Bobi Wine wivuriza muri Amerika yiteguye gutangaza ibyamubayeho byose

Sangiza iyi nkuru

Bobi Wine, umuhanzi mu njyana ya pop akaba na Depite muri Uganda, yageze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatandatu tariki ya 1 Nzeri 2018, agiye kwivuza nyuma y’ibirego by’uko yaba yarakorewe iyicarubozo akanakubitwa ubwo yari mu maboko y’igisirikare cya Uganda.

Mbere, Wine yari yangiwe kuva muri Uganda ariko ku wa Gatanu tariki ya 31 Kanama, yemerewe kurira indege yerekeza muri Amerika kwivuza.

We n’abandi banyapolitiki 32 batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, bashinjwe ibirego by’ubugambanyi kubera ibirego byo gutera amabuye ku rukurikirane rw’imodoka zitwara Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda.

Nyuma yaho Wine afunguriwe by’agatenganyo. Igisirikare cya Uganda gihakana ibirego by’iyicarubozo.

Ku wa Gatanu, nibwo polisi ya Uganda yemeje ko Wine yemerewe kurira indege akava muri Uganda agiye gushaka ubuvuzi bw’umwihariko nyuma yaho leta yohereje itsinda ry’abaganga icyenda ngo bamusuzume.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, Wine yemeje ko yageze muri Amerika ndetse ko agiye kubona ubuvuzi bw’umwihariko. Yanavuze ko mu gihe kiri imbere azatangaza ibyamubayeho guhera ku itariki ya 13 y’ukwezi kwa munani n’icyo ateganya mu bihe biri imbere.

Ku wa 13 Kanama 2018, nibwo Bobi Wine na’abandi batavuga rumwe na Leta batawe muri yombi nyuma y’imvururu zabereye muri Arua ndetse n’umushoferi we akaraswa agahita apfa.

New Picture

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *