MINUSCA irahakana amakuru avuga ko yenda kuva muri Centrafrica

imageresize 1

Ese MINUSCA irimo gupakira imizigo yayo muri Repubulika ya Centrafrica, cyangwa ni gahunda yo kongera gushyira ku murongo ibikorwa byayo mu gihugu? Iki kibazo kimaze ibyumweru giteza impaka n’impungenge mu baturage bo muri Centrafrica. Inkuru dukesha RFI ivuga ko hirya no hino mu gihugu, ibirindiro byinshi by’Ubutumwa bwa Loni bigenda bifunga imiryango buhoro buhoro, rimwe […]

Umujyi wa Kigali wisobanuye ku bishyimbo byaranduwe

20260326 001914

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasobanuye ko ibishyimbo abaturage bari barahinze byaranduwe, kubera ko ba nyirabyo bari barabihinze ku nkengero z’umuhanda wa kaburimbo. Byari nyuma y’impuruza yatanzwe n’uwitwa Bagiruwubusa Eric wifashishije urubuga rwa X mu kubaza ubuyobozi bwa Kigali impamvu bwafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo byari hafi kwera, nyamara hari abaturage bashonje. Ati: “Ibi birasa n’ibyo […]

Nyuma ya AFC/M23, UPDF na yo yaba igiye kuvana ingabo zayo muri Lubero 

WhatsApp Image 2025 01 09 at

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye kuvana ingabo zacyo muri Teritwari ya Lubero mu burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’igihe kirekire zaroherejweyo. Gen. Muhoozi yemeje ayo makuru biciye mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Dutangaje ko twiteguye kuva mu birindiro byacu […]

U Rwanda mu bihugu byatoye ko ubucakara ari ‘icyaha ndengakamere kiruta ibindi’ cyibasiye inyoko muntu

arab slaver scaled 1

Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ku wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe yatoye umwanzuro wemeza ko ubucakara bwakorewe Abanyafurika mu bucuruzi bw’abacakara bwambukaga inyanja ya Atlantique ari “icyaha gikomeye kurusha ibindi byibasiye inyokomuntu”. Ni nyuma y’icyifuzo cyari cyatanzwe na Ghana isaba ko ririya zina rihabwa ubucakara, ikindi ibihugu bigize Loni bigatekereza gusaba imbabazi ku byabaye no […]

Shingiro wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi yahawe inshingano nshya

Gj0f3maWoAAokhA

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, wahaye Amb. Albert Shingiro wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi inshingano zo kuba intumwa yawo idasanzwe izafasha mu ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cyafashwe n’Urukiko Mpuzamahanga ku bijyanye n’amakimbirane ari hagati ya Gabon na Guinée-Equatoriale. AU mu itangazo yasohoye ku wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe, yavuze ko Shingiro azafasha […]

Biruta yashyikirije Perezida Saasou Nguesso ubutumwa bwa Perezida Kagame 

20260325 231209

Perezida Denis Sassou N’Guesso wa Congo-Brazzaville, ku wa Gatatu yakiriye Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta wamushyiriye ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame. Ni ubutumwa bwifuriza Perezida wa Congo ishya n’ihirwe, nyuma yo kongera gutorerwa kuyobora igihugu cye muri manda ya gatanu. Muri ubu butumwa kandi Perezida Kagame yasabye Sassou Nguesso kuzashyigikira  […]

Kenya: CG Namuhoranye yafunguye inama y’ingenzi ku igenzurwa ry’intwaro

HERK NJaIAE6vwB

Mu ruzinduko rw’akazi akomeje kugirira muri Kenya, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, akaba n’umuyobozi mukuru wa komite y’ubujyanama mu bya tekinike (TAC) y’ikigo cy’akarere gishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’intwaro nto (RECSA), yafunguye ku mugaragaro ibiganiro byo ku rwego rwo hejuru ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Nairobi agamije gukumira, kugenzura no kugabanya […]

Umuhanzi Gims ukomoka muri RDC yatawe muri yombi i Paris

imageresize

Umuhanzi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gims, yatawe muri yombi ageze ku kibuga cy’indege cya Charles de Gaulle Airport mu Bufaransa. Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo mu Bufaransa agaragaza ko uyu muhanzi, usanzwe atuye muri Maroc aho anafite ibikorwa by’ishoramari, yafatiwe muri gasutamo ku wa 25 Werurwe 2026. Ifatwa rye rifitanye isano n’iperereza […]

Senegal yajuririye umwanzuro wo kubambura igikombe cya AFCON 2025

markup 475218

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Senegal (FSF) ryamaze kujuririra icyemezo cyafashwe na CAF cyo gutangaza Morocco nk’iyegukanye AFCON 2025. Urukiko Nkemurampaka rw’Imikino, Court of Arbitration for Sport (CAS), rwemeje ko rwakiriye ubu bujurire ku wa 25 Werurwe 2026. Mu nyandiko y’ubujurire, Senegal isaba ko icyemezo cya CAF giteshwa agaciro burundu, ndetse igatangazwa nk’iyatsinze nyakuri irushanwa rya […]

Inkumi y’uburanga yashyingiranwe n’uruzi

20260325 134020

Mu Bwongereza, umugore witwa Meg Avon w’imyaka 29, ari kwizihiza imyaka itatu amaze “ashyingiranywe” n’uruzi rwa River Avon, mu gikorwa cyatangaje benshi ariko gifite intego ikomeye yo kurengera ibidukikije. Uyu mugore wavukiye i Bristol, usanzwe ari umushakashatsi, umwanditsi ndetse n’umurwanashyaka mu bijyanye no kurengera ibidukikije, yasezeranye n’uru ruzi ku wa 17 Kamena 2023, mu muhango […]

Impamvu AFC/M23 yatangiye kuvana ingabo muri Lubero

000 33628LU

Umutwe wa AFC/M23 kuva ku wa Mbere tariki ya 23 Werurwe, watangiye kuvana ingabo zawo mu bice bitandukanye wagenzuraga byo muri Teritwari ya Lubero, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga yerekana ingabo za AFC/M23 ziva mu bice bitandukanye, zikoreye n’ibikoresho byazo. Uduce byamenyekanye ko uriya mutwe wamaze kuvanamo ingabo turimo […]

Kenya: Havumbuwe imva rusange irimo imirambo yiganjemo abana

0aea210d 1e84 4243 abe9 be3624eeda03.jpg

Mu Mujyi wa Kericho mu burengerazuba bwa Kenya, havumbuwe imva rusange irimo imirambo igera muri 32 yiganjemo abana, hakaba hatangiye iperereza ngo hamenyekane uko bishwe. Iyi mirambo yatabaruwe nyuma y’uko polisi ibonye icyemezo cy’urukiko cyo kutabururwa kw’imirambo 14 byavugwaga mbere ko ari yo ishyinguwe aho hantu nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga. Umuganga wa leta ushinzwe gusuzuma […]

Perezida Kagame yijeje Abayisilamu ko azabishyura vuba umwenda amaze imyaka 15 ababereyemo 

20260325 135118

Perezida Paul Kagame yijeje abayoboke b’idini ya Islam mu Rwanda ko mu gihe cya vuba azabishyura umwenda amaze imyaka ibarirwa muri 15 ababereyemo. Muri 2011 ni bwo Umukuru w’Igihugu yijeje Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda ko Leta igomba kubatera inkunga, ndetse ikanabaguranira ubutaka bafite ibaha ubundi bifuje kuzubakaho inyubako zigomba kuzakorerwamo ibikorwa bitandukanye. Umukuru w’Igihugu kuri […]

RDC: AFC/M23 iravugwaho kuva mu bice byinshi muri Lubero

Capture

Hakomeje kwibazwa byinshi nyuma y’uko inyeshyamba za AFC/M23 zivuye i Kipese muri Teritwari ya Lubero mu ijoro ryo ku wa Mbere, ndetse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 24 Werurwe 2026, biravugwa ko izi nyeshyamba zanavuye mu duce twa Lunyasenge, Bukununu, Musiya, na Katondi, two muri Lubero n’ubundi. Usibye kuva muri ibyo […]

Iran yakajije umurego mu bitero mu gihe Trump avuga ko bari mu biganiro

AFP 20260304 99XH8NQ v4 HighRes TopshotLebanonIsraelUsIranWar 1024x683 1

Iran yakomeje gusuka imvura ya za misile mu baturanyi bo Burasirazuba bwo Hagati, nyuma y’amasaha make Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, avuze ko Washington na Tehran “bari mu mishyikirano muri iki gihe”. Kuri uyu wa Gatatu, Iran yibasiye ibihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati mu bitero bishya bya misile, nyuma y’amasaha […]

Kigali: Abagore bageze mu za bukuru bashimiwe uruhare rwabo mu muryango nyarwanda

2H6A6121

Mu munsi mukuru wateguwe na Fondasiyo GWIZ’INEZA ku bufatanye na NSINDAGIZA abagore bageze mu zabukuru bashimiwe uruhare bagize mu kubaka umuryango nyarwanda , ndetse bashishikarizwa gukomeza kugira uruhare mu iterambere, no guteza imbere ubufatanye hagati y’ibisekuru. Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Abagore wabaye tariki ya 23 Werurwe2026, hashingiwe ku nsanganyamatsiko “Umugore ni uw’Agaciro – Umugore ufite […]

Abayobozi b’Ingabo za RDF na TPDF zikorera ku mipaka bateraniye muri Tanzania

HENXFr4aIAE6qZH

Abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’Ingabo za Tanzania (TPDF) bahuriye mu Karere ka Karagwe mu Nama ya 15 y’Abayobozi b’Ingabo bakorera ku mipaka, igamije gukemura ibibazo by’umutekano byo ku mipaka no gukomeza kunoza ubufatanye hagati y’ibihugu byombi. Iyi nama izamara iminsi itatu, kuva tariki ya 24 kugeza ku ya 26 Werurwe 2026, ihuje Diviziyo ya […]

Umugabo yishe umugore we wamusabye gukoropa inzu

51380 1774422617

Mu mujyi wa Louisville, muri Leta ya Kentucky muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, haravugwa inkuru iteye agahinda aho umugabo akekwaho kurasa umugore we akamwica nyuma y’intonganya zo mu rugo. Ibi byabaye ku wa 14 Werurwe 2026 ahagana saa kumi n’ebyiri n’iminota 16 z’umugoroba (4:16 PM), nk’uko byatangajwe n’inzego za polisi ya Louisville. Polisi yahise […]

Washington: Umurinzi w’umunyacyubahiro w’u Rwanda yasagarariwe n’abanye-Congo

1774423739433.abasirikare bo muri rg baba bafite ibikoresho bibafasha gusohoza inshingano zabo 94b7c

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje, ko hari ushinzwe umutekano ushinzwe kurinda umwe mu banyacyubahiro b’u Rwanda uri muri Amerika wasagarariwe n’abashinzwe gucunga umutekano w’umugore wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo guhurira muri imwe muri Hoteli z’i Washington. Iyi Ambasade yemeje ayo makuru mu […]

RDC yashinje u Rwanda kugerageza gucengera muri hoteli umugore wa Tshisekedi acumbitsemo muri Amerika

EwD6MmcXMAUkFe8

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko hari abantu bagerageje “gucengera muri hoteli” umugore wa perezida w’icyo gihugu acumbitsemo mu ruzinduko arimo i Washington, ishyira mu majwi u Rwanda. Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yaraye abwiye abanyamakuru ko bamenye amakuru y’abo bantu bataramenyekana, ndetse ko leta ya DRC irimo gukorana bya […]

Umuyobozi w’Igipolisi cy’u Rwanda mu ruzinduko rw’akazi muri Kenya

HEMPBf7WIAAY R

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, uri mu ruzinduko rw’akazi muri Kenya, yasuye mugenzi we wa Polisi ya Kenya, Douglas Kanja Kirocho, mu biro bye biherereye i Nairobi. Bagiranye ibiganiro byibanze ku byerekeye umutekano no gukomeza ubufatanye busanzweho hagati ya Polisi zombi. CG Namuhoranye n’itsinda ayoboye banasuye ibigo by’amahugurwa ya Polisi muri […]

RP Tumba College yemeje urupfu rw’umunyeshuri wayo wasanzwe yapfanye n’umukobwa

1774378870166.Screenshot 20260324

Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubunenyingiro, ishami rya Tumba ryo mu Karere ka Rulindo, ryatangaje ko hari umunyeshuri w’umuhungu waryigagamo wasanganwe n’umukobwa bombi bapfuye. RP Tumba College ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yagize iti: “Tubabajwe n’urupfu rutunguranye rw’umunyeshuri wacu, IRAKOZE Angelo. Umuryango mugari wa RP Tumba College wifatanyije n’umuryango we muri ibi bihe bikomeye by’akababaro.” Iri […]

Inoti zimwe z’amafaranga y’u Rwanda zigiye gutakaza agaciro

IMG 20260324 WA0028

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko hari inoti z’amafaranga y’u Rwanda ziganjemo izakozwe mu mwaka wa 2004 zizaba zatakaje agaciro tariki 1 Werurwe 2027. Itangazo BNR yasohoye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe, rivuga ko izo noti zirimo iya 500Frw yakozwe mu 2004 ndetse n’iyakozwe mu 2013. Hari kandi inoti ya 1000Frw […]

Imbonerakure n’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda bari gutorezwa n’abazungu mu Kibira

1024x538 cmsv2 02d76244 0a04 50a5 81d1 ce0987ad0b58 7851612

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko mu ishyamba rya Kibira riherereye muri Komine Bukinanyana mu ntara ya Bujumbura, hari kubera imyitozo ya gisirikare ikomeye iri guhabwa Imbonerakure zari zaroherejwe kurwana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda. Ni imyitozo imaze ibyumweru birenga bitatu. Abaturage baturiye ishyamba rya Kibira, babwiye SOS Médias […]

Kalehe: Ibitero bya wazalendo byahitanye abasivili 11 amatungo arasahurwa

Marie Byamwungu Code 1 1722863416

Muri iri joro ryo ku itariki ya 23-24 Werurwe 2026, biravugwa ko ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa, harimo na Wazalendo, zagabye igitero nkana ku baturage bo muri Teritwari ya Kalehe. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23, rivuga ko mu Mudugudu wa Cumuyaga, abantu batanu bishwe bunyamaswa undi arakomereka bikabije, mu gihe amatungo y’abaturage yasahuwe mu buryo […]

Icyo AFC/M23 ivuga kuri raporo ya RSF iyishinja gufunga no kwica urubozo abanyamakuru

m23 48 afb87 1

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wahakanye wivuye inyuma ibirego by’umuryango mpuzamahanga w’abanyamakuru batagira umupaka (RSF) uwushinja gufunga no kwica urubozo abanyamakuru. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Kabiri yagaragaje ko iriya raporo ya RSF igamije gusiga icyasha AFC/M23, anenga […]

Kagame yasabiye ubutabera umubyeyi w’i Karongi wimwe serivisi kwa muganga bikamuviramo urupfu

20260324 133545

Perezida Paul Kagame yasabye Minisitiri w’Ubutabera kongera gukurikirana akamenya niba abantu bagize uruhare mu rupfu rw’umubyeyi wo mu karere ka Karongi wagiye kubyara bikarangira arangaranwe barabiryojwe. Muri Gashyantare 2020 ni bwo umubyeyi wari ukuriwe yagiye ku kigo nderabuzima cya Biguhu giherereye mu murenge wa Kirinda, agiye kwipimisha inda yari yegereje kuvuka. Nk’uko amabwiriza yo kwivuza […]

Meya wa Nyabihu yasobanuye icyateye akarere ke kuba aka nyuma mu mihigo

1774343610902

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette, yatangaje ko akarere ke kabaye aka nyuma mu mihigo bitewe n’umuhanda wa Tubungo-Nyakiriba wagombaga kujya ku kigo nderabuzima utarakozwe kubera ibihe by’imvura byabaye bibi cyane. Yabwiye RBA ati: “Twagize ikibazo cy’ibikorwaremezo aho twari dufite igikorwa cy’umuhanda witwa Tubungo-Nyakiliba wagombaga kujya kuri Centre de Santé yafashaga abaturage kuba babasha kujyana […]

Impanuka y’indege y’Igisirikare cya Colombia yahitanye 66

3b34c580 26e0 11f1 908d 0f187797fc2f.jpg

Indege y’ingabo zirwanira mu kirere za Colombia yakoze impanuka nyuma gato yo guhaguruka mu majyepfo y’igihugu, ihitana byibuze abantu 66 abandi benshi barakomereka. Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu kirere, Carlos Fernando Silva Rueda yavuze ko mu ndege hari harimo abasirikare 114, ndetse n’abakozi bo mu ndege 11. Indege yo mu bwoko bwa C-130 Hercules yakorewe muri […]

AFC/M23 yatanze impuruza ku mperuka iri kuba mu Minembwe

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe, watanze impuruza ku bihe bisa n’imperuka bikomeje kubera muri Komine Minembwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho ingabo za Leta ya RDC zikomeje gukorera abaturage ubwicanyi bw’indengakamere. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko usibye kuba Abanye-Congo bo […]

Umunyarwandakazi yibye Miliyoni zirenga 200 muri banki

mbabazi 25 5a869

Umugore w’Umunyarwandakazi witwa Elizabeth Mbabazi yakatiwe n’urukiko rwo muri Uganda igifungo cy’amezi atandatu, nyuma yo kumuhamya uruhare mu mugambi wo kwiba amafaranga arenga miliyoni 280 z’amafaranga y’u Rwanda muri Stanbic Bank. Uyu mugambi wari ugamije kwibasira ishami ry’iyi banki riri mu nyubako ya Acacia Mall i Kampala, ariko uza gutahurwa hakiri kare mbere y’uko amafaranga […]

Uganda: Umusirikare wari waburiwe irengero yasanzwe iwe yapfuye

latest01pix data

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Kabale cyatangiye gukora iperereza nyuma y’urupfu rutunguranye rw’umusirikare mu Ngabo z’igihugu cya Uganda (UPDF), Sergeant Tumwesigye Robert, umurambo we wasanzwe mu rugo rwe nyuma y’iminsi aburiwe irengero. Sgt Tumwesigye, wabarizwaga muri Diviziyo ya 2 akaba yakoreraga mu biro by’ubutasi ku mupaka wa Mukokye mu ntara ya Maziba, yasanzwe nta […]

London: Imbangukiragutabara 4 zatwikiwe mu gisa nk’igitero ku Bayahudi

23xp uk arson ambulances bfkm jumbo

Imbangukiragutabara bivugwa ko ari iz’Abayahudi zigera kuri 4 zatangaga serivisi z’ubutabazi zatwitswe mu majyaruguru y’umurwa mukuru w’u Bwongereza, London. Igipolisi cy’u Bwongereza cyatangaje ko ibi bitero bifatwa nk’icyaha cy’urwango rushingiye ku kwanga Abayahudi. Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yavuze ko ibi bitero biteye ubwoba kandi bibabaje cyane, mu gihe Minisitiri w’Ubuzima, Wes Streeting, yagize […]

Kenya: Uwari minisitiri wari wabuze yatawe muri yombi

QQV Tjag

Raphael Tuju, wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, kuri uyu wa Mbere ushize yatawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe hatangajwe ko yaburiwe irengero, bigatuma habaho impungenge ko ashobora kuba yarashimuswe. Umuyobozi w’iperereza ku byaha, Mohamed Amin, yabwiye abanyamakuru ko Tuju yari mu rugo rwe igihe cyose, avuga ko ari “ibura rye ryateguwe aho kuba […]

Umusore w’imyaka 20 yishe nyina wanze kumwoza

WhatsApp Image 2026 03 23 at 7.51.27 AM 1774256761

Umusore w’imyaka 20 witwa Damian Oforbuike wo mu gace ka Ohatekwe Ukawu, mu Karere ka Onicha, muri Leta ya Ebonyi mu Nigeria, yirukanwe mu mudugudu wabo nyuma yo kwica nyina. Amakuru avuga ko yakubise nyina witwaga Onyemaechi akoresheje umuhoro mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma ahita ahungira mu ishyamba riri hafi aho. Nyuma, urubyiruko rw’aho batuye […]

Indege y’igisirikare cya Colombia yakoze impanuka itwaye abasirikare 80

5013

Indege ya gisirikare ya Colombia yakoze impanuka mu majyepfo y’igihugu hafi y’umupaka uhuza iki gihugu na Peru, itwaye abasirikare 80. Amakuru yatangajwe n’inzego za gisirikare avuga ko iyi ndege yari itwaye abasirikare bagera kuri 80 mu gihe yagwaga. Iyi ndege yo mu bwoko bwa Hercules ikoreshwa mu gutwara abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare, yakoze impanuka mu […]

Muri abirasi kandi mwiratana ubusa: Perezida Kagame wakurugutuye abayobozi 

20260323 173633

Perezida Paul Kagame yaburiye abayobozi bo mu nzego za Leta ko imico mibi bagira irimo ubwirasi ishobora kuzasiga bashenye igihugu. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, ubwo yasozaga inama nyunguranabitekerezo y’Abayobozi b’Inzego Nkuru za Leta n’Inzego z’Ibanze. Ni inama y’umunsi umwe yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’i Gako mu karere ka Bugesera. Muri […]

Masisi: Hubuye imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Kazinga

rutu

Imirwano ikaze yadutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki ya 23 Werurwe 2026, i Kazinga, umudugudu wo mu Murenge wa Osso Banyungu wo muri Teritwari ya Masisi, Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano zaho ndetse n’abayobozi gakondo abitangaza, imirwano yatangiye ahagana mu ma saa […]

Trump yabaye ahagaritse kurasa kuri Iran

download

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko yategetse Minisiteri y’ingabo z’igihugu cye kuba ihagaritse ibikorwa byo kurasa ku nganda z’ingufu za Iran mu gihe cy’iminsi itanu. Trump yemeje aya makuru kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Werurwe, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa Truth Social. Yavuze ko mu minsi […]

U Bwongereza buravuga ko ikirego bwarezwe n’u Rwanda cyatewe n’uburakari

Intambara y’amategeko hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza ku kibazo cy’abimukira yarushijeho gufata intera, aho London yateye utwatsi ikirego cya Kigali gisaba miliyoni 134 z’amadolari, ivuga ko uru rubanza rudafite ishingiro mu mategeko kandi ko ruturuka ku makimbirane ya politiki aho kuba inshingano z’amasezerano. Urubanza ubu ruri imbere y’urukiko mpuzamahanga, ubu rwatangiye gutera kwibaza byinshi kuri […]

Kenya: Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yaburiwe irengero

4355cb0a0a8aabd6

Polisi ya Kenya iri gukora iperereza ku ibura rya Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa kiriya gihugu, mu gihe amakuru avuga ko yaba yashimuswe. Umuryango wa Tuju uvuga ko we n’umushoferi we baburiwe irengero ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo barimo bajya gutanga ikiganiro kuri imwe muri radiyo zo muri kiriya gihugu. Polisi […]

Igisubizo cya Kabila ku bafashe kuba ari mu matware ya M23 nk’ikibazo 

20260323 132318

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragaje ko kuba ari mu mujyi wa Goma ugenzurwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 nta kibazo abibonamo, kuko i Goma ari we. Uyu mugabo wategetse RDC hagati ya 2001 na 2019 yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru La Libre cyo mu Bubiligi cyabereye […]

Tugomba gukora nk’ikipe imwe kandi itsinda – Minisitiri w’Intebe

HEFnYjXXUAAKSY8e

“Tugomba gukora nk’ikipe imwe kandi itsinda. Gutanga serivisi nziza ku baturage tubigire umuco kuko ari inshingano yacu nk’abayobozi,” ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Justin Nsengiyumva, kuri uyu wa Mbere, ubwo yayoboraga inama ihuza inzego z’ubutegetsi. Iyi nama ihuza Inzego zo mu Butegetsi Bwite bwa Leta n’izo mu nzego zegerejwe abaturage yabereye mu gitondo cyo […]

Lionel Jospin wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa yapfuye ku myaka 88

lionel jospin soutient le nouveau front populaire et critique la dissolution

Kuri uyu wa Mbere, umuryango wa Lionel Jospin wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, w’umusosiyaliste watangije icyumweru cy’akazi cy’amasaha 35 n’ubufatanye bw’abaturage ku bashakanye bahuje ibitsina, watangaje ko yapfuye afite imyaka 88. Jospin wari umuyobozi wa guverinoma kuva mu 1997 kugeza mu 2002 mbere yo gutsindwa mu matora ya perezida, yapfuye ku Cyumweru, nk’uko umuryango […]

Nigeria: Hakozwe umukwabu wo kogosha insoresore zanze kwiyogoshesha

51114 1774252655

Abashinzwe kubahiriza amategeko ya kisilamu bo muri Katsina State Hisbah Commission, ishami rya Sabuwa muri Nigeria, bogoshe imisatsi y’abasore bamwe mu mujyi wa Sabuwa mu rwego rwo gukumira imyitwarire babona ko idakwiye. Nk’uko byatangajwe ku wa 21 Werurwe 2026, iki gikorwa cyabereye mu bice bitandukanye by’umujyi mu gihe cy’iminsi mikuru ya Eid al-Fitr. Cyari kiyobowe […]

RDC: Batangiye kubaza icyo miliyari 13.65$ zashowe mu gisirikare zakoze

HD8CjPqbkAATPMD

Mu kiganiro n’abanyamakuru yakoresheje kuri uyu wa Gatandatu ushize, i Kinshasa, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Delly Sessanga yagaragaje ishusho ihangayikishije ku bijyanye n’igisirikare n’umutekano mu gihe cy’imyaka itandatu Félix Tshisekedi ari ku butegetsi (2019-2025), nubwo hari amafaranga menshi yashowemo. Aganira n’abanyamakuru, uwahoze ari umudepite watorewe i Lwiza muri Kasai yagaragaje ubwiyongere bukabije bw’ingengo y’imari mu […]

CAF yemeje Maroc nk’iyegukanye AFCON 2025

1774257666113

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, ryemeje ku mugaragaro ko Morocco ari yo yegukanye igikombe cya AFCON 2025, nyuma y’icyemezo cyahinduye ibyari byavuye mu mukino wa nyuma. Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa CAF, Maroc ni yo iri ku mwanya wa mbere, igakurikirwa na Senegal ku mwanya wa kabiri, naho Nigeria iza ku mwanya wa Gatatu. […]

Umucamanza wa ICC wasohoye impapuro zo gufata Netanyahu yakupiwe amazi n’umuriro

240109075450 netanyahu 010724

Umucamanza w’Umufaransa wayoboye akanama k’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) kasohoye icyemezo cyo guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu mu 2024, yavuze ko kuri ubu agowe no kubona ibyangombwa by’ibanze bya buri munsi nyuma yo gushyirwa ku rutonde rw’ibihano rwa Amerika, avuga ko uburyo bwo kwishyura hafi ya bwose bukoreshwa mu Bufaransa bugenzurwa n’Abanyamerika […]

Kabila yashimangiye ko igihe kigeze ‘ubutegetsi bw’igitugu’ bwa Tshisekedi bukavaho

CBKBKAC7IJGVLJCEZ2XCOTJXOQ

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko ari ngombwa ko ubutegetsi bw’igihugu bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wamusimbuye buvaho. Kabila yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru La Libre cyo mu Bubiligi. Ni ikiganiro cyabereye mu rugo rwe ruherereye mu mujyi wa Goma. Muri iki kiganiro, Kabila yongeye gushinja Tshisekedi […]

KNC wa Gasogi United nyuma ya mpaga ya Rayon Sports yavuze

20260323 092121

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yatangaje ko batangiye urugendo rw’amategeko mu rwego rwo guhangana n’akarengane avuga ko ikipe ye yakorewe ku mukino wa shampiyona y’u Rwanda wagombaga kuyihuza na Rayon Sports. Ku Cyumweru tariki ya 22 Werurwe ni bwo Gasogi United yatewe mpaga y’ibitego 3-0, nyuma yo kutagaragara ku mukino w’umunsi wa […]

New York: Indege ya Air Canada yangiritse cyane nyuma yo kugongana n’imodoka

hq720

Ikibuga cy’indege cya LaGuardia i New York, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyafunzwe kugeza igihe haza gutangwa amabwiriza mashya nyuma y’uko indege ya Air Canada Express igonganye n’imodoka ku butaka. Ubuyobozi bukuru bushinzwe iby’indege bwasohoye itangazo ribuza indege guhaguruka mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira kuri uyu wa Mbere kandi buvuga ko bishoboka ko […]

Kinshasa: Miliyoni 2$ zafatiwe ku kibuga cy’indege zihishe mu mavarisi

tentative de detournement saisis a l aeroport international de ndjili pht ks 22 mars 2026 1

Ibi byabaye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, itariki ya 21 Werurwe, ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Ndjili i Kinshasa, umurwa mukuru wa DRC, ubwo mu igenzura risanzwe ry’abakora ingendo mpuzamahanga, abashinzwe umutekano bavumbuye amafaranga menshi ahishe mu mavarisi abiri agera kuri miliyoni 1.9 z’amadorali ya Amerika. Umwirondoro wa nyiri amavarisi nturashyirwa ahagaragara, gusa mu […]

Walikale: Hadutse imirwano ikaze nyuma y’igitero ku birindiro bya AFC/M23

Carte Walikale1

Umudugudu wa Kanune, uherereye muri Gurupoma ya Ikobo (Teritwari ya Walikale) muri Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa RDC, habereye imirwano ikaze kuri iki Cyumweru, itariki ya 22 Werurwe 2026, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo. Nk’uko amakuru atandukanye ava muri ako gace abitangaza, imirwano yatangiye mu rukerera, ahagana mu ma saa kumi n’imwe […]

Minembwe: FARDC yongeye kuraza rwantambi abatuye Gakenke na Kalingi

1731745783607

Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu, itariki ya 21rishyira kuri iki Cyumweru, itariki 22 Werurwe 2026, ihuriro ry’Ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Kinshasa biravugwa ko zakajije umurego mu bitero by’indege zitagira abaderevu z’ubwiyahuzi. Ibi bitero byibasiye uturere dutuwe cyane, harimo imidugudu ya Gakenke na Kalingi, ndetse na centre ya Minembwe nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi […]

Abagera ku 2000 bitabiriye Inama Nkuru ya 6 y’Urugaga rw’Urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi

HEAJkULWUAAXrAk

Urubyiruko rusaga 2000 rwaturutse hirya no hino mu gihugu, kuri iki Cyumweru, itariki 22 Werurwe 2026, rwateraniye ku cyicaro gikuru cy’Umuryango FPR Inkotanyi mu Nama Nkuru ya 6 y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi. Atangiza Inama Nkuru y’urugaga rw’Urubyiruko, Visi Perezida wa Mbere w’Umuryango FPR Inkotanyi, Uwimana Consolee, yasabye urubyiruko guhagurukira guhanga ibishya bikemura ibibazo […]

Abayobozi bakuru ba Iran bamaze kwicwa kuva ku itariki 28 Gashyantare 2026

1773852569 screenshot 2026 03 18 20 47 14 212 com.instagram.android edit

Kuva ku bayobozi ba Basij (Umutwe witwara gisirikare ukorera mu gisirikare cya Iran)kugeza ku muyobozi w’ikirenga, bamwe mu bantu bari bakomeye muri Repubulika ya Kisilamu ya Iran bamaze kwicirwa mu bitero bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byibasiye Iran mu mezi icyenda ashize. Nk’uko raporo zishingiye ku makuru yemejwe zivuga, umubare w’abo bayobozi […]

Madamu Jeannette Kagame yongeye gucyebura Umuryango Nyarwanda

HD7TAJja8AADIA

Madamu Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 21 Werurwe 2026 yongeye gukebura Umuryango Nyarwanda, asaba ababyeyi kongera kubaka ubusabane hagati yabo n’abana babo no kubigisha gukomera ku muco w’igihugu. Ibi Madamu Jeannette Kagame yabitangarije aho yitabiriye Inama Nkuru ya 6 y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi […]

Seychelles: Minisitiri Nkulikiyinka yakiriwe na Visi Perezida Pillay

HD9e4SqaMAEkmT7

Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Nkulikiyinka Christine, yakoreye uruzinduko rw’akazi muri Seychelles, aho yakiriwe na Visi Perezida w’iki gihugu, Sébastien Pillay, baganira ku gushyigikira kandidatire y’Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo ushaka gukomeza kuyobora OIF). Itangazo ryashyizwe kuri X na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 21 Werurwe 2026, ryemeje […]

Sudani: Byibuze abantu 64 baguye mu gitero cyagabwe ku bitaro

53bc3790 1040 11ef afcd 2f4b0a5e0209

Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) yavuze ko byibuze abantu 64 baguye mu gitero cyagabwe ku bitaro byo muri Darfur y’Iburasirazuba, muri Sudani. Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko abapfuye bazize igitero cyo ku wa Gatanu barimo abana 13, abakozi mu by’ubuvuzi n’abarwayi benshi. Umuyobozi wa OMS arasaba ko intambara […]