Umukandida uhagarariye ishyaka rya National Unity Platform (NUP) mu bahatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) yagaragarije Komisiyo y’Amatora ko atumva impamvu Perezida Museveni n’abayoboke be badaterwa ibyuka biryana mu maso, kandi na bo bigaragara ko baba batubahiriza amabwiriza yo kurwanya icyorezo cya Covid-19.
Bobi Wine mu nyandiko y’impapuro enye isubiza Komisiyo y’Amatora yamuhamagaye ngo bagirane ikiganiro, yagaragaje icyo yita akarengane yakorewe n’inzego zishinzwe umutekano kuva yatangira ibikorwa byo kwiyamamaza mu Gushyingo.
Aho yavuze uko izi nzego zagiye zimubuza kujya kwiyamamariza aho yateganyije, kumutera ibyuka biryana mu maso hamwe n’abayoboke be [bashinjwa kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19], akabuzwa gukorera inama muri amwe mu mahoteli, rimwe na rimwe ayo yagombaga kuraramo ntiyemererwe kuyageramo.
Ngo ibi byose yakorewe ntabwo izi nzego zigeze zibikorera na Perezida Museveni uri kwiyamamaza ahagarariye ishyaka rya NRM, kandi ibyo we [Bobi Wine] ashinjwa n’uyu Mukuru w’Igihugu abikora.
Ati: “Twabajije impamvu ari njye ubazwa iby’amabwiriza yo kurwanya Covid-19, mu gihe bitajya bikorwa ku mukandida Museveni n’abayoboke be!”
Uyu munyapolitiki yatanze ingero za hamwe avuga ko Museveni n’abayoboke be batigeze bubahiriza aya mabwiriza, kandi bahagarikiwe n’abapolisi; nko muri Mbarara, Jinja, Iganga, Gulu, Moroto, Kitgum na Busia.
Bobi Wine yanenze Komisiyo y’Amatora avuga ikomeje kurebera ibyo inzego zishinzwe umutekano zikorera abakandida bo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi; aho yemeza ko yaba iterwa ubwoba.
Bobi Wine anenze iyi Komisiyo nyuma y’iminsi mike na Perezida Museveni ayinengeye kuba ntacyo iri gukora ku myitwarire ye (Bobi) mu bikorwa byo kwiyamamaza, yavuze ko ishyira abaturage mu kaga ko kwandura icyorezo cya Covid-19 ku bwinshi.


