Bobi Wine ntiyemeranya na Besigye wavuze ko nta Demukarasi yakura ku butegetsi Museveni

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bagize inteko ishinga amategeko muri Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine mu muziki,yatangaje kuri uyu wa 4 Mata ko yatunguwe na Col. Dr Kizza Besigye nyuma y’aho atangarije ko kuvana ku butegetsi Museveni biciye muri demukarasi(amatora) bitashoboka.

Tariki ya 2 Mata, Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Leta ya Uganda yatangaje ko kuvanaho ingoma y’ishyaka rya NRM riyobowe na Perezida Museveni bitashoboka binyuze mu nzira ya demukarasi.

Besigye kandi yongeyeho ko guhuza(ubumwe) kw’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bitashoboka.
“ Ubumwe no gukorera hamwe kw’amashyaka atavuga rumwe na leta ntabwo byashoboka. Abatubaza impamvu tutakorera hamwe, mugomba kubanza kureba uburyo bune Leta ikoresha iturwanya.” Aya ni amagambo Besigye yavuze ku wa 2 Mata.

Dushingiye ku makuru dukesha Chimp Reports, Besigye avuga ko muri ubu buryo leta ikoresha harimo gutera ubwoba abatavuga rumwe na yo b’inkingi za mwamba, guha amafaranga abatavuga rumwe na yo bagaceceka, gucamo ibice ashingiye ku duce, amoko, ahantu n’ibitekerezo kugira ngo abone uko abayobora.

Besigye kandi yanavuze ko abanyamakuru bishyurwa kugira ngo batake leta cyangwa se baceceke.
Besigye yanavuze kandi ko we na bagenzi be bari gushaka uburyo bushoboka kugira ngo Museveni atazongera kwiyamamaza cyangwa ngo yongere kuyobora igihugu.

Bobi Wine yibajije uburyo umuntu wahanganye na Museveni mu matora inshuro enye, ushobora no gukomeza guhatana ubugira gatanu yabwira abaturage ko demukarasi idashoboka.

Yongeyeho kandi ko ibyo abanyapolitiki batashobora, abaturage ubwabo babikora. Yanavuze ko imbaraga z’abaturage aziteze mu matora y’umukuru w’igihugu azaba mu 2021. Yanavuze kandi ko amagambo ya Besigye ari urucantege ku baturage, ibyo yumva nko kubabuza kwiyandikisha kuri listi y’itora.

Ku bijyanye no kuvuga ko abatavuga rumwe na NRM batashobora guhuza, Bobi Wine yavuze ko abantu bahuje ibitekerezo bamaze kuba benshi. Ati “Abaganda ntabwo bashobora kumva urwo rucantege.”

Mu mpera za Mutarama, Bobi Wine yatangarije umunyamakuru wa CNN ko yiteguye guhangana na Perezida Museveni, muri aya matora azaba mu 2021.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *