Perezida Kagame yavuze ku kuvana RDF muri Mozambique 

df1038 e0d7c664e8d541338d595daad2829a47mv2

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko nihatagira umuntu wishyura ibigenda ku ngabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique, bizarangira ingabo zicyuwe. Ni nyuma y’uko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uheruka gutangaza ko uteganya guhagarika inkunga ya miliyoni 20 z’ama-Euro wageneraga buriya butumwa. Perezida Kagame mu kiganiro […]

Urugendo rwa Kigali-Rusizi rwarenze Frw 11,000

20260404 104422

Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo rusange mu ntara, nyuma y’uko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bitumbagiye. RURA mu itangazo yasohoye ku wa Gatanu tariki ya 3 Mata 2026, yagennye ko mu rugendo rwo mu ntara umugenzi agomba kujya yishyura Frw 41.58 ku kilometero kimwe. Mu biciro bishya ruriya rwego rwashyizeho, ikiri hejuru ni icy’urugendo […]

Nyarugabo yageneye Ndayishimiye ubutumwa bukomeye nyuma y’iturika ry’i Bujumbura 

hq720

Me MoĂŻse Nyarugabo wigeze kuba Minisitiri w’Ubukungu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ubutumwa bukomeye bunenga imikorere ye n’uruhare rw’u Burundi mu bibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa Congo, nyuma y’iturika rikomeye riheruka kubera i Bujumbura. Mu butumwa bwe bwo ku wa 3 Mata 2026, Nyarugabo yabanje kwihanganisha Abarundi bagizweho […]

FERWAFA yateye utwatsi ubusabe bwa Rayon Sports 

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryanze ubusabe bwa Rayon Sports yari yarisabye ko umutoza Haringingo Francis Christian yakwemererwa gutoza umukino iriya kipe ifitanye na Gicumbi FC. FERWAFA mu itangazo yasohoye, yabwiye Rayon Sports ko idashobora kubona ibyangombwa byemerera Haringingo kuyitoza muri aka kanya, kuko hari ikibazo cy’amasezerano agifitanye na Kiyovu Sports yahozemo. Ku wa […]

Arembejwe n’inkoni yakubiswe ubwo yakinaga yigize Yesu

52736 1775226026

Umusore wiga amategeko mu mwaka wa kabiri muri Kaminuza ya Kampala International University, witwa Dennis Zziwa, yajyanywe kwa muganga nyuma yo gukomereka ubwo yakinaga yerekana ubuzima bwa Yesu Kristo mu gikorwa cyo kuzirikana inzira y’umusaraba. Ibi byabereye mu rusengero rwa Our Lady of Africa Church ruherereye i Mbuya, mu gihugu cya Uganda, mu gihe abakirisitu […]

Cuba igiye kurekura imfungwa 2,010 kubera igitutu cya Amerika

aa15a8be e40b 4818 bf1d 6b0b3cc4c0e9 1775231489

Guverinoma ya Cuba yatangaje gahunda yo kurekura imfungwa 2,010, mu gikorwa yavuze ko kigamije kugaragaza impuhwe n’ubutabazi, mu gihe igitutu gituruka muri Amerika gikomeje kwiyongera. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatandatu, tariki ya 3 Mata, binyuze kuri Ambasade ya Cuba iri muri Amerika. Abayobozi b’iki gihugu bavuze ko iki cyemezo gifitanye isano no kwizihiza […]

Chelsea yahannye Enzo Fernández kubera Real Madrid 

skysports chelsea enzo fernandez 6682385

Ikipe ya Chelsea F.C. yafatiye ibihano umukinnyi wayo wo hagati, Enzo Fernández, nyuma y’amagambo aherutse gutangaza agaragaza ko ashobora kwerekeza mu yindi kipe, by’umwihariko Real Madrid. Aya magambo Enzo yayavuze mu gihe cy’ikiruhuko mpuzamahanga, aho byagaragaye ko ashobora kuba yifuza kuva muri Chelsea akajya mu ikipe yo muri Espagne. Ibi ntibyishimiwe n’ubuyobozi bw’ikipe, buhita bumufatira […]

Iran yishe umuhanzi wishoye mu myigaragambyo

107620893 15702307 image m 12 1775155137194

Igihugu cya Iran cyishe umusore w’imyaka 18 witwaga Amirhossein Hatami, wari umucuranzi wa gitari. Yishwe azira kuba yaritabiriye imyigaragambyo yabaye muri Mutarama. Uyu musore yafashwe ku itariki ya 8 Mutarama, ashinjwa gutwika inyubako y’itsinda ry’abasirikare rizwi nka Basij mu murwa mukuru Tehran. Nyuma yo gufatwa, yamaze ibyumweru ari wenyine muri gereza. Yanagaragajwe kuri televiziyo y’igihugu […]

Ndayishimiye n’umugore we bahetse umusaraba

20260404 082609

Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, hamwe n’umugore we Angeline Ndayishimiye, bifatanyije n’Abakristu mu kwizihiza Umunsi w’Ububabare bwa Yezu Kristu, bombi bagaragara bahetse umusaraba ubwo bari mu nzira y’umusaraba. Amafoto yashyizwe ku rubuga rwa X ya Perezidansi y’u Burundi, yerekana Ndayishimiye wari wambaye luturuso zitukura n’umugore we bombi bahetse umusaraba. Ubutumwa bw’iyi Perezidansi buvuga ko “ku […]

Litiro ya Lisansi mu Rwanda yiyongereyeho arenga Frw 300

images 3

Urwego Ngenzuramikorere (RURA), kuri uyu wa Gatanu rwashyizeho ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli byasize litiro ya Lisansi yiyongereyeho arenga Frw 300, mu gihe Mazutu yiyongereyeho arenga Frw 200. Itangazo RURA yasohoye biciye muri Rugigana Evariste uyiyobora, ryerekana ko Lisansi yageze kuri Frw 2,303 ivuye kuri Frw 1,989 yariho mu kwezi gushize, mu gihe Mazutu yageze […]

Hari amafaranga agenerwa gahunda zabatishoboye asazira kuri konti zuturere: Transparency International

IMG 20260403 WA0023

Umuryango mpuzamahanga uharanira kurwanya ruswa n’akarengane, Transparency International, wagaragaje ko mu isesengura wakoze kuri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ku mikoreshereze y’ingengo y’imari ya 2023/2024 wasanze hari amafaranga agenerwa gahunda zabatishoboye asazira kuri konti z’uturere . Mu birebwa muri ubu bushakashatsi harimo Public Financial Management (PFM), harebwa amakosa yo mu micungire y’imari ashingiye ku […]

Ibyiza Perezida Kagame abona mu bufatanye bw’u Rwanda na AFC/M23

jad20260402 ass rwanda itw kagame 3 scaled

Perezida Paul Kagame yatangaje ko aho u Rwanda na AFC/M23 bitangiriye kugirana ubufatanye mu by’umutekano, imipaka y’u Rwanda isigaye itekanye. Yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana na Jeune Afrique. Muri Mutarama uyu mwaka ni bwo Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, yatangaje ko u Rwanda na AFC/M23 bisigaye bifatanya mu […]

Austria yahaye Amerika gasopo

SEI 290898378 2944

Igihugu cya Austria cyafashe icyemezo gikomeye cyo kwanga ko indege za gisirikare za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zinyura mu kirere cyacyo zerekeza mu bikorwa bya gisirikare bigamije Iran. Minisiteri y’ingabo ya Austria yemeje ko Amerika itazemererwa gukoresha ikirere cy’icyo gihugu mu bikorwa bifitanye isano n’iyi ntambara iri gukaza umurego mu Burasirazuba bwo Hagati. Iki […]

Iran iri guhiga hasi hejuru abasirikare ba Amerika yarasiye mu ndege ntibapfa

0d49567a266028af48a248a2f5b969e0

Iran yatangaje ko yashyizeho igihembo ku basirikare b’Abanyamerika batwara indege, nyuma yo kuvuga ko yarashe indege ya gisirikare yo mu bwoko bwa F-35 Lightning II.  Amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru bifitanye isano na Leta ya Iran avuga ko iyi ndege yarashwe ikagwa ku butaka bw’icyo gihugu. Banagaragaje amafoto bavuga ko ari ibisigazwa by’iyo ndege, ndetse bavuga ko […]

Perezida Kagame yahishuye ko Joseph Kabila akorana na AFC/M23

1 9 b0c60

Perezida Paul Kagame yahishuye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo asigaye akorana n’umutwe wa AFC/M23. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana n’ikinyamakuru Jeune Afrique. Ubwo yabazwaga ku bihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziheruka gufatira ingabo z’u Rwanda nyuma yo kuzishinja gukorana na AFC/M23, Perezida Kagame yavuze […]

UPDF na SNA byafashe umwe mu bayobozi ba Al Shabab

HE9qKWnW0AA0Ztd

Ingabo z’igihugu cya Uganda (UPDF), zikorera mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Somalia (AUSSOM), hamwe n’Ingabo z’igihugu cya Somalia (SNA), zafashe umwe muri ba komanda mukuru wa Al-Shabaab ari muzima mu gikorwa gihuriweho cyabereye Mubaraka. Uyu wafashwe ni Salaad Cusmaan Macalin, uzwi ku izina rya “Sahm,” akaba yaratawe muri yombi ku wa Gatatu […]

Uganda yakiriye abimukira ba mbere birukanwe muri Amerika

Passengers arriving at Entebbe Airport

Itsinda ry’abantu 12 birukanwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryageze muri Uganda kuri uyu wa Kane ushize, nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abanyamategeko muri Uganda, rikaba ari itsinda rya mbere ryoherejwe hashingiwe ku masezerano yabaye hagati ya Uganda na Amerika yo kwakira abimukira badashobora gusubira mu bihugu byabo. Kwirukanwa byerekana kwaguka kwa politiki ya Perezida Donald […]

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Amerika yirukanwe

GZPJEJXVQBETHFP4GWN5QEJXUY

General Randy George wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yirukanwe kuri uwo mwanya nyuma yo gusabwa kwegura ku mirimo ye na Minisitiri w’Ingabo, Pete Hegseth. Amakuru atangwa n’inzego za Leta ya Amerika avuga ko Gen. George yasabwe guhita asezera ku mirimo ye ako kanya, nubwo yari agifite igihe kigera muri 2027 […]

Guverinoma yavuze ku biciro birimo ibya gaz byatumbagiye

gaz izafasha kugabanya umubare munini w abacana inkwi

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Kane tariki ya 2 Mata 2026, yakomoje ku biciro birimo iby’ingufu n’iby’ibicuruzwa by’ibanze byatumbagiye kubera intambara ikomeje kubera mu burasirazuba bwo hagati. Guverinoma yakomeje kuri iki kibazo nyuma y’uko kuva mu mpera z’icyumweru gishize igiciro ku bicuruzwa bitandukanye cyazamutse mu buryo bukomeye, ku buryo hari n’aho cyazamutseho hafi 50%. Urugero […]

Haiti: Ingabo za Tchad zatangiye gusimbura abapolisi ba Kenya

AP25204618418977

Nyuma yo kunanirwa kw’ubutumwa mpuzamahanga bwo gushyigikira umutekano, ingabo nshya zirimo kwitegura gukorera mu ngata abapolisi ba Kenya bari baroherejwe muri Haiti. Kuhagera kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 1 Mata, kw’itsinda rya mbere ry’abasirikare ba Tchad bagera kuri 50 birerekana ko ibikorwa bishya byo kugarura umutekano byatangiye nk’uko bitangazwa na RFI. Intego z’izo […]

RDC: Inyeshyamba za ADF zishe abasaga 40 mbere yo gutwika inzu 44

Attaque

Teritwari ya Mambasa mu Ntara ya Ituri ikomeje kumenekamo amaraso no kwangirika kw’imitungo myinshi kubera ibitero bya hato na hato by’intagondwa ziyitirira idini ya Islam zo mu mutwe wa ADF. Kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Mata 2026, ADF yagabye ikindi gitero ihitana abantu mirongo kandi yangiza ibintu byinshi muri kariya gace k’igihugu, kayobowe […]

Perezida Trump yirukanye Pam Bondi wari umushinjacyaha mukuru

GettyImages 2266435981

Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko Umushinjacyaha Mukuru, Pam Bondi, yavanwe ku mirimo ye. Abinyujije ku rubuga rwe nkoranyambaga, Truth Social, Trump yagize ati: “Pam Bondi ni Umunyamerika ukomeye ukunda igihugu kandi akaba inshuti y’indahemuka, wabaye umushinjacyaha mukuru wanjye mu mwaka ushize.” Yongeyeho ati: “Pam yakoze […]

CP Theos Badege wigeze kuba umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano nshya

badege 5 9cdbe

Commissioner of Police Badege Theos wigeze kuba umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yagizwe Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora (RCS). Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Mata 2026, ni ryo ryemeje ko Badege yahawe ziriya nshingano agomba kungirizaho CG Evariste Murenzi. Badege yabaye umuvugizi […]

Uganda: Umugabo wishe ateye ibyuma abana 4 b’incuke ari gusabirwa kwicwa

IMG 20260402 WA0041

Kuri uyu  wa Kane, tariki ya 2 Mata 2026, ahagana saa tanu za mu gitondo, Polisi ya Uganda ikorera mu gace ka  Ggaba  muri Kampala yatabajwe n’ubuyobozi bwishuri rya Early Childhood Development Program  nyuma yuko hari umuntu wari winjiye muri kiriya kigo agatera ibyuma abana bane akabica. Mu itangazo kuri X, Polisi ya Uganda yavuze […]

Umusirikare muto kurusha abandi muri UPDF ashobora kujya ahembwa arenga Frw 300,000

image 2024 05 06T184804.993 1

Umushahara w’umusirikare muto mu ngabo za Uganda (UPDF)ushobora kwiyongera ukava ku mashilingi 650,000 ukagera kuri 816,000 (arenga Frw 300,000), mu gihe umwanzuro wagezweho hagati ya Minisiteri y’Ingabo n’Inteko Ishinga Amategeko washyirwa mu bikorwa. Iyi nyongera y’umushahara yemerewe n’abayobozi ba Minisiteri y’Ingabo n’abagize Komisiyo ishinzwe Ingabo n’Umutekano w’Imbere mu Nteko Ishinga Amategeko, mu nama yabaye ku […]

Meya Mulindwa yasabye abarenga 100 batahutse bava muri Congo kwirinda Ingengabitekerezo ya Jenoside

2026 04 02 21 26 51 0

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yasabye Abanyarwanda batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guca ukubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Meya Mulindwa yabisabye Abanyarwanda 133 kuri uyu wa Kane bakiriwe mu Rwanda, nyuma y’imyaka itari mike barafashwe bugwate n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR ukorera mu mashyamba ya Congo. Abakiriwe ku mupaka munini wa La Corniche […]

U Rwanda rwaburiye ko Mozambique nidatera inkunga ibikorwa bya RDF i Cabo Delgado ruzacyura ingabo zarwo

U Rwanda rwatanze umuburo w’uko kohereza ingabo zarwo mu majyaruguru ya Mozambique bishobora guhagarara, mu gihe hataboneka uburyo burambye bwo gutera inkunga icyo gikorwa. Ni nyuma y’amakuru avuga ko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushobora guhagarika burundu inkunga wageneraga ibikorwa bya RDF muri Mozambique. Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, ubwo yasubizaga ku nkuru zatangajwe […]

Ingabo za Burkina Faso na Mali zica abaturage benshi kurusha abajihadiste – HRW

11361004

Ingabo za Burkina Faso na Mali ziravugwaho kwica abasivili bakubye inshuro zirenga ebyiri abishwe n’intagondwa z’abayisilamu kuva mu 2023, nk’uko bigaragara muri raporo yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kane na Human Rights Watch. Iyi raporo igaragaza ko muri Mali kimwe na Burkina Faso, ibihugu biyobowe n’abasirikare bahiritse ubutegetsi, ngo ingabo za leta n’abafatanyabikorwa babo bagize […]

Tanzania: Ishyaka Chadema ryasabye AU kwisubiraho nyuma yo guha akazi Kikwete

Muri Tanzaniya, ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Chadema, rirahamagarira Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe kwisubiraho nyuma y’icyumweru kimwe uwahoze ari Perezida wa Tanzania, Jakaya Kikwete, agizwe Uhagarariye AU mu ihembe rya Afurika n’Inyanja Itukura. Iri shyaka ryizera ko izina ry’uwahoze ari perezida rifite icyasha mu bijyanye na demokarasi.  Mu ibaruwa y’impapuro ebyiri yandikiwe Umuryango wa […]

FERWAFA yigaramye abakinnyi b’Amavubi bazanye abana mu kibuga

hew4t1bxqaagx1l 19945

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bakoze ibitari byemewe ubwo bamwe muri bo bazanaga abana babo mu kibuga nyuma yo gutsinda. Ibi byabaye ku wa 30 Werurwe 2026 kuri Stade Amahoro, aho u Rwanda rwegukanye igikombe cya FIFA Series 2026 rutsinze Estonia ibitego 2-0, mu mukino witabiriwe n’abafana benshi […]

Pacson yijanditse mu ntambara ya P Fla na Davis D

1747478819556pacso0er 01c57

Umuraperi Pacson (Ngoga Edson) yatangaje ko ashyigikiye P Fla mu makimbirane ari hagati ye na Davis D, bapfa ibijyanye n’indirimbo n’ubuzima bwo gufungwa. Byatangiye ubwo P Fla yavugaga ko hari abahanzi bavuga ko bafunzwe igihe gito, barangiza bakabikoresha bakora indirimbo bashimira ababafashije, nyamara rimwe na rimwe baba batarigeze bafungwa koko, ahubwo baragiye kuri sitasiyo ya […]

Washington na Doha: Impamvu mu burasirazuba bwa RDC agahenge gakomeza kuba amagambo gusa

20250216095533 1296212

Mu Burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agahenge kabaho ku mpapuro kurusha uko kabaho ku kibuga cy’imirwano. Mu mezi ashize, ikibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo cyinjiye mu cyiciro gishya cya dipolomasi mpuzamahanga. I Washington, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakomeje guhuza Kinshasa na Kigali ku rwego rw’ibihugu byombi. I Doha, Qatar yakomeje kwakira […]

Malawi: Umurundi n’Umunyekongo b’impunzi basanzwe hafi y’inkambi bishwe

202312Africa Malawi Refugees

Abacuruzi babiri b’impunzi mu gihugu cya Malawi, Umurundi n’Umunyekongo, basanzwe bapfuye, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ushize hafi y’inkambi ya Dzaleka, mu buryo bwateje impungenge n’umujinya mu baturage. Abatangabuhamya bavuga ko abapfuye, bari mu myaka mirongo itatu, bavuye mu nkambi ku Cyumweru gishize bagiye kurangura ibicuruzwa mu mujyi rwagati. Ntibigeze basubirayo ku gihe […]

Muhima: Polisi yafashe abantu 11 bakekwaho ubujura

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 01 Mata 2026, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyarugenge, ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano mu Murenge wa Muhima, yakoze igikorwa cyo gufata abakekwaho ubujura ita muri yombi abantu 11 bakekwaho kwiba abaturage, bafatiwe mu midugudu ya Ubucuruzi, Intiganda n’Indamutsa. Polisi yatangaje ko idateze kudohoka mu kurwanya abajura biba […]

Trump yandagaje Macron n’umugore we

170713110236 trump macron handshake

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasebeje mugenzi we Emmanuel Macron w’u Bufaransa, avuga ko umugore we “amufata nabi cyane”. Trump yabigarutseho mu ijambo yavuze ku wa Gatatu tariki ya 1 Mata, ubwo yagarukaga ku ntambara igihugu cye na Israel barwanamo na Iran. Muri iri jambo yanenze cyane ibihugu bigize umuryango wa […]

Abo FDNB yemeza ko bahitanwe n’ibisasu byaturikiye i Bujumbura

20260402 061117

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), ku wa Gatatu tariki ya 1 Mata cyatangaje ko abantu 13 ari bo bahitanwe n’ibisasu byaturikiye mu mujyi wa Bujumbura, ubwo ikigo cya gisirikare cya Musaga cyarimo gishya. Umuvugizi w’Ingabo z’u Burundi, GĂ©nĂ©ral de Brigade Baratuza Gaspard, yatangaje ko mu bapfuye harimo abasirikare batatu. Yavuze kandi ko ibisasu byaturitse byakomerekeje abantu […]

DC Clement yatakambye

1775062332403

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, kuri ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Jabana mu Karere ka Gasabo, yasabye imbabazi abinyujije mu ibaruwa yanditse ku rupapuro n’ikaramu. Muri iyo baruwa, yemeye ko we na bagenzi be bakoze ibinyuranyije n’amategeko, bityo bigatuma inzu bubakaga mu Murenge wa Jabana isenywa n’inzego zibishinzwe. Yagize ati: “Banyarwanda, […]

Imfu n’itabwa muri yombi ry’abasirikare benshi b’u Burundi byakurikiye iturika ryabereye i Bujumbura

20260401 162301

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko hari abasirikare babarirwa muri 40 batawe muri yombi, nyuma y’inkongi y’umuriro yaraye yibasiye ububiko bw’intwaro bwo mu kigo cya gisirikare kiri ahitwa ku Musaga mu mujyi wa Bujumbura. Igisirikare cy’u Burundi kivuga ko iriya nkongi yatewe n’umuriro w’amashanyarazi, ariko andi makuru avuga ko yatewe n’igitero cya drone […]

RDC yatanze Umwongereza washinjwaga uruhare mu gushaka guhirika Tshisekedi

89656857 0 image a 2 1726259829370

Mu ijoro ryo ku itariki ya 19 Gicurasi 2024, itsinda ry’abakomando bipfutse mu maso binjiye mu ngoro y’umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bashaka kumuhirika, nyuma yo gutera urugo rwa Perezida w’inteko ishinga amategeko y’icyo gihe, Vital Kamerhe. Ku ikubitiro, abanyamahanga batandatu bari mu bantu bafashwe bashinjwa kugira uruhare muri uwo mugambi wo […]

U Rwanda rwashimiye RDC yabonye itike y’Igikombe cy’Isi 

ad0506f177fd202371a0e5c1a2179fcf42e35365f057ad4f5390e29ade705754 1200 675

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ‘Les LĂ©opards’, nyuma yo kubona itike y’Igikombe cy’Isi cy’umupira w’amaguru cya 2026. Iyi kipe yabonye itike yo kuzakina ririya rushanwa rizabera mu bihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique mu mpeshyi y’uyu mwaka, nyuma yo gusezerera Jamaica bari bahuriye mu […]

Masisi: Haramukiye imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na FARDC/Wazalendo

7b401ab0 dde6 11ef 902e cf9b84dc1357

Imirwano ikaze yatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, itariki 1 Mata, mu mujyi wa Shoa, uherereye mu Murenge wa Osso Banyungu wo muri Teritwari ya Masisi, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Imirwano yahuje AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo. Nk’uko amakuru menshi ava muri ako gace abitangaza, ngo […]

Abadepite bahaye umukoro MININFRA na Minisitiri w’intebe

HEwhEBRWUAAc1Rn

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, kuri uyu wa Kabiri yahaye umukoro minisiteri y’ibikorwaremezo ndetse na Minisitiri w’Intebe ku bijyanye n’ibungabungwa ry’imihanda y’imigenderano ndetse no gukumira iyangirika ry’ibikorwaremezo. Minisitiri w’ibikorwaremezo yasabwe kugaragaza uburyo bwo kunoza imikorere y’amatsinda y’urubyiruko (emerging contractors) rukora imirimo yo kubungabunga imihanda y’imihahirano hagamijwe gukumira iyangirika ryayo. Bigakorwa mu gihe kitarenze amezi atandatu. Ni nyuma […]

Trump yongeye kwiha ibyumweru byo kurangiza intambara ya Iran

download 1

Perezida Donald Trump yavuze ko Amerika izaba yarangizanyije n’intambara yayo muri Iran “mu byumweru bibiri, cyangwa hakarengaho iminsi yo gukora akazi. Ariko turashaka gukuraho ikintu cyose bafite.” N’ubwo yagiye ashyira ku rutonde impamvu enye cyangwa eshanu z’intambara, Trump yavuze ko “afite intego imwe: Nta ntwaro za kirimbuzi bazagira kandi iyo ntego twayigezeho.” Ntiyasobanuye uko yumva […]

Inyuma y’igitero cya Iran ku ndege kabuhariwe AWACS y’Abanyamerika: Haba hari ubufasha bwa Moscou?

HEioBjMbQAA14pN 1774801046562 1774801058380

Iraswa ry’indege y’ubugenzuzi ya Amerika ku birindiro by’indege bya Prince Sultan muri Arabie Saoudite ni igikorwa gikomeye cya gisirikare gitangaje benshi. Ese Moscou yaba yarafashije Tehran mu ibanga gutera umwe mu mitungo ikomeye cyane mu ntwaro za Amerika? Intambara hagati ya Washington na Tehran ikomeje gufata indi ntera. Ku ya 27 Werurwe, igitero cya Irani […]

Umunyamakuru DC Clement arafunzwe nyuma yo gusenyerwa inzu 

images 26

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 31 Werurwe 2026, umunyamakuru wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi, aho afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Jabana mu Mujyi wa Kigali. Iri fatwa ryakurikiye amakuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga, aho uyu munyamakuru yari yatangaje ko […]

Nduhungirehe yibukije RDC ko FDLR ikeneye gusenywa n’ibikorwa aho kuba amagambo

nduhung

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yibukije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko mu gusenya umutwe wa FDLR hakenewe ibikorwa bifatika byo ku butaka, aho kuba imvugo zirimo ubusa. Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yatangaje ibi nyuma y’uko Kinshasa iheruka gutangaza ko yatangije ibikorwa byo gusenya FDLR, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa […]

RDC igiye kongera gukina Igikombe cy’Isi nyuma y’imyaka irenga 50

bitmap 1200 nocrop 1 1 20251117061310247143 G56jsVGWsAAC7Q7

Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Les LĂ©opards, yabonye itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gusezerera Reggae Boys ya Jamaica, mu mukino wa kamarampaka wabaye mu ijoro ryacyeye. Ni umukino wabereye i Guadalajara muri Mexique. Igitego rukumbi cyatsinzwe na myugariro Axel Tuanzebe ku munota wa 100, cyari gihagije ngo Ingwe […]

Icyo Ndayishimiye avuga ku bisasu byaturikiye i Bujumbura 

20260331 215316

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yagaragaje ko hari abagize ibyago, nyuma y’inkongi y’umuriro yaraye yibasiye ahabikwaga intwaro mu kigo cya gisirikare giherereye mu mujyi wa Bujumbura. Ndayishimiye abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yagize ati: “Nihanganishije abagize ibyago biturutse ku muriro wadutse mu bubiko bumwe bw’ikigo cya gisirikare kiri muri zone Musaga. Duhumurije Abarundi bose.” […]

Bujumbura: Haravugwa urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 31 Werurwe 2026, urusaku rwinshi rw’ibiturika n’amasasu rwumvikanye mu murwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi, Bujumbura. Impamvu nyazo ntiziramenyekana. Abaturage batangaje ko bumvise ibiturika bikomeye kandi babona umwotsi uzamuka mu mujyi. Amakuru agera kuri SOS Medias Burundi aravuga ko abaturage bamwe batangiye guhunga batinya ko ibintu bishobora gukomera. Ni mu […]

Umugore yasimbutse imodoka ya Polisi yari umujyanye muri kasho

wild video captures handcuffed woman 124735129 1774953439

Muri Leta ya Michigan muri Amerika, umugore wari wafashwe na polisi yatorotse mu buryo butangaje, anyuze mu idirishya ry’imodoka ya polisi. Uyu mugore yari yafashwe azira kurenga ku mategeko y’ifungurwa ry’agateganyo. Nyuma yo kumufata, polisi yamushyize mu modoka nyuma yo kumwambika amapingu. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza uyu mugore asohoka mu idirishya ry’igice cyari […]

Trump yitandukanyije n’Ubwongereza

1d46a85cd0a0d848676e37e08bab3c31Y29udGVudHNlYXJjaGFwaSwxNzc0NjI0MDU1 2.81663003

Perezida wa Amerika, Donald Trump, yanenze Ubwongereza nyuma y’uko bwanze gushyigikira igikorwa cya gisirikare cy’Amerika kuri Iran. Trump yabwiye Ubwongereza ko bukwiye gushaka amavuta bwonyine, cyane ko hari ibibazo by’ihagarara ry’icuruzwa ryayo mu nzira ya Hormuz. Ku ruhande rw’Ubwongereza, Minisitiri w’Intebe Keir Starmer yavuze ko igihugu cye kitazishora mu ntambara Amerika yashoze kuri Iran. Ibi […]

Minisitiri Habimana yahaye abasenateri ikiganiro kuri politiki y’igihugu y’umuganda

HEvd8wHXwAAlOEs

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Dominique Habimana, yatanze ikiganiro ku ishyirwa mu bikorwa rya politiki y’igihugu y’umuganda mu nama nyunguranabitekerezo yateguwe na Sena y’u Rwanda. Minisitiri yasobanuye ko: umuganda ari bumwe mu buryo bwo kwihesha agaciro twahisemo nk’Abanyarwanda mu kwishakamo ibisubizo mu buryo burambye, binyuze mu guhuriza hamwe imbaraga z’abaturage bakikemurira ibibazo bahura na byo, […]

Umukoro wa Guverineri Mugabowagahunde ku bahoze muri FDLR ku Rwanda

20260331 155700

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yahaye umukoro abahoze mu mitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR kunyomoza ibinyoma bivugwa ku Rwanda. Guverineri w’Amajyaruguru yatanze uyu mukoro ku wa Mbere tariki ya 30 Werurwe, mu muhango wo gosoza amahugurwa ku mugaragaro y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR n’indi mitwe bifatanyije  no kubasubiza mu buzima busanzwe. Ababarirwa muri 214 […]

Sekirite Kabera yabangamiye Kapiteni w’Amavubi

IMG 20260331

Umwe mu basekirite (Steward) bacungaga umutekano kuri Stade Amahoro ubwo ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yakinaga na Estonie mu mukino wa nyuma w’irushanwa rya FIFA Series, yagaragaye abangamira kapiteni Bizimana Djihad amubuza kwinjira mu kibuga. Byabaye ubwo umukino wari urangiye Amavubi yitegura guhabwa igikombe, ubwo yari amaze gutsinda Estonie ibitego 2-0. Ubwo abakinnyi b’Amavubi biteguraga guhabwa igikombe, […]

Kenya na Mozambique byiyemeje gushimangira ubufatanye mu by’umutekano

655877536 1488579122885926 8844716804204076107 n

Ibihugu bya Kenya na Mozambique byiyemeje gushimangira ubufatanye mu by’umutekano n’iperereza mu kurwanya iterabwoba nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’ubwumvikane hagati y’ibihugu byombi. Aya masezerano yashyizweho umukono ku wa Kane, itariki ya 26 Werurwe, ahagarikiwe na Perezida William Ruto na mugenzi we wa Mozambique, Daniel Chapo, agamije kandi gushimangira umubano w’ibihugu byombi hagati ya […]

Gen. Muhoozi yafunguye Gen. Namanya anamuhanaguraho ibyaha byose

20260331 124330

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yafunguye Brig Gen Johnson Namanya nyuma yo guhura na we akamuhanaguraho ibyaha byose yari akurikiranweho. Umuvugizi w’agateganyo w’Ingabo za Uganda, Col. Chris Magezi, ni we wemeje aya makuru aya makuru mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Umugaba Mukuru w’Ingabo akanaba umujyanama wa Perezida […]

Abasirikare 715 ba FARDC basoje imyitozo yo kurwanira mu ishyamba bahabwaga n’u Bufaransa

HErB ZXoAAuQQg

Nyuma y’iminsi 41 y’imyitozo ikarishye, abasirikare 715 ba FARDC basoje imyitozo yo kurwanira mu mashyamba bahabwaga n’Ingabo z’u Bufaransa. Umuhango wo gusoza imyitozo wabereye mu Kigo cya Gisirikare cya Bahuma kuri uyu wa Mbere ushize. Iyi myitozo yibanze ku kwigisha amayeri yo kurwanira mu ishyamba rwagati, ngo ni intambwe nshya mu bufatanye bwa gisirikare hagati […]

Abasirikare bane ba Israel biciwe muri Liban

soldiers3lebanon

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko abasirikare bane baguye mu mirwano mu majyepfo ya Liban aho ingabo zayo zihanganye na Hezbollah ishyigikiwe na Iran.  Itangazo rya gisirikare ryavuze amazina y’abasirikare batatu bo muri bataillon imwe “baguye mu ntambara” naho itangazo ritandukanye rivuga undi musirikare utavuzwe amazina ku mugaragaro, wapfiriye muri iyo mirwano. Undi musirikare yarakomeretse bikabije […]

Doha, Genève na Washington: Ni nde uyoboye dosiye ya AFC/M23 ?

Dosiye ya M23 ntiyahinduriwe umujyi, ahubwo yahinduriwe imiterere yayo. Doha ikomeje kuba umuyoboro wa politiki hagati ya Kinshasa na M23. Inzira y’amahoro hagati ya AFC/M23, yagiye ica mu nzira zigoranye za Afurika aho yasangaga hari ibihugu bifitemo inyungu, bityo ibiganiro ntibigere ku ntego. Doha yagaragaye nk’umuyoboro mukuru w’ibiganiro bya politiki hagati ya Kinshasa na AFC/M23, […]

FARDC/M23: Haravugwa imirwano ku mirongo yose y’urugamba

fardc GR Artillerie 15 001

Kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 31 Werurwe 2026, ihuriro ry’ingabo zishyigikira ubutegetsi bwa Kinshasa, zirimo FARDC, FDLR, imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, abacanshuro, ndetse n’ingabo z’igihugu cy’u Burundi, zagabiye rimwe ibitero ku mirongo yose y’imbere y’urugamba, byibasira nkana uturere dutuwe cyane hakoreshejwe imbunda zirasa mu ntera ndende ndetse n’indege zitagira […]