Uwahoze ari umukinnyi wa Manchester United mu bo Amavubi yitegura kwesurana na Comores na Tanzania yitabaje

20260527 145457

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yamaze guhamagara abakinnyi 27 izifashisha mu mikino ibiri ya gicuti iteganya guhuriramo n’amakipe y’ibihugu bya Comores na Tanzanie. Mu bakinnyi bahamagawe harimo Noam Emeran, wahoze akinira ikipe ya Manchester United  mu byiciro by’abato, mbere yo kwerekeza muri FC Groningen yo mu Buholandi akinira ubu. Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga […]

Perezida Kagame yahaye abapolisi bashya ipeti rya AIP

HJVrL6UXgAkmnjD

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’inzego z’umutekano z’u Rwanda, yahaye abapolisi 436 bo ku rwego rwa ba Ofisiye bato ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP), nyuma yo gusoza amahugurwa bari bamazemo igihe. Ni mu muhango wabereye mu Ishuri rya Polisi ry’i Gishari mu karere ka Rwamagana. Umukuru w’Igihugu yashimiye Polisi y’igihugu ku myaka […]

UAE yashinjwe kohereza abacanshuro bo muri Colombia mu ntambara yo muri Sudani

c est certainement en ukraine que la presence de mercenaires scaled 1

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) zongeye kwibasirwa n’ibirego bishya  biyishinja uruhare rukomeye mu ntambara yo muri Sudani zifasha uruhande rurwanya leta binyuze mu kurushakira abacanshuro. Raporo yashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri, itariki ya 26 Gicurasi 2026, na Human Rights Watch, abacanshuro bo muri Colombia baherewe akazi muri UAE bivugwa ko nyuma boherejwe kurwana ku ruhande […]

CG Namuhoranye yakiriye ushinzwe umutekano w’abaturage ba Qatar

HJRE5v9WIAAyDvZ

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, yakiriye ku cyicaro gikuru cya polisi ku Kacyiru, Umuyobozi Mukuru w’umutekano w’abaturage muri Qatar, Major General Mohammed Jassim Al-Sulaiti, ari kumwe na Mansour bin Ali Fahad Al-Shahwani Al-Hajri, Ambasaderi w’Igihugu cya Qatar mu Rwanda. Kuri uyu wa Gatatu abayobozi bombi bagiranye ibiganiro bigamije gushimangira ubufatanye busanzwe […]

Gasabo: Umufana wa Arsenal yishwe n’inzoga bita icyuma 

20260527 084121

Mu kagari ka Kagugu, umurenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo, haravugwa urupfu rutunguranye rw’umusore witwa Tuyishimire Leandre wari ufite imyaka 28 y’amavuko, bikekwa ko rwatewe n’inzoga z’ibyuma yari amaze iminsi asangira n’inshuti ze bishimira igikombe cya shampiyona ikipe ya Arsenal yatwaye. Amakuru yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri ahazwi nka Batsinda, aho […]

Museveni yashyize ku ruhande ba Minisitiri 29

20260527 071233

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, ku wa Kabiri yashyizeho abaminisitiri bagize Guverinoma nshya y’igihugu cye batarimo amazina asanzwe azwi yari amaze igihe muri Guverinoma ya Uganda. Mu mpinduka zabayeho, abaminisitiri 29 ni bo batasubijwe mu nshingano. Barimo Matia Kasaija wari umaze igihe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, uyu akaba yasimbujwe Henry Musasizi. Barimo kandi Gen. (Rtd) Jeje […]

Abana ba Col. Kazarama bari barafunzwe n’intasi nkuru ya M23 barekuwe

20260509 181454 2

Abana babiri b’impanga ba Vianney Kazarama bari bamaze igihe bafunzwe nyuma yo gushinjwa “gutunga imbunda no gutanga amakuru i Kigali”, bamaze kurekurwa nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abyemeza. Aba basore bari mu bamaze igihe bavugwaho gufungwa n’umukuru w’ubutasi bwa gisirikare bwa AFC/M23. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko ubwo abo basore bari bafunzwe bamwe mu […]

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego: Intambara iri kwinjira mu cyiciro gishya cy’ikoranabuhanga n’igitutsi ku Burayi

download 2

Mu mpera z’icyumweru gishize, isi yongeye gukangurwa n’ibitero bikomeye cyane u Burusiya bwagabye kuri Ukraine, cyane cyane mu murwa mukuru wa Kyiv. Ni ibitero byakozwe hakoreshejwe drones nyinshi icyarimwe, missiles zirimo ballistic missiles zifite umuvuduko mwinshi ndetse n’ibisasu bya hypersonic nka “Oreshnik”, ibintu abasesenguzi bavuga ko bishobora kuba ari intangiriro y’icyiciro gishya cy’iyi ntambara imaze […]

Amerika yemereye TotalEnergies na ExxonMobil gukomeza gukorana na RDF

20210814 MAP003 0

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahaye ibigo bya TotalEnergies na ExxonMobil uburenganzira bwihariye bwo gukomeza gukorana n’ingabo z’u Rwanda zikorera muri Mozambique, bitandukanye n’ibihano kiriya gihugu cyafatiye izo ngabo. Africa Intelligence dukesha iyi nkuru ivuga ko uruhushya rw’uko biriya bigo bigomba gukomeza gukorana na RDF rwatanzwe n’Urwego rwa Amerika rushinzwe kugenzura ibihano (OFAC), mu ntangiriro […]

Masisi: AFC/M23 yigaranzuye FARDC na Wazalendo, yisubiza uduce turenga 10

AP25200346299102 0

Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Gicurasi zigaranzuye ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zisubiza uduce dutandukanye two muri Teritwari ya Masisi. Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo yemeza ko AFC/M23 u Rwanda rushinjwa gushyigikira yisubije uduce turenga 10 two muri Teritwari ya […]

Senegal: Sonko wirukanwe ku mwanya wa minisitiri w’intebe yatorewe kuyobora abadepite

maxresdefault 1 1

Muri Senegal, Ousmane Sonko wahoze ari Minisitiri w’intebe, wirukanwe kuri uyu mwanya ku itariki ya 22 Gicurasi, yatorewe kuba perezida w’inteko ishinga amategeko kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 26 Gicurasi 2026, ku majwi 132 kuri 133, mu gihe utamutoye yifashe. Amatora yabaye mu gihe abayoboke batavuga rumwe n’ubutegetsi bagera kuri mirongo itatu bamagana kugaruka […]

Masisi: Imirwano ikaze yahuje AFC/M23 na Wazalendo muri Gurupoma ya Kibabi

e1c4e35 ftp import images 1 0wpm48n6da2x 2025 03 17t090451z 1916564753 rc204dat31zp rtrmadp 3 congo security

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 26 Gicurasi 2026, haravugwa imirwano ikaze, yabaye hagati ya AFC/M23 n’Ingabo za Congo (FARDC) zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo i Kinigi na Katoyi muri Gurupoma ya Kibabi, ho muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru agera kuri Kivu Morning Post avuga ko AFC/M23 yasubije inyuma igitero cy’Ingabo […]

Gari ya moshi yagonze bus itwaye abanyeshuri mu Bubiligi

School Bus Hit by Train in Belgium Leaves Multiple Dead

Gari ya moshi yagonze bus y’ishuri mu Bubiligi ahitwa Buggenhout kuri uyu wa Kabiri, ihitana “benshi” nk’uko byatangajwe na minisitiri w’umutekano w’iki gihugu. Minisitiri Bernard Quintin yanditse mu butumwa yashyize kuri X ati: “N’akababaro kenshi, namenye impanuka ikomeye yabereye i Buggenhout, aho bus y’ishuri yagonzwe na gari ya moshi. Ibitekerezo byanjye biri ku bagizweho ingaruka […]

Congo Brazzaville igiye gukuraho visa ku Banyafurika bose

e37fa243 dcb5 4af8 b5d7 619aa08bcdf9 1200x900 1

Mu rwego rwo gukomeza kwimakaza ubumwe n’ubwisanzure bw’ingendo ku mugabane wa Afurika, Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou-Nguesso, yatangaje ko igihugu cye kizatangira kwakira Abanyafurika bose badafite visa guhera tariki ya 1 Mutarama 2027. Iri tangazo ryatanzwe ku wa 25 Gicurasi 2026, mu muhango wo kwizihiza Umunsi wa Afurika, wizihizwa ku munsi hashinzwe Umuryango […]

Museveni yanenze abayobozi bishimira Arsenal aho kwita ku bibazo by’abaturage

05547baf08ec4733

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yanenze abayobozi n’abaturage bari mu byishimo byo kwizihiza intsinzi ya Arsenal F.C. muri Premier League, abasaba gushyira imbere gukemura ibibazo by’ubukene n’imibereho y’abaturage babo. Ibi Museveni yabivugiye mu muhango wo gutangiza Inteko Ishinga Amategeko ya 12 wabereye i Kololo ku wa 25 Gicurasi 2026. Uyu mukuru w’igihugu yavuze ko yatunguwe […]

Abagore babyaye babazwe bagomba gutegereza imyaka ibiri mbere yo kongera gusama

pregnancy

Abaganga b’inzobere mu buzima bw’umubyeyi n’umwana bagiriye inama abagore babyaye babazwe gutegereza nibura amezi 24 mbere yo kongera gusama, bavuga ko inkovu iba yarasizwe ku mura igomba kubanza gukira neza kugira ngo hirindwe ibibazo bishobora gushyira ubuzima bw’umubyeyi n’umwana mu kaga. Ibi byatangajwe n’abaganga baganiriye n’ikinyamakuru cyo muri Nigeria cyandika ku buzima, bavuga ko gusama […]

Senegal: Perezida Faye yagize Aminou Lo minisitiri w’intebe mushya

96715267 67417612

Kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Gicurasi 2026, Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, yashyizeho Ahmadou Al Aminou Lo nka minisitiri w’intebe mushya w’iki gihugu cyo muri Afurika y’uburengerazuba. Lo asimbuye Ousmane Sonko wirukanwe ku wa Gatanu, nyuma y’amezi yari ashize hari amakimbirane akomeye hagati ye na perezida nk’uko inkuru dukesha DW ibyibutsa. Kwirukanwa kwe […]

RDC: Abarwayi ba Ebola batorotse aho bavurirwaga

2026 05 22T121434Z 332073173 RC2QDLAL84WE RTRMADP 3 HEALTH EBOLA IFRC 1024x674 1

Abaganga bakorera ku mirongo y’imbere mu rugamba rwo kurwanya Ebola muri Congo, basanzwe bahanganye n’ikibazo cyo kubura ibikoresho by’ibanze, kuri ubu bagomba no guhangana n’ibitero byibasira ibigo byabo ndetse n’abarwayi batoroka mu gihe virusi ikomeje gukwirakwira. Nibura ibitero nk’ibi bitatu byabereye mu ntara yo mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa RDC ya Ituri, ahavuzwe abantu ba mbere […]

CAR: Ingabo z’u Rwanda zo muri MINUSCA zavuye ku buntu abavanywe mu byabo

HJLxqzOX0AAW00j 1

Kuri uyu wa Mbere abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA), barimo ibitaro bya Rwanda Level 2+ hamwe n’abagize RWABG VIII, batanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku bantu barenga 410 bavanwe mu byabo (IDPs) bari mu nkambi ya Gobolo 1 iri i Bria muri Repubulika ya Santarafurika. Iki […]

Ingabo za Amerika zagabye ibitero bishya kuri Iran

3114

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko zagabye ibitero bishya mu majyepfo ya Iran, zirasa ku bigo bikorerwamo ibisasu bya misile no ku mato yageragezaga gutega ibisasu bya mine. Bimwe mu biro bikuru biyobora imirwano by’ingabo za Amerika (US Central Command) byasohoye itangazo bivuga ko ibyo bitero byagabwe mu “kwirwanaho”, kandi ko bigamije […]

Amabanga y’umutingito wa politiki uri kunyeganyeza Senegal

Diomaye and Sonko 1

Muri Senegal ibintu bikomeje gufata indi ntera mu ntambara ya politiki hagati y’abahoze ari inshuti magara ku butegetsi. Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Senegal, Malick Ndiaye, yatangaje ko yeguye kuri uwo mwanya ku Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026, nyuma y’amasaha make gusa Perezida Bassirou Diomaye Faye yirukanye Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko ndetse agasesa Guverinoma […]

U Burusiya bugiye gusenya umurwa mukuru wa Ukraine

ap 6a145950449ff 1779718480

U Burusiya bwatangaje ko bugiye kugaba ibitero bukomeje kwita “ibitero byateguwe kandi bikurikirana” ku bikorwa bya gisirikare n’inganda zikora intwaro muri Kyiv, umurwa mukuru wa Ukraine, bunasaba abanyamahanga bose kuhava byihuse. Ibi byatangajwe na Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya ku wa 25 Gicurasi 2026, ivuga ko ibyo bitero ari igisubizo ku gitero cya drones Ukraine yagabye […]

Sudani y’Epfo: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa UNMISS zambitswe imidari ya Loni

HJLs3mPWMAAdDLK

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), kuri uyu munsi bahawe imidari y’ishimwe ya Loni mu muhango wabereye mu kigo cya Loni kiri i Malakal, muri Leta ya Upper Nile, mu rwego rwo kubashimira ubwitange, ubunyamwuga n’umusanzu wabo mu guteza imbere amahoro no kurinda abasivili. Abasirikare bahawe […]

M23 yashenye D-4 yarindaga ikirere cya RDC

IMG 20260525

Umutwe wa AFC/M23 wagabye igitero gikomeye ku kibuga cy’indege cya Kisangani, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho amakuru BWIZA yabonye avuga ko cyibasiye ibikorwa bya gisirikare byakoreshwaga mu kugaba ibitero bya drone ku bice bitandukanye biri mu maboko ya AFC/M23. Iki gitero kandi cyashenye intwaro yo mu bwoko bwa D-4 yarindaga ikirere […]

FDLR yishe abasivile 10 muri Masisi na Walikale, yiba ingurube

20260120 183349

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko abantu 10 biciwe mu bitero byagabwe n’abarwanyi b’imitwe ya FDLR na Wazalendo mu bice byo muri teritwari za Masisi na Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. AFC/M23 mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wayo, Lawrence Kanyuka, yavuze ko ibyo bitero byabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru […]

Minisitiri w’Ingabo wa RDC ategerejwe i Bujumbura

HJJZ4o8XoAEvGqD

Nyuma y’ijoro rye rya mbere mu Mujyi wa Uvira, nubwo mu nkengero zaho muri Kivu y’Amajyepfo havugwa imirwano ya hato na hato, Visi Minisitiri w’intebe, akaba na Minisitiri w’Ingabo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Guy Kabombo Muadiamvita, arerekeza i Bujumbura, umurwa mukuru w’ubucuruzi wa Repubulika y’u Burundi, aho biteganyijwe ko agomba kugirana ibiganiro na […]

RDC yahinduye gahunda y’ikipe y’igihugu

Screenshot 20260525 105425

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FECOFA ryatangaje ko ikipe y’igihugu ya RDC yahinduye gahunda y’urugendo rwo kwitegura Igikombe cy’Isi cya 2026 kubera ingamba zafashwe zijyanye n’icyorezo cya Ebola. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’inama yabaye hagati ya FECOFA na FIFA, ubuyobozi bw’umupira muri RDC bwemeje ko ikipe y’igihugu yagombaga kubanza kunyura […]

RGB yasheshe ubuyobozi bw’itorero Inkurunziza

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwafashe icyemezo cyo gukuraho inzego z’ubuyobozi bw’Itorero Église Inkuru-Nziza au Rwanda (EIR), nyuma y’ibibazo bimaze igihe bivugwa birimo kutubahiriza amategeko, icyenewabo ndetse n’imiyoborere idaha abanyamuryango uruhare mu byemezo. Iki cyemezo gikubiye mu ibaruwa yo ku wa 21 Gicurasi 2026 yashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa RGB, Doris Uwicyeza Picard. Muri iyo baruwa, […]

Senegal: Perezida w’inteko yeguye nyuma yo kwirukanwa kwa minisitiri w’intebe

el malick ndiaye e1748520521915

Ku Cyumweru, itariki ya 24 Gicurasi, politiki ya Senegal yongeye guhungabana, ubwo Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Malick Ndiaye yeguraga nyuma y’iminsi itageze kuri ibiri neza minisitiri w’intebe yirukanwe ku mirimo ye. Mu butumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, Ndiaye yatangaje ko avuye ku mwanya we. Uyu ushyigikiye Minisitiri w’Intebe wirukanwe, Ousmane Sonko yanditse ati: “Nyuma yo […]

Lt Col. Kabera yifatanyije na Nu-Vision High School mu kwibuka abazize jenoside

HJFe0 UXAAEAKsg

Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Simon Kabera, uyu munsi yifatanyije n’abanyeshuri n’abarimu barenga 1200 bo muri Nu-Vision High School mu guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu ijambo yagejeje ku banyeshuri, Lt Col Kabera yasobanuye ibyiciro Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwemo ikanashyirwa mu bikorwa, anagaragaza uruhare Ingabo za RPA zagize mu guhagarika […]

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yakiriye abaganga b’Abanyarwanda bagiye kwihugura

HJGVLZiWEAAni79

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, yasangiye ifunguro n’abaganga bagera ku 128 baturutse mu Rwanda bakurikirana amahugurwa yihariye muri Ethiopia, hamwe na bagenzi babo barenga 400 baturutse muri Afurika. Ibiro bya minisitiri w’intebe, bibinyujije kuri X byatangaje ko aba bari mu muryango ugenda waguka w’abaganga bo muri Afurika bitangiye […]

Ikibuga cy’indege cya Kisangani cyongeye kuraswaho na drone 

Ikibuga cy’indege cya Bangoka giherereye mu mujyi wa Kisangani ufatwa nk’umurwa mukuru w’intara ya Tshopo, ku Cyumweru tariki ya 24 cyagabweho ibitero bya drone. Mu ma saa 18:00 ni bwo iki kibuga cyagabweho ibitero. Abanyamakuru n’ibitangazamakuru byegereye Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bivuga ko drone ebyiri zahanuriwe kuri iki kibuga mbere y’uko zihamya […]

Abapolisi bigize abagore bajya guta muri yombi umucuruzi w’ibiyobyabwenge

20260524 220551

Abapolisi bo muri Thailand bakoze igikorwa kidasanzwe cyakuruye amarangamutima ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kwiyoberanya nk’ababyinnyi b’abagore kugira ngo bafate umugabo ukekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge. Iki gikorwa cyabereye mu gace ka Tha Luang, mu burasirazuba bwa Thailand, aho abo bapolisi benshi bari abagabo bambaye amakanzu y’abagore arabagirana ndetse biyitirira itsinda ry’ababyinnyi bo mu birori byo ku […]

Iran yabaye ikibuga cy’intambara nshya: AI, ubutasi n’ihangana rya Amerika n’u Bushinwa

1x 1

Mu gihe intambara ya Iran ikomeje guhungabanya uburasirazuba bwo hagati, hari indi ntambara iri kubera inyuma y’amasasu: intambara y’ubwenge bw’ubukorano (AI), ubutasi n’ikoranabuhanga hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa. Uyu munsi, Washington na Beijing ntibikiri guhangana gusa ku bukungu cyangwa ku gisirikare gisanzwe. Birahanganye ku rwego rushya rw’intambara aho amakuru, ibyogajuru, AI […]

Gasabo: Abayoboke ba Green Party bateraniye mu nama ya biro politiki y’ishyaka

HJEgWFjWEAAglR7

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 24 Gicurasi 2025, Abarwanashyaka ba Democratic Green Party of Rwanda baturutse mu ntara zose z’igihugu bitabiye inama y’ishyaka (Political Bureau Meeting) iri kubera kuri Olympic Hotel mu karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali. Perezida w’ishyaka Hon Dr Frank Habineza,  yakiriye abarwanashyaka ba Green Party anabagezaho bimwe mu bikorwa inama […]

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar i Doha

HJE3hZ0XYAAutXT

Kuri iki Cyumweru, itariki 24 Gicurasi 2026 i Doha, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabonanye na Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, Amir wa  Qatar, mu ruzinduko rwe rw’umunsi umwe muri iki gihugu. Amir wa Qatar yakiriye Perezida Kagame muri Amiri Diwan, aho abayobozi bombi baganiriye ku mibanire ya kivandimwe hagati y’u Rwanda na Qatar, […]

Democratic Green Party of Rwanda Launches Online Membership Database

Members of the Democratic Green Party of Rwanda from across the country gathered on May 24, 2025, for the party’s Political Bureau Meeting held at Olympic Hotel in Gasabo District. The meeting brought together party leaders, commissioners, and members to discuss the party’s future direction and key priorities for the coming years. Opening the gathering, […]

Ingufu za Nucléaire z’u Burusiya mu Rwanda: Inkuru Ishobora Guhindura Geopolitiki y’Akarere?

adobestock 953693055 cfb2b

Mu gihe isi ikomeje kwinjira mu bihe bishya by’ihangana hagati y’ibihugu bikomeye, Afurika iri kugenda ihinduka igicumbi cy’amarushanwa mashya adakoresha amasasu gusa, ahubwo yifashisha ikoranabuhanga, ingufu n’ubukungu. Muri uwo mukino mushya, u Burusiya buri kwagura umuvuduko wabwo ku mugabane wa Afurika binyuze mu masezerano ya gisirikare, ubucuruzi ndetse cyane cyane ingufu za nucléaire. Mu bihugu […]

Ukraine: Igitero simusiga cy’u Burusiya cyahitanye 4 i Kyiv

TUFO62XIYJLBBMGLLQIO5BO3MQ

U Burusiya bwagabye igitero kinini kuri Ukraine, bukoresheje drones amagana na misile nyinshi nyuma y’uko Perezida Putin yijeje kwihorera ku gitero cyagabwe mu karere kigaruriwe n’u Burusiya. Abantu bane bapfuye abandi barenga 50 barakomereka i Kyiv no mu turere tuyikikije, mu ijoro ryose kugeza kuri iki cyumweru, aho ibisasu byaturikiye mu karere kose, ndetse bivugwa […]

RDC: Nyuma ya Rubaya ibindi bitero bya drones za FARDC byibasiye Rumangabo

HJEVwdsWIAAboBI

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 24 Gicurasi 2026, saa 07:35 za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero bya bombe kandi bitavangura ku gace gatuwe cyane ka Rumangabo, ndetse no ku nkambi y’abashinzwe kurinda Parike y’Igihugu ya Virunga, bakoresheje indege zitagira abapilote z’intambara za CH-4. Itangazo rya AFC/M23 ku makuru mashya ava […]

Perezida Kagame yashimye umusaruro w’ubufatanye bw’u Rwanda na Kaminuza ya Gikirisitu ya Oklahoma

HJCLdq2WYAEmNFa

Kuri uyu mugoroba wo kuwa Gatandatu muri Kigali Convention Center, Perezida Kagame na madamu we, Jeannette Kagame, bifatanyije n’ubuyobozi bwa Kaminuza ya Gikirisitu ya Oklahoma, hamwe n’abanyeshuri barenga 350 bahize hamwe n’abafatanyabikorwa mu birori byo kwizihiza imyaka 20 y’ubufatanye hagati ya Kaminuza n’u Rwanda. Mu ijambo yavugiye muri ibi birori, Perezida Kagame yagaragaje ko mu […]

Ingabo z’u Rwanda zishobora kwisanga muri Haiti

HJCPMclXYAET8Qr

Raina Forbin, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ibibazo by’Amadini muri Repubulika ya Haiti, yabonanye na mugenzi we, Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Mpuzamahanga wa Repubulika y’u Rwanda, mu gihe cy’inama y’abaminisitiri ku kubungabunga amahoro mu bihugu bigize Francophonie, aho impande zombi ziyemeje kurushaho gufatanya mu bijyanye n’umutekano. Ibiganiro byabo byibanze ku byo Guverinoma ya […]

RDC: Igitero cya drone i Rubaya cyahitanye abasivili kandi cyangiza byinshi

1779602442088

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 24 Gicurasi 2026 saa 00:15, ihuriro ry’ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibisasu mu gace gatuwe cyane muri Rubaya hakoreshejwe drone y’intambara ya CH4. Iki gitero cy’ubunyamaswa kandi cyagabwe nkana cyateje impfu z’inzirakarengane nyinshi kandi gisenya amazu ndetse n’imitungo y’abaturage nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23. Andi makuru […]

USA: Umuntu witwaje imbunda yarashe ku barinzi ba White House

0 US POLITICS CRIME WHITE HOUSE

Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, ukekwaho icyaha yarashe ku bashinzwe umutekano bari hafi ya White House, bituma abapolisi benshi bahurura batabaye. Urwego rw’ibanga rwa Amerika (US Secret Service) rushinzwe kurinda perezida rwatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko uwo muntu warashe yishwe. Itangazo ryagize riti: “Abapolisi bo mu rwego rw’ibanga basubije amasasu, barasa ukekwaho icyaha, wajyanywe […]

Jeneral’ Obed Ngabo yishwe na M23

Uwiyitaga Jenerali Obedi Ngabo wo mu ihuriro Coalition Libérale pour la Démocratie (CLD) riri mu yagize imitwe ya Wazalendo ifasha ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ntambara irwanamo na AFC/M23, yishwe n’ingabo z’uriya mutwe. Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo avuga ko Ngabo Obed yabonetse yapfuye ku wa Gatanu tariki ya […]

Museveni yahawe amajwi ya Minisitiri w’Intebe wungirije asaba abapfumu kumumwicira

1779538596901

Uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, yongeye kuvugwaho nyuma y’uko hasakaye ry’amajwi bivugwa ko ari aye avugana n’abapfumu. ChimpReports yatangaje ko aya majwi yaganiriweho mu nama iheruka kubera muri Perezidansi ya Uganda, i Entebbe. Amakuru yatanzwe n’abantu bavuga ko bazi ibyabereye muri iyo nama, avuga ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni yagaragaje […]

Umugore yaguye igihumure nyuma yo gukubitwa inkoni 100 azira gusambana

20260523 123101

Mu Ntara ya Aceh yo muri Indonesia, umugore yaguye igihumure nyuma yo guhabwa ibihano byo gukubitwa inkoni 100 mu ruhame, ashinjwa gukora imibonano mpuzabitsina n’umugabo batashakanye. Ibi bihano byabereye mu mujyi wa Banda Aceh imbere y’abaturage benshi ndetse n’abayobozi batandukanye, aho uwo mugore n’umugabo bari kumwe bakubiswe inkoni n’abashinzwe kubahiriza amategeko ya Sharia akoreshwa muri […]

Ibimenyetso bikwereka ko Umukobwa agukunda

file 00000000dd9071f5a393399343a609de

Urukundo ni kimwe mu bintu bituma abantu benshi bagira amatsiko yo kumenya niba uwo bakunda na we abafitiye amarangamutima nk’ayo. Nubwo abantu batabigaragaza kimwe, impuguke mu by’imibanire n’urukundo zivuga ko hari imyitwarire imwe n’imwe ishobora gufasha umuhungu kumenya niba umukobwa yamwihebeye by’ukuri. Kimwe mu bimenyetso bikomeye ni uko umukobwa akumenyekanisha mu nshuti ze ndetse no […]

Abarwanyi ba Ebola muri Uganda biyongereye

WhatsApp Image 2026 05 23 at 08.52.14

Ubutegetsi bwa Uganda bwatangaje ko muri iki gihugu hagaragaye abandi barwayi batatu bashya ba Ebola, bituma umubare w’abamaze kwemezwa ko bayanduye iki cyorezo ugera kuri batanu mu gihugu. Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yavuze ko abo barwayi bashya barimo umushoferi wari watwaye umurwayi wa mbere, umukozi w’ubuzima wamwitayeho, ndetse n’umugore ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya […]

U Bubiligi bwahamijwe icyaha cyibasiye inyokomuntu

AP24337544978565 1733232748

Urukiko rw’Ubujurire rw’i Bruxelles mu Bubiligi, rwahamije Leta y’iki gihugu icyaha cyibasiye inyokomuntu cyo gutandukanya abana n’ababyeyi babo, mu gihe cy’ubukoloni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni icyemezo cyafashwe ku wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2026, gishimangira urubanza rwari rwaciwe bwa mbere mu 2024, rwahamije ko ibikorwa byo kwambura abana imiryango yabo hagati ya […]

AFC/M23 yavuze ku by’uko yaba yambuwe na FARDC na Wazalendo uduce 8

download 1

Umutwe wa AFC/M23 wanyomoje amakuru yatangajwe n’ibinyamakuru byegereye ubutegetsi bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo y’uko ingabo zawo zaba zambuwe uduce umunani two muri Teritwari ya Masisi n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatanu, ikinyamakuru ACTUALITE.CD cyegereye Leta ya Congo Kinshasa, cyatangaje ko ingabo za Leta […]

Senegal mu ihungabana: Perezida Faye yirukanye Sonko, asesa Guverinoma yose

Diomaye and Sonko

Mu gihugu cya Senegal habaye ihinduka rikomeye muri politiki nyuma y’uko Perezida Bassirou Diomaye Faye yirukanye Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko ndetse agasesa Guverinoma yose, ibintu byatunguranye kubera uburyo aba bagabo bombi bari basanzwe bafatwa nk’inshuti za hafi n’abafatanyabikorwa ba politiki. Itangazwa ry’iki cyemezo kuri televiziyo ya Leta ya Senegal ryahise rikurura impaka zikomeye muri Afurika […]

Perezida Kagame yirukanye abakozi hafi 300 ba RCS barimo ba Ofisiye

8193

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), rwatangaje ko Perezida Paul Kagame yirukanye abakozi barwo 296, barimo n’abo ku rwego rwa ba Ofisiye. RCS mu itangazo yasohoye, yavuze ko mu birukanwe harimo ba ofisiye bakuru batandatu, aba ofisiye bato 13 ndetse n’abasuzofisiye n’abawada 277. Uru rwego rwavuze kandi ko hari ba ofisiye bakuru n’abato batanu basubijwe […]

Kenya: Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusoza imyitozo ya Ushirikiano Imara 2026

HI8MMTuWAAERcu5

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 22 Gicurasi 2026, intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, zirimo na Maj Gen Alex Kagame, Umugaba Mukuru w’ Inkeragutabara, bitabiriye umuhango wo gusoza imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Ni imyitozo yiswe USHIRIKIANO IMARA 2026 yabereye muri Kenya, Nairobi. Intego y’iyi myitozo y’uyu […]

Nta munyamahanga wemerewe kwinjira mu Rwanda avuye muri RDC

2026 05 21T044440Z 1507336999 RC22DLAPX8ZY RTRMADP 3 HEALTH EBOLA GOMA 1779356378

Leta y’u Rwanda yatangaje ko yashyizeho ingamba zikomeye zo kwirinda icyorezo cya Ebola gikomeje kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zirimo no kubuza abanyamahanga bamwe kwinjira mu gihugu. Ibi byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 22 Gicurasi 2026, aho yasobanuye ko nta murwayi wa Ebola uraboneka mu Rwanda, ariko ko hakomeje gukazwa […]

DJ Toxxyk yakatiwe gufungwa umwaka n’igice

toxx 3 b2770

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse rumutegeka gutanga ihazabu ya 1.050.000 Frw, nyuma yo kumuhamya ibyaha byose yari akurikiranyweho. Icyemezo cyafashwe kuri uyu wa 22 Gicurasi 2026, gishingiye ku byaha birimo ubwicanyi budaturutse ku bushake, ibikorwa bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, guhunga nyuma yo gukora […]

Hakimi ntashaka ko akurikiranwaho gufata ku ngufu

25d623a54ee3e74292bff1b71574eb552fcc9132

Myugariro wa Paris Saint-Germain n’ikipe y’igihugu ya Maroc, Achraf Hakimi, ari mu bihe bikomeye nyuma y’uko urukiko rwo mu Bufaransa rukomeje gusuzuma dosiye aregwamo gufata ku ngufu Umukobwa w’imyaka 24. Kuri uyu wa Gatanu, urukiko rw’ubujurire rwa Versailles ruri gusuzuma ubusabe bwa Hakimi bwo gutesha agaciro uru rubanza mbere y’uko rutangira kuburanishwa mu buryo bwimbitse. […]

Urugendo rwa Guardiola na Manchester City rwageze ku iherezo

aa9d4d70 5354 11f1 81b7 0dafd89f1f42

Umunya-Espagne Pep Guardiola agiye kuva ku nshingano zo gutoza ikipe ya Manchester City, nyuma y’imyaka 10 yari ayimazemo, nk’uko iriya kipe yabyemeje. Ubuyobozi bw’iyi kipe bwatangaje ko azasoza inshingano ze muri iyi mpeshyi, nyuma yo gutwarana na yo ibikombe 20. Ni ibikombe birimo bitandatu bya Shampiyona y’u Bwongereza na kimwe cya UEFA Champions league. Man […]

Abanyamakuru bahembwa urusenda nubwo bize cyane

Abanyamakuru

Mu gihe umwuga w’itangazamakuru ukomeje kugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu no kugeza amakuru ku baturage, ubushakashatsi bushya bwakozwe n’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda (ARJ) bwagaragaje ko abanyamakuru benshi babayeho mu buzima bugoye nubwo bafite amashuri menshi. Raporo yiswe 2026 Rwanda Media Sector Mapping yerekanye ko abarenga 78% by’abanyamakuru bakora umwuga bafite nibura impamyabumenyi ya kaminuza, […]