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ni bo baguye mu mirwano yaraye ibereye mu mujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ni imirwano yasakiranyije FARDC n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo isanzwe ifatanya na yo mu ntambara irwana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23. Umuvugizi […]
Ukraine yaturikije MI-8 y’Uburusiya

Ingabo za Ukraine zatangaje ko zagushije helikopteri y’igisirikare cy’Uburusiya yo mu bwoko bwa Mi-8 mu gace ka Rostov, bakoresheje drone yo mu bwoko bwa deep-strike, ku nshuro ya mbere kuva intambara yatangira. Ibyo byatangajwe n’Urwego rw’Abasirikare bihariye rwa Ukraine (SSO) ku rubuga rwa Telegram kuri uyu wa 23 Ugushyingo, nubwo batanatangaje amatariki n’amakuru arambuye y’igikorwa […]
M23 yigaruriye Umujyi muto wa Buhimba

Umutwe wa AFC/M23 ku Cyumweru tariki ya 23 Ugushyingo 2025, wigaruriye Umujyi muto wa Buhimba wo muri Groupement ya Waloa Yungu ho muri Teritwari ya Walikale mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Actualite.CD igaragaza Buhimba nk’amatware akomeye ya nyuma ingabo za Leta ya […]